Skip to main content

Sobanukirwa akamaro ko kurya igisheke n'uko cyagufasha mu gukora imibonano mpuzabitsina



Ibisheke ni ibiribwa bidakunze guhabwa agaciro, nyamara biraryoha kandi byuzuyemo intungamubiri zagenewe gufasha umubiri gukora neza, bikarinda n’indwara zimwe na zimwe. Ibisheke kandi bifasha mu mibonano mpuzabitsina, kurinda kanseri zimwe na zimwe, ndetse no gusohora imyanda mu mubiri.

Abahanga basobanukiwe n’imikorere y’igisheke mu mubiri wa muntu, bavuga ko ibisheke bikoreshwa gake ukurikije uko byagakwiye gukoreshwa.

Benshi bavuga ko ibisheke bigenewe abakene. Kandi koko usanga bikoreshwa na bamwe bitwa ko bacirirtse, cyangwa ba bandi batuye mu byaro ahahingwa ibisheke, nyamara ntawe bigenewe ni ibya buri wese.

Igisheke kibonekamo intungamubiri zitandukanye zirimo isukari, umwunyungugu wa potasiyumu, umwunyungugu wa karisiyumu, umwunyungugu wa manyeziyumu n’umwunyungugu wa zinc.

Uretse kuba ibisheke bifite isukari y’umwimerere, binatuma uruhu rusa neza rukanatoha ntirukushuke.

Mu gisheke kandi harimo ubutare bwa fer, vitamin B1, B2 n’izindi. Igisheke gikungahaye ku isukari y’umwimerere ifasha uwo ariwe wese uyikoresha.

By’umwihariko isukari bizwi ko ikenerwa cyane n’igitsinagabo, kubera gukoresha imbaraga nyinshi cyane cyane mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina. 

Inzobere mu by’ubuvuzi bavuga ko isukari iva mu gisheke ari nziza kuyikoresha, kuruta gukoresha isukari yakorewe mu ruganda.

Abagabo batakaza imbaraga nyinshi mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina, bityo umubiri wabo ugakenera isukari nyinshi gusa biba byiza bakoresheje isukari ikomoka mu bimera.

Uretse kuba igisheke gikungahaye ku ntungamubiri zirinda umugore Cancer y’amabere, ariko kinakungahaye mu kurinda Cancer ifata imyanya y’ibanga y’umugabo.

Igisheke kivura abagabo bakunze kugira ikibazo cy’umwuma, kubera gukoresha imbaraga nyinshi. Umugabo wakoresheje umutobe w’igisheke mbere yo gutera akabariro, nta kibazo ahura nacyo kuko aba ameze nk’uwanyweye amazi.

Ikinyamakuru PharmEasy cyatangaje ko igisheke gikura imyanda mu kiziba cy’inda, bityo igihe umugore akora imibonano mpuzabitsina ntahure n’uburibwe buterwa no kurwara ikiziba cy’inda n’imyanya y’ibanga.

Abagore n’abagabo benshi binjiza imyanda mu mubiri wabo binyuze mubyo barya bidafite isuku ihagije, yaba imyanda bakura mu mahoteri cyangwa mu ma resitora atanga amafunguro adasukuye neza.

Iyo myanda imwe ijya mu mpyiko, mu mara, igifu, bamwe bagatangira kubabara mu kiziba cy’inda. Igisheke mu bushobozi gihabwa n’intungamubiri gifite, gikuramo iyo myanda maze igihe cyo kwishimana nk’abashakanye kikabaryohera.

Ubusanzwe bavuga ko isukari nyinshi igenda ica umubiri intege gahoro gahoro, ariko isukari iva mu biribwa iyo ikoreshejwe neza ituma umubiri ukora neza.

Umuganga Straton yabajije umurwayi impamvu umubiri we udafite isukari ihagije, maze umurwayi asubiza avuga ko yirinze kunywa isukari kuko yatinyaga kurwara indwara ya “Diabete”.

Yaramubwiye ati “Umubiri wacu ukenera isukari kandi cyane! Ariko isukari nziza iva mu biribwa”.

Umuryango ni ngombwa ko utekereza ku kamaro ko gukoresha ibisheke cyangwa umutobe wabyo, bakanasobanurira abana babo ibijyanye n’intungamubiri ziboneka muri byo, kandi bakita ku kamaro kabyo ku mibonano mpuzabitsina.

Benshi bavuga ko isukari itera diabete, nyamara ntibavuge ko hari diabete iterwa no kutagira isukari mu mubiri. Ibi bishatse kuvuga ko umubiri hari isukari utagomba kurenza, kandi igakoreshwa cyane n’abantu bakora imyitozo ngororamubiri.

Tumenye akamaro ko kurya ibisheke, cyane cyane akamaro kabyo mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina y’abashakanye.

Comments

  1. A bon ! Murakoze cyane !

    ReplyDelete
  2. Ntabyo narinzi kbx mukoze mutubwire nibindi biribwa twirengagiza kdi bifite akamaro kubuzima bwacu

    ReplyDelete

Post a Comment

INKURU ZIKUNZWE

Malaika Uwamahoro agiye kugaragara muri filime ivuga ku bwisanzure bw'abaryamana bahuje ibitsina mu Rwanda

Malaika Uwamahoro ni umwe mu bakinnyi b’inkingi za mwamba bazagaragara muri filime ‘The Heights of Kigali’ ya Yseult Polfliet Mukantabana usanzwe yarubatse izina mu ruganda rw’imideli akaba n’umwanditsi w’ibitabo, ndetse akaba ari n’umwe mu bayobozi bakuru mu Kigo cyitwa POWarts gifite inshingano zo gufasha abagore b’abanyempano bashaka kwiteza imbere mu buhanzi. Ni filime yakozwe na Yseult Polfliet Mukantabana n’umukunzi we babana bahuje igitsina, Anne-Sophie Nanki usanzwe ari umwe mu bayobora ifatwa ry’amashusho ya filime bakomeye mu Bufaransa; aho bakunze kuba bari nubwo banyuzamo bakajya i New York City muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Igaruka ku rukundo rw’abakobwa babiri bitwa Mwiza na Nshuti. Mwiza muri iyi filime aba ari Malaika Uwamahoro wamamaye mu kuvuga imivugo mu Rwanda, mu gihe Rocky Try we akina yitwa Nshuti. Igihe iyi filime izajya hanze ntabwo kiramenyekana. Mu nkuru y’iyi filime aba bakobwa baba bashaka kuguma mu Rwanda nta nzozi zo kujya hanze yarwo yaba mu Burayi ...

Umuhanzi Ish Kevin na Producer Olivier mu basangiraga ibyibano n'abasore bashikuzaga abantu amatelefone

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye abasore batandatu bibaga abaturage n’amaduka (Supermarket) bakanashikuza abahisi n’abagenzi telefone mu nzira zitandukanye babaga banyuzemo. Ahagana Saa Sita z’amanywa yo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 2 Mata 2024, nibwo RIB yeretse itangazamakuru iri tsinda ry’aba basore uko ari batandatu ibashinja ko bibaga abaturage. RIB yavuze ko aba basore barimo bane bari abakanishi ndetse itsinda ryabo ryibaga imodoka abantu babaga bazisize ku muhanda. Izi modoka bibye ngo bazihinduranyaga plaque kugira ngo badatahurwa. RIB ivuga ko aba basore banajyaga kuri station za lisansi zitandukanye bagashyirirwamo lisansi bagahita bagenda batishyuye ndetse banajyaga muri supermarket bagatwara inzoga zihenze bagahita bigendera batazishyuye. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry, yabwiye itangazamakuru ko yatunguwe n’uburyo yasanze hari abahanzi barimo Ish Kevin basangiraga n’aba bajura inzoga bibye. Ati “Muri bya bindi babaga bibye bajyaga kuryoshya y’amafaranga bib...

Hasohotse inkuru ishimishije kuri mwarimu wese uba muri Koperative Umwarimu SACCO

  Ubuyobozi bwa Koperative Umwalimu SACCO bwatangaje ko umutugo rusange mu mwaka wa 2023 wageze kuri miliyari zisaga 196.5 Frw avuye kuri miliyari 135.8 Frw, bigaragaza izamuka rya 45%. Ni ubwiyongere bisobanurwa ko bwakomotse kuri serivisi zitandukanye zirimo inguzanyo zahawe abanyamuryango b’iyi koperative mu mwaka wa 2023, ndetse no kugabanya amafaranga yakoreshwaga ku mirimo imwe n’imwe kuko imyinshi isigaye ikorwa n’ikoranabuhanga. Mu mwaka wa 2023, Koperative Umwalimu SACCO yahaye abanyamuryango inguzanyo zingana na miliyari 194.6 Frw, izo nguzanyo zikaba zariyongereye ku rugero rungana na 34% ugereranyije n’inguzanyo zingana na miliyari 145.3 Frw zahawe abanyamuryango mu mwaka wa 2022. Iyi koperative yungutse miliyari 16.9 Frw hakubiyemo n’imisoro, ariko hakuwemo umusoro ungana na miliyari 5.1 Frw, hasigara inyungu ya miliyari 11.8 Frw. Ni nyungu yazamutse ku gipimo cya 39% ugereranyije n’iyari yabonetse mu mwaka wa 2022, igera kuri miliyari 12.2 Frw hatarakurwamo imisoro, n...

Kirehe: Habereye impanuka ikomeye umukozi ushinzwe uburezi mu murenge ahasiga ubuzima

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoze impanuka, igonga moto yari iriho abantu babiri umwe ahasiga ubuzima. Uyu muntu iyi mpanuka yahitanye yari ashinzwe Uburezi mu Murenge wa Mushikiri. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana, yatangaje ko iyi mpanuka yatewe n’uko iyi kamyo yari ifite umuvuduko ukabije. Yongeye kwibutsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza ibimenyetso byose by’umuhanda. Source: BTN TV