Umuhanzikazi Rihanna urimo kugenda atera umuziki umugongo yatangaje igihugu cyo muri Aziya agiye kwaguriramo ubucuruzi bwe
Icyamamarekazi Rihanna, ukomeje gutera umugongo iby'umuziki, yamaze kwemeza ko muri Mata azatangira ku mugaragaro ibikorwa by'ubucuruzi bwa kompanyi ye 'Fenty Beauty' mu Bushinwa.
Rihanna Robyn Fenty umaze kuvamo umucuruzi kabuhariwe, arasa nk'aho ibyo amaze igihe asabwa n'abafana be byo gusohora 'Album' nshya, atabikozwa kuko ahugiye mu bikorwa byo kwagura ubucuruzi bwa kompanyi ye ikora ibirungo by'ubwiza ya 'Fenty Beauty'.
Mu kwezi gushize byatangajwe ko Rihanna agiye kuba yafungura amaduka abiri ya Fenty Beauty mu Buhinde, ndetse binavugwa ko nk'uko yari yiyemeje kwagurira ibikorwa bye muri Asia azahita akomereza mu Bushinwa. Ibi yabyemeje mu kiganiro cyihariye yagiranye n'ikinyamakuru cy'imideli Vogue China cyanasohoye amafoto ye mashya.
Rihanna w'imyaka 36 yagize ati: ''Ku itariki 01 Mata ni bwo tuzafungura imiryango ya Fent Beuty mu Bushinwa. Ni icyifuzo nari maranye igihe kandi bizanasubiza abifuzaga kugura ibicuruzwa byacu bakabibura. Twajyaga twakira ubutumwa bw'abantu benshi mu Bushinwa bashaka ibicuzwa byacu ntibabibone kuko tutabyohereza ariko ubu bagiye kujya babibona hafi''.
Comments
Post a Comment