Skip to main content

Sobanukirwa akamaro ko kurya igisheke n'uko cyagufasha mu gukora imibonano mpuzabitsina



Ibisheke ni ibiribwa bidakunze guhabwa agaciro, nyamara biraryoha kandi byuzuyemo intungamubiri zagenewe gufasha umubiri gukora neza, bikarinda n’indwara zimwe na zimwe. Ibisheke kandi bifasha mu mibonano mpuzabitsina, kurinda kanseri zimwe na zimwe, ndetse no gusohora imyanda mu mubiri.

Abahanga basobanukiwe n’imikorere y’igisheke mu mubiri wa muntu, bavuga ko ibisheke bikoreshwa gake ukurikije uko byagakwiye gukoreshwa.

Benshi bavuga ko ibisheke bigenewe abakene. Kandi koko usanga bikoreshwa na bamwe bitwa ko bacirirtse, cyangwa ba bandi batuye mu byaro ahahingwa ibisheke, nyamara ntawe bigenewe ni ibya buri wese.

Igisheke kibonekamo intungamubiri zitandukanye zirimo isukari, umwunyungugu wa potasiyumu, umwunyungugu wa karisiyumu, umwunyungugu wa manyeziyumu n’umwunyungugu wa zinc.

Uretse kuba ibisheke bifite isukari y’umwimerere, binatuma uruhu rusa neza rukanatoha ntirukushuke.

Mu gisheke kandi harimo ubutare bwa fer, vitamin B1, B2 n’izindi. Igisheke gikungahaye ku isukari y’umwimerere ifasha uwo ariwe wese uyikoresha.

By’umwihariko isukari bizwi ko ikenerwa cyane n’igitsinagabo, kubera gukoresha imbaraga nyinshi cyane cyane mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina. 

Inzobere mu by’ubuvuzi bavuga ko isukari iva mu gisheke ari nziza kuyikoresha, kuruta gukoresha isukari yakorewe mu ruganda.

Abagabo batakaza imbaraga nyinshi mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina, bityo umubiri wabo ugakenera isukari nyinshi gusa biba byiza bakoresheje isukari ikomoka mu bimera.

Uretse kuba igisheke gikungahaye ku ntungamubiri zirinda umugore Cancer y’amabere, ariko kinakungahaye mu kurinda Cancer ifata imyanya y’ibanga y’umugabo.

Igisheke kivura abagabo bakunze kugira ikibazo cy’umwuma, kubera gukoresha imbaraga nyinshi. Umugabo wakoresheje umutobe w’igisheke mbere yo gutera akabariro, nta kibazo ahura nacyo kuko aba ameze nk’uwanyweye amazi.

Ikinyamakuru PharmEasy cyatangaje ko igisheke gikura imyanda mu kiziba cy’inda, bityo igihe umugore akora imibonano mpuzabitsina ntahure n’uburibwe buterwa no kurwara ikiziba cy’inda n’imyanya y’ibanga.

Abagore n’abagabo benshi binjiza imyanda mu mubiri wabo binyuze mubyo barya bidafite isuku ihagije, yaba imyanda bakura mu mahoteri cyangwa mu ma resitora atanga amafunguro adasukuye neza.

Iyo myanda imwe ijya mu mpyiko, mu mara, igifu, bamwe bagatangira kubabara mu kiziba cy’inda. Igisheke mu bushobozi gihabwa n’intungamubiri gifite, gikuramo iyo myanda maze igihe cyo kwishimana nk’abashakanye kikabaryohera.

Ubusanzwe bavuga ko isukari nyinshi igenda ica umubiri intege gahoro gahoro, ariko isukari iva mu biribwa iyo ikoreshejwe neza ituma umubiri ukora neza.

Umuganga Straton yabajije umurwayi impamvu umubiri we udafite isukari ihagije, maze umurwayi asubiza avuga ko yirinze kunywa isukari kuko yatinyaga kurwara indwara ya “Diabete”.

Yaramubwiye ati “Umubiri wacu ukenera isukari kandi cyane! Ariko isukari nziza iva mu biribwa”.

Umuryango ni ngombwa ko utekereza ku kamaro ko gukoresha ibisheke cyangwa umutobe wabyo, bakanasobanurira abana babo ibijyanye n’intungamubiri ziboneka muri byo, kandi bakita ku kamaro kabyo ku mibonano mpuzabitsina.

Benshi bavuga ko isukari itera diabete, nyamara ntibavuge ko hari diabete iterwa no kutagira isukari mu mubiri. Ibi bishatse kuvuga ko umubiri hari isukari utagomba kurenza, kandi igakoreshwa cyane n’abantu bakora imyitozo ngororamubiri.

Tumenye akamaro ko kurya ibisheke, cyane cyane akamaro kabyo mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina y’abashakanye.

Comments

  1. A bon ! Murakoze cyane !

    ReplyDelete
  2. Ntabyo narinzi kbx mukoze mutubwire nibindi biribwa twirengagiza kdi bifite akamaro kubuzima bwacu

    ReplyDelete

Post a Comment

INKURU ZIKUNZWE

Umuhanzi Ish Kevin na Producer Olivier mu basangiraga ibyibano n'abasore bashikuzaga abantu amatelefone

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye abasore batandatu bibaga abaturage n’amaduka (Supermarket) bakanashikuza abahisi n’abagenzi telefone mu nzira zitandukanye babaga banyuzemo. Ahagana Saa Sita z’amanywa yo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 2 Mata 2024, nibwo RIB yeretse itangazamakuru iri tsinda ry’aba basore uko ari batandatu ibashinja ko bibaga abaturage. RIB yavuze ko aba basore barimo bane bari abakanishi ndetse itsinda ryabo ryibaga imodoka abantu babaga bazisize ku muhanda. Izi modoka bibye ngo bazihinduranyaga plaque kugira ngo badatahurwa. RIB ivuga ko aba basore banajyaga kuri station za lisansi zitandukanye bagashyirirwamo lisansi bagahita bagenda batishyuye ndetse banajyaga muri supermarket bagatwara inzoga zihenze bagahita bigendera batazishyuye. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry, yabwiye itangazamakuru ko yatunguwe n’uburyo yasanze hari abahanzi barimo Ish Kevin basangiraga n’aba bajura inzoga bibye. Ati “Muri bya bindi babaga bibye bajyaga kuryoshya y’amafaranga bib

RURA yamuritse ibiciro bushya by'ingendo mu Rwanda

  Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwashyize hanze ibiciro bishya by’ingendo hirya no hino mu gihugu, nyuma y’uko Guverinoma itangaje ko yakiyeho nkunganire yajyaga itangwa kugira ngo umugenzi agende ku giciro gito. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Werurwe, nibwo Guverinoma yatangaje ko iyo nkunganire iri hagati ya 40% na 5) ikuweho, bivuze ko umugenzi ari we uzajya yiyishyurira igiciro cyose cy’urugendo. Ibiciro bishya RURA yashyize hanze biri hejuru ugereranyije n’ibyo umugenzi yari asanzwe yiyishyurira, aho nko kuva mu mujyi wa rwagati ugera i Nyamirambo ahazwi nko Kuryanyuma, igiciro gishya ari 243 Frw, mu gihe kuva mu mujyi rwagati ugera Kuryanyuma uciye Nyabugogo, igiciro gishya ari 307. Kuva Nyabugogo ugana mu mujyi rwagati, igiciro cyabaye 205 Frw, kuva Kimironko ugana mu mujyi rwagati igiciro cyabaye 355 Frw, mu mujyi rwagati ugana Kacyiru ni 371 Frw, kuva mu mujyi ujya i Kinyinya ni 402 Frw naho kuva i Kabuga ujya Kimironko ni 420 Frw. Kuva mu mujyi rwagati ugana i B

Hasohotse itangazo rigaragaza uko abanyeshuri biga baba mu bigo bazasubira ku ishuri

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri NESA cyatangaje ingengabihe y’uburyo abanyeshuri biga bacumbikiwe ku bigo by’amashuri, bazasubirayo mu gihembwe cya gatatu. Abanyeshuri bazatangira gusubira kwishuri guhera tariki 15 Mata 2024 azaba arı kuwa mbere.

Dore ibyo kurya umugore cyangwa umukobwa wese yarya bikamufasha gukuza amabuno n'amabere

Ubushakashatsi bwagaragaje ko burya amabere y’umuntu uwo ariwe wese aba atangana. Bwagaragaje ko ibere ry’ibumoso ariryo rinini kurenza iry’iburyo. Ndetse ubushakashatsi bwagaragaje indyo zitandukanye ushobora kurya kenshi zikaba zagufasha kongera amabere. Amata  : Amabere yawe yose agizwe n’ibinure kandi kurya ibikomoka ku mata bikungahaye ku binure bishobora kongera ubunini bw’amabere yawe. Ipapayi:  ipapayi nayo yagufasha kuko ikungahaye ku ntunga mubiri zifasha umubiri kurambuka. Imbuto z’ibihaza (Imbuto z’amadegede) :  izi zo uraziswa ukajya uminjira ifu yazo mu biryo buri munsi. Soya :  soya nazo zikungahaye ku ntungamubiri nyinshi zifasha umubiri mu gukuza ibice byawo. Si ibyo gusa kuko zo zigufasha no kwirinda kuba warwara kanseri yo mu mabere.