Skip to main content

Posts

Showing posts from April, 2024

MONUSCO yasabye ingabo zayo kuva mu bice byegereye ibirindiro bya M23

Ubuyobozi bw’ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, MONUSCO, bwazisabye kuva mu bice byegereye ibirindiro by’umutwe witwaje intwaro wa M23. Nk’uko ibiro ntaramakuru AFP byabitangaje kuri uyu wa 8 Mata 2024, izi ngabo zahawe ibwiriza ryo kuva mu mujyi wa Sake mu gihe ubushobozi bwa M23, bukomeje kwiyongera mu bikoresho no mu mubare w’abarwanyi. MONUSCO yamenyesheje abasirikare bayo ko abarwanyi ba M23 “bagaragaye muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, kandi bigaragara ko bashaka gufunga umuhanda wa Goma-Sake.” Hashingiwe kuri iri bwiriza riteguza ko umutekano wo muri Sake ushobora kuzamba kurushaho, tariki ya 4 Mata 2024 ingabo z’Abahinde zavuye muri uyu mujyi, zerekeza i Goma, kandi nyuma yo kuhava, ngo “M23 imaze gushinga ibirindiro bitatu by’ubwirinzi” muri aka gace. Ubu buyobozi bwagaragaje ko umutekano w’ingabo za MONUSCO uri mu bibazo, butanga urundi rugero rw’igitero imitwe yitwaje intwaro ishyigikiwe na Leta ya RDC ya

Kwibuka30: Jimmy Gatete yahaye umukoro urubyiruko rw'u Rwanda

Uwahoze ari rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Jimmy Gatete, yasabye urubyiruko rw’u Rwanda kwiga byinshi no kumenya amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 kugira ngo rubashe guhangana n’abayihakana ndetse n’abashaka kugoreka ayo mateka. Gatete wakiniye Ikipe y’Igihugu hagati ya 2001 na 2009, atuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma yo guhagarika gukina umupira w’amaguru mu 2010. Muri ibi bihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, uyu wakanyujijeho muri ruhago ni umwe mu batanze ubutumwa bwo gukomeza abayirokotse, ariko aha umukoro urubyiruko. Yagize ati "Kwibuka ni umwanya wo guha icyubahiro no kuzirikana abacu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. Ni umwanya kandi wo gufata mu mugongo abarokotse aya mateka, tukabahumuriza." Yakomeje agira ati "Ku rubyiruko, ni umwanya wo kwiga mugasobanukirwa amateka ya Jenoside ya nyayo kuko abayagoreka banahakana Jenoside ari benshi kandi ari mwe mugomba kubarwanya. Twibu

U Bubiligi bwibutse abasirikari babwo 10 biciwe mu Rwanda

Guverinoma y’u Bubiligi ku bufatanye n’iy’u Rwanda yibutse abasirikare b’Ababiligi 10 barindaga Uwilingiyimana Agatha wari Minisitiri w’Intebe, bishwe na Ex-FAR tariki ya 7 Mata 1994. Iki gikorwa cyabereye muri Camp Kigali kuri uyu wa 8 Mata 2024, nyuma y’ikindi cyo kwibuka abakozi ba Ambasade y’u Bubiligi bishwe mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi. Cyitabiriwe na Minisitiri w’Ingabo w’u Bubiligi n’uw’u Rwanda n’ab’ububanyi n’amahanga b’ibihugu byombi, abosifiye mu ngabo z’ibihugu byombi, abadipolomate n’abo mu miryango y’abishwe. Aba basirikare bari mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye, MINUAR, bishwe bagiye guherekeza Uwilingiyimana kuri radiyo y’igihugu, ubwo yari agiye gusaba Abanyarwanda gutuza no guhagarika ubwicanyi nyuma y’urupfu rwa Habyarimana Juvénal wayoboraga u Rwanda. Nk’uko Ambasade y’u Rwanda yabisobanuye, ubwo bageraga ku rugo rwa Uwilingiyimana, abasirikare barindaga Habyarimana barabitambitse, babasaba kurambika intwaro, banabasezeranya kubaherekeza mu k

Abasirikari bane bo mu ngabo za SADC bapfiriye muri Congo

  Abasirikare bane barimo batatu ba Tanzania n’umwe wa Afurika y’Epfo bari mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’amajyepfo (SADC) mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bapfuye. SADC kuri uyu wa 8 Mata 2024 yatangaje ko abo muri Tanzania ari bo bapfuye mbere, ubwo igisasu cya cyagwaga ku birindiro barimo, undi wa Afurika y’Epfo apfa ubwo yitabwagaho n’abaganga i Goma. Umuvugizi w’uyu muryango, Barbara Lopi, yasobanuye ko hari abandi basirikare batatu ba Tanzania bakomerekejwe n’iki gisasu. Izi ngabo zoherejwe mu burasirazuba bwa RDC kuva mu Ukuboza 2023 kugira ngo zifashe iki gihugu kurwanya umutwe witwaje intwaro wa M23. Uyu muryango watangaje ko mu gihe izi ngabo zikomeje ubutumwa muri iki gihugu, zifite uburenganzira bwo kwirwanaho mu gihe cyose zaba zigabweho ibitero. Ivomo: IGIHE  

Abakoresha urubuga rwa X bamaganye imvugo ya Anthony Blinken ipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Abanyarwanda n’abandi bakoresha urubuga rwa X bamaganye imvugo ya Antony Blinken usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta zunze Ubumwe ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, ipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994. Tariki ya 7 Mata mu Rwanda ndetse ni ku Isi yose hatangira iminsi 100 yo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, igahitana Abatutsi barenga miliyoni imwe. Ibi byemejwe tariki 26 Mutarama 2018, ubwo inama rusange y’Umuryango w’Abibumbye, UN, yafataga icyemezo cy’uko tariki 7 Mata, ubaye “Umunsi mpuzamahanga wahariwe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.” Ibi byaje bisanga ubwo tariki 30 Mutarama 2014, akanama k’umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano ku isi kafataga umwanzuro kemeza ku mugaragaro ko izina rigomba gukoreshwa ku isi yose ari ‘Jenoside yakorewe Abatutsi.” Gusa nubwo imyaka ishize ari 30, hari bamwe mu banyepolitike bo mu Isi na n’ubu bagipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, bakoresheje imvugo babivugamo. Antony Blinken usanzwe ari Umunyamban

Loni ihangayikishijwe n'ubwiyongere bw'abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Umujyanama wihariye w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye mu bijyanye no kurwanya Jenoside, Alice Wairimu Nderitu, yagaragaje ko ahangayikishijwe n’abakomeje guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Mu butumwa bwe bwo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, bwagiye hanze kuri uyu wa 7 Mata 2024, Nderitu yagaragaje ko imvugo z’urwango zagize uruhare runini muri aya mateka zikomeje kugaragara ku mbuga nkoranyambaga. Yagize ati “Imvugo zibiba urwango zagize uruhare rukomeye mu kwambura ubumuntu Abatutsi batsembwaga mu 1994 ziracyagaragara cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga, aho zifasha mu gukwirakwiza no kongerera ubukana uguhakana ku rwego ruhangayikishije.” “Guhakana bigira ingaruka z’ako kanya ku bagizweho ingaruka na Jenoside, basubira mu ihungabana, bakanikorera umutwaro wo gusobanura ibyaha bakorewe nubwo inkiko zafashe icyemezo cy’uko ibyaha byabaye. Guhakana bigira ingaruka zikomeye ku gukira ibikomere no ku bwiyunge.” Nderitu yasobanuye ko ku

Kwibuka30: Impinduka zitezwe mu ikoreshwa ry'imihanda ya Kigali

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko kubera gahunda yo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 hitezwe impinduka mu mikoreshereze yari isanzwe y’imwe mu mihanda yo mu Mujyi wa Kigali. Mu itangazo Polisi yashyize hanze kuri uyu wa Gatandatu yavuze ko “Polisi y’u Rwanda irabamenyesha ko bitewe n’ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bizatangira ejo kuwa 7 Mata 2024, hateganyijwe impinduka ku ikoreshwa ry’imihanda ikurikira.” Imihanda izaba atari nyabagendwa ku Cyumweru Tariki 7 Mata mu 2024 ni uva ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali- Giporoso- Chez Lando- BK Arena- Gishushu- KCC- Sopetrade- Peage-Serena Hotel. Undi muhanda utazakoreshwa n’ibinyabiziga bisanzwe ni uwa KCC- Ninzi- Kacyiru- Kinamba- Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali- Yamaha- Serena hotel. Abatwara ibinyabiziga barasabwa gukoresha imihanda ya Kanombe- Busanza- Mu itunda- Kabeza- Niboye- Sonatube Rwandex- Kanogo- Kinamba- Nyabugogo. Abashaka kujya mu cyerekezo cya kabiri

Musanze: Ibendera ryari rimaze iminsi ryarabuze ryabonetse mu bwiherero bw'urugo rw'umuturage

Abantu batatu batawe muri yombi nyuma y’uko ibendera ry’ikigo cy’amashuri cya GS Cyuve, ryari rimaze iminsi ryaraburiwe irengero, ritahuwe mu bwiherero bw’urugo rw’uwitwa Nyirangendahimana Elisabeth wakoraga isuku kuri icyo kigo. Iryo bendera ryari ryarabuze tariki 31 Werurwe 2024, bahita batangira kurishakisha ari nabwo ryaje gutahurwa tariki 4 Mata 2024 mu rugo rw’uwo mugore bararijugunye mu bwiherero mu mwobo imbere, ku bw’amakuru yatanzwe n’abaturage. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, SP Jean Bosco Mwiseneza, wemeje ayo makuru, yagize ati: “Ibendera barisanze mu bwiherero bwo mu rugo rw’uwo mugore, mu gitondo cyo ku wa kane ahita afatwa atabwa muri yombi ngo hamenyekane uko ryageze muri ubwo bwiherero. Uretse uyu mugore, hari n’abandi bantu babiri bakoraga akazi k’ubuzamu kuri icyo kigo, na bo barimo gukurikiranwa”. Nyirangendahimana n’abo bantu babiri, bafungiye kuri Station Polisi ya Muhoza, aho barimo gukurikiranwa na RIB. Ati: “Turashima ubufatanye bukomej

#Kwibuka30: Intumwa za USA ziyobowe na Bill Clinton zageze mu Rwanda

Uwahoze ari Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Bill Clinton, hamwe n’izindi ntumwa z’Umukuru w’icyo Gihugu, Joe Biden, bageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 06 Mata 2024, mu rwego rwo kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ku wa Kane w’iki cyumweru, Perezida Joe Biden wa Amerika, yari yatangaje ko azohereza itsinda rizamuhagararira mu muhango wo gutangira icyunamo, uteganyijwe kuri iki Cyumweru tariki 7 Mata 2024. Mu bandi bagize iryo tsinda ry’Intumwa za Amerika harimo Ambasaderi w’icyo gihugu mu Rwanda witwa Eric Kneedler, hamwe n’Umunyamabanga wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi na Afurika, Mary Catherine Phee. Hari na Casey Redmon, Umujyanama wihariye wa Perezida Joe Biden, akaba n’Umuyobozi mukuru ushinzwe Amategeko n’Inama Nkuru y’Umutekano mu biro bya Perezida wa Amerika (The White House). Harimo kandi na Monde Muyangwa, Umuyobozi wungirije mu Biro bishinzwe Afurika no mu Kigo cy

Rubavu: Imiryango yasenyewe n'ibiza yashyikirijwe inzu zo guturamo

Imiryango 69 yo mu Karere ka Rubavu yari yaragizweho ingaruka n’ibiza byibasiye aka Karere muri Gicurasi mu 2023 yashyikirijwe inzu zo guturamo ziri ahadashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga, n’indi isigaye yizezwa gufashwa. Inzu zahawe aba baturage zubatswe na Leta ifatanyije n’abaturage, aho uwubakiwe yagombaga kwerekana ikibanza, amabuye n’amatafari, Leta nayo ikazana ibisigaye byose kugira ngo inzu yubakwe. Inzu zubatswe zifite ibyumba bitatu, uruganiriro, ubwiherero, ubwogero n’igikoni byo hanze hakiyongeraho umuriro w’amashanyarazi. Bamwe mu baturage bahawe izi nzu, bashimira Leta yabageneye ubu bufasha kuko bwabakuye mu buzima bushaririye bari bamazemo iminsi yo kutagira amacumbi ndetse n’ibindi byabo byinshi byatikiriyemo harimo n’ubuzima bw’ababo. Dusabimana Esther ni umwe muri bo, yagize ati "Sebeya yaruzuye iransenyera haba aho nari ntuye n’inzu nakodeshaga tujyanwa mu nkambi. Kuva icyo gihe kubyakira byarangoye kuko numvaga ntabona ubushobozi bwo kongera kuzamura inz

Hasohotse itangazo rigaragaza uko abanyeshuri biga baba mu bigo bazasubira ku ishuri

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri NESA cyatangaje ingengabihe y’uburyo abanyeshuri biga bacumbikiwe ku bigo by’amashuri, bazasubirayo mu gihembwe cya gatatu. Abanyeshuri bazatangira gusubira kwishuri guhera tariki 15 Mata 2024 azaba arı kuwa mbere.

Nyanza: RIB yataye muri yombi ukekwaho guha umukozi wayo ruswa

Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwataye muri yombi umugabo witwa Ndizeye Vedaste ukekwaho guha ruswa y’ibihumbi 200 Frw, umuyobozi wa RIB mu karere ka Nyanza Ku wa 05 Mata 2024 nibwo urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Ndizeye Vedaste usanzwe uyobora kompanyi icukura amabuye y’agaciro yitwa Competitive Mining Ltd. UMUSEKE dukesha iyi nkuru wamenye amakuru ko uriya mugabo bikekwa ko yatanze amafaranga ibihumbi maganabiri (200,000frws) ayaha umuyobozi wa RIB mu karere ka Nyanza witwa Harerimana Jean Marie Vianney. Uyu mugabo ajya gutabwa muri yombi bikekwa ko ayo mafaranga yayohereje kuri telefone njyendanwa y’uyobora RIB mu karere ka Nyanza. Yashakaga ko bamufasha ngo barekure abaherutse gutabwa muri yombi bakekwaho gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Abakoranaga n’uwafashwe babwiye UMUSEKE ko Ndizeye yanashakaga gufashwa guhabwa amabuye y’agaciro yafatiriwe. Kompanyi iyoborwa na Ndizeye isanzwe ikorera ubucukuzi bw’amabuye y’agac

Umuramyi Gaby Kamanzi yateguje abakunzi be igitaramo kidasanzwe

Umuramyi Gaby Irene Kamanzi uheruka gukora igitaramo kera cyane, yasabye abakunzi b'umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana kwitegura igitaramo cye bwite kizaba muri uyu mwaka wa 2024. Gaby Kamanzi afite album imwe gusa yitwa "Ungirira Neza" ifite indirimbo 11 arangamiye gukora cyane akazagera kuri Album zirenga 9. Indirimbo ye afata nk'iy'ibihe byose, ni "Amahoro" ari nayo yamufunguriye amarembo y'ubwamamare mu Rwanda no mu Karere.  Yamamaye kandi mu ndirimbo "Wowe", "Neema ya Gorigota" "Arankunda" n'izindi nyinshi zomoye/zomora imitima ya benshi ndetse zinamuhesha ibikombe bikomeye birimo Salax Award, Groove Awards, Sifa Reward n'ibindi byinshi birimo n'ibitangirwa hanze y'u Rwanda. Uyu muramyi afatwa nk'ishyinga ry'inyuma mu muziki wa Gospel mu Rwanda dore ko hari n'umukozi w'Imana wamwise 'Miss Gospel' mu gusobanura ko ari we muhanzikazi wa mbere mu Rwanda. Ijwi rye ryiza, ubutum

Menya uko wakwikorera umuti uvura kurangiza vuba ukoresheje Watermelon

Abagabo benshi bifuza kwitwara neza mu gihe cy’akabariro usanga birukira gukoresha ibinini n’imiti itanduka imyinshi muri yo itanafite ubuziranenge ariko ugasanga batitaye ku ngaruka yabateza. Iyi nkuru irakugezaho uko wakwikorera viagara y’umwimerere wifashishije watermelon. Watermelon ni urububuto rwuzuye intungamubiri nyinshi umubiri ukenera harimo na vitamin C. Gusa uru rubuto rurimo ikinyabutabire kizwi nka Citrulline. Citrulline ni acide yo mu bwoko bwa Amino Acid ikaba ifasha cyane mu gutuma igi**na cy’umugabo gifata umurego. Uribaza uti bigenda gute ? Umuti uzwi cyane nka Viagra usanzwe ukoreshwa muri ubu buryo ukaba utuma amaraso menshi atemba agana mu gi**na cy’umugabo ari byo bituma gihaguruka kigahagarara mu gihe agize ibyiyumviro by’akabariro. Ubushakashatsi bwibanze bwakozwe bwerekanye ko iyo citrulline twavuze haruguru igeze mu mubiri, umubiri uyihinduramo indi amino acid izwi nka arginine nayo ikaza guhindurwamo nitric oxide. Iyi Nitric Oxide ni yo ifungura imijyana y’a

Muhanga: Baratabariza Gitifu ukorera mu biro bivirwa, imvura yagwa akajya kugama mu baturage

Bamwe mu baturage bagana Akagari ka Remera mu Murenge wa Nyamabuye, Akarere ka Muhanga baratabariza Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’ako Kagari ujya kugama mu baturanye n’ibiro bye iyo imvura iguye. Bavuga ko bibabaje kubona Akagari ko mu mujyi kava bigatuma abagakoreramo n’abakagana bajya kugama ahandi mu gihe imvura iguye, banatinya ko igisenge cyaboze kubera imvura cyabagwira. Mu kiganiro aba baturage bahaye Imvaho Nshya bavuga ko nkuko Umujyi wa Muhanga utera imbere udakwiye kugira Ibiro by’Akagari cyangwa iby’Umurenge byateza akaga abahakorera. Gatete Jean Marie Vianney avuga ko imvura iherutse kumufata agiye kwivuza ku ivuriro ry’ingoboka rya Remera ariko byari kurutwa no kugenda ikamunyagira. Yagize ati: “Mperutse kuhagera ngiye kwivuza ku ivuriro ry’Ingoboka rya Remera imvura iragwa njya kuhugama birangira mpanyagiriwe kuruta uko naribunyagirwe igihe nari kuyigendamo kuko harava na Gitifu uhayobora akagenda yarabimbwiye ndinangira iranyagira.” Mukamwiza Jeanne avuga ko aherutse

Kayumba Innocent wari Umuyobozi wa Gereza ya Rubavu yakatiwe n'urukiko kubera impfu z'abagororwa

Urukiko rwisumbuye rwa Rubavu, rwaraye ruhanishije Innocent Kayumba wahoze ari umuyobozi wa gereza ya Rubavu igifungo cy’imyaka 15 kubera uruhare rwamuhamije mu mpfu z’imfungwa zabereye muri iyi gereza ndetse na bamwe mu bari bafungiye muri iyi gereza, bahanwe kubera kugira uruhare mu mpfu za bagenzi babo. Bamwe mu bahanwe ni nka Emmanuel Byinshi wahawe igihano cyo hejuru cy’imyaka 25 ndetse agategekwa no kwishyura ihazabu ku miryango yabuze ababo. Uretse aba bahamijwe ibyaha kandi, Urukiko rwanagize umwere Ephrem Gahungu wasimbuye Kayumba ku buyobozi bwa gereza ya Rubavu, kimwe na Augustin Uwayezu wari umwungirije. Ku wa Gatanu tariki 5 Mata 2024, ahagana saa kumi n’igice z’umugoroba (16h30), ni bwo urukiko rwinjiye mu cyumba cyasomewemo uru rubanza rwari rutegerejwe cyane. Umucamanza yatangaje ko Innocent Kayumba ahamwa n’icyaha cyo gukubita byavuyemo urupfu rwa Jean Marie Vianney Nzeyimana wapfuye nyuma yo gukubitwa cyane azira kwiba ikiringiti cya mugenzi we. Urukiko rwamuhanishije

RIP Dushimimana! Umusore w'i Gicumbi yajyanye na mugenzi we muri resitora barya akanyama ariko birangira kamunize

Umusore witwa Dushimimana Vincent wo mu Mudugudu wa Rwasama, Akagari ka Gacurabwenge mu Murenge wa Byumba, Akarere ka Gicumbi, yamize inyama iramuniga bimuviramo gupfa. Uyu musore w’imyaka 22, ngo mu ma saa sita z’amanywa yo ku wa Gatanu tariki 5 Mata 2024, ari kumwe n’undi musore mugenzi we, bagiye gufatira amafunguro muri resitora iri muri ako gace icuruza n’inyama z’umutwe w’inka, batumiza izo kurya, mu kuyikanja arayimira iramuniga imuheza umwuka, bagerageza kumufasha ngo bayimukure mu muhogo yari yahagamyemo, ariko biba iby’ubusa ahita apfa. Hakuzimana Jean Marie Vanney, Umuyobozi w’Umudugudu wa Rwasama ibi byabereyemo, akaba ari no mu bahageze nyuma yo guhuruzwa n’abaturage bikimara kuba, yagize ati: “Uwo musore yari hamwe na mugenzi we. Iyo resitora bariragamo, isanzwe iteka amafunguro aciriritse hiyongereyeho n’inyama. Buri wese rero yatumije inyama ye yo kurya, mu kuyikanja imera nk’imunize atangira guhera umwuka, abari hafi aho bagerageza kumufasha ngo barebe ko ayigarura, nt

Nyarugenge: Abagabo baratabaza kubera inkoni bakubitwa n'abo bashakanye

Bamwe mu bagabo bo mu Murenge wa Mageragere mu Karere ka Nyarugenge, barataka ihohoterwa bakorerwa ririmo ibitutsi no gukubitwa n'abagore bashakanye bitwaje ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye, ibyo babona ko bidakwiye muri iki kinyejana. Abaganiriye na Bplus TV, bavuze ko abafasha babo bashakanye babaraza ku nkeke bababwira ko nta jambo bagifite mu ngo zabo ahubwo ko ari bo barisigaranye none bikaba bigira ingaruka ku bana babo babyaranye nyuma yuko hari abahisemo gutorongera bagahunga ingo zabo mu rwego rwo guhosha amakimbirane. Umugabo utifuje ko imyirondoro ye bijya mu itangazamakuru ati" Umugore nishakiye andaza ku nkeke antuka, ancunaguza navuga akanyuka inabi ngo ntagaciro kanjye ndetse ko ntan'ijambo nkigira mu rugo rwanjye". Undi nawe ati" Amakimbirane yacu agaruka ku bana twabyaye kuko usanga nabo banduye imico mibi bakanaba mu buzima butari bwiza kuko icyakabatunze tukirwaniramo bigatuma ntaterambere tugeraho". Si aba bagabo gusa bavuga iki kibazo

Umuhanzi Cyusa Ibrahim yashyize hanze indirimo yo kwibuka

Mu gihe u Rwanda n’inshuti z’u Rwanda zitegura kwinjira mu cyumweru cy’icyunamo n’iminsi 100 yo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, umuhanzi Cyusa Ibrahim yasohoye indirimbo yo kwibuka. Cyusa Ibrahim usanzwe uririmba mu Njyana Gakondo, yashyize hanze indirimbo yo Kwibuka yise ’Amateka’, ni mu gihe ku Cyumweru tariki ya 7 Mata ari bwo hazatangira icyumweru cyo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi. Ni indirimbo yakoreye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kamonyi akaba ari na ho na we yarokokeye. Ni indirimbo yumvikanamo amateka y’ibyabaye mu rwego rwo gufasha n’abakiri bato kumenya amateka yo u Rwanda rwanyuzemo hato atazavaho yibagirana. Muri iyi ndirimbo yagaragajemo uburyo u Rwanda rwiyubatse nyuma y’ibihe bikomeye rwanyuzemo, ubu umutekano akaba ari wose. Yasabye kandi Abarokotse gukora cyane bakiteza imbere kuko ari bwo bazaba batsinze uwashakaga kubavutsa ubuzima bazira uko bavutse. Yabwiye urubyiruko n’abanyarwanda bose muri rusange kwirinda Ingengabitekerez

RIB yataye muri yombi umuyobozi wa STT ivugwaho gucucura Abanyarwanda utwabo

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwataye muri yombi Uwimana Jean Marie Vianney, wari umuyobozi wa Super Free to Trade (STT) ikora mu buryo butemewe ubucuruzi bw’amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga. Amakuru yizewe IGIHE ifite ni uko Uwimana Jean Marie Vianney w’imyaka 44 yatawe muri yombi ku wa 3 Mata mu 2024. Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry yavuze ko “uyu mugabo akurikiranyweho icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya aho afite ikigo kimwanditseho cyitwa Super Free to Trade (STT) ikora ubucuruzi bw’amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga.” Amakuru twahawe na bamwe bacucuwe amafaranga, bavuga ko STT yatangiye gukorera mu Rwanda muri Mutarama 2024. Mu mikorere ya Super Free to Trade (STT) isaba abantu gushora amafaranga atandukanye ibizeza guhabwa inyungu hanyuma bikarangira ntayo bahawe. Kugira ngo ukorane n’iki kigo bisaba kuba warashyize application yacyo muri telephone. STT ifite uburyo bukoreshwa kugira ngo ukorane nayo ukabona inyungu ngo bitewe n’u

Umukinnyi wa Filime, Breezy yaciye amarenga yo kuba mu rukundo hamwe na Nadine ukina muri The Hero ya Nyaxo [AMAFOTO]

Umuhanzi akaba n'umukinnyi wa Film, Breezy wamamaye muri Film Depression ya Zaba na Lynda, yaciye amarenga yo kuba mu rukundo n’umukinnyikazi wa Film Nadine  usanzwe ukina muri Film The Hero ya Nyaxo.

Nyamagabe: Umugabo witwa Nkunzurwanda arahigwa bukware nyuma yo gukekwaho kwiyicira umwana yabyaranye n'undi mugore

Uwitwa Razaro Nkunzurwanda wo mu Mudugudu wa Rebero uherereye mu Kagari ka Murambi mu Murenge wa Kaduha mu Karere ka Nyamagabe, arimo gushakishwa n’inzego z’umutekano, akekwaho kuba yarishe umwana yabyaranye n’umugore utari uw’isezerano. Nk’uko bivugwa n’umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, ku wa Gatatu tariki 3 Mata 2024, Nkunzurwanda yagiye iwabo wa Niyonsenga, ari we nyina wa nyakwigendera, bararwana. Niyonsenga yaje gucika Nkunzurwanda, ariko amusigira umwana wabo witwaga Uwizeyimana Nayisi, wari ufite amezi 11. Wa mwana baje kumushaka baramubura, bashakisha na wa mugabo baramubura, banamuhamagaye kuri telephone arababeshya. SP Habiyaremye ati “Bukeye bwaho ni bwo haje kugaragara umurambo w’umwana mu murima w’umuturanyi wabo, bikekwa ko nyine yaba yishwe n’uriya mugabo.” Umurambo w’umwana ukimara kuboneka wajyanywe ku bitaro bya Kaduha kugira ngo upimwe, na ho nyiri gukekwa kumwica na n’ubu aracyashakishwa kugira ngo ashyikirizwe ubutabera. Ku bijyanye

Menya ibyo abagore banga ku gutera akabariro ariko bakanga kubibwira abagabo

Abagore n’abakobwa hari ibintu byinshi usanga batekereza ku bijyanye n’imibonano mpuzabitsinda. Ibyinshi muri byo ni ibibabangamira ariko bagakunda kuryumaho ntibabivuge kubera impamvu zinyuranye zirimo kwanga ko umugabo bari kumwe amufata nk’umuntu mubi ndetse n’isoni. Ibi ni byo abagore bahuriraho banga ku bijyanye n’imibonano mpuzabitsina gusa bagatinya kubivuga: 1.  Gukora ibintu uko wabibonye ntiwite ku bishimisha uwo muri kumwe : Mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina usanga hari abita ku kubikora bitewe n’uko babibonye muri amwe mu mafirime. Ntibite ku gushimisha uwo bari kumwe. Abagore rero nk’uko ubushakashatsi bwabigaragaje babangamirwa n’iki gikorwa ariko mu buryo bwo kwirinda kurakaza uwo bari kumwe akanga kubivuga. Ni ngombwa ko abagabo babimenya kugira ngo babyirinde. 2.  Gukora imibonano mpuzabitsina umwanya munini:  Abagore bishimira gukora imibonano mpuzabitsina kimwe n’abagabo. Ariko gukora imibonano igihe kiringaniye bakabikunda kurushaho. Gukora imibonano mpuzabitsina ig

Abahanzi Chriss Eazy na Shaffy bari mu byishimo nyuma y'uko indirimo bakoranye iciye agahigo ku rubuga rwa YouTube

Abanyamuziki Shaffy ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse na Chriss Eazy ubarizwa mu Rwanda, bari mu byishimo bikomeye nyuma y’uko indirimbo bakoranye bise ‘Bana’ yujuje Miliyoni 10 ibafasha kujya ku rutonde rw’abahanzi bamaze guca aka gahigo. Ni ibintu bagezeho mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 4 Mata 2024, nyuma y’amezi arindwi ashize iyi ndirimbo bayishyize hanze ku mbuga zitandukanye zicururizwaho umuziki. Yarakunzwe cyane mu buryo bukomeye, iracengera ahanini binyuze ku bantu bayirebaga ku muyoboro wa Youtube wa Shaffy. Iyi ndirimbo yakozwe mu buryo bw’amajwi na Producer Element yagiye hanze ku wa 26 Ukwakira 2023, bivuze ko nta mwaka urashira aba bahanzi bombi bahuje imbaraga. Yanditswe kandi igirwamo uruhare n’abarimo Shaffy, Chriss Eazy, Element, Junior Giti, Dylan Kabaka, ndetse na Christopher Yarakunzwe mu buryo bukomeye, icurangwa cyane mu bitangazamakuru, ibirori nk’ubukwe ifasha benshi kwizihiza, bigeze mu busabane bw’abantu biba ibindi bindi. Ni indirimbo y

Izamuka ry'igiciro cy'inyama kuri Goma rikomeje kuvugisha abatari bake

Kuzamuka gakabije kw’igiciro cy’inyama mu Mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ni kimwe mu bakomeje kuvugisha abaturage bo muri iki Gihugu, kuko ikilo cyavuye ku madolari atatu agera ku madolari arindwi (asaga 9000 Frw). Radio Okapi yatangaje ko iki kibazo cyatangiye kugaragara mu minsi mike ishize ahanini biturutse ku ntambara ya M23 iri mu Burasirazuba bw’iki Gihugu. Iki kinyamakuru kivuga ko inka zibagwa i Goma ziba zaturutse mu nzuri ziri Mushaki na Ngungu, ariko uyu munsi ntizibasha kujyanwa muri uyu Mujyi kubera intambara. Kugeza ubu uburyo ababazi b’i Goma bari gukoresha ni ukugenda inzu ku yindi babaza niba nta nka yo kubaga ihari, ari nabyo byabaye intandaro yo kubura kw’inyama.

King James arashinjwa kwambura umuvugabutumwa wamuhaye akayabo ngo bashinge uruganda rwa kawunga

Umuvugabutumwa witwa Blaise Ntezimana yareze umuhanzi King James kumwambura ibihumbi 30$ avuga ko yamugurije mu rwego rwo gushinga uruganda rukora Akawunga. Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X saa sita z’ijoro,kuri uyu wa Gatanu tariki 5 Mata 2024, Pasiteri Blaise yavuze ko mu mwaka wa 2021 yahaye amafaranga King James angana n’amadorali ibihumbi 30 [Miliyoni 38, 660, 100 Frw] kugirango bakorane ubucuruzi ‘Business’. Ni ‘Business’ yari ishingiye ku gukora no gutunganya ubufu bwa Kawunga. Pasiteri Blaise yavuze ko ibyo yumvikanye n’uyu muhanzi ‘ntiyabyubahirije’. Kandi ko n’amafaranga yari yamuhaye atigeze ayamusubiza. Uyu mugabo yavuze ko aya mafaranga yayoherereje King James wamamaye mu ndirimbo zinyuranye yifashishije Banki yo mu gihugu cya Suède aho asanzwe atuye. Kuva icyo gihe, uyu mugabo yatangiye inzira zo kwishyura ideni rya Banki yafashe, ndetse yongereho n’inyungu asabwa na Banki cyane ko uyu muhanzi yanze kumwishyura. Nyuma yo kubona ko atabashije kumvikana na King James, y

Umubyeyi w'abana 8 aratabaza nyuma yo guhora asembera

Nyirambarushimana Alexiane ni umubyeyi w’abana umunani ,utuye mu Mudugudu wa Muramba,Akagari ka Kamanyenga, Umurenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi, avuga ko asembera kandi yarijejwe amabati ariko ntiyayahabwa. Uyu mubyeyi yabwiye UMUSEKE ko yari asanzwe aba munzu yenda kumugwaho . Muri Kamena 2023,ubuyobozi bw’Akagari bwaje kumusaba ko ashaka igikanka cy’inzu ngo ahabwe amabati. Ati”Nari nsanzwe mba mu nzu igiye kungwaho mu kwezi kwa munani umwaka ushize, ubuyobozi bw’Akagari bunsaba kubaka igikanka ngo nzahabwe amabati”. Uyu mubyeyi yakomeje avuga ko abaturanyi bamufashije uko bashoboye bamuha ibiti ashinga inzu, imaze kuboneka agiye kubaza ibyo guhabwa amabati abwirwa ko nta bufasha yagenewe, asabwa kujya gusakaza ibyatsi. Ati”Abaturanyi baramfasha kiraboneka, ngiye kubaza bambwira ngo nta bufasha bwanjye buhari ngo ninjye kugishyiraho ibyatsi“. Uyu mubyeyi yakomeje avuga ko hari abaturage b’abagiraneza babonye iyo nzu ye ibiti imvura iri kubigwaho bikabora, bamuha amabati atanu,aras