Umuherwekazi akaba n’umushabitsi, Zari Hassan wamenyekanye nka The Boss Lady mu myidagaduro yo muri Afurika, yaciye amarenga ko we n’umugabo we Shakib bari kwitegura umwana wabo wa mbere.
Uyu mugore w’abana batanu, yatangaje ko we n’umugabo we baba bari kwitegura kwakira umwana wabo mu minsi iri imbere.
Ubwo yageraga muri Tanzania mu munsi yashize, uyu mugore yagiranye ibiganiro n’itangazamakuru ryo muri icyo gihugu.
Mu kiganiro n’abanyamajuru, uyu mugore yibanze ku gusubiza bimwe mu bibazo yabazwaga ku muryango we n’umugabo we Shakib.
Zari yagarutse ku kazi umugabo we akora ndetse anashimangira ko atamunyunyuza imitsi nk’uko byagiye bihwihwiswa ku mbuga nkoranyambaga.
Abajijwe kubijyanye no kuba yabyarana n’umugabo bamaranye umwaka urenga, Zari yaciye amarenga ko baba benda kwibaruka umwana wabo wa mbere.
Yagize ati: “Yego, turateganya kubyara. Dufite ibyiringiro byo kuzamura umuryango. Birashoboka ko tuzabyarana abana babiri, ariko kuri ubu, twibanze ku guha ikaze umwana wacu wa mbere."
Ibi uyu mugore yatangarije ibinyamakuru byo muri Tanzania byaciye amarenga ko mu mezi ari imbere uyu mugore araza kwibaruka umwana we wa Gatandatu.
Comments
Post a Comment