Imiryango 69 yo mu Karere ka Rubavu yari yaragizweho ingaruka n’ibiza byibasiye aka Karere muri Gicurasi mu 2023 yashyikirijwe inzu zo guturamo ziri ahadashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga, n’indi isigaye yizezwa gufashwa.
Inzu zahawe aba baturage zubatswe na Leta ifatanyije n’abaturage, aho uwubakiwe yagombaga kwerekana ikibanza, amabuye n’amatafari, Leta nayo ikazana ibisigaye byose kugira ngo inzu yubakwe.
Inzu zubatswe zifite ibyumba bitatu, uruganiriro, ubwiherero, ubwogero n’igikoni byo hanze hakiyongeraho umuriro w’amashanyarazi.
Bamwe mu baturage bahawe izi nzu, bashimira Leta yabageneye ubu bufasha kuko bwabakuye mu buzima bushaririye bari bamazemo iminsi yo kutagira amacumbi ndetse n’ibindi byabo byinshi byatikiriyemo harimo n’ubuzima bw’ababo.
Dusabimana Esther ni umwe muri bo, yagize ati "Sebeya yaruzuye iransenyera haba aho nari ntuye n’inzu nakodeshaga tujyanwa mu nkambi. Kuva icyo gihe kubyakira byarangoye kuko numvaga ntabona ubushobozi bwo kongera kuzamura inzu, ubu nayihawe Ndishimye cyane ko nongeye kubona aho ntura."
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper, yasabye abaturage bahawe izo nzu kuzifata neza, yizeza n’abandi batarubakirwa kwihangana kuko hari abandi bagera kuri 300 bagiye kubakirwa mu kindi cyiciro.
Yagize ati "Mbere ya byose mureke dushimire Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame uhora adushakira iterambere n’imibereho myiza. Turashimira namwe ko mwihangane mu bihe bitari biboroheye."
"Icyo tubasaba ni ugufata neza izi nzu, mukazigirira isuku mukazitaho. Turabizeza ko tuzaguma kubaba hafi, dufatanya kubona aho kuba no kwirinda ko hari Umunyarwanda wabaho nabi bitewe n’ibiza."
Ibiza byabaye tariki 2 na 3 Gicurasi 2023 mu Karere ka Rubavu, byasenyeye imiryango 1300 irimo 855 yasenyewe burundu indi 719 inzu zayo zirangirika yabarirwagamo abantu barenga 5000, bashyizwe mu nkambi, abandi bacumbikirwa n’abaturanyi babo.
Kuri ubu Umugezi wa Sebeya watangiye kubakirwa ku nkombe zawo ndetse n’imiryango yari iguye hafi yawo muri metero 10 yarimuwe hagamijwe kwirinda ko Ibiza byakongera kwangiza iby’abaturage n’ubuzima bwabo.
Uretse mu Karere ka Rubavu hubatswe inzu 69, mu Rwanda hose hujujwe inzu 342, harimo 15 zubatswe mu karere ka Rutsiro, Ngororero hubatswe 55, Karongi hubakwa 141, Nyabihu 53, naho mu Karere ka Burera hubakwa inzu 9.
Ivomo: IGIHE
Comments
Post a Comment