Bamwe mu baturage bagana Akagari ka Remera mu Murenge wa Nyamabuye, Akarere ka Muhanga baratabariza Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’ako Kagari ujya kugama mu baturanye n’ibiro bye iyo imvura iguye.
Bavuga ko bibabaje kubona Akagari ko mu mujyi kava bigatuma abagakoreramo n’abakagana bajya kugama ahandi mu gihe imvura iguye, banatinya ko igisenge cyaboze kubera imvura cyabagwira.
Mu kiganiro aba baturage bahaye Imvaho Nshya bavuga ko nkuko Umujyi wa Muhanga utera imbere udakwiye kugira Ibiro by’Akagari cyangwa iby’Umurenge byateza akaga abahakorera.
Gatete Jean Marie Vianney avuga ko imvura iherutse kumufata agiye kwivuza ku ivuriro ry’ingoboka rya Remera ariko byari kurutwa no kugenda ikamunyagira.
Yagize ati: “Mperutse kuhagera ngiye kwivuza ku ivuriro ry’Ingoboka rya Remera imvura iragwa njya kuhugama birangira mpanyagiriwe kuruta uko naribunyagirwe igihe nari kuyigendamo kuko harava na Gitifu uhayobora akagenda yarabimbwiye ndinangira iranyagira.”
Mukamwiza Jeanne avuga ko aherutse kujya gusaba serivisi ahageze imvura iguye abona Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ayabangiye ingata bajya kugama mu baturanyi.
Yagize ati: “Nagiye gusaba ko banyongerera umwana ku cyiciro ariko mpageze imvura iragwa mbona Gitifu aragiye n’imashini ye ajya ku musaza utuye hafi y’Akagali arampamagara twugamanayo mbona ko bimugoye cyane.”
Mugiraneza Rosine avuga ko ubuyobozi bw’Akarere bukwiye guhindura igisenge cy’aka Kagari kuko kahoze ari Segiteri ya Mushubati mu gihe cy’amakomini ikaba ishaje kubera imyaka myinshi imaze yubatswe.
Yagize ati: “Turasaba abayobozi bacu ko bahindura igisenge cy’amategura gisakajwe aka Kagari bivugwa ko kahoze ari Segiteri ya kera mu gihe cy’Amakomini, kuko kirashaje n’iyo urebye ubona bigaragara rwose.”
Abaturanyi bavuga ko abakorera muri aka Kagari bagorwa cyane mu gihe cy’imvura ariko niba Akarere nta bushobozi bwo kugasana bafite batubwire natwe dutange umusanzu wacu.
Umwe muri bo yagize ati: “Aka Kagari gatuwe n’abantu benshi harimo abifite ndetse n’abatifite ariko nta wabura amafaranga igihumbi kimwe ku buryo tutabyikorera; ariko se twabyibwiriza tukabikora?”
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline, aherutse kubwira itangazamakuru ko gahunda yo kuvugurura Utugari tumeze nabi idateganyijwe vuba kuko Akarere kabanje kubaka ibiro by’Umurenge wa Nyamabuye ndetse no kuvugurura Umurenge wa Nyarusange.
Yagize ati: “Hari ibyari biteganyijwe twakoze birimo kubaka ibiro by’Umurenge wa Nyamabuye bigezweho ndetse no kuvugurura ibiro by’Umurenge wa Nyarusange ariko no mu bihe bitandukanye hari Utugari twagiye tuvugururwa ariko nta yindi gahunda iteganyijwe vuba yo kuvugurura utundi kuko nta bushobozi dufite bwo kubikora vuba.”
Muri aka Karere hari Utugari 63 gusa harimo tumwe na tumwe twangiritse ndetse n’ututagira inyubako zatwo bwite usanga dukorera mu biro by’Imirenge tubarizwamo, nk’Akagari ka Ruli gakorera mu nyubako y’Umurenge wa Shyogwe.
Inkuru ya IMVAHONSHYA
Comments
Post a Comment