Teta Sandra yongeye kugaruka ku nkuru zitandukanye zamuvuzweho zerekeye gukubitwa Weasel babyaranye.
Teta yagarutse ku buzima bwe mu kiganiro yagiranye na Ruth Kalibbala Bwanika ubwo yasobanuraga ubuzima bwe guhera mu bwana.
Sandra yabwiye umunyamakuru ko ari we mwana w’imfura kuko avuka mu muryango w’abakobwa babiri n’abahungu batatu.
Yavuze ko kuba umwana w’imfura rimwe na rimwe biba bigoye cyane ko ubo ugomba kwigengesera ngo ubere urugero abavandimwe bamwe.
Ati “Biba bijya kugorana cyane ko buri kimwe ukora nk’umwana, uba unagomba kwigengesera cyane ko uba ufite abavandimwe bagomba kukureberaho. Bigaragaza wowe wa nyawe w’imbere ndetse unashaka kujya mu murongo ababayeyi bawe bashaka ndetse no guhuza ibyo byose n’uwo ushaka kuba.’’
Uyu mugore umaze igihe kinini muri Uganda yakomeje asobanura byinshi ku mubano we na Weasel, uko ababyeyi be bakiriye kumenya ko atwite yaragiye muri Uganda gushabika ndetse n’uko yagiye yisanga mu muryango w’abo kwa Mayanja yashatsemo.
Muri Gicurasi 2018 nibwo Teta yerekeje muri Uganda mu Mujyi wa Kampala ndetse akunze kuhategura ibitaramo bitandukanye mu tubari dukomeye.
Yateguraga ibitaramo mu kabari kitwa ‘Hideout’ gakunze guhuriramo Abanyarwanda benshi ndetse n’abavandimwe ba Weasel niko bari basigaye banyweramo.
Avuga ko kugira ngo yinjire ku isoko ry’imyidagaduro muri Uganda byaturutse ku nshuti ye y’umu-DJ ariko ikomoka mu Rwanda, yamutumiye mu bikorwa byo kumufasha mu gitaramo yari afite, uyu mukobwa aza kuhabona isoko aza kuhaguma gutyo.
Ati “Mfite inshuti y’umu-DJ yaje muri Kampala[...] yahuye n’abantu bake hano, bashaka umuntu wajya abafasha mu bikorwa byo kwamamaza aravuga ati nzi umukobwa umwe ariko aba mu Rwanda ntabwo nzi ukuntu bigiye kugenda ngo tumwemeze kuza hano akahaguma.’’
“Yarampamagaye arabimbwira ndaza. Naraje mara ibyumweru bibiri, ndavuga nti ibi bintu bigiye kumbera umutwaro gukora ingendo za hato na hato za Kigali-Kampala. Ubwo nagarukaga narahagumye ariko sinigeze mbibwira ababyeyi banjye kuko byari kuvamo ibiganiro birebire. Narabwiye nti hari amahirwe nabonye muri Kampala mureke ngende ndebe.’’
Yakomeje avuga ko nyuma y’igihe aba muri iki gihugu yababwiye ko yahisemo kuguma kuhaguma. Ati “Ariko n’ubundi nari umuntu mukuru ushobora kwifatira ibyemezo, ni uko nahagumye.’’
Uyu mugore avuga ko n’ubundi asanzwe afite umuryango muri iki gihugu urimo ba nyirarume na nyirasenge.
Inkuru ya IGIHE
Comments
Post a Comment