Skip to main content

Ruhango: Baratabariza abaturage bakubiswe na DASSO akabahindura intere ubu bakaba barembye



Abaturage batuye mu Kagari ka Gitisi, Murenge wa Bweramana, Akarere ka Ruhango, bakomeje gutabariza abaturage bakubwiswe inkoni n'umukozi wa Leta mu rwego rwa DASSO bikabivaramo uburwayi bukomeye.


Abo bagabo bivugwa ko bakubiswe n'uwo mukozi ukorera urwego rwa DASSO mu karere Ruhango, baganira na BTN dukesha iyi nkuru, bavuze ko uyu mukozi yabasanze ku biro by'akagari ka Gitisi, hanyuma abategeka gupfukama bakamanika amaboko hejuru noneho babyanga akabica bakava ku Isi.


Umunyamakuru wa BTN asanga mu rugo Hakizimana Sillas atuyemo, yasanze atabasha kugenda cyakora yifashisha ikibando kugirango abashe kuva ahantu hamwe ajya ahandi ariko ntantera, yamubwiye ko Uyu Mudaso uzwi ku izina rya Gasongo ngo yabatunguye abasanga aho bari gucungira umutekano ku biro by'akagari hanyuma abasanganiza amagambo ashaririye abuka inabi noneho we na mugenzi we witwa Gaspard bamubajije icyo abahora ababwira ko mu gihe badakurikiza ibyo abasaba ari buheze umwe umwuka.



Yagize ati" Yaraje adusanga ku Kagari ka Gitisi atwuka inabi, hanyuma adutegeka gupfukama tukamanika amaboko hejuru twabyanga umwe akamwica cyane ko ashinjwe kwica no gukiza".


Aba bagabo bivugwa bakubiswe bakavunagurwa n'uyu mugabo, bavuga ko ikibabaje kurushaho ari uko, bakubitwaga hari umunyambanga nshingwabikorwa w'akagari ka Gitisi, wumvaga bataka bagatakamba ariko akabima amatwi.


Bamwe mu baturage bo muri aka kagari ka Gitisi, babwiye umunyamakuru wa BTN ko bitewe nuko abo bagabo bakoraga akazi k'irondo ry'umwuga bakubiswe bikabaviramo ubumuga ku buryo ntacyikintu bakwimarira, ubuyobozi bukwiye guhagurukira iki kibazo ndetse ushyirwa mu majwi ku bahohotera agafatwa agashyikirizwa inzego z'ubutabera akaryozwa ibyo yakoze.


Bati" Ubuyobozi buhagurukire iki kibazo kenda gusa n'ubwicanyi. Bamufate, bamushyikirize ubutabera hanyuma ahanwe abere abandi urugero".


Umunyamakuru ubwo yantunganyaga iyi nkuru, yagerageje kubaza umunyamabanga nshingwabikorwa w'umurenge wa Bweramana, niba iki kibazo akizi, ntiyamwitaba kuri telefoni ndetse n'ubutumwa yamwoherereje arabusoma ariko ntiyagira icyo abusubizaho.

Comments

INKURU ZIKUNZWE

Umuhanzi Ish Kevin na Producer Olivier mu basangiraga ibyibano n'abasore bashikuzaga abantu amatelefone

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye abasore batandatu bibaga abaturage n’amaduka (Supermarket) bakanashikuza abahisi n’abagenzi telefone mu nzira zitandukanye babaga banyuzemo. Ahagana Saa Sita z’amanywa yo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 2 Mata 2024, nibwo RIB yeretse itangazamakuru iri tsinda ry’aba basore uko ari batandatu ibashinja ko bibaga abaturage. RIB yavuze ko aba basore barimo bane bari abakanishi ndetse itsinda ryabo ryibaga imodoka abantu babaga bazisize ku muhanda. Izi modoka bibye ngo bazihinduranyaga plaque kugira ngo badatahurwa. RIB ivuga ko aba basore banajyaga kuri station za lisansi zitandukanye bagashyirirwamo lisansi bagahita bagenda batishyuye ndetse banajyaga muri supermarket bagatwara inzoga zihenze bagahita bigendera batazishyuye. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry, yabwiye itangazamakuru ko yatunguwe n’uburyo yasanze hari abahanzi barimo Ish Kevin basangiraga n’aba bajura inzoga bibye. Ati “Muri bya bindi babaga bibye bajyaga kuryoshya y’amafaranga bib

RURA yamuritse ibiciro bushya by'ingendo mu Rwanda

  Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwashyize hanze ibiciro bishya by’ingendo hirya no hino mu gihugu, nyuma y’uko Guverinoma itangaje ko yakiyeho nkunganire yajyaga itangwa kugira ngo umugenzi agende ku giciro gito. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Werurwe, nibwo Guverinoma yatangaje ko iyo nkunganire iri hagati ya 40% na 5) ikuweho, bivuze ko umugenzi ari we uzajya yiyishyurira igiciro cyose cy’urugendo. Ibiciro bishya RURA yashyize hanze biri hejuru ugereranyije n’ibyo umugenzi yari asanzwe yiyishyurira, aho nko kuva mu mujyi wa rwagati ugera i Nyamirambo ahazwi nko Kuryanyuma, igiciro gishya ari 243 Frw, mu gihe kuva mu mujyi rwagati ugera Kuryanyuma uciye Nyabugogo, igiciro gishya ari 307. Kuva Nyabugogo ugana mu mujyi rwagati, igiciro cyabaye 205 Frw, kuva Kimironko ugana mu mujyi rwagati igiciro cyabaye 355 Frw, mu mujyi rwagati ugana Kacyiru ni 371 Frw, kuva mu mujyi ujya i Kinyinya ni 402 Frw naho kuva i Kabuga ujya Kimironko ni 420 Frw. Kuva mu mujyi rwagati ugana i B

Sobanukirwa akamaro ko kurya igisheke n'uko cyagufasha mu gukora imibonano mpuzabitsina

Ibisheke ni ibiribwa bidakunze guhabwa agaciro, nyamara biraryoha kandi byuzuyemo intungamubiri zagenewe gufasha umubiri gukora neza, bikarinda n’indwara zimwe na zimwe. Ibisheke kandi bifasha mu mibonano mpuzabitsina, kurinda kanseri zimwe na zimwe, ndetse no gusohora imyanda mu mubiri. Abahanga basobanukiwe n’imikorere y’igisheke mu mubiri wa muntu, bavuga ko ibisheke bikoreshwa gake ukurikije uko byagakwiye gukoreshwa. Benshi bavuga ko ibisheke bigenewe abakene. Kandi koko usanga bikoreshwa na bamwe bitwa ko bacirirtse, cyangwa ba bandi batuye mu byaro ahahingwa ibisheke, nyamara ntawe bigenewe ni ibya buri wese. Igisheke kibonekamo intungamubiri zitandukanye zirimo isukari, umwunyungugu wa potasiyumu, umwunyungugu wa karisiyumu, umwunyungugu wa manyeziyumu n’umwunyungugu wa zinc. Uretse kuba ibisheke bifite isukari y’umwimerere, binatuma uruhu rusa neza rukanatoha ntirukushuke. Mu gisheke kandi harimo ubutare bwa fer, vitamin B1, B2 n’izindi. Igisheke gikungahaye ku isukari y’umwim

Hasohotse itangazo rigaragaza uko abanyeshuri biga baba mu bigo bazasubira ku ishuri

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri NESA cyatangaje ingengabihe y’uburyo abanyeshuri biga bacumbikiwe ku bigo by’amashuri, bazasubirayo mu gihembwe cya gatatu. Abanyeshuri bazatangira gusubira kwishuri guhera tariki 15 Mata 2024 azaba arı kuwa mbere.

Dore ibyo kurya umugore cyangwa umukobwa wese yarya bikamufasha gukuza amabuno n'amabere

Ubushakashatsi bwagaragaje ko burya amabere y’umuntu uwo ariwe wese aba atangana. Bwagaragaje ko ibere ry’ibumoso ariryo rinini kurenza iry’iburyo. Ndetse ubushakashatsi bwagaragaje indyo zitandukanye ushobora kurya kenshi zikaba zagufasha kongera amabere. Amata  : Amabere yawe yose agizwe n’ibinure kandi kurya ibikomoka ku mata bikungahaye ku binure bishobora kongera ubunini bw’amabere yawe. Ipapayi:  ipapayi nayo yagufasha kuko ikungahaye ku ntunga mubiri zifasha umubiri kurambuka. Imbuto z’ibihaza (Imbuto z’amadegede) :  izi zo uraziswa ukajya uminjira ifu yazo mu biryo buri munsi. Soya :  soya nazo zikungahaye ku ntungamubiri nyinshi zifasha umubiri mu gukuza ibice byawo. Si ibyo gusa kuko zo zigufasha no kwirinda kuba warwara kanseri yo mu mabere.