Uwahoze ari rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Jimmy Gatete, yasabye urubyiruko rw’u Rwanda kwiga byinshi no kumenya amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 kugira ngo rubashe guhangana n’abayihakana ndetse n’abashaka kugoreka ayo mateka.
Gatete wakiniye Ikipe y’Igihugu hagati ya 2001 na 2009, atuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma yo guhagarika gukina umupira w’amaguru mu 2010.
Muri ibi bihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, uyu wakanyujijeho muri ruhago ni umwe mu batanze ubutumwa bwo gukomeza abayirokotse, ariko aha umukoro urubyiruko.
Yagize ati "Kwibuka ni umwanya wo guha icyubahiro no kuzirikana abacu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. Ni umwanya kandi wo gufata mu mugongo abarokotse aya mateka, tukabahumuriza."
Yakomeje agira ati "Ku rubyiruko, ni umwanya wo kwiga mugasobanukirwa amateka ya Jenoside ya nyayo kuko abayagoreka banahakana Jenoside ari benshi kandi ari mwe mugomba kubarwanya. Twibuke Twiyubaka."
Gatete Jimmy yakiniye Mukura VS ubwo yayoborwaga na nyakwigendera Gasarabwe Jean Damascène nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Yayivuyemo ajya muri Rayon Sports hagati ya 1997-2001, batwarana CECAFA mu 1997 batsinze Mlandege yo muri Zanzibar ibitego 2-1.
Nyuma yaho yakiniye amakipe atandukanye arimo APR FC, Rayon Sports (ku nshuro ya kabiri), Police FC, St George yo muri Ethiopia na Maritziburg United yo muri Afurika y’Epfo.
Inkuru ya IGIHE
Comments
Post a Comment