Skip to main content

Abakoresha urubuga rwa X bamaganye imvugo ya Anthony Blinken ipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi



Abanyarwanda n’abandi bakoresha urubuga rwa X bamaganye imvugo ya Antony Blinken usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta zunze Ubumwe ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, ipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.


Tariki ya 7 Mata mu Rwanda ndetse ni ku Isi yose hatangira iminsi 100 yo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, igahitana Abatutsi barenga miliyoni imwe.


Ibi byemejwe tariki 26 Mutarama 2018, ubwo inama rusange y’Umuryango w’Abibumbye, UN, yafataga icyemezo cy’uko tariki 7 Mata, ubaye “Umunsi mpuzamahanga wahariwe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.”


Ibi byaje bisanga ubwo tariki 30 Mutarama 2014, akanama k’umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano ku isi kafataga umwanzuro kemeza ku mugaragaro ko izina rigomba gukoreshwa ku isi yose ari ‘Jenoside yakorewe Abatutsi.”


Gusa nubwo imyaka ishize ari 30, hari bamwe mu banyepolitike bo mu Isi na n’ubu bagipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, bakoresheje imvugo babivugamo.


Antony Blinken usanzwe ari Umunyambanga wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, ni umwe muri abo Banyepolitike wabaswe n’ingengabiterezo ndetse no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.


Mu butumwa yanditse kuri X, ku wa 7 Mata 2024, uyu Blinken yanditse ko Amerika yifatanyije n’abanyarwanda mu kwibuka ku nshuro ya 30 abazize Jenoside.


Blinken avuga ko “Hibukwa ibihumbi by’Abatutsi, Abahutu, Abatwa n’abandi babuze ubuzima mu minsi 100”.


Ni imvugo yamaganiwe kure n’abakoresha urubuga rwa X aho bamunenze ku mvugo nk’iyo akoresha, mu gihe Isi yose yemera ko habayeho Jenoside imwe yakorewe Abatutsi.


Uwitwa Dr Dash, yabajije Blinken niba Isi yakwibuka Abadage bose n’Abanya-Pologne bishwe muri Jenoside yakorewe Abayahudi, cyangwa niba iyo mvugo ikoreshwa ku banyafurika gusa?


Munyakazi Sadate yasubije Blinken ko ari umupfobyi ko ndetse umutwe we wuzuyemo ubwibone.


Ibere rya Bigogwe yaranditse ati ” Inkuru ya Immaculé, uri mu gifungo cy’imyaka 30 azira gukora Jenoside yakorewe Abatutsi, yafashe Blinken gusobanukirwa ibyabaye mu Rwanda.”


Ingabire Egidie Bibio usanzwe ari umunyamakuru wa RBA, yasubije Blinken ko byari kuba byiza iyo ahitamo guceceka.


Ati “Turibuka Jenoside yakorewe Abatutsi”.


Rwanda is Open yanditse ati ” Abo bakigowe no kuvuga izina rikwiye rya Jenoside yakorewe Abatutsi, byaba byiza baretse kutwoherereza ubutumwa ubwari bwo bwose uyu munsi”.


“Tuzamera neza nk’uko duhora”.


Dr Zawba yanditse ati ” Urabeshya bwana Munyamabanga, igihugu cyawe n’u Bufaransa bari bafite ubushobozi bwo guhagarika ubwicanyi, ariko ntacyo bakoze”.


Ubwo hatangizwa iminsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, mu ijambo rye Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana yavuze ko amahanga yatereranye u Rwanda kugeza Jenoside ibaye igahitana ubuzima bw”Abatutsi barenga Miliyoni.


Ibi bikaba ari kimwe mu kimwaro bamwe mu bategetsi b’ibihugu bikomeye bagifite kuko barebereye ubwo Abatutsi bicwaga, bikaba bibatera gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bagamije kuyobya uburari.


Inkuru ya UMUSEKE 

Comments

INKURU ZIKUNZWE

Umuhanzi Ish Kevin na Producer Olivier mu basangiraga ibyibano n'abasore bashikuzaga abantu amatelefone

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye abasore batandatu bibaga abaturage n’amaduka (Supermarket) bakanashikuza abahisi n’abagenzi telefone mu nzira zitandukanye babaga banyuzemo. Ahagana Saa Sita z’amanywa yo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 2 Mata 2024, nibwo RIB yeretse itangazamakuru iri tsinda ry’aba basore uko ari batandatu ibashinja ko bibaga abaturage. RIB yavuze ko aba basore barimo bane bari abakanishi ndetse itsinda ryabo ryibaga imodoka abantu babaga bazisize ku muhanda. Izi modoka bibye ngo bazihinduranyaga plaque kugira ngo badatahurwa. RIB ivuga ko aba basore banajyaga kuri station za lisansi zitandukanye bagashyirirwamo lisansi bagahita bagenda batishyuye ndetse banajyaga muri supermarket bagatwara inzoga zihenze bagahita bigendera batazishyuye. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry, yabwiye itangazamakuru ko yatunguwe n’uburyo yasanze hari abahanzi barimo Ish Kevin basangiraga n’aba bajura inzoga bibye. Ati “Muri bya bindi babaga bibye bajyaga kuryoshya y’amafaranga bib

RURA yamuritse ibiciro bushya by'ingendo mu Rwanda

  Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwashyize hanze ibiciro bishya by’ingendo hirya no hino mu gihugu, nyuma y’uko Guverinoma itangaje ko yakiyeho nkunganire yajyaga itangwa kugira ngo umugenzi agende ku giciro gito. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Werurwe, nibwo Guverinoma yatangaje ko iyo nkunganire iri hagati ya 40% na 5) ikuweho, bivuze ko umugenzi ari we uzajya yiyishyurira igiciro cyose cy’urugendo. Ibiciro bishya RURA yashyize hanze biri hejuru ugereranyije n’ibyo umugenzi yari asanzwe yiyishyurira, aho nko kuva mu mujyi wa rwagati ugera i Nyamirambo ahazwi nko Kuryanyuma, igiciro gishya ari 243 Frw, mu gihe kuva mu mujyi rwagati ugera Kuryanyuma uciye Nyabugogo, igiciro gishya ari 307. Kuva Nyabugogo ugana mu mujyi rwagati, igiciro cyabaye 205 Frw, kuva Kimironko ugana mu mujyi rwagati igiciro cyabaye 355 Frw, mu mujyi rwagati ugana Kacyiru ni 371 Frw, kuva mu mujyi ujya i Kinyinya ni 402 Frw naho kuva i Kabuga ujya Kimironko ni 420 Frw. Kuva mu mujyi rwagati ugana i B

Sobanukirwa akamaro ko kurya igisheke n'uko cyagufasha mu gukora imibonano mpuzabitsina

Ibisheke ni ibiribwa bidakunze guhabwa agaciro, nyamara biraryoha kandi byuzuyemo intungamubiri zagenewe gufasha umubiri gukora neza, bikarinda n’indwara zimwe na zimwe. Ibisheke kandi bifasha mu mibonano mpuzabitsina, kurinda kanseri zimwe na zimwe, ndetse no gusohora imyanda mu mubiri. Abahanga basobanukiwe n’imikorere y’igisheke mu mubiri wa muntu, bavuga ko ibisheke bikoreshwa gake ukurikije uko byagakwiye gukoreshwa. Benshi bavuga ko ibisheke bigenewe abakene. Kandi koko usanga bikoreshwa na bamwe bitwa ko bacirirtse, cyangwa ba bandi batuye mu byaro ahahingwa ibisheke, nyamara ntawe bigenewe ni ibya buri wese. Igisheke kibonekamo intungamubiri zitandukanye zirimo isukari, umwunyungugu wa potasiyumu, umwunyungugu wa karisiyumu, umwunyungugu wa manyeziyumu n’umwunyungugu wa zinc. Uretse kuba ibisheke bifite isukari y’umwimerere, binatuma uruhu rusa neza rukanatoha ntirukushuke. Mu gisheke kandi harimo ubutare bwa fer, vitamin B1, B2 n’izindi. Igisheke gikungahaye ku isukari y’umwim

Hasohotse itangazo rigaragaza uko abanyeshuri biga baba mu bigo bazasubira ku ishuri

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri NESA cyatangaje ingengabihe y’uburyo abanyeshuri biga bacumbikiwe ku bigo by’amashuri, bazasubirayo mu gihembwe cya gatatu. Abanyeshuri bazatangira gusubira kwishuri guhera tariki 15 Mata 2024 azaba arı kuwa mbere.

Dore ibyo kurya umugore cyangwa umukobwa wese yarya bikamufasha gukuza amabuno n'amabere

Ubushakashatsi bwagaragaje ko burya amabere y’umuntu uwo ariwe wese aba atangana. Bwagaragaje ko ibere ry’ibumoso ariryo rinini kurenza iry’iburyo. Ndetse ubushakashatsi bwagaragaje indyo zitandukanye ushobora kurya kenshi zikaba zagufasha kongera amabere. Amata  : Amabere yawe yose agizwe n’ibinure kandi kurya ibikomoka ku mata bikungahaye ku binure bishobora kongera ubunini bw’amabere yawe. Ipapayi:  ipapayi nayo yagufasha kuko ikungahaye ku ntunga mubiri zifasha umubiri kurambuka. Imbuto z’ibihaza (Imbuto z’amadegede) :  izi zo uraziswa ukajya uminjira ifu yazo mu biryo buri munsi. Soya :  soya nazo zikungahaye ku ntungamubiri nyinshi zifasha umubiri mu gukuza ibice byawo. Si ibyo gusa kuko zo zigufasha no kwirinda kuba warwara kanseri yo mu mabere.