Naseeb Abdul Juma Issack [Diamond Platnumz] uherutse kugirana ibihe byiza n’umukunzi we Zuchu i Dubai, yakomoje ku mbarutso nyayo yari yatumye uyu muhanzikazi amuta mu nzu akigendera.
Diamond Platnumz yatangaje ko yamaze kubona ubutumwa bw’abagabo bamaze iminsi bashaka kumuyobereza umukunzi, ubwo yavugaga Zuhura Osmna [Zuchu].
Diamond yavuze ko bidatinze kandi agiye gutangira kubashyira hanze. Ati: ”Ndatangira gushyira hanze ubutumwa bwabo bwamaze kungeraho abo bamaze iminsi bikundishwa kuri Zuhura".
Mu minsi ishize ni bwo aba bombi baherukaga i Dubai aho bagiriye ibihe byiza, bikaba byari nyuma y'amakuru yavugaga ko batandukanye.
Amakimbirane yabo yatangiye nyuma yuko Diamond ubwo yari mu iserukiramuco rya Serengeti, yarahamagaye Sarah bahoze bakunda.
Icyo gihe yahishuye ko Sarah ari we wabaye imbarutso y’indirimbo "Kamwambie". Ntabwo Zuchu yabyakiriye neza.
Comments
Post a Comment