Skip to main content

Igisirikari cya leta ya Congo cyongeye kwigamba kwirukana M23 mu bice yari yarafashe



Ubuyobozi bw’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa leta ya Kinshasa bwagize icyo butangaza ku mirwano ikaze yabasakiranije na M23 ku munsi w’ejo hashize, tariki ya 19/05/2024.


Ni imirwano yabaye ahagana mu masaha y’umugoroba nyuma y’uko no mu masaha y’igitondo hari habaye ibindi bitero mu bice byo muri Teritware ya Rutshuru, nk’uko byavuzwe n’umuvugizi wa FARDC mu Ntara ya Kivu y’Amajyarugu.


Uyu muvugizi wo ku ruhande rw’ingabo za leta, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lt Col Ndjike Kaiko Guillaume yatangaje ko mu mirwano yabaye ejo ku Cyumweru, ingabo zo ku ruhande rwa leta zirukanye abarwanyi ba M23 mu gace ka Kisuma, bityo izi ngabo za RDC ngo zihita zegera ibice bya Bihambwe, Kaniro na Kinigi, byo muri Teritware ya Masisi, muri Kivu y’Amajyaruguru.


Yanavuze ko Wazalendo bafashe akandi gace ka Mutama ko muri Teritware ya Rutshuru, kandi ahamya ko kafashwe mu masaha yo ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru.


Umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare, Lt Col Willy Ngoma,ntacyo aratangaza kuri ibi byatangajwe na FARDC.


Rwanda Tribune dukesha iyi nkuru, ivuga ko amakuru yahawe n’umurwanyi wa M23; we avuga ko ibi bice byose ingabo za leta zivuga ko zabyigaruriye bikiri mu maboko ya M23,yongeraho ko kuva iyi ntambara yubura mu 2021, nta gace kangana na santimetero ihuriro ry’Ingabo za RDC zirabambura.


Yagize ati: “Biratangaje, uruhande rwa leta kuki rwibeshyera!! Ibi bice byose bavuga ko bafashe nitwe tubigenzura. Yewe kuva twanatangira iyi ntambara nta gace baratwambura. Habe na santimetero imwe.”


Ku rundi ruhande ariko, hari amakuru avuga ko mu mirwano yabaye ku munsi w’ejo hashize, ihuriro ry’Ingabo za Guverinoma ya Kinshasa ryongeye gukoresha indege z’intambara zo mu bwoko bwa Sukhoï-25 mu gutera ibisasu bigwa mu mihana y’abaturage bo muri ibi bice byabereyemo imirwano muri Teritware ya Rutshuru.


Aya makuru akomeza avuga ko izi ndege mu kujya gutera ibisasu zahagurukiye ku kibuga cy’indege cya Goma.


Ibyangijwe n’ibyo bisasu byatewe n’indege ntibiramenyekana gusa igihari nuko ngo ibyo bisasu byatewe mu bice bituwemo.


Hagati aho M23 irasatira gufata Minova, ni mu gihe imaze igihe izengurutse aka gace, ndetse ikaba iri no mu misozi ya Teritware ya Kalehe, mu Ntara ya Kivu y’Epfo.

Inkuru ya UMURYANGO.RW

Comments

INKURU ZIKUNZWE

Umuhanzi Ish Kevin na Producer Olivier mu basangiraga ibyibano n'abasore bashikuzaga abantu amatelefone

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye abasore batandatu bibaga abaturage n’amaduka (Supermarket) bakanashikuza abahisi n’abagenzi telefone mu nzira zitandukanye babaga banyuzemo. Ahagana Saa Sita z’amanywa yo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 2 Mata 2024, nibwo RIB yeretse itangazamakuru iri tsinda ry’aba basore uko ari batandatu ibashinja ko bibaga abaturage. RIB yavuze ko aba basore barimo bane bari abakanishi ndetse itsinda ryabo ryibaga imodoka abantu babaga bazisize ku muhanda. Izi modoka bibye ngo bazihinduranyaga plaque kugira ngo badatahurwa. RIB ivuga ko aba basore banajyaga kuri station za lisansi zitandukanye bagashyirirwamo lisansi bagahita bagenda batishyuye ndetse banajyaga muri supermarket bagatwara inzoga zihenze bagahita bigendera batazishyuye. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry, yabwiye itangazamakuru ko yatunguwe n’uburyo yasanze hari abahanzi barimo Ish Kevin basangiraga n’aba bajura inzoga bibye. Ati “Muri bya bindi babaga bibye bajyaga kuryoshya y’amafaranga bib

RURA yamuritse ibiciro bushya by'ingendo mu Rwanda

  Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwashyize hanze ibiciro bishya by’ingendo hirya no hino mu gihugu, nyuma y’uko Guverinoma itangaje ko yakiyeho nkunganire yajyaga itangwa kugira ngo umugenzi agende ku giciro gito. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Werurwe, nibwo Guverinoma yatangaje ko iyo nkunganire iri hagati ya 40% na 5) ikuweho, bivuze ko umugenzi ari we uzajya yiyishyurira igiciro cyose cy’urugendo. Ibiciro bishya RURA yashyize hanze biri hejuru ugereranyije n’ibyo umugenzi yari asanzwe yiyishyurira, aho nko kuva mu mujyi wa rwagati ugera i Nyamirambo ahazwi nko Kuryanyuma, igiciro gishya ari 243 Frw, mu gihe kuva mu mujyi rwagati ugera Kuryanyuma uciye Nyabugogo, igiciro gishya ari 307. Kuva Nyabugogo ugana mu mujyi rwagati, igiciro cyabaye 205 Frw, kuva Kimironko ugana mu mujyi rwagati igiciro cyabaye 355 Frw, mu mujyi rwagati ugana Kacyiru ni 371 Frw, kuva mu mujyi ujya i Kinyinya ni 402 Frw naho kuva i Kabuga ujya Kimironko ni 420 Frw. Kuva mu mujyi rwagati ugana i B

Sobanukirwa akamaro ko kurya igisheke n'uko cyagufasha mu gukora imibonano mpuzabitsina

Ibisheke ni ibiribwa bidakunze guhabwa agaciro, nyamara biraryoha kandi byuzuyemo intungamubiri zagenewe gufasha umubiri gukora neza, bikarinda n’indwara zimwe na zimwe. Ibisheke kandi bifasha mu mibonano mpuzabitsina, kurinda kanseri zimwe na zimwe, ndetse no gusohora imyanda mu mubiri. Abahanga basobanukiwe n’imikorere y’igisheke mu mubiri wa muntu, bavuga ko ibisheke bikoreshwa gake ukurikije uko byagakwiye gukoreshwa. Benshi bavuga ko ibisheke bigenewe abakene. Kandi koko usanga bikoreshwa na bamwe bitwa ko bacirirtse, cyangwa ba bandi batuye mu byaro ahahingwa ibisheke, nyamara ntawe bigenewe ni ibya buri wese. Igisheke kibonekamo intungamubiri zitandukanye zirimo isukari, umwunyungugu wa potasiyumu, umwunyungugu wa karisiyumu, umwunyungugu wa manyeziyumu n’umwunyungugu wa zinc. Uretse kuba ibisheke bifite isukari y’umwimerere, binatuma uruhu rusa neza rukanatoha ntirukushuke. Mu gisheke kandi harimo ubutare bwa fer, vitamin B1, B2 n’izindi. Igisheke gikungahaye ku isukari y’umwim

Hasohotse itangazo rigaragaza uko abanyeshuri biga baba mu bigo bazasubira ku ishuri

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri NESA cyatangaje ingengabihe y’uburyo abanyeshuri biga bacumbikiwe ku bigo by’amashuri, bazasubirayo mu gihembwe cya gatatu. Abanyeshuri bazatangira gusubira kwishuri guhera tariki 15 Mata 2024 azaba arı kuwa mbere.

Dore ibyo kurya umugore cyangwa umukobwa wese yarya bikamufasha gukuza amabuno n'amabere

Ubushakashatsi bwagaragaje ko burya amabere y’umuntu uwo ariwe wese aba atangana. Bwagaragaje ko ibere ry’ibumoso ariryo rinini kurenza iry’iburyo. Ndetse ubushakashatsi bwagaragaje indyo zitandukanye ushobora kurya kenshi zikaba zagufasha kongera amabere. Amata  : Amabere yawe yose agizwe n’ibinure kandi kurya ibikomoka ku mata bikungahaye ku binure bishobora kongera ubunini bw’amabere yawe. Ipapayi:  ipapayi nayo yagufasha kuko ikungahaye ku ntunga mubiri zifasha umubiri kurambuka. Imbuto z’ibihaza (Imbuto z’amadegede) :  izi zo uraziswa ukajya uminjira ifu yazo mu biryo buri munsi. Soya :  soya nazo zikungahaye ku ntungamubiri nyinshi zifasha umubiri mu gukuza ibice byawo. Si ibyo gusa kuko zo zigufasha no kwirinda kuba warwara kanseri yo mu mabere.