Skip to main content

Posts

Showing posts from May, 2024

Ikipe ya Police FC yatandukanye n'abakinnyi 9 barimo na kapiteni wayo

Ikipe ya Police FC yarangije kubwira abakinnyi icyenda ko itazakomezanya nabo mu mwaka wa shampiyona utaha, barimo n’abakinnyi bari bamaze igihe kirekire muri iyi kipe. Amakuru agera kuri IGIHE avuga ko mu bakinnyi 12 barangije amasezerano muri Police FC, abagera kuri barindwi barangije kubwirwa ko batazahabwa amasezerano mashya mu gihe abandi batatu bari bafite amasezerano, bahawe ubutumwa bw’uko baba bashaka amakipe bazatizwamo. Mu bakinnyi bashoje amasezerano babwiwe gushakira ahandi barimo Gadi Ndizeye ukina inyuma ibumoso, Rurangwa Mossi ukina mu bwugarizi bwo hagati, Patrick Ruhumuriza ukina inyuma iburyo, Rutanga Eric wigeze kuba kapiteni wayo, Kapiteni Nshuti Dominique Savio n’umunyezamu Janvier Kwizera uzwi nka Rihungu. Iyi kipe kandi, ikaba yatangiye gushaka amakipe izatizamo abakinnyi barimo Moses Nyamurangwa wari wavuye muri Sunrise umwaka ushize, Jean Bosco Kayitaba ndetse na Nkubana Mark watunguranye kuri uru rutonde nyamara yari amaze iminsi yitwara neza. Bivugwa ko nyum

Bagiye gutwika! Umuhanzi Bruce Melodie ukunzwe na benshi hamwe na Element berekeje mu Bwongereza

Bruce Melodie na Element EleéeH bafashe indege berekeza mu Bwongereza mu gitaramo bazakorera mu Mujyi wa Londres ku wa 25 na 26 Gicurasi 2024. Bruce Melodie mbere yo kurira indege yavuze ko bagiye batinze bitewe n’akazi kenshi bamaranye iminsi, anahamya ko atazatinda mu Bwongereza kuko hari ibindi bikorwa agomba gukomerezaho akigera i Kigali. Ati "Tugiye dutinze kubera akandi kazi twari dufite, wumve ko no ku wa 28 Gicurasi 2024 ngomba kuba nagarutse. Imana narayisenze nayo iransubiza ubu akazi kabaye kenshi.” Bruce Melodie yavuze ko nyuma ya Londres ateganya no kujya gutaramira muri Canada kimwe n’akandi kazi kenshi afite. Element we yavuze ko agomba guhita ataha kuko afite indirimbo nshya azahita ashyira hanze. Aba bahanzi bitabiriye igitaramo cyitwa ’Shady Mixtape’ kigiye kubera i Londres ku nshuro ya gatandatu. Ni igitaramo byitezwe ko kizaririmbamo abahanzi nka Sizza Man, Vinka, Alien Skin, Azawi, Spice Diana, Mudra, John Blaq, Din Mc, Vjoj, Official Samanta, Zex Bilingilangi

Umuhanzi Sean Kingston hamwe na nyina batawe muri yombi kubera ibyaha bakurikiranyweho

Umuhanzi Sean Kingston wamamaye mu muziki muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatawe muri yombi we ari kumwe na nyina Janice Turner, aho bakurikiranyweho ibyaha birimo ubwambuzi. Aba bombi batawe muri yombi nyuma y’aho Polisi igose urugo rw’uyu muhanzi ruri muri Leta ya Florida. BBC yatangaje ko uyu muhanzi yatawe muri yombi kubera ko muri Gashyantare uyu mwaka, yari yashinjwe na sosiyete icuruza ibikoresho by’ikoranabuhanga kuyambura. Yafungiwe mu Majyepfo ya California akurikiranyweho ibyaha by’ubuhemu ndetse n’ubujura nyuma y’impapuro zimuta muri yombi, nk’uko Polisi yabitangaje. Mu butumwa bwa Sean Kingston ku mbuga nkoranyambaga yari yavuze ko abanyamategeko be bari gukurikirana iki kibazo. Sean Kingston w’imyaka 34 yamenyekanye mu ndirimbo zirimo ‘Beautiful Girls’, ‘Me Love’, ‘Fire Burning’, ‘Why You Wanna Go’, ‘Eenie Meenie’ yakoranye na Justin Bieber n’izindi zitandukanye.

Malaika Uwamahoro agiye kugaragara muri filime ivuga ku bwisanzure bw'abaryamana bahuje ibitsina mu Rwanda

Malaika Uwamahoro ni umwe mu bakinnyi b’inkingi za mwamba bazagaragara muri filime ‘The Heights of Kigali’ ya Yseult Polfliet Mukantabana usanzwe yarubatse izina mu ruganda rw’imideli akaba n’umwanditsi w’ibitabo, ndetse akaba ari n’umwe mu bayobozi bakuru mu Kigo cyitwa POWarts gifite inshingano zo gufasha abagore b’abanyempano bashaka kwiteza imbere mu buhanzi. Ni filime yakozwe na Yseult Polfliet Mukantabana n’umukunzi we babana bahuje igitsina, Anne-Sophie Nanki usanzwe ari umwe mu bayobora ifatwa ry’amashusho ya filime bakomeye mu Bufaransa; aho bakunze kuba bari nubwo banyuzamo bakajya i New York City muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Igaruka ku rukundo rw’abakobwa babiri bitwa Mwiza na Nshuti. Mwiza muri iyi filime aba ari Malaika Uwamahoro wamamaye mu kuvuga imivugo mu Rwanda, mu gihe Rocky Try we akina yitwa Nshuti. Igihe iyi filime izajya hanze ntabwo kiramenyekana. Mu nkuru y’iyi filime aba bakobwa baba bashaka kuguma mu Rwanda nta nzozi zo kujya hanze yarwo yaba mu Burayi

Ani Elijah wa Bugesera FC yananiwe kumvikana na Police FC

Ikipe ya Police FC yavuye mu byo kugura rutahizamu wa Bugesera FC, Ani Elijah, bananiranwe kumvikana kubera ko itamuhaye ibyo yifuzaga. Iyi kipe y’abashinzwe umutekano ikomeje kwiyubaka kugira ngo izitware neza mu mwaka w’imikino utaha aho izanakina CAF Confederation Cup ya 2024/25. Rutahizamu Ani Elijah wifuzwa mu Ikipe y’Igihugu ’Amavubi’, ni umwe mu bakinnyi Police FC yatekerejeho kugira ngo akemure ikibazo cyo kubona ibitego mu busatirizi bwayo. Uyu mukinnyi uri mu bigaragaje mu mwaka w’imikino ushize aho yatsinze ibitego 15, abinganya na Victor Mbaoma wa APR FC, yavugwaga muri Police FC ndetse hari amakuru yavugaga ko yamaze kumvikana na yo. Ku rundi ruhande, ushinzwe gushakira ikipe uyu mukinnyi, Nduwayezu Emmanuel [Emmy Fire] yabwiye IGIHE ko Ani Elijah ari umukinnyi wa Bugesera FC agifitiye amasezerano, ndetse ibyo kwerekeza muri Police FC byanze. Ati "[Ibyo kujya muri Police FC] ntabwo byakunze. Ni umukinnyi wa Bugesera FC, buri kipe yamushaka bavugana. Ibyo Police FC yad

Hatangajwe aho guhuza imirenge SACCO mu buryo bw'ikoranabuhanga bigeze

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel, yavuze ko urugendo rwo guhuza mu buryo bw’ikoranabuhanga Koperative zo kubitsa no kugurizanya zizwi nk’Umurenge SACCO, ruri hafi kugera ku musozo kuko ubu iyi gahunda igeze ku rugero rwa 94% ishyirwa mu bikorwa. Dr Ndagijimana, yagaragaje ko na 6% isigaye izaba yarangiye mu bihe bya vuba, ku buryo SACCO zose ziri mu gihugu zizaba zahujwe. Yabigarutseho ubwo yari yitabiriye Inama ya ‘Microfinance Tech Summit’ ihuza ibigo by’ikoranabuhanga byo hirya no hino bifite aho bihuriye n’urwego rw’imari iciriritse, kugira ngo byerekwe amahirwe ari mu Rwanda hagamijwe kuzamura urwego rwa serivisi z’imari zidaheza. Iyi nama yateguwe n’Ihuriro ry’Ibigo by’Imari Iciriritse mu Rwanda [Association of Microfinance Institutions in Rwanda- AMIR], yabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 23 Gicurasi 2024. Uyu mushinga watangijwe mu 2014, hagomba kugishyirwaho ‘Cooperative Bank’ ihuriza hamwe Imirenge SACCO 416. Wari witezweho kwihutisha serivisi aho nk’umu

Kayonza: Gitifu yagiye mu nama yasinze hitabazwa igipimo cya polisi

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gikaya gaherereye mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza, yitabiriye inama ku Murenge ayigeramo akerewe ndetse yanasinze bigaragara, hitabazwa igipimo cya Polisi basanga afite hejuru ya 400%. Ibi byabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 23 Gicurasi 2024 ubwo mu Murenge wa Nyamirama hakorwaga inama yaguye y’umutekano y’Umurenge, yigaga ku gucunga umutekano no kurinda ibintu by’abaturage. Yitabiriwe n’abakuru b’Imidugudu, abayobozi b’Utugari, abakozi b’Umurenge bose n’izindi nzego zihagarariye abaturage. Ubwo inama yari itangiye basanze uyu munyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gikaya adahari, abayobozi basaba ko abakuru b’Imidugudu be bajya kumuhamagara kuri telefone bakamenya aho aherereye, ubwo inama yendaga kurangira nibwo uyu muyobozi yahageze yasinze mu buryo bugaragara buri wese. Hahise hitabazwa Polisi y’u Rwanda izana igipimo gikoreshwa hapimwa abashoferi mu kureba ko batanyoye ibisindisha, bakimushyizeho basanga afite ibipimo biri

Hafi no kurira, Barikana Eugène wabaye umudepite yatakambiye urukiko mu gihe yasabiwe gufungwa imyaka ibiri

Ubushinjacyaha bwasabiye Barikana Eugène wahoze ari umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, gufungwa imyaka ibiri nyuma yo gusanganwa intwaro iwe mu rugo. Urubanza rwa Depite Barikana rwabaye kuri uyu wa 23 Gicurasi 2024, mu Rukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge aho yaburanye yemera icyaha agasaba gukurirwaho ibihano. Icyemezo cy’Urukiko kizasomwa ku wa Gatatu tariki ya 29 Gicurasi 2024. Eugene Barikana yatakambiye urukiko amarira aragwa ubwo yarimo asobanura uburyo yakoreye igihugu imyaka 30 iherezo rikaba rigiye kuba iryo gufungwa. Ivomo: IGIHE

Umunyarwenya Sam Zuby yagejeje kandidatire ye kuri Komisiyo y'Igihugu y'Amatora

Umunyarwenya Muco Samson wamamaye nka Samu muri Zuby Comedy, yatanze kandidatire ye kuri Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) aho yifuza kuba umukandida ku mwanya w’Umudepite uhagarariye urubyiruko. Kuri uyu wa 23 Gicurasi 2024 nibwo Samu yagejeje impapuro zimwemerera kwiyamamaza nk’umukandida wigenda kuri Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), agaragaza ko yifuza kuba umukandida ku mwanya w’Umudepite uhagarariye urubyiruko. Mu kiganiro n’itangazamakuru nyuma yo gutanga Kandidatire, yavuze ko yakuranye igitekerezo cyo kuba umunyapolitiki ariko akagira ubwoba. Ati “Nkirangiza amashuri yisumbuye nakuranye igitekerezo ariko nkatinya, ariko nakunze gukurikirana gahunda za Leta. Niba muzi imibare y’urubyiruko mu Rwanda nibo benshi kandi ni imbaraga z’Igihugu. Rero nasanze dufatanyije twateza imbere u Rwanda.” Uyu musore yavuze ko afite umushinga yari amaze imyaka itatu yandika nubwo yirinze kuwugarukaho kuko igihe cyo kwiyamamaza kitaragera. Mu byangombwa yatanze, Samu yavuze ko yibagiwe urupapu

Ikipe ya Rayon Sports yasinyanye amasezerano na AC Group

Ikipe ya Rayon Sports yasinyanye amasezerano y’imyaka ibiri na AC Group isanzwe ikora ibijyanye na Tap& Go mu mujyi wa Kigali no hirya no hino mu ntara. Amasezerano na Rayon Sports yasinyiwe ku cyicaro cy’iyi kipe kiri ku Kicukiro kuri uyu wa kane tariki 23 Gicurasi, aho ubuyobozi bwayo bwatangaje ko amakipe yabo y’abagore n’ay’abagabo azajya yambara uyu muterankunga ku maboko y’imyenda. AC Group izajya ikorera Rayon Sports amakarita azahabwa abanyamuryango b’iyi kipe bakajya bayakoresha muri serivise zitandukanye harimo kugura itike y’ubunyamuryango (membership card), kugura itike y’umwaka wa shampiyona(season ticket) n’izindi serivisi zisanzwe zikorwa n’iki kigo. Perezida w’ikipe ya Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele, yavuze ko gusinyana na Tap&Go bigiye gufasha ikipe ya Rayon Sports mu kongera umubare w’abakunzi babo kuko ubusanzwe uko yari akoze byacaga bamwe intege.

Diamond Platnumz yagaragaje imbarutso y'icyatumye Zuchu azinga utwangushye

Naseeb Abdul Juma Issack [Diamond Platnumz] uherutse kugirana ibihe byiza n’umukunzi we Zuchu i Dubai, yakomoje ku mbarutso nyayo yari yatumye uyu muhanzikazi amuta mu nzu akigendera. Diamond Platnumz yatangaje ko yamaze kubona ubutumwa bw’abagabo bamaze iminsi bashaka kumuyobereza umukunzi, ubwo yavugaga Zuhura Osmna [Zuchu]. Diamond yavuze ko bidatinze kandi agiye gutangira kubashyira hanze. Ati: ”Ndatangira gushyira hanze ubutumwa bwabo bwamaze kungeraho abo bamaze iminsi bikundishwa kuri Zuhura". Mu minsi ishize ni bwo aba bombi baherukaga i Dubai aho bagiriye ibihe byiza, bikaba byari nyuma y'amakuru yavugaga ko batandukanye. Amakimbirane yabo yatangiye nyuma yuko Diamond ubwo yari mu iserukiramuco rya Serengeti, yarahamagaye Sarah bahoze bakunda. Icyo gihe yahishuye ko Sarah ari we wabaye imbarutso y’indirimbo "Kamwambie". Ntabwo Zuchu yabyakiriye neza.

Myugariro ukomeye muri Rayon Sports yaba agiye kwerekeza mu Barabu

Myugariro w’iburyo Mucyo Didier Junior urangije amasezerano muri Rayon Sports agiye kujya mu igeragezawa mu ikipe ya Al-Jazira yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu. Amakuru yizewe Kigali Today ifite ni uko uyu musore w’imyaka 25 azajya gukora igeragezwa muri iyi kipe ikina mu cyiciro cya mbere yaritsinda akaba yayisinyira amasezerano. Nk’uko twabitangarijwe iri geragezwa rizamara hagati y’ibyumweru bitatu ndetse n’ukwezi. Kugeza ubu uyu mukinnyi wari umaze imyaka ibiri akinira Ubururu n’Umweru yamaze kubona urupapuro rumwemerera kuba muri iki gihugu (Visa) ruzarangira mu ntangiriro z’ukwezi kwa Nyakanga 2024 mu gihe igisigaye ari uko yohererezwa itike y’indege aho biteganyijwe ko azahaguruka hagati ya tariki 5 n’i 10 Kamena 2024. Ibiganiro bisa nkibyarangiye ku kuba yakongera amasezerano muri Rayon Sports N’ubwo agiye kujya mu igeragezwa muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu ariko amakuru atugeraho ni uko Mucyo Didier Junior yamaze gusa nk’urangiza kumvikana n’ikipe ya Rayon sports kuba yayo

Francis Kaboneka wamenyekanye muri Minaloc yahawe imirimo mishya

Inama y’Abamisitiri yateranye kuri uyu wa 22 Gicurasi 2024, iyobowe na Perezida Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi batandukanye barimo Francis Kaboneka utaherukaga kuvugwa muri politiki. Francis Kaboneka yagizwe Komiseri muri Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, kimwe na Tuyizere Thadée na we wagizwe komiseri muri iyo Komisiyo. Francis Kaboneka yabaye Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu kuva mu 2014 kugeza mu 2018, yanabaye kandi Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko n’indi mirimo itandukanye. Mu bandi bashyizwe mu myanya kandi harimo Patrick Emile Baganizi wagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigega cy’Imari cyo gusana Imihanda(RMF). Baganizi yakoze imirimo itandukanye irimo kuba Umuyobozi Mukuru w’agateganyo w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA), yanabaye kandi Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubwikorezi, RTDA. Mu bandi bayobozi bashyizwe mu myanya n’Inama y’Abaminisitiri hari

Harmonize agiye kureka umuziki nyuma ya Album ye ya nyuma agiye gushyira hanze

Harmonize yamaze gutangaza ko agiye gushyira hanze Album ya nyuma ndetse ashimangira ko agiye kureka umuziki. Harmonize agiye gushyira hanze umuzingo wa Gatanu yise ‘Mziki wa Samia’ nk’uko yabivuze, ikaba izagera hanze kuwa 25 Gicurasi. Ifite umwihariko kuko yayituye Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan. Harmonize yagize ati: ”Iyi Album narayimutuye kuko ari umugore udasanzwe.” Ikindi cyatangaje benshi kuri iyi Album ni uko uyu muhanzi yatangaje ko ariyo ya nyuma agiye gukora mu mateka y’umuziki. Ati; ”Uyu kandi ni umusozo w’umwuga wanjye mu muziki.” Avuga ko igihe cyose yaririmbaga yakoze iyo bwabaga, bityo ko ibyo atahaye abantu ari byo atari afite. Ibi abitangaje nyuma gato y’uko yaherukaga kwerekana ko uruganda rw’umuziki rwamaze kuba imbata y’ishyari. Yabitangaje agira ati: ”Hirya y’umuhate wanjye n’umusanzu natanze maze kunanizwa n’urwango, ndananiwe ngiye kuva mu muziki.” Mu minsi iheruka ni bwo Harmonize aheruka gutangaza ko agiye kwiyegurira ibijyanye n’imikino y’iteramak

Dore amasaha meza yo gutera akabariro ku bashakanye

Mu by’ukuri nk’umugore n’umugabo hari amasaha meza muba mukwiriye gusangiriraho urukundo rwanyu maze bikababera byiza , n’aho wiriwe ukahirirwa neza. Gusa n’ubwo ariko bimeze ntabwo bivuze ko ari ihame na cyane ko imibereho y’ubuzima ariyo iyobora abantu. Nk’uko ikinyamakuru cyitwa Medicalnewstoday kibitangaza ngo amasaha meza kubashakanye akwiriye kuba mu masaha ya mu gitondo.Ibi ntabwo bikuyeho ko no muyandi masaha aba ari byiza gusa ngo mu masaha ya mu gitindo biba byiza kurushaho. Bakomeza bavuga ko muri aya masaha ya mu gitondo, bikwiriye kuba saa Moya n’igice (7:30) byibura , mu gihe mwembi mwaba mubishaka na cyane ko ngo urukundo rudakorwa n’umuntu umwe ahubwo bisaba abantu babiri nabwo bakundana kugira ngo igikorwa kijye mu buryo. Ibyo kuba amasaha meza ari ayo twavuze haraguru kandi byemejwe nyuma y’igenzurwa ryakozwe n’ikigo ‘BSM Forza Industry’, maze ababajijwe bose bakemeza ko akabariro ka mu gitondo karyoha kagatera n’akanyamuneza. Kuba abakundana batera akabariro mu masah

Vision FC yatangiye imikino ya Kamarampaka y'Icyiciro cya kabiri itsinda Muhanga FC

Ibitego byo mu gice cya mbere byafashije Vision FC gutsinda AS Muhanga 2-1 mu mukino w’Umunsi wa Mbere w’iya kamarampaka yo gushaka amakipe azakina Icyiciro cya Mbere mu mwaka w’imikino utaha. AS Muhanga yabonye itike yo gukina iki cyiciro gisoza Shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri nyuma y’uko ishinje Espoir FC gukinisha umukinnyi udafite ibyangombwa, ndetse byarangiye iyi kipe y’i Rusizi yambuwe itike yari yakoreye ’ariko mu manyanga’. Uyu mukino wabereye ku Mumena, wari witabiriwe n’abafana benshi barimo bamwe mu bayobozi b’amakipe y’Icyiciro cya Mbere. Vision FC yatangiye neza, yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Mbanzineza Radjabu ku munota wa 23, ku mupira yatsinze aserebetse nyuma yo guhindurwa na Harerimana Jean Claude. Bidatinze, iyi kipe yari mu rugo yatsinze igitego cya kabiri nyuma y’iminota itanu, cyinjijwe na Nizeyimana Omar. AS Muhanga yabaye nk’ikangutse, yagabanyije ikinyuranyo ku munota wa 31, ni nyuma yo kubona igitego cyatsinzwe na Nizeyimana Abdou. Amakipe yombi

Ba gitifu babiri bo mu karere ka Rubavu batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyanzarwe, n’uw’Akagari ka Ryabizige mu Karere ka Rubavu, bakurikiranweho icyaha cyo kuzimiza cyangwa gutesha agaciro ibimenyetso cyangwa amakuru yerekeye Jenoside, n’ubufatanyacyaha muri icyo cyaha. Kuwa 21 Gicurasi 2024 nibwo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyanzarwe yatawe muri yombi, ndetse bombi bakaba bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kanama mu gihe dosiye yabo iri gutunganywa ngo yohererezwe ubushinjacyaha. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Ryabizige mu Karere ka Rubavu, akurikiranweho guhishira umubiri w’uwazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ibyaje kurangira uwo mubiri uburiwe irengero. Ni mu gihe amakuru yawo yari yaramenyekanye kuwa 05 Mata 2024 ubwo hubakwaga igipangu cy’umuturage, uboneka ahacukurwaga umusingi w’inzu mu Mudugudu wa Musenti uri mu Murenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu. Amakuru amaze kumenyekana, yahise amenyeshwa Umunyamabanga

Dore ibyo ukwiriye kwitondera mbere yo kuryamana n'umusore mukundana

Muri iki gihe ubusambanyi bumaze gufata indi ntera hagati y’abasore n’abakobwa bitwaje urukundo, nyamara ibi ni inzaduka mu muco nyarwanda ntibyahozeho ndetse ababikoraga babafataga nk’abakoze amahano byanaba ngombwa umukobwa watwaye inda itateguwe aagacibwa mu bantu. Ariko Ibi nanone ntibibuza ko usanga hari abagifite umutimanama muzima, bafite amahame bemera mu mitima yabo, ndetse ahanini batinya no gukora icyaha. Kera kabaye umukobwa nk’uyu abona umukunzi, akamwihebera, akibwira ko atabanye n’uwo nta wundi babana. Wa muhungu umukobwa yimariye, akamusaba ko baryamana ariko kubera gutinya gusama, gutinya indwara, gutinya gukora icyaha, kurwana n’umutimanama, ariko ahanini anarwana no kugumana urukundo rw’umuhungu yihebeye, umukobwa agahera mu gihirahiro. Kubera iki ? Ati nimwima aranyanga yabimbwiye, kandi kumuha ndumva bitandimo neza. Nkore iki ? Ibi rero ni bimwe mubyo ukwiye gutekereza mbere y’uko wemera ko muryamana: 1.  Urukundo rwa mbere, premier amour, ari narwo rukunda guteza

Ibyishimo ni byose kwa ShaddyBoo uvuga ko ari mu rukundo rushya n'umugabo uhiga abandi

  Nyuma y’amezi make atandukanye n’umusore witwa ’Manzi Jeannot’ usanzwe utuye muri Kenya, kuri ubu Shaddyboo ari mu munyenga w’urukundo n’umusore mushya, aho yahamije ko ahiga abandi basore yakundanye nabo bose. Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Shaddyboo yagize ati "Cyera kabaye, nabonye umugabo ubahiga!" Ni amagambo aca amarenga ko Shaddyboo yaba afite umukunzi mushya, bigahura n’amakuru IGIHE yahawe n’umwe mu nshuti ze za hafi waduhamirije ko amaze amezi atari make akundana n’uyu musore. Uyu waduhaye amakuru, yagize ati "Shaddyboo uracyamubona ahantu hose se? Hari impinduka zikomeye akomeje kugaragaza n’inshuti ze turabizi ko muri iyi minsi afite umusore mushya wamuhinduriye ubuzima, bari gukundana kandi rwose bitabaye bimwe by’iki gihe ubona ko ari ibintu bifite umurongo noneho." Shaddyboo kugeza uyu munsi ari kubarizwa ku Mugabane w’u Burayi aho amakuru ahamya ko yari amaze iminsi ari kumwe n’uyu musore wamutwaye umutima. Nta byinshi biramenyekana ku mus

Kinshasa: Kiliziya Gatulika yamaganye abayihuza na Coup d'état yapfubye

Inama y’abepisikopi gatolika muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, CENCO, yamaganye abayihuza n’igerageza ryo gukuraho ubutegetsi bwa Félix Tshisekedi ryabaye mu rukerera rwa tariki ya 19 Gicurasi 2024. Abarwanyi bagerageje iki gikorwa bari bambaye impuzankano y’umutwe w’abakomando mu ngabo za RDC, bafite ibendera rya Zaïre. Bari bayobowe na Christian Malanga wishwe n’abapolisi barinda ibiro by’Umukuru w’Igihugu. Amakuru ava i Kinshasa avuga ko Malanga wabaga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yari kumwe n’abarwanyi bagera kuri 50, barimo abagabye igitero ku biro by’Umukuru w’Igihugu, abateye kwa Minisitiri Kamerhe n’abari ku gishanga cy’umugezi wa Congo. CENCO yamaganye iri geregeza rya ‘coup d’état’, igaragaza ko nta kindi ryari kugeraho, keretse kongera ububabare Abanye-Congo basanzwe bafite, cyane cyane abazira ibikorwa by’ubugizi bwa nabi bw’imitwe yitwaje intwaro mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Ituri. Iyi nama y’abepisikopi yatangaje ko nyuma y’iki gitero, ku mbuga nko

Menya ibyiza byo kurya avoka ndetse n'indwara ivura utari uzi

Urubuto rwa Avoka rufitiye umubiri w’umuntu akamaro gakomeye benshi batajya bakunda kumenya, abahanga bavuga ko umuntu urya urubuto rwa Avoka buri munsi uko agiye kwegera ameza umubiri we ugira impinduka zigaragarira buri wese. Dore bimwe mu byiza byo kurya urubuto rwa Avoka : 1. Avoka ituma impyiko zikora neza : Umuntu urya Avoka abafite amahirwe yo kutagira indwara z’impyiko kubera ko Avoka ikungahaye ku myunyu ngugu ya potasiyumu (potassium) ituma impyiko zikora neza. 2. Avoka ituma umuntu ahumeka umwuka mwiza kandi agira n’umwuka mwiza wo mu kanwa: Urubuto rwa Avoka rwifitemo ubushobozi bwo kwica udukoko dutera umwuka mubi mukanwa n’igisubizo cyiza ku bantu bagira umwuka mubi wo mu kanwa. 3. Bigufasha kugabanya umuvuduko w’amaraso ukabije mu mubiri. 4. Kurya Avoka bituma umuntu abona neza maze agaca ukubiri n’indwara z’amaso. 5. Umuntu urya Avoka atandukana n’ibibazo by’umwijima kuko bituma umwijima ukora neza. 6. Burya Avoka igira uruhare mu kugabanya umuvuduko ukabije w’amaraso .

Abagabo babiri b'abakire barahatanira kurongora umukobwa w'imyaka 19 upima metero 2 z'uburebure

Mu bihugu bitandukanye usanga kubona umugore atari ikintu kigoye, ndetse nubwo byaba bigoye akenshi abagore nibo bihitiramo abo bazabana bitewe n’urukundo. Gusa hari ubwo bumwe mu bwo mu bihugu bitandukanye bushyiraho amahiganwa ku bakobwa babuvukamo, umusore ubashije gutsinda akaba ariwe umutwara. Urugero wavuga kuri ubu bwoko bwo muri Sudani y’Epfo. Kuri ubu muri iki gihugu cya Sudani y’Epfo, abagabo babiri bari guhatanira kurongora umukobwa w’imyaka 19, witwa Athiak Dau Riak, ufite uburebure bungana na metero 2 na santimetero 13. Umwe muri abo bagabo akaba yamaze kwiyemeza gutanga inka 105 n’amafarangana angana n’ibihumbi 20 by’amadollari. Undi mugabo nawe nawe yamaze kumenyesha ko azatanga inka 350 cyangwa zirengaho, imodoka yo mu bwoko bwa Toyota V6, ndetse ahe inzu y’ibyumba bine umuryango w’uwo mukobwa. Kuri ubu igihirahiro ni kinshi ku babyeyi ba Athiak Dau Riak bibaza uwo bazamuha, gusa kuribo ngo igisubizo ni uko uzahiga undi ariwe uzegukana umugeni.

Umuraperi Riderman yatangaje ko abura imikono y'abantu bake kugira ngo atange kandidature ye bitungura benshi

Umuraperi Gatsinzi Emery wamamaye nka Riderman yatigishije imbuga nkoranyambaga ubwo yavugaga ko ashaka kwiyamamariza kuba umudepite, gusa nyuma yavuze ko yikiniraga. Ni mu butumwa yanyujije ku rukuta rwe rwa Instagram aho yavuze ko abura imikono 300 asaba abantu kuyuzuza ubundi akajya kwiyamamariza kujya mu Nteko Ishinga Amategeko umutwe w’abadepite. Ati "Ndabura imikono 300 gusa ngo mbashe kwiyamamariza kuba depite, ese mwamfasha kuyuzuza?" Gusa yahise yunga ati "Ndiganirira" Uyu muraperi yakomeje ubutumwa bwe abaza niba mu Rwanda umurasita (Rasta) yaba depite bigakunda. Ati "Ese mu Rwanda byashoboka ko umu Rasta aba depite uhagarariye urubyiruko?" Yunzemo ati "Ese ni ibiki mwifuza ko depite uhagarariye urubyiruko yavuganira urubyiruko? Ese aba depite bahagarariye urubyiruko mu myaka yashize, umusaruro wabo murawubona? Ni izihe mpinduka urubyiruko rwifuza mu nteko ishinga amategeko?” Ubutumwa bwe bukaba bwasamiwe hejuru cyane n’abakunzi be aho bamub

Chelsea yatandukanye n'umutoza wayo Mauricio Puchettino

Uwari Umutoza wa Chelsea FC yo mu Cyiciro cya Mbere mu Bwongereza, Mauricio Pochettino, yavuye mu nshingano nyuma y’umwaka umwe yari amaze muri iyi kipe. Pochettino w’imyaka 52, yagizwe Umutoza wa Chelsea ku wa 1 Nyakanga 2023, asinya amasezerano y’imyaka ibiri ishobora kongerwaho undi umwe. Uyu Munya-Argentine yari ku gitutu nyuma yo kugira umusaruro mubi mu mikino ibanza, ariko intsinzi eshanu yabonye mu mikino isoza umwaka w’imikino yatumye ikipe iba iya gatandatu muri Premier League. Chelsea yabaye kandi iya kabiri muri Carabao Cup, inasezererwa muri 1/2 cya FA Cup. Mu butuma bwe nyuma yo gutandukana n’iyi kipe, Pochettino yagize ati "Ndashimira ba nyiri Chelsea n’abayobozi bakuru bayo ku mahirwe bampaye. Ubu ikipe iri mu mwanya mwiza wo kwitwara neza muri Premier League n’i Burayi mu myaka iri imbere." Kuri ubu, Chelsea igiye gushaka umusimbura wa Pochettino ndetse abatangiye gutekerezwaho ni Kirean McKenna utoza Ipswich, Ruben Amorim wa Sporting na Vincent Kompany wa Bu

RIB yataye muri yombi abantu 10 bakurikiranyweho ibyaha birimo ruswa no kwaka indonke

Urwego rw’ Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Gicurasi 2024 rwafunze abantu 10 bakoraga mu nzego z’ifitanye isano n’ubutabera bakekwaho ibyaha birimo ruswa no kwaka indonke. RIB yatangaje ko abo icumi bafunzwe barimo Micomyiza Placide, wari Umucamanza ku Rukiko rw’Ibanze rwa Gasabo, Uwayezu Jean de Dieu, Umushinjacyaha ku Rwego rw’Ibanze rwa ngarama, Misago JMV, umugenzacyaha kuri sitasiyo ya Ngarama, Tuyisenge Jean d’Amour, Umuhesha w’Inkiko w’Umwuga ndetse n’abafatanyacyaha babo. Abo bafashwe bafungiye kuri sitasiyo zitandukanye za RIB, mu gihe dosiye zabo ziri gutunganywa kugira ngo zishyikirizwe Ubushinjacyaha. Muri sitasiyo bafungiwemo harimo: Nyarugenge, Kicukiro, Nyamirambo, Kimihurura, Kimironko na Remera. Kugira ngo aya makuru aboneke byagizwemo uruhare n’abaturage, ari yo mpamvu RIB ishimira abaturage bakomeje gutanga amakuru ndetse n’izindi nzego bafatanya mu rugamba rwo kurwanya icyaha cya ruswa. RIB iraburira uwo ariwe wese wi

Menya ibanga umukobwa cyangwa umugore mukundana adashobora kukubwira niyo yaba agukunda byo gupfa

Abagore cyangwa se abakobwa ni abantu bagira ibanga rikomeye kuri bimwe mu bibaranga ndetse n’ibyiyumviro byabo cyane cyane bagakunda kubigira ibanga batamenera uwo ari we wese kabone niyo yaba ari mu rukundo rurenze. Biragoye kuba wabasha kumenya ikiribari ku mutima niyo cyaba kibabangamiye cyangwa ari ikintu bakunda bamwe baremera bakakigira ibanga cyane cyane iyo babonye ntacyo bagihinduraho. ibi ni bimwe mu mabanga abagore bashobora kubika bakarinda bapfa batabivuze nubwo yaba agukunda byo gupfa. 1. Kuvuga abo baryamanye mbere yawe. biragoye ko umukobwa mukundana cyangwa umugore wawe mugirana ikiganiro bikagera naho muganira kubo baryamanye. ibi bakunda kubigira ibanga rikomeye kuburyo uko wabasha kubimubazaho cyangwa i nzira zose wanyuramo ntakintu yagutangariza. 2. Gutwara inda y’umwana utari uwawe Iyo umugore asambanye agatwara inda itari iy’umugabo we abibika muri we akazinda apfa atabivuze. Gusa akenshi kutabivuga n’ ubusanzwe biruta kubivuga kuko uba usanga abihisha kubwo gut

Burna Boy agiye gushyira hanze filime hanze itegerejwe na benshi

Burna Boy umaze imyaka 12 ahagaze neza mu muziki, yinjiye mu ruganda rwa sinema, ateguza gushyira hanze filime yitwa ‘3 Cold Dishes’ yerekana ubucuruzi bw’abantu. Burna Boy yavuze ko iyi filime izaba irimo abakinnyi b’amazina akomeye muri Nollywood, uruganda rwa sinema ya Nigeria. Ni filime yayobowe na Asurf Oluseyi. Ni umuhanga mu kuyobora no gutunganya filime kuko afite igihembo cyo mu 2016 yegukanye abikesha filime yise ‘A Day with Death’. Burna Boy muri filime ye afitemo inshingano zo kuba ari we uyoboye umushinga wose wa filime yise ’3 Cold Dishes’ irimo abakobwa batatu; Esosa, Fatouma na Giselle. Ni abakobwa bakiri abangavu baba baragizweho ingaruka no kubacuruza aho basambanywa ntibishyurwe. Nyuma y’imyaka 13 bihuriza hamwe bakicuruza mu rwego rwo kwihorera ku bagabo. Burna Boy azacuruza filime abinyujije muri sosiyete yitwa Spaceship Films, yatangije mu 2015. Ni sosiyete afatanyije na nyina, Bose Ogulu.

Muhanga: Abarimu babiri barakekwaho gusambanya umunyeshuri bigisha

Abarimu babiri bo mu Ishuri ryisumbuye rya Nyakabanda riherereye mu Karere ka Muhanga, bakurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwe mu banyeshuri bigisha. UMUSEKE dukesha iyi nkuru uravuga ko wamenye ko umwe muri abo barezi bigisha muri ES Nyakabanda mu Murenge wa Kibangu, yasabye mugenzi we kumutiza icyumba cy’inzu ye kugira ngo ahasambanyirize uwo munyeshuri w’umukobwa wiga mu cyiciro rusange. Amakuru avuga ko uyu ukekwaho gusambanya uwo munyeshuri abana n’abandi barezi mu nzu imwe, yabonye ko nta hantu yamusambanyiriza, yasabye uwo ubana n’umugore kumutiza icyumba kimwe. Yaje kwinjiza muri icyo cyumba uwo munyeshuri w’imyaka 16 y’amavuko, amaze kumukorera ibya mfura mbi, nibwo ngo uwo mwana yasohotsemo arira kubera ko atari azi ko aricyo amuhamagariye abibwira ababyeyi n’inshuti ze. Hari uwagize ati “Uyu mukobwa yatubwiye ko bakimara kugera mu cyumba mwarimu yahise atangira kumusambanya ahita abwira abandi uko byagenze.” Uyu muturage yabwiye UMUSEKE ko byababaje ababyumvise bose, bak

Rubavu: Polisi yarashe Sedo imwibeshyemo umugizi wa nabi

  Umuyobozi w’akagari wungirije ushinzwe iterambere mu karere ka Rubavu (SEDO), yarashwe na Polisi nyuma yo kumwibeshyamo umugizi wa nabi. Byabaye mu ijoro ryakeye, ubwo uyu SEDO w’akagari ka Murambi ho mu murenge wa Rubavu yari kumwe n’uhagarariye inkeragutabara mu murenge bari kuri Moto, bagatangirwa n’abagizi ba nabi bagatabaza. Polisi ubwo yahageraga yamwibeshyeho imurasa akaguru. Umuyobozi w’akagari wungirije ushinzwe iterambere mu karere ka Rubavu (SEDO), yarashwe na Polisi nyuma yo kumwibeshyamo umugizi wa nabi. Byabaye mu ijoro ryakeye, ubwo uyu SEDO w’akagari ka Murambi ho mu murenge wa Rubavu yari kumwe n’uhagarariye inkeragutabara mu murenge bari kuri Moto, bagatangirwa n’abagizi ba nabi bagatabaza. Polisi ubwo yahageraga yamwibeshyeho imurasa akaguru. BWIZA dukesha iyi nkuru iravuga ko yamenye ni uko ari kwitabwaho mu bitaro bya Gisenyi, akaba ari ahasanzwe hakirirwa indembe. Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Rutikanga Boniface, yabwiye iki gitangazamakuru koko ko uriya ku

Dore ibyo kurya umugore cyangwa umukobwa wese yarya bikamufasha gukuza amabuno n'amabere

Ubushakashatsi bwagaragaje ko burya amabere y’umuntu uwo ariwe wese aba atangana. Bwagaragaje ko ibere ry’ibumoso ariryo rinini kurenza iry’iburyo. Ndetse ubushakashatsi bwagaragaje indyo zitandukanye ushobora kurya kenshi zikaba zagufasha kongera amabere. Amata  : Amabere yawe yose agizwe n’ibinure kandi kurya ibikomoka ku mata bikungahaye ku binure bishobora kongera ubunini bw’amabere yawe. Ipapayi:  ipapayi nayo yagufasha kuko ikungahaye ku ntunga mubiri zifasha umubiri kurambuka. Imbuto z’ibihaza (Imbuto z’amadegede) :  izi zo uraziswa ukajya uminjira ifu yazo mu biryo buri munsi. Soya :  soya nazo zikungahaye ku ntungamubiri nyinshi zifasha umubiri mu gukuza ibice byawo. Si ibyo gusa kuko zo zigufasha no kwirinda kuba warwara kanseri yo mu mabere.

Nyamasheke: Habereye impanuka ikaze uwari utwaye moto ahita ahasiga ubuzima

Mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke habereye impanuka y’imodoka yagonganye na Moto umumotari ahasiga ubuzima, umugenzi yari atwaye akomeremeka bikabije. Iyi mpamuka yabereye mu Mudugudu wa Rwakagaju, Akagari ka Kibogora ku wa 20 Gicurasi 2024. Saa munani z’amanywa nibwo imodoka ya Fuso yerekezaga I Nyamasheke mu murenge wa Kagano yagonganye na moto yavaga Kagano yerekeza mu I Tyazo, uwari uyitwaye ahasiga ubuzima, uwo yaratwaye arakomereka bikomeye. Ababonye iyi mpanuka bavuga ko iyi mpanuka yatewe no kunyuranaho mu buryo butaribwo bwakozwe n’uwari utwaye moto. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Kanjongo, Kanyogote Cyimana Juvenal yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko iyi mpanuka yatewe no kunyuranaho mu buryo butakurikije amategeko. Ati “Ubutumwa twaha abaturage ni uko bajya bakurikiza amategeko y’umuhanda”. Uwitabye Imana ni Nambajimana Jean w’imyaka 34 y’amavuko, naho uwakomeretse ni uwo yari atwaye witwa Irutabyose Jean de la Croix w’imyaka 23 y’amavuko. Uwakomeret

Umuraperi Jay C yatakambiye umujyi wa Kigali wamutegetse kwisenyera

Umuraperi Jay C yatakambiye Umujyi wa Kigali, awusaba kutamusenyera ubwugamo yari yubatse mu busitani bw’aho afite restaurant mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Nyarugunga, Akagali ka Rwimbogo Umudugudu wa Marembo. Mu ibaruwa yandikiye Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Ishimwe Diane akaba umugore wa Jay C ari nawe muyobozi wa Restaurant yitwa Runway view, yamutakambiye asaba ko bahabwa amezi 12 mbere yo gusenya ubwugamo bari baherutse kuzuza mu busitani buri imbere ya restaurant yabo. Muri iyi baruwa, bagaragaje ko basabye amezi 12 kuko mu gihe bubakaga ubusitani ndetse n’ubu bwugamo bari bafashe inguzanyo ya banki, bityo guhita babusenya bikaba byabashora mu gihombo gikomeye. Iyi baruwa bandikiye Umujyi wa Kigali ku wa 15 Gicurasi 2024 ikagezwa ku biro byawo ku wa 16 Gicurasi 2024, yatakambaga nyuma y’uko bakiriye iyo bandikiwe n’Umuyobozi w’Umurenge wa Nyarugunga ku wa 6 Gicurasi 2024 abasaba kwisenyera ubwugamo bari bujuje mu busitani biyubakiye bitarenze iminsi ibiri. Muri iyi baruwa,

Mutesi Jolly yakiriwe nk'umwamikazi ubwo yasesekaraga i Londre

Miss Mutesi Jolly yasesekaye i Londres mu Bwongereza, aho yitabiriye ubutumire bw'Umuryango w'Abanyafurika biga muri Kaminuza ya Oxfod, yakirwa na musaza we Rwigema. Umuryango w’Abanyafurika biga muri Kaminuza ya Oxford mu Bwongereza, watumiye Mutesi Jolly wabaye Miss Rwanda 2016 nk’umushyitsi wihariye uzanatanga ikiganiro mu Nama ya Oxford Africa izaba hagati ya tariki 24 na 26 Gicurasi 2024. Nk'uko Mutesi Jolly yabisangije ibihumbi by'abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga, yamaze kugera mu Mujyi wa London aho yitabiriye inama ya Oxford Africa 2024, nyuma y'uko agaragaje ko atewe ishema n’intambwe yateye akanifashisha ijambo ry’Imana riri mu Imigani agaragaza ko impano y’umuntu ari yo imuremera inzira. Miss Jolly akigera i Londres yasanganiwe na musaza we Rwigema. Yanditse kurir Instagram ati: "Nageze i Londres, aho nitabiriye Oxford. Banyarwandakazi, uwo mubona kuri iyi foto ni musaza wanjye mukuru, akaba umusore mwiza cyane, w'umuhanga kandi ufite ikinyab

Igisirikari cya leta ya Congo cyongeye kwigamba kwirukana M23 mu bice yari yarafashe

Ubuyobozi bw’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa leta ya Kinshasa bwagize icyo butangaza ku mirwano ikaze yabasakiranije na M23 ku munsi w’ejo hashize, tariki ya 19/05/2024. Ni imirwano yabaye ahagana mu masaha y’umugoroba nyuma y’uko no mu masaha y’igitondo hari habaye ibindi bitero mu bice byo muri Teritware ya Rutshuru, nk’uko byavuzwe n’umuvugizi wa FARDC mu Ntara ya Kivu y’Amajyarugu. Uyu muvugizi wo ku ruhande rw’ingabo za leta, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lt Col Ndjike Kaiko Guillaume yatangaje ko mu mirwano yabaye ejo ku Cyumweru, ingabo zo ku ruhande rwa leta zirukanye abarwanyi ba M23 mu gace ka Kisuma, bityo izi ngabo za RDC ngo zihita zegera ibice bya Bihambwe, Kaniro na Kinigi, byo muri Teritware ya Masisi, muri Kivu y’Amajyaruguru. Yanavuze ko Wazalendo bafashe akandi gace ka Mutama ko muri Teritware ya Rutshuru, kandi ahamya ko kafashwe mu masaha yo ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru. Umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare, Lt Col Willy Ngoma,ntacyo aratangaza kuri

Ikipe ya Espoir FC yafatiwe ibihano bikomeye, inzozi zo kuzamuka mu cyiciro cya mbere zirangirira aho

Ikipe ya ESPOIR FC yakuweho amanota mu mikino yose yakoreshejemo umukinnyi witwa Christian Watanga Milembe adafite ibyangombwa, biyiviramo kuguma mu cyiciro cya 2. AS MUHANGA niyo yabyungukiyemo, izakina kamarampaka,Playoffs n’amakipe y’Intare, Vision na Rutsiro FC. Uyu mwanzuro wafashwe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ku wa 20 Gicurasi nyuma y’ikirego cyatanzwe na AS Muhanga. FERWAFA yavuze ko yashingiye ku makuru yatanzwe na AS Muhanga ku wa 20 Gicurasi "yasuzumwe na Komisiyo y’amarushanwa igasanga hari umukinnyi wa Espoir FC witwa Christian Watanga Milembe ukina adafite icyangombwa kimwemerera gukina gitangwa na FERWAFA." Amakipe 2 ya mbere mu mikino 6 bazakina, azazamuka mu cyiciro cya mbere. Ibaruwa yanditswe n’ubunyamabanga bwa AS Muhanga tariki ya 13 Gicurasi 2024, igaragaza ibirego byinshi bikubiyemo ibyaha by’umupira w’amaguru byakozwe na Espoir FC. AS Muhanga yareze Espoir FC gukinisha abakinnyi mu buryo bunyuranyije n’amategeko agenga amarus