Skip to main content

Ku nshuro ya mbere hamenyekanye icyatandukanyije Kanye West na Kim Kardashian



Umunyamidelikazi Kim Kardashian yatangaje ku nshuro ya mbere impamvu nyamukuru yatumye atandukana n'umwe mu baraperi bakomeye ku Isi, Kanye West, wahinduye amazina akiyita 'Ye'.


Kanye West na Kim Kardashian bakimara guhana gatanya mu buryo bwemewe n'amategeko ku wa 29 Ugushyingo 2022, abantu bacitse ururondogoro bibaza ikintu gitumye aba bombi batandukana.


Hagiye havugwa byinshi byatumye batandukana gusa ariko ba nyir'ubwite bari bataragira ikintu na kimwe babivugaho, aha niho buri wese yivugiraga ibyo yishakiye ariko atabihagazeho neza.


Inshuro nyinshi iyo aba bombi babazwaga ku ntandaro yo gutandukana kwabo, barumaga bahuhaho, bagasaba itangazamakuru ko byaba byiza icyo kibazo bagisimbutse kuko bisa nko kwinjira mu buzima bwite bw'abantu.


Ubwo Kim Kardashian yari mu kiganiro 'Big Boss' umunyamakuru yongeye kumubaza iki kibazo ariko noneho kuri iyi nshuro bwa  mbere abohoka umutima avuga icyatumye batandukana.


Kim Kardashian yagize ati "Nashakanye n'umuraperi mwiza w'ibihe byose (Kanye West). Si ibyo gusa kuko kandi ari umwe mu birabura bakize cyane muri Amerika ndetse byongeyeho akaba yaranampaye abana badasanzwe, ariko rwose imico (ingeso) mibi ye yaje gutuma dutandukana".



Kim Kardashian yakomeje avuga ko Kanye West yujuje ibyo umugore wese aba akeneye ku mugabo, ariko iyo bigeze ku mico arabihuhura. Ati: "Kanye West agira (ingeso) imico mibi cyane ntari kubasha kwihanganira ubuzima bwanjye bwose".


Kim yakomeje avuga ko Kanye West ari wa muntu uba asahaka kugukoresha ibyo we yifuza ku giti cye, aho aba adakeneye ko icyo kintu mukiganiraho ngo mufatire hamwe umwanzuro. 


Agira ati: "Aba yumva ko ayoboye gusa, akumva ko wowe nta jambo ufite, akumva ko wakora ibyo ashaka gusa, urumva ko yanansuzuguzaga imbere y'abana bange. Ni imico mibi myinshi ya Kanye West yatumye dutandukana nta kindi".


Avuze ibi byo gutegekesha igitugu nyuma yaho Isi yose ikomeje kwihanangiriza uyu muraperi kurekera gutambukana na Bianca Censori mu mihanda yambaye ubusa buri buri.


Kanye West na Kim Kardashian batandukanye byemewe n'amategeko mu mpera za 2022, batandukana bafitanye abana bagera kuri 4.

Inkuru ya Inyarwanda.com

Comments

INKURU ZIKUNZWE

Umuhanzi Ish Kevin na Producer Olivier mu basangiraga ibyibano n'abasore bashikuzaga abantu amatelefone

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye abasore batandatu bibaga abaturage n’amaduka (Supermarket) bakanashikuza abahisi n’abagenzi telefone mu nzira zitandukanye babaga banyuzemo. Ahagana Saa Sita z’amanywa yo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 2 Mata 2024, nibwo RIB yeretse itangazamakuru iri tsinda ry’aba basore uko ari batandatu ibashinja ko bibaga abaturage. RIB yavuze ko aba basore barimo bane bari abakanishi ndetse itsinda ryabo ryibaga imodoka abantu babaga bazisize ku muhanda. Izi modoka bibye ngo bazihinduranyaga plaque kugira ngo badatahurwa. RIB ivuga ko aba basore banajyaga kuri station za lisansi zitandukanye bagashyirirwamo lisansi bagahita bagenda batishyuye ndetse banajyaga muri supermarket bagatwara inzoga zihenze bagahita bigendera batazishyuye. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry, yabwiye itangazamakuru ko yatunguwe n’uburyo yasanze hari abahanzi barimo Ish Kevin basangiraga n’aba bajura inzoga bibye. Ati “Muri bya bindi babaga bibye bajyaga kuryoshya y’amafaranga bib...

Ibyishimo ni byose ku bakunzi ba APR WFC yihereranye Forever WFC ikayitwara igikombe [AMAFOTO]

APR WFC yegukanye shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu mupira w’amaguru mu bagore, nyuma yo kunyagira Forever WFC ibitego 3-0, mu mukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri iki Cyumweru tariki 24 Werurwe. Ni umukino ikipe y’ingabo yagiye gukina ihabwa amahirwe, aho bitayisabye iminota myinshi ngo igaragaze ko iri buze gushimisha abakunzi bayo bari bagerageje kuza ku bwinshi cyane ko kwinjira kuri uyu mukino bitasabaga byinshi. Ibitego bitatu byose iyi kipe yabonye yabitsindiwe na rutahizamu wayo, Ukwishaka Zawadi, icya mbere ku munota wa 18 ubwo yasubizagamo umupira wari urutswe n’umunyezamu, icya kabiri ku munota wa 25 w’umukino ndetse n’icya gatatu ku munota wa 47 w’umukino. Uyu rutahizamu wuzuzaga ibitego 29 muri shampiyona y’icyiciro cya kabiri yatumye ikipe ya APR FC yegukana igikombe idatakaje umukino n’umwe, aho yanganyije umukino umwe wonyine mu matsinda indi ikayitsinda.

Dore ibyo kurya umugore cyangwa umukobwa wese yarya bikamufasha gukuza amabuno n'amabere

Ubushakashatsi bwagaragaje ko burya amabere y’umuntu uwo ariwe wese aba atangana. Bwagaragaje ko ibere ry’ibumoso ariryo rinini kurenza iry’iburyo. Ndetse ubushakashatsi bwagaragaje indyo zitandukanye ushobora kurya kenshi zikaba zagufasha kongera amabere. Amata  : Amabere yawe yose agizwe n’ibinure kandi kurya ibikomoka ku mata bikungahaye ku binure bishobora kongera ubunini bw’amabere yawe. Ipapayi:  ipapayi nayo yagufasha kuko ikungahaye ku ntunga mubiri zifasha umubiri kurambuka. Imbuto z’ibihaza (Imbuto z’amadegede) :  izi zo uraziswa ukajya uminjira ifu yazo mu biryo buri munsi. Soya :  soya nazo zikungahaye ku ntungamubiri nyinshi zifasha umubiri mu gukuza ibice byawo. Si ibyo gusa kuko zo zigufasha no kwirinda kuba warwara kanseri yo mu mabere.

Super Manager wari umaze kuba iciro ry'imigani agiye kurongora ku myaka 40

Umujyanama w’abakinnyi, Gakumba Patrick wamamaye nka Super Manager mu myidagaduro yo mu Rwanda no hanze y’aho, yahamije ko mu minsi ya vuba agiye kurongora. Iyo bavuze bimwe mu byamamare bitari byakora ubukwe kandi imyaka yabo ibibemerera ndetse kandi nta kintu babuze, Super Manager na we yisangamo. Uyu musore wiyita amazina atagira ingano, ashinjwa kwanga gushaka umugore kandi nta kintu abuze haba mu bifatita (amafaranga) ndetse n’ibindi bisabwa. Nyuma yo kubona ko abantu bamumereye nabi, Super Manager yabwiye Inyarwanda ko uyu mwaka utarangira atari yakora ubukwe n’umukunzi we. Gakumba Patrick uzwi nka Super Manager aruzuza imyaka 40 ku wa 1 Mata uyu mwaka kuko yavutse mu mwaka 1984, avukira i Dar es Salaam muri Tanzania. Abajijwe niba afite umukunzi, yavuze ko amufite kuko atabukorana n’igiti gusa avuga ko atamuzana mu buzima bw’imyidagaduro kuko umuryango we atajya awushyira hanze. Super Manager yavuze ko agiye gukora ubukwe muri uyu mwaka wa 2024, aho avuga ko azabutura nyina nubw...

AS Kigali yujuje umunsi wa kane idakora imyitozo kubera impamvu abakinnyi bavuga ko badashobora kuyihanganira

Ikipe ya AS Kigali igejeje ku munsi wa kane abakinnyi baranze gukora imyitozo mu gihe imikino ya shampiyona yo mu Rwanda irimbanyije. Abakinnyi ba AS Kigali barahiye ko badashobora kwitabira imyitozo mu gihe iyi kipe isanzwe iterwa inkunga n'Umujyi wa Kigali ibafitiye ibirarane by'umushahara itarabaheemba.