Malaika Uwamahoro agiye kugaragara muri filime ivuga ku bwisanzure bw'abaryamana bahuje ibitsina mu Rwanda
Malaika Uwamahoro ni umwe mu bakinnyi b’inkingi za mwamba bazagaragara muri filime ‘The Heights of Kigali’ ya Yseult Polfliet Mukantabana usanzwe yarubatse izina mu ruganda rw’imideli akaba n’umwanditsi w’ibitabo, ndetse akaba ari n’umwe mu bayobozi bakuru mu Kigo cyitwa POWarts gifite inshingano zo gufasha abagore b’abanyempano bashaka kwiteza imbere mu buhanzi.
Ni filime yakozwe na Yseult Polfliet Mukantabana n’umukunzi we babana bahuje igitsina, Anne-Sophie Nanki usanzwe ari umwe mu bayobora ifatwa ry’amashusho ya filime bakomeye mu Bufaransa; aho bakunze kuba bari nubwo banyuzamo bakajya i New York City muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Igaruka ku rukundo rw’abakobwa babiri bitwa Mwiza na Nshuti. Mwiza muri iyi filime aba ari Malaika Uwamahoro wamamaye mu kuvuga imivugo mu Rwanda, mu gihe Rocky Try we akina yitwa Nshuti. Igihe iyi filime izajya hanze ntabwo kiramenyekana.
Mu nkuru y’iyi filime aba bakobwa baba bashaka kuguma mu Rwanda nta nzozi zo kujya hanze yarwo yaba mu Burayi no muri Amerika bafite kuko baba batekanye. Bagera aho bashaka umwana ndetse muri sosiyete barimo bakabafasha kumubona.
Mu kiganiro aherutse kugirana na The Long Form Rwanda cya Sunny Ntayombya, aheruka gutangaza ko iyi filime yayikoze ari nk’ibaruwa ku Rwanda nk’igihugu cyamwibarutse.
Ati “Impamvu nashatse kuyikorera hano ni ibaruwa y’urukundo nandikiye igihugu cyanjye cy’u Rwanda. Igaragaza uko niyumva ku muco wacu, ku bantu bacu […] twavuye ahantu hadasanzwe; dusanzwe dufite mu mitima yacu kwemera ku mugaragaro ibintu biriho no muri sosiyete yacu, niyo mpamvu nashakaga kubikorera mu Rwanda. Abakobwa bazakinamo bakundana baba mu Rwanda, byose biri kubera mu Rwanda.’’
Ivomo: IGIHE
Comments
Post a Comment