Inama y’abepisikopi gatolika muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, CENCO, yamaganye abayihuza n’igerageza ryo gukuraho ubutegetsi bwa Félix Tshisekedi ryabaye mu rukerera rwa tariki ya 19 Gicurasi 2024.
Abarwanyi bagerageje iki gikorwa bari bambaye impuzankano y’umutwe w’abakomando mu ngabo za RDC, bafite ibendera rya Zaïre. Bari bayobowe na Christian Malanga wishwe n’abapolisi barinda ibiro by’Umukuru w’Igihugu.
Amakuru ava i Kinshasa avuga ko Malanga wabaga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yari kumwe n’abarwanyi bagera kuri 50, barimo abagabye igitero ku biro by’Umukuru w’Igihugu, abateye kwa Minisitiri Kamerhe n’abari ku gishanga cy’umugezi wa Congo.
CENCO yamaganye iri geregeza rya ‘coup d’état’, igaragaza ko nta kindi ryari kugeraho, keretse kongera ububabare Abanye-Congo basanzwe bafite, cyane cyane abazira ibikorwa by’ubugizi bwa nabi bw’imitwe yitwaje intwaro mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Ituri.
Iyi nama y’abepisikopi yatangaje ko nyuma y’iki gitero, ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye ifoto igaragaza Christian Malanga ari kumwe n’abepisikopi n’abandi bantu, kandi ko hari abashatse kuyifashisha bagaragaza ko bafitanye umubano wihariye na we.
Yatangaje ko nta kibuza abapisikopi kwemerera ikiremwamuntu icyo ari cyo cyose kubegera ngo bafate amafoto cyangwa amashusho, isobanura ko abashatse guhuza iyi foto n’igitero cyagabwe i Kinshasa nta neza bagamije.
Comments
Post a Comment