Umuramyi Gaby Irene Kamanzi uheruka gukora igitaramo kera cyane, yasabye abakunzi b'umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana kwitegura igitaramo cye bwite kizaba muri uyu mwaka wa 2024.
Gaby Kamanzi afite album imwe gusa yitwa "Ungirira Neza" ifite indirimbo 11 arangamiye gukora cyane akazagera kuri Album zirenga 9. Indirimbo ye afata nk'iy'ibihe byose, ni "Amahoro" ari nayo yamufunguriye amarembo y'ubwamamare mu Rwanda no mu Karere.
Yamamaye kandi mu ndirimbo "Wowe", "Neema ya Gorigota" "Arankunda" n'izindi nyinshi zomoye/zomora imitima ya benshi ndetse zinamuhesha ibikombe bikomeye birimo Salax Award, Groove Awards, Sifa Reward n'ibindi byinshi birimo n'ibitangirwa hanze y'u Rwanda.
Uyu muramyi afatwa nk'ishyinga ry'inyuma mu muziki wa Gospel mu Rwanda dore ko hari n'umukozi w'Imana wamwise 'Miss Gospel' mu gusobanura ko ari we muhanzikazi wa mbere mu Rwanda. Ijwi rye ryiza, ubutumwa bwururutsa imitima n'ubuhamya bwe bwiza biri mu bituma ahorana igikundiro mu bakunzi b'umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana.
Source: Inyarwanda
Comments
Post a Comment