Skip to main content

Icyo ubushakashatsi buvuga ku rusaku ruterwa n'abari mu gikorwa cyo gutera akabariro



Ushobora kuba warumvise abibaza ku gasaku kavuzwa na bamwe iyo bari mu mibonano mpuzabitsina niba hari icyo kongera mu migendekerere myiza yayo, cyangwa nawe ukaba warabyibajije ntubone igisubizo.


7 Sur 7 iherutse gutangaza ko inzobere muri Siyansi ku buzima bw’imibonano mpuzabitsina akaba n’inzobere mu mibanire myiza ya muntu, Chloé De Bie, avuga ko kuba umuntu yasakuza ari gukora imibonano mpuzabitsina bifite ibisobanuro bitandukanye kandi byose bitanga amakuru.


Anavuga ko gusakuza muri icyo gikorwa bishobora kuba ikimenyetso cy’uko uyikora ayishimiye, abigereranya nuko iyo umuntu ari kumva umuziki akunda nta kindi akora uretse kuririmba.


Ati ‘‘Iyo watwawe n’umuziki, hari ubwo nta kindi ukora usibye kugendera muri iyo njyana ukaririmba. Ubikora utabizi, ndetse kugenzura ayo marangamutima ntibishoboka.”


Chloé De Bie kandi avuga ko ako gasaku kagira umusaruro mwiza mu mibanire y’abakora imibonano mpuzabitsina nk’iyo bashakanye, kuko nk’umugore ukavuza biha icyizere ko umugabo amunezeza muri icyo gikorwa.


De Bie anavuga ko hari ubwo umuntu yifashisha agasaku mu gikorwa cy’imibonano mpuzabitsina nk’intwaro yo kwihutisha ukugeza mugenzi we ku byishimo bya nyuma.


Inkuru ya 7 Sur 7 itanga urugero ku bushakashatsi bwakozwe mu 2011, bwagaragaje ko 66% by’abagore babukoreweho bavuze ko basakuza mu mibonano mpuzabitsina mu gufasha abagabo babo kugera ku byishimo bya nyuma, 84% bavuga ko basakuza kugira ngo bihe icyizere abagabo babo ko icyo gikorwa cyagenze neza.


Gusa inzobere muri siyansi ku buzima bw’imibonano mpuzabitsina akaba n’inzobere mu mibanire myiza ya muntu, Chloé De Bie, yavuze ko kuba abantu bamwe badasakuza bari gukora imibonano mpuzabitsna bidasobanuye ko bo batishimira icyo gikorwa, ahubwo ko ari ibintu bisanzwe kandi bihindagurika mu bantu mu buryo butandukanye bitewe n’ibyo bakunda cyangwa uko bishima.


Gusa yanakomoje ku kuba gusakuza muri icyo gikorwa bishobora kuba n’ikimenyetso cy’uko umwe mu bari gukorana imibonano mpuzabitsina aba ari kubabara, bityo ko nyuma baba bakwiye no gusuzuma neza ayo marangamutima kugira ngo hatagira ubungamira mugenzi we.


Chloé De Bie abajijwe niba ubwiyongere bw’ako gasaku bufite ubundi busobanuro buruseho, yavuze ko nta bushakashatsi bwizewe burakorwa kuri iyo ngingo, ariko ko uko ukavuza akongera mu ijwi rirenga ari ko byoroha kuba byagira ubutumwa biha uwo bari kumwe muri icyo gikorwa, yaba ku kuba ukavuza yishimye cyane cyangwa se ari kubabara.


Gusa yongeyeho ko hari igihe uwo muri gukora imibonano mpuzabitsina ashobora kuvuza urusaku rwinshi bikakubangamira, ariko ko atari byiza kubimubwira ko yasakuzaga cyane kuko bishobora kwangiza ibyiyumviro bye ku bijyanye no gukora imibonano mpuzabitsina, na cyane ko hari ubwo asakuza na we atabizi bitewe n’uko yiyumvaga muri icyo gikorwa.

Comments

INKURU ZIKUNZWE

Umuhanzi Ish Kevin na Producer Olivier mu basangiraga ibyibano n'abasore bashikuzaga abantu amatelefone

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye abasore batandatu bibaga abaturage n’amaduka (Supermarket) bakanashikuza abahisi n’abagenzi telefone mu nzira zitandukanye babaga banyuzemo. Ahagana Saa Sita z’amanywa yo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 2 Mata 2024, nibwo RIB yeretse itangazamakuru iri tsinda ry’aba basore uko ari batandatu ibashinja ko bibaga abaturage. RIB yavuze ko aba basore barimo bane bari abakanishi ndetse itsinda ryabo ryibaga imodoka abantu babaga bazisize ku muhanda. Izi modoka bibye ngo bazihinduranyaga plaque kugira ngo badatahurwa. RIB ivuga ko aba basore banajyaga kuri station za lisansi zitandukanye bagashyirirwamo lisansi bagahita bagenda batishyuye ndetse banajyaga muri supermarket bagatwara inzoga zihenze bagahita bigendera batazishyuye. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry, yabwiye itangazamakuru ko yatunguwe n’uburyo yasanze hari abahanzi barimo Ish Kevin basangiraga n’aba bajura inzoga bibye. Ati “Muri bya bindi babaga bibye bajyaga kuryoshya y’amafaranga bib

RURA yamuritse ibiciro bushya by'ingendo mu Rwanda

  Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwashyize hanze ibiciro bishya by’ingendo hirya no hino mu gihugu, nyuma y’uko Guverinoma itangaje ko yakiyeho nkunganire yajyaga itangwa kugira ngo umugenzi agende ku giciro gito. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Werurwe, nibwo Guverinoma yatangaje ko iyo nkunganire iri hagati ya 40% na 5) ikuweho, bivuze ko umugenzi ari we uzajya yiyishyurira igiciro cyose cy’urugendo. Ibiciro bishya RURA yashyize hanze biri hejuru ugereranyije n’ibyo umugenzi yari asanzwe yiyishyurira, aho nko kuva mu mujyi wa rwagati ugera i Nyamirambo ahazwi nko Kuryanyuma, igiciro gishya ari 243 Frw, mu gihe kuva mu mujyi rwagati ugera Kuryanyuma uciye Nyabugogo, igiciro gishya ari 307. Kuva Nyabugogo ugana mu mujyi rwagati, igiciro cyabaye 205 Frw, kuva Kimironko ugana mu mujyi rwagati igiciro cyabaye 355 Frw, mu mujyi rwagati ugana Kacyiru ni 371 Frw, kuva mu mujyi ujya i Kinyinya ni 402 Frw naho kuva i Kabuga ujya Kimironko ni 420 Frw. Kuva mu mujyi rwagati ugana i B

Sobanukirwa akamaro ko kurya igisheke n'uko cyagufasha mu gukora imibonano mpuzabitsina

Ibisheke ni ibiribwa bidakunze guhabwa agaciro, nyamara biraryoha kandi byuzuyemo intungamubiri zagenewe gufasha umubiri gukora neza, bikarinda n’indwara zimwe na zimwe. Ibisheke kandi bifasha mu mibonano mpuzabitsina, kurinda kanseri zimwe na zimwe, ndetse no gusohora imyanda mu mubiri. Abahanga basobanukiwe n’imikorere y’igisheke mu mubiri wa muntu, bavuga ko ibisheke bikoreshwa gake ukurikije uko byagakwiye gukoreshwa. Benshi bavuga ko ibisheke bigenewe abakene. Kandi koko usanga bikoreshwa na bamwe bitwa ko bacirirtse, cyangwa ba bandi batuye mu byaro ahahingwa ibisheke, nyamara ntawe bigenewe ni ibya buri wese. Igisheke kibonekamo intungamubiri zitandukanye zirimo isukari, umwunyungugu wa potasiyumu, umwunyungugu wa karisiyumu, umwunyungugu wa manyeziyumu n’umwunyungugu wa zinc. Uretse kuba ibisheke bifite isukari y’umwimerere, binatuma uruhu rusa neza rukanatoha ntirukushuke. Mu gisheke kandi harimo ubutare bwa fer, vitamin B1, B2 n’izindi. Igisheke gikungahaye ku isukari y’umwim

Hasohotse itangazo rigaragaza uko abanyeshuri biga baba mu bigo bazasubira ku ishuri

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri NESA cyatangaje ingengabihe y’uburyo abanyeshuri biga bacumbikiwe ku bigo by’amashuri, bazasubirayo mu gihembwe cya gatatu. Abanyeshuri bazatangira gusubira kwishuri guhera tariki 15 Mata 2024 azaba arı kuwa mbere.

Dore ibyo kurya umugore cyangwa umukobwa wese yarya bikamufasha gukuza amabuno n'amabere

Ubushakashatsi bwagaragaje ko burya amabere y’umuntu uwo ariwe wese aba atangana. Bwagaragaje ko ibere ry’ibumoso ariryo rinini kurenza iry’iburyo. Ndetse ubushakashatsi bwagaragaje indyo zitandukanye ushobora kurya kenshi zikaba zagufasha kongera amabere. Amata  : Amabere yawe yose agizwe n’ibinure kandi kurya ibikomoka ku mata bikungahaye ku binure bishobora kongera ubunini bw’amabere yawe. Ipapayi:  ipapayi nayo yagufasha kuko ikungahaye ku ntunga mubiri zifasha umubiri kurambuka. Imbuto z’ibihaza (Imbuto z’amadegede) :  izi zo uraziswa ukajya uminjira ifu yazo mu biryo buri munsi. Soya :  soya nazo zikungahaye ku ntungamubiri nyinshi zifasha umubiri mu gukuza ibice byawo. Si ibyo gusa kuko zo zigufasha no kwirinda kuba warwara kanseri yo mu mabere.