Byabaye ngombwa ko hitwabazwa Polisi ubwo umufana yishimiraga intsinzi ya Rayon Sports akinjira mu kibuga
Umufana yaciye mu rihumye abari bashinzwe umutekano kuri sitade Huye yinjira mu kibuga hagati ubwo hari hari kuba umukino wa Rayon Sports na Mukura VS.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 30 Werurwe 2024 nibwo hari hakomeje imikino ya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu bagabo, aho Mukura VS yari yakiriye Rayon Sports i Huye.
Uyu mukino warangiye Rayon Sports iyoboye n’igitego kimwe wagaragayemo agashya aho umufana yaje kwinjira mu kibuga umukino uri kuba.
Ubundi ni gake biba ko umufana yinjira mu kibuga hagati mu mukino, muri Shampiyona y’u Rwanda.
Ku munota wa 15 w’uyu mukino, umufana yacunze Rayon Sports igiye gutera koruneri, ajya mu kibuga kurinda agera hagati nta muntu uramuhagarika.
Yageze mu kibuga asuhuza Bugingo Hakim mbere y’uko asohorwa n’abashinzwe umutekano batabariye hafi.
Ubwo yashakaga kujya gusuhuza abandi bakinnyi, yahise afatwa n’inzego z’umutekano zimusohora mu kibuga maze umukino wari uhagazeho gato ubona gukomeza.
Ibi ntibyari bikunze kubaho muri shampiyona y’u Rwanda aho byari bimenyerewe cyane i Burayi.
Uyu mukino wari uw’ishiraniro warangiye Rayon Sports icyuye amanota atatu imbumbe nyuma y’igitego cya Ngendahimana Eric.
Comments
Post a Comment