Ikipe ya Rayon Sports yasinyanye amasezerano y’imyaka ibiri na AC Group isanzwe ikora ibijyanye na Tap& Go mu mujyi wa Kigali no hirya no hino mu ntara.
Amasezerano na Rayon Sports yasinyiwe ku cyicaro cy’iyi kipe kiri ku Kicukiro kuri uyu wa kane tariki 23 Gicurasi, aho ubuyobozi bwayo bwatangaje ko amakipe yabo y’abagore n’ay’abagabo azajya yambara uyu muterankunga ku maboko y’imyenda.
AC Group izajya ikorera Rayon Sports amakarita azahabwa abanyamuryango b’iyi kipe bakajya bayakoresha muri serivise zitandukanye harimo kugura itike y’ubunyamuryango (membership card), kugura itike y’umwaka wa shampiyona(season ticket) n’izindi serivisi zisanzwe zikorwa n’iki kigo.
Perezida w’ikipe ya Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele, yavuze ko gusinyana na Tap&Go bigiye gufasha ikipe ya Rayon Sports mu kongera umubare w’abakunzi babo kuko ubusanzwe uko yari akoze byacaga bamwe intege.
Comments
Post a Comment