Skip to main content

Posts

Showing posts from March, 2024

Icyo ubushakashatsi buvuga ku rusaku ruterwa n'abari mu gikorwa cyo gutera akabariro

Ushobora kuba warumvise abibaza ku gasaku kavuzwa na bamwe iyo bari mu mibonano mpuzabitsina niba hari icyo kongera mu migendekerere myiza yayo, cyangwa nawe ukaba warabyibajije ntubone igisubizo. 7 Sur 7 iherutse gutangaza ko inzobere muri Siyansi ku buzima bw’imibonano mpuzabitsina akaba n’inzobere mu mibanire myiza ya muntu, Chloé De Bie, avuga ko kuba umuntu yasakuza ari gukora imibonano mpuzabitsina bifite ibisobanuro bitandukanye kandi byose bitanga amakuru. Anavuga ko gusakuza muri icyo gikorwa bishobora kuba ikimenyetso cy’uko uyikora ayishimiye, abigereranya nuko iyo umuntu ari kumva umuziki akunda nta kindi akora uretse kuririmba. Ati ‘‘Iyo watwawe n’umuziki, hari ubwo nta kindi ukora usibye kugendera muri iyo njyana ukaririmba. Ubikora utabizi, ndetse kugenzura ayo marangamutima ntibishoboka.” Chloé De Bie kandi avuga ko ako gasaku kagira umusaruro mwiza mu mibanire y’abakora imibonano mpuzabitsina nk’iyo bashakanye, kuko nk’umugore ukavuza biha icyizere ko umugabo amunezeza

Kigali: Batawe muri yombi bazira gukwirakwiza amavuta yangiriza uruhu

Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya magendu n’ibindi byaha (ASOC), yafatiye mu Karere ka Nyarugenge, abantu babiri bakurikiranyweho kwinjiza mu gihugu no gukwirakwiza amavuta yo kwisiga yangiza uruhu azwi nka ‘mukologo’ ubwo bari batwaye mu modoka amacupa y’ayo mavuta 924. Abafashwe ni umugabo w’imyaka 41 y’amavuko, wari utwaye imodoka irimo amavuta na mugenzi we w’imyaka 31, wari ushinzwe kuyakwirakwiza mu bakiliya. Bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya, ku wa Gatandatu tariki ya 30 Werurwe. Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, SP Sylvestre Twajamahoro yavuze ko gufatwa kwabo byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage. Yagize ati “Hagendewe ku makuru Polisi yari ifite ko aba bagabo bombi bakora ubucuruzi bwa magendu n’ubw’ibicuruzwa bitemewe, hateguwe igikorwa cyo kubafata, nibwo imodoka bifashishaga mu gutunda ibi bicuruzwa yahagaritswe igeze mu murenge wa Kanyinya yerekeza mu Mujyi wa Kigali, mu kuyisaka abapolisi basanga atwaye amacupa 924 y’amoko atandukanye y’amavuta yo kwis

Manchester City na Arsenal zabonye amahirwe yo kuyobora Champions league ziyatera inyoni

Manchester City yakiriye Arsenal ariko inanirwa kuyikuraho amanota atatu kuko amakipe yombi yanganyije 0-0, ndetse zitakaza amahirwe yo kuyobora Shampiyona y’u Bwongereza ifite Liverpool ku mwanya wa mbere. Ni umukino wabaye kuri iki Cyumweru, tariki ya 31 Werurwe 2024, ubwo mu Bwongereza hakinwaga umukino w’umunsi wa 29 wa Shampiyona ya Premier League. Manchester City nk’ikipe yakiniraga iwayo yatangiranye imbaraga kurenza Arsenal ku buryo mu minota itanu ya mbere yabonye coup franc nubwo Benjamin White yakijije izamu akabuza Erling Haaland kuwukoraho. Nyuma y’iyi minota iyi kipe yo mu murwa mukuru Londres yahise iva inyuma itangira guhanahana neza mu kibuga hagati ari nako ishaka uko yegera izamu rya Manchester City. Ku munota wa karindwi Gabriel Jesus yateye ishoti ku izamu ariko kubera amahirwe make ntiyawubonezamo. Ibi ariko ntibyabuje Manchester City gukomeza gusatira cyane Arsenal no gushaka uko yamena urukuta rwayo rwari rurinzwe na William Saliba na Gabriel Magalhães bari baru

Byabaye ngombwa ko hitwabazwa Polisi ubwo umufana yishimiraga intsinzi ya Rayon Sports akinjira mu kibuga

Umufana yaciye mu rihumye abari bashinzwe umutekano kuri sitade Huye yinjira mu kibuga hagati ubwo hari hari kuba umukino wa Rayon Sports na Mukura VS. Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 30 Werurwe 2024 nibwo hari hakomeje imikino ya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu bagabo, aho Mukura VS yari yakiriye Rayon Sports i Huye. Uyu mukino warangiye Rayon Sports iyoboye n’igitego kimwe wagaragayemo agashya aho umufana yaje kwinjira mu kibuga umukino uri kuba. Ubundi ni gake biba ko umufana yinjira mu kibuga hagati mu mukino, muri Shampiyona y’u Rwanda. Ku munota wa 15 w’uyu mukino, umufana yacunze Rayon Sports igiye gutera koruneri, ajya mu kibuga kurinda agera hagati nta muntu uramuhagarika. Yageze mu kibuga asuhuza Bugingo Hakim mbere y’uko asohorwa n’abashinzwe umutekano batabariye hafi. Ubwo yashakaga kujya gusuhuza abandi bakinnyi, yahise afatwa n’inzego z’umutekano zimusohora mu kibuga maze umukino wari uhagazeho gato ubona gukomeza. Ibi ntibyari bikunze kubaho muri shampiyona y’u Rwanda

Umuhanzi Theo Bosebabireba yateguje abakunzi be ndetse n'aba Rayon Sports ko agiye gushyira hanze indirimo yahimbiyeiyi kipe yihebeye

Umuhanzi Theogene Uwiringiyimana wamamaye nka Theo Bosebabireba mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, yahimbye indirimbo yise ‘‘Gerayo Amahoro’’ yahimbiye Polisi y’u Rwanda (RNP) mu rwego rwo kuyishima no gushishikariza abaturarwanda kumvira amabwiriza yayo arimo na gahunda ya Gerayo amahoro. Uyu muhanzi yavuze ko yagiye no mu ndirimbo zigisha akazivanga nizo guhimbaza Imana asanzwe akora neza cyane. Mu ndirimbo yakoreye Polisi,yasabye abatwara ibinyabiziga kujya bagabanya umuvuduko aho abibutsa ko"aho ugiye ntabwo ugiye kuzura umuntu wapfuye". Uwiringiyimana Theogene yabwiye ISIMBI TV ko ari umufana ukomeye wa Rayon Sports ndetse ateganya no kuyikorera indirimbo, gusa ngo umwanya wo kujya kuyishyigikira ujya umubana muto. Ati "Mu ndirimbo zisigaye inyuma bagomba gutegereza, ngiye kuzakora indirimbo ya Rayon Sports. Njyewe ndi umu-rayon. Ndayikunda cyane. Yego wenda simbibonera umwanya ariko nk’uko hari ibintu biba mu gihugu by’imyidagaduro nanjye ngomba kugira ikinsh

Myugariro wa AS Kigali yibye matola ajya kuyigurisha aho bagura ibikoresho byakoze

Myugariro wa AS Kigali, Rugirayabo Hassan, arashinjwa kwiba matela y’umusore babanaga witwa Gasore Enock akajya kuyigurisha hafi y’isoko ry’i Nyamirambo ahacururizwa ibikoresho bishaje. Amakuru agera kuri IGIHE, avuga ko ku wa Gatatu, tariki ya 27 Werurwe 2024, ari bwo uyu mukinnyi utuye mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge yahengereye mugenzi we babana adahari , agahita afata matela ye ajya kuyigurisha ibihumbi 40 Frw. Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 29 ni bwo bajyanye aho uyu mukinnyi yagurishije iyi matela gusa akimara kuhabereka abona ko bitaza koroha ahita amaguru ayabangira ingata. Gasore Enock wibwe matela n’uyu mukinnyi wa AS Kigali aganira na IGIHE, yavuze ko babanaga mu nzu bishyura amafaranga ibihumbi 50 Frw. Ati “Natahanye n’umushyitsi nkubitwa n’inkuba nyuma yo gusanga matela yanjye ntayo. Naramuhamagaye ambwira ko ahantu iri ntacyo iri bube. Ikimbabaje n’uburyo namufashije tukabana. Wumve ngo nta kintu agira uretse imyenda n’inkweto byo gukinana.” Umugabo waguze

Rusizi: Umuryango wahawe indishyi nyuma y'uko umuntu wabo yishwe n'imvubu

Umuryango wo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, imvubu iherutse kwicira umuntu urashimira ubuyobozi bukuru bw’igihugu bukomeje kuwuba hafi nyuma y’ibi byago wagize, abawugize bavuga ko indishyi bahawe igiye kubafasha kurera abana nyakwigendera yasize. Babitangaje ku wa 29 Werurwe 2024, ubwo basinyiraga indishyi bagiye guhabwa n’Ikigega cyihariye cy’ingoboka. Tariki 8 Werurwe 2024, nibwo umugabo witwa Habimana Jalibu, yariwe n’imvubu imusanze mu mugezi wa Ruhwa, aho yarimo yoga ibirenge ahinguye. Iyi nyamaswa yariye uyu mugabo munsi y’imbavu zombi, inamufata ubugabo, aza gupfira mu nzira ajyanywe ku bitaro bikuru bya Kaminuza i Butare (CHUB). Nyiransabimana Espérance, umugore wa nyakwigendera yavuze ko urupfu rw’umugabo we rwabahungabanyije cyane, ashimira ubuyobozi bwababaye hafi. Ati "Indishyi z’akababaro turazakiriye kandi turayishimye". Safari Jean Bosco, umuvandimwe wa nyakwigendera yavuze ko kuba bahawe indishyi z’akababaro bigaragaza ko Leta yita ku baturage. A

Ubwo yageraga i Kigali, umuhanzi Eddy Kenzo yanze kuvuga ku by'urukundo rwe na Minisitiri Nyamutooro

  Eddy Kenzo yageze i Kigali aho yitabiriye igitaramo cya Platini P, abajijwe ku mubano we na Minisitiri Phiona Nyamutoro araseka ntiyagira icyo avuga. Eddy Kenzo amaze iminsi agarukwaho bitewe n’umubano wihariye bivugwa ko afitanye n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’iterambere ry’ingufu n’amabuye y’Agaciro, Phiona Nyamutoro. Yavuzweho gukundana na Nyamutoro wahoze ari Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda. Mu minsi yashize, hari amafoto y’aba bombi yasakaye bambaye umupira usa mu bihe bitandukanye. Kenzo yigeze kuvuga ko yishimira kuvuga kuri Nyamutoro, ati “Ni inshuti yanjye”. Ubwo yari ageze i Kigali, Kenzo yavuze ko abakunzi b’umuziki we bakwiriye kuzitabira iki gitaramo kuko azaririmba indirimbo amaze imyaka 12 akoranye na Dream Boys yabagamo Platini. Ati “Meze neza kandi ndasaba abafana kuzaza ari benshi kuko igitaramo kizaba kiryoshye. Ndababwira ko indirimbo yitwa No one like you twakoranye tuzayiririmbana". Bivugwa ko Eddy Kenzo yimuye umunsi yagombaga kug

Polisi yataye muri yombi abantu 12 bazira kurya mu gisibo

Polisi yo muri Zanzibar yatangaje ko yataye muri yombi abantu 12, bazira kurira mu ruhame mu masaha y’amanywa, mu gihe abandi bari mu gisibo cya Ramadhan. Ikinyamakuru The Citizen cyavuze ko abatawe muri yombi barimo: Issa Hamad Juma, Hamad Khamis Indole, Hashimu Bakari Nassoro na Selemani Ismail Nalinga. Bose ni abayoboke b’idini rya Isilamu. Ukwezi gutagatifu kwa Ramadhan kwatangiye tariki ya 10 Werurwe 2024. Mu gihe cy’iminsi 30, abayoboke ba Isilamu baba babujijwe kurya ku manywa. Umuyobozi w’agateganyo wa Polisi mu ntara ya Mjini Magharibi aba bagabo bafatiwemo, Abubakar Khamis Ally, yasobanuye ko aba bafashwe nyuma y’aho ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye video ibagaragaza barira mu ruhame. Yagize ati “Muri uku kwezi kwa Ramadhan, byabaye umuco kuri iki kirwa ko n’inzu zicuruza ibiribwa zifungwa. Ntabwo byemewe ko umuntu yicara, akarira mu ruhame kuko ni icyaha. Ni yo mpamvu bafunzwe kandi tuzakomeza kubikora kuko bibangamira abandi.” Aba bose bafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi y

Anita Pendo uri mu gihugu cya Ghana yakiriwe na Ambasaderi w'u Rwanda muri iki gihugu

Umunyamakuru Anita Pendo uri mu bahataniye ibihembo bya ‘Ladies in Media Awards 2023’ bitangirwa muri Ghana, yagezeyo ahabwa ikaze na Ambasaderi w’ u Rwanda, Rosemary Mbabazi. Binyuze ku rubuga rwa Instagram, umuryango Ladies in Media Organization ukorera muri Ghana, uherutse gutangaza Anita Pendo nk’umwe mu bagore bahatanye mu bihembo utegura bya ‘Ladies in Media’ bizatangwa ku wa 30 Werurwe 2024. Anita Pendo uhatanye muri ibi bihembo bigiye gutangwa ku nshuro ya kabiri, yatangaje ko yiteguye kuzana iki gihembo mu Rwanda, agahigika abagore baturuka mu bihugu birimo Zimbabwe, Afurika y’Epfo, Ghana n’ahandi. Anita Pendo ahatanye mu cyiciro cya ‘African Female Entertainment Show Host of the Year’ n’abarimo Delay [Ghana], Jacinta Ngobese [Afurika y’Epfo], Vanessa Marawa [Afurika y’Epfo], Azeeza Hashim [Kenya], Matela [Afurika y’Epfo], Violet Gwara [Zimbabwe], Rita Isaaka [Ghana], n’abandi. Ladies in Media Awards ni ibihembo byatangijwe n’umuryango Ladies in Media Organization mu 2022, mu

Papa Sava akomeje kuba iciro cy'imigani nyuma yo kugaragaza ko ari mu rukundo

Niyitegeka Gratien akaba mukinnyi wa filime z’uruhererekane hano mu Rwanda wamenyekanye ku mazina nka Papa Sava muri filime (Papa Sava) ndetse no muri Seburikoko akomeje kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga. Ni ifoto ikomeje gucicikana cyane ku rukuta rwa Instagram aho Seburikoko cyangwa Papa Sava arikumwe n’inkumi y’ikimero umwe afite ifoto undi afite indabo bikaba bikomeje gukekwa ko baba bari mu rukundo cyangwa ari ibya filime nk’uko benshi bakomeje kubimenyera mu byamamare hano mu Rwanda. Zimwe mu nshuti ze harimo na Clapton Kibonke bakinana muri Seburikoko bakomeje ku byibazaho cyane arinako Clapton yabivuze ati:”Umunsi umwe muzagirango ni filime nyamara”. Inkuru ya YEGOB  

Corneille Nangaa yavuze ko umujyi wa Goma urafatwa vuba

Corneille Nangaa uyoboye ihuriro ARC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Felix Tshisekedi, yabwiye abaturage batuye Kiwanja muri Rutshuru mu ntara ya Kivu ya Ruguru ko impinduramatwara ya M23 mu minsi mike izirukana ku butegetsi Tshisekedi. Mu myenda ya gisirikare n’ubwanwa bw’umweru nk’uwa Fidel Castro,Nangaa yakiranwe urugwiro n’abatuye Kiwanja ari kumwe n’umuyobozi wa M23 n’abasirikare baganira n’abaturage. Uyu muyobozi wa Alliance Fleuve Congo [AFC] yamaganye ko ubutunzi bwa Kivu butunga Kinshasa gusa, bikazana akaduruvayo gusa. Yemeje ko umutekano muke muri RDC ari ingaruka mbi z’akarengane, ubukene no gucunga nabi umutungo. Yavuze ko we n’abo bafatanyije nibayobora bazazana imishinga y’iterambere kugira ngo umutungo wa RDC ugirire abaturage akamaro. Aganira n’abanyamakuru bo muri Kongo ndetse n’abo mu mahanga,Nangaa yashinje ubutegetsi bwa Kinshasa gukoresha icyenewabo, gushyira imbere amoko no gushyigikira ubujura. Uyu mugabo yavuze ko Goma izafatwa vuba ariko atariyo ntego, gahunda ari

Leta ya Uganda igiye guha abahanzi akayabo kazabafasha kwikenura no gukora umuziki

Umuyobozi w'urugaga rw'abahanzi muri Uganda, Eddy Kenzo, yatangarije abahanzi ko vuba bidatinze Leta igiye kubaha amafaranga yo kubafasha mu bikorwa byabo bya buri munsi mu muziki nk'uko bamaze imyaka n'imyaniko babisaba. Mu myaka yatambutse, abahanzi bo muri Uganda bagiye batakambira Leta yabo kubashoramo amafaranga bityo bakabasha gukora ibikorwa by'ubuhanzi biri ku rwego mpuzamahanga ndetse bakabasha no kwikenura. Aba bahanzi bavugaga ko kuva haba icyorezo cya COVID-19, mu bahanzi ibintu byabaye bibi cyane kuko ubushobozi bwabo bwagabanutse ku buryo bugaragarira buri wese, bitewe nuko ibitaramo byahise bihagarara ndetse na Studio zimwe na zimwe zigafunga imiryango. Bavugaga ko ubukene mu bahanzi bo muri Uganda bunuma, aho umuhanzi no kubona ibihumbi 50 Frw byo gufata amajwi y'indirimbo bigoranye ku rwego rwo hejuru, dore ko uretse no kubona ibyo bihumbi byo gukora indirimbo, no kubona ayo kugura ibirayi byabaga ari intambara. Si ibyo gusa kuko abahanzi bakuru

Intego ni ugutsinda APR FC! Akanyamuneza ni kose ku bakinnyi ba Muhazi United nyuma y'uko bahembwe ibirarane by'umushahara

Ikipe ya Muhazi United yahembye abakinnyi bayo ibirarane by’imishahara y’amezi abiri, abakinnyi, abatoza n’abayobozi bahiga gutsinda APR FC bafitanye umukino ku Cyumweru. Iyi kipe imaze iminsi igaruye abakinnyi bavuye mu kiruhuko iri mu myitozo yitegura umukino ifitanye na APR FC mu mukino w’umunsi wa 25 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru. Mbere yo gusubukura shampiyona ubuyobozi bwa Muhazi United bwabanje kwishyura abakinnyi bose ibirarane by’imishahara y’amezi abiri kuburyo byatumye abakinnyi bakora imyitozo bishimiye. Mu myitozo yabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 28 Werurwe 2024, abakinnyi bayikoze bishimiye mu buryo bugaragara. Umutoza wa Muhazi United, Ruremesha Emmanuel, yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko umwuka uri mu ikipe umeze neza kandi ko biteguye gushaka amanota atatu byakwanga bakanganya nibura bakareba ko bakomeza guhatanira imyanya myiza.

Pep Guardiola atewe impungenge n'abakinnyi ngenderwaho batazaboneka ubwo ikipe izaba igeze ahakomeye

Umutoza Pep Guardiola atewe impungenge n’ikibazo gikomeye cy’imvune abakinnyi be bagiriye mu makipe y’ibihugu. Ba myugariro ba Manchester City barimo, Kyle Walker, John Stones na Manuel Akanji, bose barashidikanywaho ku cyumweru mu mukino wa shampiyona ukomeye bazakiramo Arsenal. Ederson, Kevin De Bruyne, Jack Grealish na Matheus Nunes nabo bahangayikishije Pep Guardiola kuko bagize ibibazo mbere y’aho. Umukinnyi w’Umwongereza Walker agomba kongera kunyura mu cyuma kubera imvune yagize ku wa gatandatu ikipe y’igihugu cye itsindwa na Brezil 1-0. Stones na Akanji nabo bagarutse bavuye mu mikino mpuzamahanga bafite ibibazo. City ifite imikino irindwi kuva ubu kugeza kuwa 20 Mata - ine muri Premier League, ibiri ya kimwe cya kane cy’irangiza cya Champions League na Real Madrid n’undi wa kimwe cya kabiri cya FA Cup na Chelsea. Hari ibyiringiro ko Walker yakuwe mu kibuga na Gareth Southgate ku wa gatandatu mu rwego rwo kwirinda ko avunika cyane. Amakuru avuga ko ashobora gukira akazakina na

Ibisasu bibiri byaguye mu birindiro by'ingabo za leta ya Congo i Sake

Amakuru menshi yaturutse muri Sake, muri Kivu y’Amajyaruguru, yatangaje ko kuri uyu wa kane, tariki ya 28 Werurwe,ibintu byakomeje kuba bibi cyane hirya no hino muri uwo mujyi. Nk’uko ayo makuru abitangaza, byibuze ibindi bisasu bibiri byatewe n’inyeshyamba byaguye mu birindiro by’Ingabo za FARDC n’abarwanyi bafatanyije ku musozi wa Matcha mu gitondo. Ibi bisasu bibiri bya Mortar ngo byatewe n’inyeshyamba za M23 bivuye ku musozi wa Vunano zimaze amezi menshi zarafashe. Aya makuru avuga kandi ko ikindi gisasu cyaguye hafi y’inzu yo mu karere ka Mahyutsa, rwagati mu mujyi. Nta makuru mashya yabonetse kugeza ku wa kane nyuma saa sita. Umujyi wa Sake umaze ibyumweru byinshi abawutuye barahunze. Ibintu bikomeje kuzamba muri kariya gace nkuko Radio Okapi dukesha iyi nkuru ibitangaza. Radio Okapi yabwiwe ko ingabo zose ziri ku rugamba ziryamiye amajanja. Ku wa gatatu ushize, agace ka Sake kabereyemo imirwano ikaze yabereye hafi ya Kanve, Vunano, Muambaliro, mu burengerazuba bwa Sake-Kirotshe

Dore impamvu abantu bashobora kumatana mu gihe cyo gutera akabariro

Ni kenshi cyane humvikana amakuru y’uburyo abantu bari mu gikorwa cy’ akabariro bamatana hakitabazwa abaganga, abenshi bahita bavuga ko ari amarozi kandi ni ibintu Siyanse yemera ko bibaho n’ubwo bibaho gacye bishoboka. Birashoboka ko mu gihe cy’akabariro igitsina cy’umugabo cyafata mu cy’umugore kugikuramo bikananirana. Ibi birenze imitekerereze ya muntu kwiyumvisha ko ibitsina byafatana, akumva n’iyo byabaho ari ibihuha ariko “Siko biri”. Hari abafatana bya nyabyo nko muri Kenya hari benshi bafatanye bari gusambana. Siyanse, ivuga ko hari benshi bafatana bari mu gikorwa cy’akabariro  bakabyikemurira batajyanwe kwa muganga, iyo ibitsina bifatanye ahanini umugabo ni we utabaza kuko aba ababara cyane kuko imitsi yo mu gitsina cy’umugore iba iri kumukanda cyane. Inkuru ya Healthline, irabyemeza ko mu gihe wahuye n’iri fatana ry’ibitsina (Captivus), wabyikemurira kuko hari abashakanye benshi bibaho ntibimenyekane. Siyanse ivuga ko kuba igitsina cy’umugabo kiba cyafashe umurego kiba kirimo

Muhanga: Urujijo ni rwose ku rupfu rw'umugabo wasanzwe amanitse mu mugozi bigakekwa ko yiyahuye

Umugabo witwa Niyomugabo Jean Bosco wo mu Murenge wa Nyamabuye mu Kagali ka Gifumba, mu Mudugudu wa Rugarama, yasanzwe mu cyumba ari mu mugozi yamaze gupfa bigacyekwako yiyahuye. Amakuru y’uru rupfu yamenyekanye ahagana saa tatu za mu gitondo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 27 Werurwe 2024. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye yatangarije imvaho Nshya ko aya makuru y’uru rupfu rw’uyu mugabo yamenyekanye ahagana saa tatu za mugitondo. Yagize ati: “Yego koko ayo makuru mwamenye ni yo, ahagana saa tatu za mugitondo twamenye amakuru yuko  Niyomugabo yasanzwe mu cyumba amanitse mu mugozi turakeka ko yaba yiyahuye nubwo hagikorwa iperereza.” Yongeyeho ko mu makuru y’ibanze yavuye mu baturanyi nta makimbirane bazi yari hagati ye n’uwo bashakanye ndetse iperereza rikaba ryatangiye kugira ngo hamenyekane byinshi kuri uru rupfu. SP Habiyaremye asaba abantu ko mu gihe hagaragaye imyitwarire itandukanye n’iyo umuntu asanganywe bakwiye kumenyesha inzego zitanduk

Umuhanzikazi Rihanna urimo kugenda atera umuziki umugongo yatangaje igihugu cyo muri Aziya agiye kwaguriramo ubucuruzi bwe

Icyamamarekazi Rihanna, ukomeje gutera umugongo iby'umuziki, yamaze kwemeza ko muri Mata azatangira ku mugaragaro ibikorwa by'ubucuruzi bwa kompanyi ye 'Fenty Beauty' mu Bushinwa. Rihanna Robyn Fenty umaze kuvamo umucuruzi kabuhariwe, arasa nk'aho ibyo amaze igihe asabwa n'abafana be byo gusohora 'Album' nshya, atabikozwa kuko ahugiye mu bikorwa byo kwagura ubucuruzi bwa kompanyi ye ikora ibirungo by'ubwiza ya 'Fenty Beauty'. Mu kwezi gushize byatangajwe ko Rihanna agiye kuba yafungura amaduka abiri ya Fenty Beauty mu Buhinde, ndetse binavugwa ko nk'uko yari yiyemeje kwagurira ibikorwa bye muri Asia azahita akomereza mu Bushinwa. Ibi yabyemeje mu kiganiro cyihariye yagiranye n'ikinyamakuru cy'imideli Vogue China cyanasohoye amafoto ye mashya. Rihanna w'imyaka 36 yagize ati: ''Ku itariki 01 Mata ni bwo tuzafungura imiryango ya Fent Beuty mu Bushinwa. Ni icyifuzo nari maranye igihe kandi bizanasubiza abifuzaga kugura ibi

Nyagatare: Hashyizweho irondo ridasanzwe ryo guhangana n'ibitera

Bamwe mu baturage b’Umujyi wa Nyagatare no mu nkengero zawo barishimira ko batakibangamirwa n’inyamanswa zitwa ibitera kuko hari abarinzi babyo babibuza kwinjira mu baturage. Kamuriza Julienne, umuturage w’Umudugudu wa Mirama ya kabiri akaba n’umucuruzi w’imineke n’amandazi, avuga ko mbere byari bimubangamiye cyane kuko byajyaga bimutera igihombo mu gihe atabibonye biza kuko ubundi igisubizo kwari ugukinga. Agira ati “Ntabwo biheruka kuza hashyizweho ababirinda. Mbere byandiraga imineke n’amandazi mu gihe ntabibonye ngo mpite nkinga ariko ubu ntakibazo.” Muri uyu Mudugudu hari aho bise mu rw’ibitera nk’ahantu byakundaga kuba cyane. Nsabimana Jean Felix, avuga ko uretse konera abaturage no guterura inkono ku ziko ngo n’abanyuraga mu muhanda bikoreye imineke cyangwa amandazi byaribamburaga ariko ubu ngo babonye agahenge. Yagize ati “Ibitera byoneraga abantu n’uwasize nk’uwasize ibiryo cyangwa indi myaka iribwa mu gipangu ugasanga birabijyanye n’abantu baca hano bikoreye nk’imineke bikabi

Hamenyekanye ukuri ku byavuzwe ko Memphis Depay yishyuriye ingwate Alves kugira ngo afungurwe

Uhagarariye umukinnyi w’umupira wamaguru w’Umuholandi, Memphis Depay yahakanye ko uyu mukinnyi wa Atletico Madrid yishyuriye Dani Alves ingwate y’amayero miliyoni kugira ngo ashobore gusohoka muri gereza ku wa mbere. Alves w’imyaka 40 y’amavuko yari afungiye muri gereza ya Brians 2 hafi ya Barcelona kuva muri Mutarama 2023 nyuma yo gushinjwa gufata ku ngufu umukobwa ukiri muto mu bwiherero bw’akabyiniro,mu rukerera rwo ku ya 31 Ukuboza 2022. Yahamijwe icyaha cyo gufata ku ngufu mu kwezi gushize, akatirwa igifungo cy’imyaka ine n’igice, nyuma arajurira. Alves yasabye kurekurwa by’agateganyo atanze ingwate ya miliyoni imwe y’amayero Byabanje kuvugwa ko uyu munya Brazil atazabona ayo mafaranga bitewe n’uko ngo afite konti ebyiri za banki ziriho ubusa n’indi ifunze, ariko yashoboye kwishyura ayo mafaranga ku wa mbere maze ararekurwa. Ku gicamunsi cyo ku wa mbere,ku rubuga nkoranyambaga hakwirakwiriye amakuru ko Depay ariwe wishyuye iyi ngwate kugira ngo afashe uyu bahoze bakinana, ariko um

Dore ibimenyetso byakwereka ko umukobwa yagukunze akabura aho ahera abikubwira

Akenshi biragoye kubona umukobwa watobora ngo avuge ko yakunze umusore gusa abenshi kwihishira birabagora bitewe n’ibimenyetso bagaragaza. Bimwe mu bimenyetso byakwereka ko umukobwa yagukunze ariko akabura aho ahera abikubwira. 1. Avugana n’abandi ugasanga wowe arakwitarutsa Umukobwa ugukunda akaba yarabuze aho yaguhera akenshi usanga agutinya , ibyo bituma yumva atakuvugisha igihe kinini ndetse waza kumuvugisha akakwitarutsa, usanga aba yifuza kuba yavugana nawe gusa kubera ubwoba no kumva ko uri umuntu utandukanye n’abandi bigatuma atakuvugisha cyane. 2. Ashobora kujya akuratira inshuti ze avuga ukuntu uri umuhungu w’igitangaza Umukobwa wagupfiriye ahora atekereza ko uri umuhungu utandukanye n’abandi mu buryo bwose, bituma kugutekereza no kuba yahamana uko agutekereza mu mutima we bimurenga agatangira kujya yumva wahora mu biganiro bye n’abandi. Ibi rero bituma iyo atangiye kuganira n’inshuti ze mu biganiro uganza cyane akajya akugarukaho buri kanya ndetse n’iyo baba bari mu bindi bi

Abofisiye batanu bo mu mutwe wa Wazalendo bishwe na M23 bashyinguwe

Colonel Nsabimana Augustin uri mu bashinze umutwe witwaje intwaro wa UFPC (Union des Forces Patriotiques du Congo), Colonel Maombe Emmanuel n’abandi bofisiye bane baherutse gupfira mu mirwano bari bahanganyemo n’umutwe wa M23 bashyinguwe kuri uyu 26 Werurwe 2024. UFPC yashinzwe muri Nzeri 2023. Ni umutwe uterwa inkunga na sosiyete sivili ikorera muri teritwari ya Nyiragongo, ugamije kurwanya M23 nk’uko byasobanuwe n’Umuvugizi wawo, Muhabura Nicolas. Tariki ya 23 Werurwe 2024, abarwanyi ba UFPC, ingabo za RDC, zibifashijwemo n’iziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) bagabye igitero ku birindiro bya M23 bya Kibumba no mu nkengero. Ku ruhande rwa UFPC, abarwanyi bayo bagiye imbere ku rugamba muri Kibumba, bagerageza guhangana na M23 ariko yabarushije imbaraga, yicamo bamwe muri bo, barimo umuyobozi wabo, Colonel Nsabimana. Mu muhango wo kubashyingurwa wabaye kuri uyu wa 26 Werurwe, ‘Général’ Mbokani Kimanuka Grace, yatangaje ko nubwo ba komanda babo bishwe, bazakome

Umuhanzi Eddy Kenzo utegerejwe i Kigali yaherekeje Minisitiri bari mu rukundo mu irahira

Eddy Kenzo utegerejwe i Kigali ku wa 28 Werurwe 2024, kuri uyu wa 27 Werurwe 2024 yaherekeje Minisitiri Phiona Nyamutoro uherutse gushyirwa muri Guverinoma, kurahira mu muhango wayobowe na Perezida Yoweli Kaguta Museveni. Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Eddy Kenzo yavuze ko yishimiye guherekeza Minisitiri Phiona Nyamutoro mu kurahira ndetse amumenyesha ko aterwa ishema no kumubona mu mwanya aherutse guhabwa. Phiona Nyamutoro yari asanzwe mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda ahagarariye urubyiruko by’umwihariko akaba umunyamuryango wa NRM, ishyaka riri ku butegetsi muri Uganda. Nyamutoro aherutse kugirwa Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Iterambere ry’Ingufu n’Amabuye y’Agaciro kuwa 22 Werurwe 2024. Nyuma yo guhabwa uyu mwanya muri Guverinoma, Eddy Kenzo yagaragaje ko yishimiye bikomeye Nyamutooro, bituma itangazamakuru ryo muri Uganda ritangira kugaruka ku mubano wabo. Nyamutooro warangije icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu bijyanye n’ubuhanzi, yaje gusoza icyiciro cya gat

Hatangajwe umubare w'abanyamuryango ba Rayon Sports n'akayabo batanga nk'inkunga

Kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Werurwe 2024, Rayon Sports yatangaje umubare w’abafana bayo bazwi, bamaze kwiyandikisha kuva ku rwego rw’akagari. Binyuze ku mbuga nkoranyambaga z’ikipe, bagize bati “Tunejejwe no kubamenyesha ko twujuje abakunzi ba Rayon Sports 500 000 biyandikishije kandi batanga umusanzu wo kubaka ikipe yabo binyuze mu mushinga Gikundiro Iwacu mu Kagari. Nawe shyigikira uyu mushinga ukanda *702*10# wiyandikishe nk’umunyamuryango w’akagari utuyemo. Umusanzu wawe ukoreshwa mu gutegura ahazaza ha Gikundiro".

Umuherwekazi Zari Hassan atwite inda y'imvutsi

Umuherwekazi akaba n’umushabitsi, Zari Hassan wamenyekanye nka The Boss Lady mu myidagaduro yo muri Afurika, yaciye amarenga ko we n’umugabo we Shakib bari kwitegura umwana wabo wa mbere. Uyu mugore w’abana batanu, yatangaje ko we n’umugabo we baba bari kwitegura kwakira umwana wabo mu minsi iri imbere. Ubwo yageraga muri Tanzania mu munsi yashize, uyu mugore yagiranye ibiganiro n’itangazamakuru ryo muri icyo gihugu. Mu kiganiro n’abanyamajuru, uyu mugore yibanze ku gusubiza bimwe mu bibazo yabazwaga ku muryango we n’umugabo we Shakib. Zari yagarutse ku kazi umugabo we akora ndetse anashimangira ko atamunyunyuza imitsi nk’uko byagiye bihwihwiswa ku mbuga nkoranyambaga. Abajijwe kubijyanye no kuba yabyarana n’umugabo bamaranye umwaka urenga, Zari yaciye amarenga ko baba benda kwibaruka umwana wabo wa mbere. Yagize ati: “Yego, turateganya kubyara. Dufite ibyiringiro byo kuzamura umuryango. Birashoboka ko tuzabyarana abana babiri, ariko kuri ubu, twibanze ku guha ikaze umwana wacu wa mber

Ruhango: Baratabariza abaturage bakubiswe na DASSO akabahindura intere ubu bakaba barembye

Abaturage batuye mu Kagari ka Gitisi, Murenge wa Bweramana, Akarere ka Ruhango, bakomeje gutabariza abaturage bakubwiswe inkoni n'umukozi wa Leta mu rwego rwa DASSO bikabivaramo uburwayi bukomeye. Abo bagabo bivugwa ko bakubiswe n'uwo mukozi ukorera urwego rwa DASSO mu karere Ruhango, baganira na BTN dukesha iyi nkuru, bavuze ko uyu mukozi yabasanze ku biro by'akagari ka Gitisi, hanyuma abategeka gupfukama bakamanika amaboko hejuru noneho babyanga akabica bakava ku Isi. Umunyamakuru wa BTN asanga mu rugo Hakizimana Sillas atuyemo, yasanze atabasha kugenda cyakora yifashisha ikibando kugirango abashe kuva ahantu hamwe ajya ahandi ariko ntantera, yamubwiye ko Uyu Mudaso uzwi ku izina rya Gasongo ngo yabatunguye abasanga aho bari gucungira umutekano ku biro by'akagari hanyuma abasanganiza amagambo ashaririye abuka inabi noneho we na mugenzi we witwa Gaspard bamubajije icyo abahora ababwira ko mu gihe badakurikiza ibyo abasaba ari buheze umwe umwuka. Yagize ati" Yaraje

Umwana w'uwahoze ari umukuru w'igihugu yatawe muri yombi azira gucuruza ibiyobyabwenge

Ku wa kabiri, Minisiteri y’Ubutabera yo muri Amerika yatangaje ko umuhungu w’uwahoze ari perezida wa Guinea-Bissau, yakatiwe igifungo gisaga imyaka itandatu n’igice azira kugira uruhare mu mugambi wo gucuruza ibiyobyabwenge mpuzamahanga. Malam Bacai Sanha Jr w’imyaka 52, yateganyaga gukoresha amafaranga yavuyemo kugira ngo atere inkunga ihirikwa ry’ubutegetsi muri iki gihugu cyo muri Afurika y’Iburengerazuba byari kumuviramo kuba perezida ndetse no gushyiraho "ubutegetsi bushyigikira icuruzwa ry’ibiyobyabwenge", nk’uko byatangajwe n’umushinjacyaha wa Leta zunze ubumwe za Amerika mu majyepfo ya Texas. Douglas Williams, intumwa idasanzwe ya FBI muri Houston, yagize ati: "Malam Bacai Sanha Jr. ntabwo yari umuntu usanzwe ucuruza ibiyobyabwenge mpuzamahanga." "Ni umuhungu w’uwahoze ari perezida wa Gineya-Bissau kandi yacuruzaga ibiyobyabwenge ku mpamvu yihariye - yo gutera inkunga ihirikwa ry’ubutegetsi." Itangazo ryashyzwe hanze rivuga ko Sanha yari umuyobozi

Nyamasheke; Umugore yabyutse ajya gushaka ikiraka agarutse gufata isuka asanga umugabo we amanitse mu nzitiramibu

Manirareba Jean Bosco w’imyaka 55 wari utuye mu Mudugudu wa Gitwe, Akagari ka Gitwe, Umurenge wa Karambi, Akarere ka Nyamasheke, yasanzwe mu nzu saa kumi n’ebyri z’igitondo yimanitse muri supaneti bikekwa ko yiyahuye. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gitwe, Sekamana Tharcisse,  yabwiye Imvaho Nshya ko byabaye mu ma saa kumi n’imwe n’igice z’igitondo cyo ku wa Gatanu tariki 22 Werurwe 2024. Icyo gihe umugore we yari amusize mu buriri aryamye, agiye kureba uwari wabahaye ikiraka cyo kuzinduka bamubagarira icyayi bombi, kuko batari baraye bumvikanye neza ku mafaranga yagombaga kubaha. Avuga ko umugore yamuzindutse muri iyo saa kumi n’imwe z’igitondo ngo bumvikane neza, bamaze kumvikana, aza kureba umugabo ngo bafate amasuka bagende. Yamugezeho saa kumi n’ebyiri zuzuye kuko  aho yari avuye ngo hatari kure, akinguye asanga umugabo mu ruganiriro yimanitse muri supaneti yapfuye. Gitifu ati: “Bararaga mu nzu y’icyumba n’uruganiriro, indi nzu iraramo abana babo 3, umugore afite imyaka

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro n'umukinnyi wo hagati ufatwa nk'inkingi ya mwamba mu ikipe y'abanyamujyi

Ikipe ya Rayon Sports igeze kure ibiganiro byo gusinyisha umukinnyi wo hagati Niyonzima Olivier Sefu wakiniraga Kiyovu Sports muri uyu mwaka w’imikino. Niyonzima Olivier Sefu uherutse guhagarikwa na Kiyovu Sports imikino itandatu, aravugwa muri Rayon Sports ishaka kwiyubaka mbere y’igihe isoko ritari ryazaho benshi. Rayon Sports irashaka undi mukinnyi wo hagati nyuma yo kubona ko Madjaliwa adashaka kuyikinira. Kubera gutinya ibyuho by’abakinnyi bo mu kibuga hagati mu mwaka utaha, Rayon Sports yatangiye kuvugisha Sefu kugira ngo aze kuyifasha mu kibuga hagati. Amakuru aravuga ko ibiganiro bigeze ku kigero cya 90%, ndetse ko nta gihindutse Niyonzima Olivier Sefu azakinira Rayon Sports mu mwaka w’imikino 2024-2025. Niyonzima w’imyaka 31 yabaye muri Rayon Sports kuva mu 2015-2019, ayivamo ajya muri APR FC (2019-2021), AS Kigali (2021-2023) na Kiyovu SC (2023-2024). Inkuru ya Bwiza.com

Hasohotse ubutumwa bugenewe buri muntu utega imodoka akoresheje ikarita ya "Tap and Go"

  Urwego Ngenzuramikorere, RURA, rwagiriye inama abatega imodoka rusange bakoresha amakarita azwi nka ‘tap and go’. RURA yagize iti “Genzura neza ko amafaranga washyize ku ikarita yawe y’urugendo yagiyeho wifashishije imashini ziri iruhande rw’aba agents bashyira amafaranga ku makarita muri gare.”

Karongi: Nyuma y'uko hatangajwe imibare y'abagore babyarira mu rugo ikomeje kuzamuka, Ubuyobozi bwagiriye ababyeyi inama y'icyo bakora kikabafasha

Nyuma y’uko imibare igaragaje ko umubare w’abagore bo muri Karongi babyarira mu rugo wongeye kwiyongera, ubuyobozi bw’aka karere bwasabye abagore bitegura kubyara kujya bagenda mbere inda ikabafata bari kwa muganga mu rwego rwo kwirinda ingaruka bashobora guterwa no kubyarira mu rugo. Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi bwasabye ubufatanye mu gukangurira abagore gusubira ku muco wo kubyarira kwa muganga, bugaragaza ko umubare w’abagore batabyarira kwa muganga wongeye kuzamuka ukaba ugeze kuri 334. Kubyarira kwa muganga no kuzamura umubare w’inshuro abagore batwite bipimisha zikagera ku munani zivuye kuri enye, ni zimwe mu ngamba Leta y’u Rwanda yafashe mu rwego rwo kugabanya umubare w’abagore bapfa babyara. U Rwanda rwihaye intego yo kugabanya umubare w’abagore bapfa babyara ukagera kuri 126/100 000 bitarenze 2024 uvuye ku bagore 210/100 000 mu mwaka wa 2013 na 2014.

Menya akamaro ko kurya intoryi n'uburyo ari ingirakamaro ku muntu

Intoryi zifitiye umubiri w’umuntu akamaro kanini karimo kuba zifasha mu igogora ry’ibiryo, zikagabanya ibinure mu mubiri w’umuntu, zikarinda umuvuduko w’amaraso, zifitemo kandi fibre ari two dutsi mu kinyarwanda, calcium cyangwa imyunyungugu, ubutare ndetse na vitamine B1,3,6 n'9. Nkuko tubikesha urubuga Amelioretasante, impuguke mu bijyanye n’ubuzima kandi zivuga ko intoryi ari nziza ku barwayi ba diabete ngo kuko zitifitemo isukari, bityo bakaba bashobora kuzirya nta mpungenge. Zishobora no kwifashishwa mu kugabanya umubyibuho ukabije no kubyimbagana mu gihe wahuye n’ikibazo runaka kuko ngo ziri mu bikamura amazi mu mubiri w’umuntu, noneho wa mubyibuho na wo ukagenda ugabanuka.

Igisirikari cya leta ya Congo cyabyukiye mu mirwano ibahuza na M23 mu nkengero z'umugi wa Sake

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, kuri uyu wa 27 Werurwe 2024 zabyukiye mu mirwano n’umutwe witwaje intwaro wa M23 mu bice bikikije umujyi wa Sake muri teritwari ya Masisi. FARDC iri gufashwa muri uru rugamba n’imitwe y’ingabo irimo ihuriro Wazalendo, zagabye ibitero zigamije gufungura umuhanda uhuza Sake na Minova umaze iminsi myinshi ugenzurwa n’abarwanyi ba M23. Ni imirwano ikomeye bivugwa ko ishobora gutuma abaturage basigaye muri Sake no mu nkengero bahunga, bitewe ahanini n’imbunda nini ziri kwifashishwa na FARDC. Kuri uyu wa 26 Werurwe, imirwano yari yakomereje mu gace ka Bibwe gaherereye muri Bashali Mokoto muri iyi teritwari. Abarwanyi ba M23 bafashe agace ka Nyange kari mu bilometero 10 uvuye muri santere ya Bibwe. Nyuma y’aho mu mpera z’icyumweru gishize, abarwanyi ba M23 basubije inyuma ibitero bya FARDC muri gurupoma ya Kibumba, kuri uyu wa 26 Werurwe nta mirwano yahabaye, kimwe no muri Sake. M23 igenzura imisozi ikikije Sake n’ibice birimo Shasha

Bugesera: Umusore yibye moto ya mukuru we aza kuyigarura shishi itabona nyuma yo guterezwa inzuki

  Umusore utuye mu Murenge wa Nyamata ho mu Karere ka Bugesera yasubije mukuru we moto yari yamwibye nyuma yo gutererezwa inzuki. Radio/TV10 dukesha iyi nkuru iravuga ko ahagana saa munani z’amanywa kuri uyu wa Kabiri taliki 26 Werurwe 2024 aribwo uyu musore yagaragaye mu Mujyi wa Nyamata ari gusunika moto yari yuzuyeho inzuki, ayishyiriye umupfumu Rurangirwa Wilson uzwi nka Salongo. Mu minsi ishize nanone haherutse gutangazwa inkuru y'abajura bo mu Karere ka Muhanga bagaruye ibyo bari bibye nyuma y'uko nyiri kwibwa yiyambaje umupfumu.

Vinicius Junior yarize hafi no guhogora ubwo yasobanuraga akarengane yakorewe muri Espagne

Umunya-Brazil ukinira Real Madrid, Vinícius Júnior, yarize ubwo yasobanuraga iby’irondaruhu yakorewe muri Espagne. Vinicius Junior yaganiriye n’abanyamakuru mbere y’umukino wa gicuti wa Brazil na Espagne, wabereye i Santiago Bernabeu ku wa gatandatu w’icyumweru gishize. Vinicius yabajijwe ibibazo bitatu bijyanye n’irondaruhu yahuye naryo mu myaka mike ishize ararira Ati “Ndashaka gukina umupira gusa ariko biragoye gutera imbere.

Abanyarwanda barakangurirwa kurwanya imirire mibi barya inyama z'inkoko n'iz'ingurube

Abanyarwanda barashishikarizwa kurya inyama z’ingurube n’iz’inkoko hagamijwe guhangana n’ikibazo cy’imirire mibi. Mu gihe inkoko zo bisa n’aho abanyarwanda bazi akamaro kazo, ahubwo bakabangamirwa no kumva ko kuzirya bisaba amikoro, inyama z’ingurube zo zisa n’aho zibagiranye cyangwa zititabwaho mu muco nyarwanda. Ni ibyagarutsweho n’Umuyobozi mukuru ushinzwe iteranbere ry’ubworozi muri MINAGRI, Ndorimana Jean Claude, mu gikorwa cyabereye mu Mujyi wa Kigali, cyo gushishikariza abantu kurya inyama z’ingurube n’iz’inkoko ndetse no kubigisha uburyo butandukanye bwo kuzitegura, hagamijwe kurwanya imirire mibi. Ndorimana Jean Claude yagize ati: “Mu gikorwa Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi MINAGRI ifatanyamo n’ikigo cy’Ababiligi gishinzwe iterambere cyitwa ENABEL, twateguye iki gikorwa dutumira abantu b’inzobere mu guteka (Abachef), berekana uburyo butandukanye bwo gutegura inyama y’inkoko n’inyama y’ingurube. Icya mbere ni ukumenya kuzitegura, ndetse abantu baboneyeho umwanya wo kumva uko z

Teta Sandra yikomye abagenda bakwirakwiza inkuru z'uko akubitwa na Weasel

Teta Sandra yongeye kugaruka ku nkuru zitandukanye zamuvuzweho zerekeye gukubitwa Weasel babyaranye. Teta yagarutse ku buzima bwe mu kiganiro yagiranye na Ruth Kalibbala Bwanika ubwo yasobanuraga ubuzima bwe guhera mu bwana. Sandra yabwiye umunyamakuru ko ari we mwana w’imfura kuko avuka mu muryango w’abakobwa babiri n’abahungu batatu. Yavuze ko kuba umwana w’imfura rimwe na rimwe biba bigoye cyane ko ubo ugomba kwigengesera ngo ubere urugero abavandimwe bamwe. Ati “Biba bijya kugorana cyane ko buri kimwe ukora nk’umwana, uba unagomba kwigengesera cyane ko uba ufite abavandimwe bagomba kukureberaho. Bigaragaza wowe wa nyawe w’imbere ndetse unashaka kujya mu murongo ababayeyi bawe bashaka ndetse no guhuza ibyo byose n’uwo ushaka kuba.’’ Uyu mugore umaze igihe kinini muri Uganda yakomeje asobanura byinshi ku mubano we na Weasel, uko ababyeyi be bakiriye kumenya ko atwite yaragiye muri Uganda gushabika ndetse n’uko yagiye yisanga mu muryango w’abo kwa Mayanja yashatsemo. Muri Gicurasi 201

Ku nshuro ya mbere hamenyekanye icyatandukanyije Kanye West na Kim Kardashian

Umunyamidelikazi Kim Kardashian yatangaje ku nshuro ya mbere impamvu nyamukuru yatumye atandukana n'umwe mu baraperi bakomeye ku Isi, Kanye West, wahinduye amazina akiyita 'Ye'. Kanye West na Kim Kardashian bakimara guhana gatanya mu buryo bwemewe n'amategeko ku wa 29 Ugushyingo 2022, abantu bacitse ururondogoro bibaza ikintu gitumye aba bombi batandukana. Hagiye havugwa byinshi byatumye batandukana gusa ariko ba nyir'ubwite bari bataragira ikintu na kimwe babivugaho, aha niho buri wese yivugiraga ibyo yishakiye ariko atabihagazeho neza. Inshuro nyinshi iyo aba bombi babazwaga ku ntandaro yo gutandukana kwabo, barumaga bahuhaho, bagasaba itangazamakuru ko byaba byiza icyo kibazo bagisimbutse kuko bisa nko kwinjira mu buzima bwite bw'abantu. Ubwo Kim Kardashian yari mu kiganiro 'Big Boss' umunyamakuru yongeye kumubaza iki kibazo ariko noneho kuri iyi nshuro bwa  mbere abohoka umutima avuga icyatumye batandukana. Kim Kardashian yagize ati "Nashakanye