Umunyamidelikazi Kim Kardashian yatangaje ku nshuro ya mbere impamvu nyamukuru yatumye atandukana n'umwe mu baraperi bakomeye ku Isi, Kanye West, wahinduye amazina akiyita 'Ye'.
Kanye West na Kim Kardashian bakimara guhana gatanya mu buryo bwemewe n'amategeko ku wa 29 Ugushyingo 2022, abantu bacitse ururondogoro bibaza ikintu gitumye aba bombi batandukana.
Hagiye havugwa byinshi byatumye batandukana gusa ariko ba nyir'ubwite bari bataragira ikintu na kimwe babivugaho, aha niho buri wese yivugiraga ibyo yishakiye ariko atabihagazeho neza.
Inshuro nyinshi iyo aba bombi babazwaga ku ntandaro yo gutandukana kwabo, barumaga bahuhaho, bagasaba itangazamakuru ko byaba byiza icyo kibazo bagisimbutse kuko bisa nko kwinjira mu buzima bwite bw'abantu.
Ubwo Kim Kardashian yari mu kiganiro 'Big Boss' umunyamakuru yongeye kumubaza iki kibazo ariko noneho kuri iyi nshuro bwa mbere abohoka umutima avuga icyatumye batandukana.
Kim Kardashian yagize ati "Nashakanye n'umuraperi mwiza w'ibihe byose (Kanye West). Si ibyo gusa kuko kandi ari umwe mu birabura bakize cyane muri Amerika ndetse byongeyeho akaba yaranampaye abana badasanzwe, ariko rwose imico (ingeso) mibi ye yaje gutuma dutandukana".
Kim Kardashian yakomeje avuga ko Kanye West yujuje ibyo umugore wese aba akeneye ku mugabo, ariko iyo bigeze ku mico arabihuhura. Ati: "Kanye West agira (ingeso) imico mibi cyane ntari kubasha kwihanganira ubuzima bwanjye bwose".
Kim yakomeje avuga ko Kanye West ari wa muntu uba asahaka kugukoresha ibyo we yifuza ku giti cye, aho aba adakeneye ko icyo kintu mukiganiraho ngo mufatire hamwe umwanzuro.
Agira ati: "Aba yumva ko ayoboye gusa, akumva ko wowe nta jambo ufite, akumva ko wakora ibyo ashaka gusa, urumva ko yanansuzuguzaga imbere y'abana bange. Ni imico mibi myinshi ya Kanye West yatumye dutandukana nta kindi".
Avuze ibi byo gutegekesha igitugu nyuma yaho Isi yose ikomeje kwihanangiriza uyu muraperi kurekera gutambukana na Bianca Censori mu mihanda yambaye ubusa buri buri.
Kanye West na Kim Kardashian batandukanye byemewe n'amategeko mu mpera za 2022, batandukana bafitanye abana bagera kuri 4.
Inkuru ya Inyarwanda.com
Comments
Post a Comment