Skip to main content

Teta Sandra yikomye abagenda bakwirakwiza inkuru z'uko akubitwa na Weasel



Teta Sandra yongeye kugaruka ku nkuru zitandukanye zamuvuzweho zerekeye gukubitwa Weasel babyaranye.


Teta yagarutse ku buzima bwe mu kiganiro yagiranye na Ruth Kalibbala Bwanika ubwo yasobanuraga ubuzima bwe guhera mu bwana.


Sandra yabwiye umunyamakuru ko ari we mwana w’imfura kuko avuka mu muryango w’abakobwa babiri n’abahungu batatu.


Yavuze ko kuba umwana w’imfura rimwe na rimwe biba bigoye cyane ko ubo ugomba kwigengesera ngo ubere urugero abavandimwe bamwe.


Ati “Biba bijya kugorana cyane ko buri kimwe ukora nk’umwana, uba unagomba kwigengesera cyane ko uba ufite abavandimwe bagomba kukureberaho. Bigaragaza wowe wa nyawe w’imbere ndetse unashaka kujya mu murongo ababayeyi bawe bashaka ndetse no guhuza ibyo byose n’uwo ushaka kuba.’’


Uyu mugore umaze igihe kinini muri Uganda yakomeje asobanura byinshi ku mubano we na Weasel, uko ababyeyi be bakiriye kumenya ko atwite yaragiye muri Uganda gushabika ndetse n’uko yagiye yisanga mu muryango w’abo kwa Mayanja yashatsemo.


Muri Gicurasi 2018 nibwo Teta yerekeje muri Uganda mu Mujyi wa Kampala ndetse akunze kuhategura ibitaramo bitandukanye mu tubari dukomeye.


Yateguraga ibitaramo mu kabari kitwa ‘Hideout’ gakunze guhuriramo Abanyarwanda benshi ndetse n’abavandimwe ba Weasel niko bari basigaye banyweramo.


Avuga ko kugira ngo yinjire ku isoko ry’imyidagaduro muri Uganda byaturutse ku nshuti ye y’umu-DJ ariko ikomoka mu Rwanda, yamutumiye mu bikorwa byo kumufasha mu gitaramo yari afite, uyu mukobwa aza kuhabona isoko aza kuhaguma gutyo.


Ati “Mfite inshuti y’umu-DJ yaje muri Kampala[...] yahuye n’abantu bake hano, bashaka umuntu wajya abafasha mu bikorwa byo kwamamaza aravuga ati nzi umukobwa umwe ariko aba mu Rwanda ntabwo nzi ukuntu bigiye kugenda ngo tumwemeze kuza hano akahaguma.’’


“Yarampamagaye arabimbwira ndaza. Naraje mara ibyumweru bibiri, ndavuga nti ibi bintu bigiye kumbera umutwaro gukora ingendo za hato na hato za Kigali-Kampala. Ubwo nagarukaga narahagumye ariko sinigeze mbibwira ababyeyi banjye kuko byari kuvamo ibiganiro birebire. Narabwiye nti hari amahirwe nabonye muri Kampala mureke ngende ndebe.’’


Yakomeje avuga ko nyuma y’igihe aba muri iki gihugu yababwiye ko yahisemo kuguma kuhaguma. Ati “Ariko n’ubundi nari umuntu mukuru ushobora kwifatira ibyemezo, ni uko nahagumye.’’


Uyu mugore avuga ko n’ubundi asanzwe afite umuryango muri iki gihugu urimo ba nyirarume na nyirasenge.


Inkuru ya IGIHE 

Comments

INKURU ZIKUNZWE

Umuhanzi Ish Kevin na Producer Olivier mu basangiraga ibyibano n'abasore bashikuzaga abantu amatelefone

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye abasore batandatu bibaga abaturage n’amaduka (Supermarket) bakanashikuza abahisi n’abagenzi telefone mu nzira zitandukanye babaga banyuzemo. Ahagana Saa Sita z’amanywa yo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 2 Mata 2024, nibwo RIB yeretse itangazamakuru iri tsinda ry’aba basore uko ari batandatu ibashinja ko bibaga abaturage. RIB yavuze ko aba basore barimo bane bari abakanishi ndetse itsinda ryabo ryibaga imodoka abantu babaga bazisize ku muhanda. Izi modoka bibye ngo bazihinduranyaga plaque kugira ngo badatahurwa. RIB ivuga ko aba basore banajyaga kuri station za lisansi zitandukanye bagashyirirwamo lisansi bagahita bagenda batishyuye ndetse banajyaga muri supermarket bagatwara inzoga zihenze bagahita bigendera batazishyuye. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry, yabwiye itangazamakuru ko yatunguwe n’uburyo yasanze hari abahanzi barimo Ish Kevin basangiraga n’aba bajura inzoga bibye. Ati “Muri bya bindi babaga bibye bajyaga kuryoshya y’amafaranga bib

RURA yamuritse ibiciro bushya by'ingendo mu Rwanda

  Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwashyize hanze ibiciro bishya by’ingendo hirya no hino mu gihugu, nyuma y’uko Guverinoma itangaje ko yakiyeho nkunganire yajyaga itangwa kugira ngo umugenzi agende ku giciro gito. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Werurwe, nibwo Guverinoma yatangaje ko iyo nkunganire iri hagati ya 40% na 5) ikuweho, bivuze ko umugenzi ari we uzajya yiyishyurira igiciro cyose cy’urugendo. Ibiciro bishya RURA yashyize hanze biri hejuru ugereranyije n’ibyo umugenzi yari asanzwe yiyishyurira, aho nko kuva mu mujyi wa rwagati ugera i Nyamirambo ahazwi nko Kuryanyuma, igiciro gishya ari 243 Frw, mu gihe kuva mu mujyi rwagati ugera Kuryanyuma uciye Nyabugogo, igiciro gishya ari 307. Kuva Nyabugogo ugana mu mujyi rwagati, igiciro cyabaye 205 Frw, kuva Kimironko ugana mu mujyi rwagati igiciro cyabaye 355 Frw, mu mujyi rwagati ugana Kacyiru ni 371 Frw, kuva mu mujyi ujya i Kinyinya ni 402 Frw naho kuva i Kabuga ujya Kimironko ni 420 Frw. Kuva mu mujyi rwagati ugana i B

Sobanukirwa akamaro ko kurya igisheke n'uko cyagufasha mu gukora imibonano mpuzabitsina

Ibisheke ni ibiribwa bidakunze guhabwa agaciro, nyamara biraryoha kandi byuzuyemo intungamubiri zagenewe gufasha umubiri gukora neza, bikarinda n’indwara zimwe na zimwe. Ibisheke kandi bifasha mu mibonano mpuzabitsina, kurinda kanseri zimwe na zimwe, ndetse no gusohora imyanda mu mubiri. Abahanga basobanukiwe n’imikorere y’igisheke mu mubiri wa muntu, bavuga ko ibisheke bikoreshwa gake ukurikije uko byagakwiye gukoreshwa. Benshi bavuga ko ibisheke bigenewe abakene. Kandi koko usanga bikoreshwa na bamwe bitwa ko bacirirtse, cyangwa ba bandi batuye mu byaro ahahingwa ibisheke, nyamara ntawe bigenewe ni ibya buri wese. Igisheke kibonekamo intungamubiri zitandukanye zirimo isukari, umwunyungugu wa potasiyumu, umwunyungugu wa karisiyumu, umwunyungugu wa manyeziyumu n’umwunyungugu wa zinc. Uretse kuba ibisheke bifite isukari y’umwimerere, binatuma uruhu rusa neza rukanatoha ntirukushuke. Mu gisheke kandi harimo ubutare bwa fer, vitamin B1, B2 n’izindi. Igisheke gikungahaye ku isukari y’umwim

Hasohotse itangazo rigaragaza uko abanyeshuri biga baba mu bigo bazasubira ku ishuri

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri NESA cyatangaje ingengabihe y’uburyo abanyeshuri biga bacumbikiwe ku bigo by’amashuri, bazasubirayo mu gihembwe cya gatatu. Abanyeshuri bazatangira gusubira kwishuri guhera tariki 15 Mata 2024 azaba arı kuwa mbere.

Dore ibyo kurya umugore cyangwa umukobwa wese yarya bikamufasha gukuza amabuno n'amabere

Ubushakashatsi bwagaragaje ko burya amabere y’umuntu uwo ariwe wese aba atangana. Bwagaragaje ko ibere ry’ibumoso ariryo rinini kurenza iry’iburyo. Ndetse ubushakashatsi bwagaragaje indyo zitandukanye ushobora kurya kenshi zikaba zagufasha kongera amabere. Amata  : Amabere yawe yose agizwe n’ibinure kandi kurya ibikomoka ku mata bikungahaye ku binure bishobora kongera ubunini bw’amabere yawe. Ipapayi:  ipapayi nayo yagufasha kuko ikungahaye ku ntunga mubiri zifasha umubiri kurambuka. Imbuto z’ibihaza (Imbuto z’amadegede) :  izi zo uraziswa ukajya uminjira ifu yazo mu biryo buri munsi. Soya :  soya nazo zikungahaye ku ntungamubiri nyinshi zifasha umubiri mu gukuza ibice byawo. Si ibyo gusa kuko zo zigufasha no kwirinda kuba warwara kanseri yo mu mabere.