Skip to main content

Icyo ubushakashatsi buvuga ku rusaku ruterwa n'abari mu gikorwa cyo gutera akabariro



Ushobora kuba warumvise abibaza ku gasaku kavuzwa na bamwe iyo bari mu mibonano mpuzabitsina niba hari icyo kongera mu migendekerere myiza yayo, cyangwa nawe ukaba warabyibajije ntubone igisubizo.


7 Sur 7 iherutse gutangaza ko inzobere muri Siyansi ku buzima bw’imibonano mpuzabitsina akaba n’inzobere mu mibanire myiza ya muntu, Chloé De Bie, avuga ko kuba umuntu yasakuza ari gukora imibonano mpuzabitsina bifite ibisobanuro bitandukanye kandi byose bitanga amakuru.


Anavuga ko gusakuza muri icyo gikorwa bishobora kuba ikimenyetso cy’uko uyikora ayishimiye, abigereranya nuko iyo umuntu ari kumva umuziki akunda nta kindi akora uretse kuririmba.


Ati ‘‘Iyo watwawe n’umuziki, hari ubwo nta kindi ukora usibye kugendera muri iyo njyana ukaririmba. Ubikora utabizi, ndetse kugenzura ayo marangamutima ntibishoboka.”


Chloé De Bie kandi avuga ko ako gasaku kagira umusaruro mwiza mu mibanire y’abakora imibonano mpuzabitsina nk’iyo bashakanye, kuko nk’umugore ukavuza biha icyizere ko umugabo amunezeza muri icyo gikorwa.


De Bie anavuga ko hari ubwo umuntu yifashisha agasaku mu gikorwa cy’imibonano mpuzabitsina nk’intwaro yo kwihutisha ukugeza mugenzi we ku byishimo bya nyuma.


Inkuru ya 7 Sur 7 itanga urugero ku bushakashatsi bwakozwe mu 2011, bwagaragaje ko 66% by’abagore babukoreweho bavuze ko basakuza mu mibonano mpuzabitsina mu gufasha abagabo babo kugera ku byishimo bya nyuma, 84% bavuga ko basakuza kugira ngo bihe icyizere abagabo babo ko icyo gikorwa cyagenze neza.


Gusa inzobere muri siyansi ku buzima bw’imibonano mpuzabitsina akaba n’inzobere mu mibanire myiza ya muntu, Chloé De Bie, yavuze ko kuba abantu bamwe badasakuza bari gukora imibonano mpuzabitsna bidasobanuye ko bo batishimira icyo gikorwa, ahubwo ko ari ibintu bisanzwe kandi bihindagurika mu bantu mu buryo butandukanye bitewe n’ibyo bakunda cyangwa uko bishima.


Gusa yanakomoje ku kuba gusakuza muri icyo gikorwa bishobora kuba n’ikimenyetso cy’uko umwe mu bari gukorana imibonano mpuzabitsina aba ari kubabara, bityo ko nyuma baba bakwiye no gusuzuma neza ayo marangamutima kugira ngo hatagira ubungamira mugenzi we.


Chloé De Bie abajijwe niba ubwiyongere bw’ako gasaku bufite ubundi busobanuro buruseho, yavuze ko nta bushakashatsi bwizewe burakorwa kuri iyo ngingo, ariko ko uko ukavuza akongera mu ijwi rirenga ari ko byoroha kuba byagira ubutumwa biha uwo bari kumwe muri icyo gikorwa, yaba ku kuba ukavuza yishimye cyane cyangwa se ari kubabara.


Gusa yongeyeho ko hari igihe uwo muri gukora imibonano mpuzabitsina ashobora kuvuza urusaku rwinshi bikakubangamira, ariko ko atari byiza kubimubwira ko yasakuzaga cyane kuko bishobora kwangiza ibyiyumviro bye ku bijyanye no gukora imibonano mpuzabitsina, na cyane ko hari ubwo asakuza na we atabizi bitewe n’uko yiyumvaga muri icyo gikorwa.

Comments

INKURU ZIKUNZWE

Sobanukirwa akamaro ko kurya igisheke n'uko cyagufasha mu gukora imibonano mpuzabitsina

Ibisheke ni ibiribwa bidakunze guhabwa agaciro, nyamara biraryoha kandi byuzuyemo intungamubiri zagenewe gufasha umubiri gukora neza, bikarinda n’indwara zimwe na zimwe. Ibisheke kandi bifasha mu mibonano mpuzabitsina, kurinda kanseri zimwe na zimwe, ndetse no gusohora imyanda mu mubiri. Abahanga basobanukiwe n’imikorere y’igisheke mu mubiri wa muntu, bavuga ko ibisheke bikoreshwa gake ukurikije uko byagakwiye gukoreshwa. Benshi bavuga ko ibisheke bigenewe abakene. Kandi koko usanga bikoreshwa na bamwe bitwa ko bacirirtse, cyangwa ba bandi batuye mu byaro ahahingwa ibisheke, nyamara ntawe bigenewe ni ibya buri wese. Igisheke kibonekamo intungamubiri zitandukanye zirimo isukari, umwunyungugu wa potasiyumu, umwunyungugu wa karisiyumu, umwunyungugu wa manyeziyumu n’umwunyungugu wa zinc. Uretse kuba ibisheke bifite isukari y’umwimerere, binatuma uruhu rusa neza rukanatoha ntirukushuke. Mu gisheke kandi harimo ubutare bwa fer, vitamin B1, B2 n’izindi. Igisheke gikungahaye ku isukari y’umwim...

Umuhanzi Chris Brown yashimiwe agaciro aha abahanzi bo muri Afurika

  Oyinkansola Sarah Aderibigbe umaze kwamamara ku izina rya Ayra Starr akoresha mu muziki, akaba umwe mu bahanzikazi bagezweho muri Afurika, yashimye uburyo Chris Brown aha agaciro abahanzi bo muri Afurika. Ayra Starr yatangaje ibi nyuma y’uko, Christopher Maurice Brown, umunyamerika w’icyamamare muri RnB, atangaje ko uyu mukobwa ukomoka muri Nigeria azaba ari mu itsinda ry’abahanzi bazamufasha mu bitaramo bigamije kumenyekanisha alubumu ye nshya “11:11” aherutse gushyira hanze. Ibi bitaramo bizazenguruka Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Canada, bizatangira ku ya 5 Kamena uyu mwaka, bikazahera I Detroit, muri leta ya Michigan, kuri Little Caesars Arena. Azafatanya kandi n’umuhanzikazi Muni Long nawe uri mu bakunzwe muri iyi minsi mu ndirimbo “Made for Me”. Mu kiganiro, Ayra Starr wamamaye mu ndirimbo “Rush” aherutse kugirana na Kiss FM mu Bwongereza, yavuze ko yatunguwe no kumva azaba ari mu bahanzi bazashyigikira Chris Brown mu bitaramo byo kumurikira abakunzi be alu...

Dore impamvu amapera adakwiriye kubura ku ifunguro ryawe rya buri munsi ndetse byaba ngombwa ukarya n'amababi yayo

Burya amapera ni meza ku buzima bw’umuntu ndetse afite akamaro gakomeye by’umwihariko iyo uyariye hamwe n’amababi yayo.Ni antioxidant kandi ikungahaye kuri vitamin C ,fibre potasiyumu ,nibindi.Izi mbuto kandi ziboneka ku masoko menshi ndetse ntanubwo zihenze. 1. Afasha kugabanya urugero rw’isukari mu mubiri: Benshi ntibazi ibi ariko niko biri.Amapera n’amababi yayo bigabanya urugero rw’isukari ukurikije ibyo abashakashatsi bagaragaje. Ibi ni inkuru nziza kubafite indwara ziterwa no kugira isukari mu maraso. 2. Afasha mu kubungabunga ubuzima by’umutima: Antioxidants iboneka mu mapera nkuko ubushakashatsi bubivuga ifasha kurinda umutima wawe radicals zishobora gutuma udakora neza. 3. Afasha kugabanya ibiro: Amapera agira karori(calories )nkeya ku bw’iyo mpamvu rero afasha mu kurwanya umubyibuho ukabije ndetse no kwiyongera ku ibiro dore ko anafite vitamine n’imyunyu ngugu myinshi. 4. Afasha mu igogora Amapera n’amababi yayo afasha mu nzira yo gushya ibiryo nk’uko ubushakashatsi bubivuga ...

Nyagatare: Guverineri yasobanuye iby'abana 760 bajyanywe kwa muganga igitaraganya banyweye amata

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, yasobanuye ko amata atari atetse yanywewe n’abana ku ishuri ariyo ntandaro yatumye abagera kuri 769 bajyanwa kwivuza, avuga ko kuri ubu bagera ku munani aribo bakiri kwa muganga mu gihe ubuyobozi bw’Akarere buri gukurikirana iki kibazo kugira ngo ababigizemo uruhare babihanirwe. Kuva kuwa Gatanu nijoro abanyeshuri b’ibigo bine byo mu Karere ka Nyagatare batangiye kujyanwa kwa muganga nyuma yo kugira ikibazo cyo kuribwa munda, gucibwamo no kugira umuriro mwinshi. Ni ikibazo cyatumye abana 769 bajya kwivuza ku bigo nderabuzima n’ibitaro bya Nyagatare, ariko kugeza ubu abana umunani nibo bari mu bitaro mu gihe abandi bose bagiye bahabwa imiti bagataha. Guverineri Rubingisa yabwiye IGIHE ko iki kibazo kikigaragara inzego z’ibanze, iz’umutekano n’ibitaro bahise baterana kugira ngo barebe ikibazo cyabaye bafata ibipimo by’ibanze babijyana kubipimisha muri laboratwari y’Igihugu. Ati “ Hafashwe ibipimo bitandukanye yaba ibifatwa ku bana n...

Ikipe ya Real Madrid igiye kugura umukinnyi ngenderwaho ufatwa nk'inkingi ya mwamba muri Liverpool

Ikipe ya Real Madrid ikomeje gukurikiranira hafi myugariro Trent Alexander-Arnold wa Liverpool kugira ngo imugure mu mpeshyi. Amasezerano ya Alexander-Arnold muri Liverpool azarangira muri Kamena 2025 kandi Real Madrid n’imwe mu makipe menshi akomeye i burayi ari gukurikirana uyu mukinnyi w’umuhanga. Kugeza ubu nta biganiro biri gukorwa ku masezerano mashya hagati ya Trent n’uyu mukinnyi cyane ko iyi kipe itarabona undi mutoza uzasimbura Jurgen Klopp uzagenda muri Kamena. Muri Liverpool bari muri gahunda yo gushyiraho ubuyobozi bushya mu ikipe bishobora gutuma amakipe akomeye mu Burayi abona amahirwe yo gusinyisha Trent muri iyi mpeshyi. Alexander-Arnold akina imyanya myinshi mu makipe byongera agaciro ke. Liverpool ntabwo yigeze igaragaza ko ishaka kugurisha uyu mukinnyi mu mpeshyi, nubwo itaravugana ku masezerano mashya n’uyu mukinnyi umaze kuyikinira imikino irenga 300. Real Madrid iri mu makipe akomeye akomeje gukurikiranira hafi Trent ndetse ishobora kumubuza kongera amasezerano.