Skip to main content

Muhanga: Baratabariza Gitifu ukorera mu biro bivirwa, imvura yagwa akajya kugama mu baturage



Bamwe mu baturage bagana Akagari ka Remera mu Murenge wa Nyamabuye, Akarere ka Muhanga baratabariza Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’ako Kagari ujya kugama mu baturanye n’ibiro bye iyo imvura iguye.


Bavuga ko bibabaje kubona Akagari ko mu mujyi kava bigatuma abagakoreramo n’abakagana bajya kugama ahandi mu gihe imvura iguye, banatinya ko igisenge cyaboze kubera imvura cyabagwira.


Mu kiganiro aba baturage bahaye Imvaho Nshya bavuga ko nkuko Umujyi wa Muhanga utera imbere udakwiye kugira Ibiro by’Akagari cyangwa iby’Umurenge byateza akaga abahakorera.


Gatete Jean Marie Vianney avuga ko imvura iherutse kumufata agiye kwivuza ku ivuriro ry’ingoboka rya Remera ariko byari kurutwa no kugenda ikamunyagira.


Yagize ati: “Mperutse kuhagera ngiye kwivuza ku ivuriro ry’Ingoboka rya Remera imvura iragwa njya kuhugama birangira mpanyagiriwe kuruta uko naribunyagirwe igihe nari kuyigendamo kuko harava na Gitifu uhayobora akagenda yarabimbwiye ndinangira iranyagira.”


Mukamwiza Jeanne avuga ko aherutse kujya gusaba serivisi ahageze imvura iguye abona Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ayabangiye ingata bajya kugama mu baturanyi.


Yagize ati: “Nagiye gusaba ko banyongerera umwana ku cyiciro ariko mpageze imvura iragwa mbona Gitifu aragiye n’imashini ye ajya ku musaza utuye hafi y’Akagali arampamagara twugamanayo mbona ko bimugoye cyane.”


Mugiraneza Rosine avuga ko ubuyobozi bw’Akarere bukwiye guhindura igisenge cy’aka Kagari kuko kahoze ari Segiteri ya Mushubati mu gihe cy’amakomini ikaba ishaje kubera imyaka myinshi imaze yubatswe.


Yagize ati: “Turasaba abayobozi bacu ko bahindura igisenge cy’amategura gisakajwe aka Kagari bivugwa ko kahoze ari Segiteri ya kera mu gihe cy’Amakomini, kuko kirashaje n’iyo urebye ubona bigaragara rwose.”


Abaturanyi bavuga ko abakorera muri aka Kagari bagorwa cyane mu gihe cy’imvura ariko niba Akarere nta bushobozi bwo kugasana bafite batubwire natwe dutange umusanzu wacu.


Umwe muri bo yagize ati: “Aka Kagari gatuwe n’abantu benshi harimo abifite ndetse n’abatifite ariko nta wabura amafaranga igihumbi kimwe ku buryo tutabyikorera; ariko se twabyibwiriza tukabikora?”


Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline, aherutse kubwira itangazamakuru ko gahunda yo kuvugurura Utugari tumeze nabi idateganyijwe vuba kuko Akarere kabanje kubaka ibiro by’Umurenge wa Nyamabuye ndetse no kuvugurura Umurenge wa Nyarusange.


Yagize ati: “Hari ibyari biteganyijwe twakoze birimo kubaka ibiro by’Umurenge wa Nyamabuye bigezweho ndetse no kuvugurura ibiro by’Umurenge wa Nyarusange ariko no mu bihe bitandukanye hari Utugari twagiye tuvugururwa ariko nta yindi gahunda iteganyijwe vuba yo kuvugurura utundi kuko nta bushobozi dufite bwo kubikora vuba.”


Muri aka Karere hari Utugari 63 gusa harimo tumwe na tumwe twangiritse ndetse n’ututagira inyubako zatwo bwite usanga dukorera mu biro by’Imirenge tubarizwamo,  nk’Akagari ka Ruli gakorera mu nyubako y’Umurenge wa Shyogwe.


Inkuru ya IMVAHONSHYA

Comments

INKURU ZIKUNZWE

Umuhanzi Ish Kevin na Producer Olivier mu basangiraga ibyibano n'abasore bashikuzaga abantu amatelefone

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye abasore batandatu bibaga abaturage n’amaduka (Supermarket) bakanashikuza abahisi n’abagenzi telefone mu nzira zitandukanye babaga banyuzemo. Ahagana Saa Sita z’amanywa yo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 2 Mata 2024, nibwo RIB yeretse itangazamakuru iri tsinda ry’aba basore uko ari batandatu ibashinja ko bibaga abaturage. RIB yavuze ko aba basore barimo bane bari abakanishi ndetse itsinda ryabo ryibaga imodoka abantu babaga bazisize ku muhanda. Izi modoka bibye ngo bazihinduranyaga plaque kugira ngo badatahurwa. RIB ivuga ko aba basore banajyaga kuri station za lisansi zitandukanye bagashyirirwamo lisansi bagahita bagenda batishyuye ndetse banajyaga muri supermarket bagatwara inzoga zihenze bagahita bigendera batazishyuye. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry, yabwiye itangazamakuru ko yatunguwe n’uburyo yasanze hari abahanzi barimo Ish Kevin basangiraga n’aba bajura inzoga bibye. Ati “Muri bya bindi babaga bibye bajyaga kuryoshya y’amafaranga bib

RURA yamuritse ibiciro bushya by'ingendo mu Rwanda

  Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwashyize hanze ibiciro bishya by’ingendo hirya no hino mu gihugu, nyuma y’uko Guverinoma itangaje ko yakiyeho nkunganire yajyaga itangwa kugira ngo umugenzi agende ku giciro gito. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Werurwe, nibwo Guverinoma yatangaje ko iyo nkunganire iri hagati ya 40% na 5) ikuweho, bivuze ko umugenzi ari we uzajya yiyishyurira igiciro cyose cy’urugendo. Ibiciro bishya RURA yashyize hanze biri hejuru ugereranyije n’ibyo umugenzi yari asanzwe yiyishyurira, aho nko kuva mu mujyi wa rwagati ugera i Nyamirambo ahazwi nko Kuryanyuma, igiciro gishya ari 243 Frw, mu gihe kuva mu mujyi rwagati ugera Kuryanyuma uciye Nyabugogo, igiciro gishya ari 307. Kuva Nyabugogo ugana mu mujyi rwagati, igiciro cyabaye 205 Frw, kuva Kimironko ugana mu mujyi rwagati igiciro cyabaye 355 Frw, mu mujyi rwagati ugana Kacyiru ni 371 Frw, kuva mu mujyi ujya i Kinyinya ni 402 Frw naho kuva i Kabuga ujya Kimironko ni 420 Frw. Kuva mu mujyi rwagati ugana i B

Sobanukirwa akamaro ko kurya igisheke n'uko cyagufasha mu gukora imibonano mpuzabitsina

Ibisheke ni ibiribwa bidakunze guhabwa agaciro, nyamara biraryoha kandi byuzuyemo intungamubiri zagenewe gufasha umubiri gukora neza, bikarinda n’indwara zimwe na zimwe. Ibisheke kandi bifasha mu mibonano mpuzabitsina, kurinda kanseri zimwe na zimwe, ndetse no gusohora imyanda mu mubiri. Abahanga basobanukiwe n’imikorere y’igisheke mu mubiri wa muntu, bavuga ko ibisheke bikoreshwa gake ukurikije uko byagakwiye gukoreshwa. Benshi bavuga ko ibisheke bigenewe abakene. Kandi koko usanga bikoreshwa na bamwe bitwa ko bacirirtse, cyangwa ba bandi batuye mu byaro ahahingwa ibisheke, nyamara ntawe bigenewe ni ibya buri wese. Igisheke kibonekamo intungamubiri zitandukanye zirimo isukari, umwunyungugu wa potasiyumu, umwunyungugu wa karisiyumu, umwunyungugu wa manyeziyumu n’umwunyungugu wa zinc. Uretse kuba ibisheke bifite isukari y’umwimerere, binatuma uruhu rusa neza rukanatoha ntirukushuke. Mu gisheke kandi harimo ubutare bwa fer, vitamin B1, B2 n’izindi. Igisheke gikungahaye ku isukari y’umwim

Hasohotse itangazo rigaragaza uko abanyeshuri biga baba mu bigo bazasubira ku ishuri

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri NESA cyatangaje ingengabihe y’uburyo abanyeshuri biga bacumbikiwe ku bigo by’amashuri, bazasubirayo mu gihembwe cya gatatu. Abanyeshuri bazatangira gusubira kwishuri guhera tariki 15 Mata 2024 azaba arı kuwa mbere.

Dore ibyo kurya umugore cyangwa umukobwa wese yarya bikamufasha gukuza amabuno n'amabere

Ubushakashatsi bwagaragaje ko burya amabere y’umuntu uwo ariwe wese aba atangana. Bwagaragaje ko ibere ry’ibumoso ariryo rinini kurenza iry’iburyo. Ndetse ubushakashatsi bwagaragaje indyo zitandukanye ushobora kurya kenshi zikaba zagufasha kongera amabere. Amata  : Amabere yawe yose agizwe n’ibinure kandi kurya ibikomoka ku mata bikungahaye ku binure bishobora kongera ubunini bw’amabere yawe. Ipapayi:  ipapayi nayo yagufasha kuko ikungahaye ku ntunga mubiri zifasha umubiri kurambuka. Imbuto z’ibihaza (Imbuto z’amadegede) :  izi zo uraziswa ukajya uminjira ifu yazo mu biryo buri munsi. Soya :  soya nazo zikungahaye ku ntungamubiri nyinshi zifasha umubiri mu gukuza ibice byawo. Si ibyo gusa kuko zo zigufasha no kwirinda kuba warwara kanseri yo mu mabere.