Skip to main content

Rubavu: Imiryango yasenyewe n'ibiza yashyikirijwe inzu zo guturamo



Imiryango 69 yo mu Karere ka Rubavu yari yaragizweho ingaruka n’ibiza byibasiye aka Karere muri Gicurasi mu 2023 yashyikirijwe inzu zo guturamo ziri ahadashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga, n’indi isigaye yizezwa gufashwa.


Inzu zahawe aba baturage zubatswe na Leta ifatanyije n’abaturage, aho uwubakiwe yagombaga kwerekana ikibanza, amabuye n’amatafari, Leta nayo ikazana ibisigaye byose kugira ngo inzu yubakwe.


Inzu zubatswe zifite ibyumba bitatu, uruganiriro, ubwiherero, ubwogero n’igikoni byo hanze hakiyongeraho umuriro w’amashanyarazi.


Bamwe mu baturage bahawe izi nzu, bashimira Leta yabageneye ubu bufasha kuko bwabakuye mu buzima bushaririye bari bamazemo iminsi yo kutagira amacumbi ndetse n’ibindi byabo byinshi byatikiriyemo harimo n’ubuzima bw’ababo.


Dusabimana Esther ni umwe muri bo, yagize ati "Sebeya yaruzuye iransenyera haba aho nari ntuye n’inzu nakodeshaga tujyanwa mu nkambi. Kuva icyo gihe kubyakira byarangoye kuko numvaga ntabona ubushobozi bwo kongera kuzamura inzu, ubu nayihawe Ndishimye cyane ko nongeye kubona aho ntura."


Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper, yasabye abaturage bahawe izo nzu kuzifata neza, yizeza n’abandi batarubakirwa kwihangana kuko hari abandi bagera kuri 300 bagiye kubakirwa mu kindi cyiciro.


Yagize ati "Mbere ya byose mureke dushimire Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame uhora adushakira iterambere n’imibereho myiza. Turashimira namwe ko mwihangane mu bihe bitari biboroheye."


"Icyo tubasaba ni ugufata neza izi nzu, mukazigirira isuku mukazitaho. Turabizeza ko tuzaguma kubaba hafi, dufatanya kubona aho kuba no kwirinda ko hari Umunyarwanda wabaho nabi bitewe n’ibiza."


Ibiza byabaye tariki 2 na 3 Gicurasi 2023 mu Karere ka Rubavu, byasenyeye imiryango 1300 irimo 855 yasenyewe burundu indi 719 inzu zayo zirangirika yabarirwagamo abantu barenga 5000, bashyizwe mu nkambi, abandi bacumbikirwa n’abaturanyi babo.


Kuri ubu Umugezi wa Sebeya watangiye kubakirwa ku nkombe zawo ndetse n’imiryango yari iguye hafi yawo muri metero 10 yarimuwe hagamijwe kwirinda ko Ibiza byakongera kwangiza iby’abaturage n’ubuzima bwabo.


Uretse mu Karere ka Rubavu hubatswe inzu 69, mu Rwanda hose hujujwe inzu 342, harimo 15 zubatswe mu karere ka Rutsiro, Ngororero hubatswe 55, Karongi hubakwa 141, Nyabihu 53, naho mu Karere ka Burera hubakwa inzu 9.

Ivomo: IGIHE 

Comments

INKURU ZIKUNZWE

Umuhanzi Ish Kevin na Producer Olivier mu basangiraga ibyibano n'abasore bashikuzaga abantu amatelefone

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye abasore batandatu bibaga abaturage n’amaduka (Supermarket) bakanashikuza abahisi n’abagenzi telefone mu nzira zitandukanye babaga banyuzemo. Ahagana Saa Sita z’amanywa yo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 2 Mata 2024, nibwo RIB yeretse itangazamakuru iri tsinda ry’aba basore uko ari batandatu ibashinja ko bibaga abaturage. RIB yavuze ko aba basore barimo bane bari abakanishi ndetse itsinda ryabo ryibaga imodoka abantu babaga bazisize ku muhanda. Izi modoka bibye ngo bazihinduranyaga plaque kugira ngo badatahurwa. RIB ivuga ko aba basore banajyaga kuri station za lisansi zitandukanye bagashyirirwamo lisansi bagahita bagenda batishyuye ndetse banajyaga muri supermarket bagatwara inzoga zihenze bagahita bigendera batazishyuye. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry, yabwiye itangazamakuru ko yatunguwe n’uburyo yasanze hari abahanzi barimo Ish Kevin basangiraga n’aba bajura inzoga bibye. Ati “Muri bya bindi babaga bibye bajyaga kuryoshya y’amafaranga bib...

Ibyishimo ni byose ku bakunzi ba APR WFC yihereranye Forever WFC ikayitwara igikombe [AMAFOTO]

APR WFC yegukanye shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu mupira w’amaguru mu bagore, nyuma yo kunyagira Forever WFC ibitego 3-0, mu mukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri iki Cyumweru tariki 24 Werurwe. Ni umukino ikipe y’ingabo yagiye gukina ihabwa amahirwe, aho bitayisabye iminota myinshi ngo igaragaze ko iri buze gushimisha abakunzi bayo bari bagerageje kuza ku bwinshi cyane ko kwinjira kuri uyu mukino bitasabaga byinshi. Ibitego bitatu byose iyi kipe yabonye yabitsindiwe na rutahizamu wayo, Ukwishaka Zawadi, icya mbere ku munota wa 18 ubwo yasubizagamo umupira wari urutswe n’umunyezamu, icya kabiri ku munota wa 25 w’umukino ndetse n’icya gatatu ku munota wa 47 w’umukino. Uyu rutahizamu wuzuzaga ibitego 29 muri shampiyona y’icyiciro cya kabiri yatumye ikipe ya APR FC yegukana igikombe idatakaje umukino n’umwe, aho yanganyije umukino umwe wonyine mu matsinda indi ikayitsinda.

Dore ibyo kurya umugore cyangwa umukobwa wese yarya bikamufasha gukuza amabuno n'amabere

Ubushakashatsi bwagaragaje ko burya amabere y’umuntu uwo ariwe wese aba atangana. Bwagaragaje ko ibere ry’ibumoso ariryo rinini kurenza iry’iburyo. Ndetse ubushakashatsi bwagaragaje indyo zitandukanye ushobora kurya kenshi zikaba zagufasha kongera amabere. Amata  : Amabere yawe yose agizwe n’ibinure kandi kurya ibikomoka ku mata bikungahaye ku binure bishobora kongera ubunini bw’amabere yawe. Ipapayi:  ipapayi nayo yagufasha kuko ikungahaye ku ntunga mubiri zifasha umubiri kurambuka. Imbuto z’ibihaza (Imbuto z’amadegede) :  izi zo uraziswa ukajya uminjira ifu yazo mu biryo buri munsi. Soya :  soya nazo zikungahaye ku ntungamubiri nyinshi zifasha umubiri mu gukuza ibice byawo. Si ibyo gusa kuko zo zigufasha no kwirinda kuba warwara kanseri yo mu mabere.

Super Manager wari umaze kuba iciro ry'imigani agiye kurongora ku myaka 40

Umujyanama w’abakinnyi, Gakumba Patrick wamamaye nka Super Manager mu myidagaduro yo mu Rwanda no hanze y’aho, yahamije ko mu minsi ya vuba agiye kurongora. Iyo bavuze bimwe mu byamamare bitari byakora ubukwe kandi imyaka yabo ibibemerera ndetse kandi nta kintu babuze, Super Manager na we yisangamo. Uyu musore wiyita amazina atagira ingano, ashinjwa kwanga gushaka umugore kandi nta kintu abuze haba mu bifatita (amafaranga) ndetse n’ibindi bisabwa. Nyuma yo kubona ko abantu bamumereye nabi, Super Manager yabwiye Inyarwanda ko uyu mwaka utarangira atari yakora ubukwe n’umukunzi we. Gakumba Patrick uzwi nka Super Manager aruzuza imyaka 40 ku wa 1 Mata uyu mwaka kuko yavutse mu mwaka 1984, avukira i Dar es Salaam muri Tanzania. Abajijwe niba afite umukunzi, yavuze ko amufite kuko atabukorana n’igiti gusa avuga ko atamuzana mu buzima bw’imyidagaduro kuko umuryango we atajya awushyira hanze. Super Manager yavuze ko agiye gukora ubukwe muri uyu mwaka wa 2024, aho avuga ko azabutura nyina nubw...

AS Kigali yujuje umunsi wa kane idakora imyitozo kubera impamvu abakinnyi bavuga ko badashobora kuyihanganira

Ikipe ya AS Kigali igejeje ku munsi wa kane abakinnyi baranze gukora imyitozo mu gihe imikino ya shampiyona yo mu Rwanda irimbanyije. Abakinnyi ba AS Kigali barahiye ko badashobora kwitabira imyitozo mu gihe iyi kipe isanzwe iterwa inkunga n'Umujyi wa Kigali ibafitiye ibirarane by'umushahara itarabaheemba.