Skip to main content

Manchester City na Arsenal zabonye amahirwe yo kuyobora Champions league ziyatera inyoni



Manchester City yakiriye Arsenal ariko inanirwa kuyikuraho amanota atatu kuko amakipe yombi yanganyije 0-0, ndetse zitakaza amahirwe yo kuyobora Shampiyona y’u Bwongereza ifite Liverpool ku mwanya wa mbere.


Ni umukino wabaye kuri iki Cyumweru, tariki ya 31 Werurwe 2024, ubwo mu Bwongereza hakinwaga umukino w’umunsi wa 29 wa Shampiyona ya Premier League.


Manchester City nk’ikipe yakiniraga iwayo yatangiranye imbaraga kurenza Arsenal ku buryo mu minota itanu ya mbere yabonye coup franc nubwo Benjamin White yakijije izamu akabuza Erling Haaland kuwukoraho.


Nyuma y’iyi minota iyi kipe yo mu murwa mukuru Londres yahise iva inyuma itangira guhanahana neza mu kibuga hagati ari nako ishaka uko yegera izamu rya Manchester City. Ku munota wa karindwi Gabriel Jesus yateye ishoti ku izamu ariko kubera amahirwe make ntiyawubonezamo.


Ibi ariko ntibyabuje Manchester City gukomeza gusatira cyane Arsenal no gushaka uko yamena urukuta rwayo rwari rurinzwe na William Saliba na Gabriel Magalhães bari baruhagazeho neza.


Arsenal yarushijwe cyane mu minota ibanza y’umukino ku buryo byayisabaga kwitwararika cyane haba ku kubona umupira bitewe n’uko inshuro nyinshi yageragezaga kuwufata havagamo ikosa.


Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi nta n’imwe ibashije kureba mu izamu ry’indi, ariko mu cya kabiri Man City yongera gutangirana imbaraga kuko ku munota wa 45 Mateo Kovačić yagerageje guterera inyuma y’izamu ariko acisha umupira ku ruhande rw’igiti cy’izamu.


Arsenal nayo yahise ikanguka itangira gusatirana imbaraga. Ku munota wa 51 Bukayo Saka waje gusimburwa agize ikibazo cy’imvune, anyura mu bwugarizi bw’iyi kipe yohereza umupira mu rubuga rw’amahina ariko habura gato cyane ngo Gabriel Jesus awushyire mu izamu.


Umutoza Man City, Pep Guardiola yakuyemo Mateo Kovačić na Phil Foden ashyiramo Jack Grealish na Jeremy Doku. Aba bazengereje bikomeye ubwugarizi bwa Arsenal ariko bukomeza kuba ibamba.


Mikel Arteta wa Arsenal nawe yahise akuramo Jorginho na Jakub Kiwior basimbura Takehiro Tomiyasu na Thomas Partey.


Umukino warangiye Manchester City yanganyije na Arsenal ubusa ku busa, bishyira mu nyungu Liverpool yatsinze Brighton ibitego 2-1, ikayobora Premier League n’amanota 67 mu mikino 29.


Arsenal ni iya kabiri n’amanota 65 mu gihe Man City ifite 64 ku mwanya wa gatatu.

Comments

INKURU ZIKUNZWE

Umuhanzi Ish Kevin na Producer Olivier mu basangiraga ibyibano n'abasore bashikuzaga abantu amatelefone

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye abasore batandatu bibaga abaturage n’amaduka (Supermarket) bakanashikuza abahisi n’abagenzi telefone mu nzira zitandukanye babaga banyuzemo. Ahagana Saa Sita z’amanywa yo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 2 Mata 2024, nibwo RIB yeretse itangazamakuru iri tsinda ry’aba basore uko ari batandatu ibashinja ko bibaga abaturage. RIB yavuze ko aba basore barimo bane bari abakanishi ndetse itsinda ryabo ryibaga imodoka abantu babaga bazisize ku muhanda. Izi modoka bibye ngo bazihinduranyaga plaque kugira ngo badatahurwa. RIB ivuga ko aba basore banajyaga kuri station za lisansi zitandukanye bagashyirirwamo lisansi bagahita bagenda batishyuye ndetse banajyaga muri supermarket bagatwara inzoga zihenze bagahita bigendera batazishyuye. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry, yabwiye itangazamakuru ko yatunguwe n’uburyo yasanze hari abahanzi barimo Ish Kevin basangiraga n’aba bajura inzoga bibye. Ati “Muri bya bindi babaga bibye bajyaga kuryoshya y’amafaranga bib

RURA yamuritse ibiciro bushya by'ingendo mu Rwanda

  Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwashyize hanze ibiciro bishya by’ingendo hirya no hino mu gihugu, nyuma y’uko Guverinoma itangaje ko yakiyeho nkunganire yajyaga itangwa kugira ngo umugenzi agende ku giciro gito. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Werurwe, nibwo Guverinoma yatangaje ko iyo nkunganire iri hagati ya 40% na 5) ikuweho, bivuze ko umugenzi ari we uzajya yiyishyurira igiciro cyose cy’urugendo. Ibiciro bishya RURA yashyize hanze biri hejuru ugereranyije n’ibyo umugenzi yari asanzwe yiyishyurira, aho nko kuva mu mujyi wa rwagati ugera i Nyamirambo ahazwi nko Kuryanyuma, igiciro gishya ari 243 Frw, mu gihe kuva mu mujyi rwagati ugera Kuryanyuma uciye Nyabugogo, igiciro gishya ari 307. Kuva Nyabugogo ugana mu mujyi rwagati, igiciro cyabaye 205 Frw, kuva Kimironko ugana mu mujyi rwagati igiciro cyabaye 355 Frw, mu mujyi rwagati ugana Kacyiru ni 371 Frw, kuva mu mujyi ujya i Kinyinya ni 402 Frw naho kuva i Kabuga ujya Kimironko ni 420 Frw. Kuva mu mujyi rwagati ugana i B

Sobanukirwa akamaro ko kurya igisheke n'uko cyagufasha mu gukora imibonano mpuzabitsina

Ibisheke ni ibiribwa bidakunze guhabwa agaciro, nyamara biraryoha kandi byuzuyemo intungamubiri zagenewe gufasha umubiri gukora neza, bikarinda n’indwara zimwe na zimwe. Ibisheke kandi bifasha mu mibonano mpuzabitsina, kurinda kanseri zimwe na zimwe, ndetse no gusohora imyanda mu mubiri. Abahanga basobanukiwe n’imikorere y’igisheke mu mubiri wa muntu, bavuga ko ibisheke bikoreshwa gake ukurikije uko byagakwiye gukoreshwa. Benshi bavuga ko ibisheke bigenewe abakene. Kandi koko usanga bikoreshwa na bamwe bitwa ko bacirirtse, cyangwa ba bandi batuye mu byaro ahahingwa ibisheke, nyamara ntawe bigenewe ni ibya buri wese. Igisheke kibonekamo intungamubiri zitandukanye zirimo isukari, umwunyungugu wa potasiyumu, umwunyungugu wa karisiyumu, umwunyungugu wa manyeziyumu n’umwunyungugu wa zinc. Uretse kuba ibisheke bifite isukari y’umwimerere, binatuma uruhu rusa neza rukanatoha ntirukushuke. Mu gisheke kandi harimo ubutare bwa fer, vitamin B1, B2 n’izindi. Igisheke gikungahaye ku isukari y’umwim

Hasohotse itangazo rigaragaza uko abanyeshuri biga baba mu bigo bazasubira ku ishuri

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri NESA cyatangaje ingengabihe y’uburyo abanyeshuri biga bacumbikiwe ku bigo by’amashuri, bazasubirayo mu gihembwe cya gatatu. Abanyeshuri bazatangira gusubira kwishuri guhera tariki 15 Mata 2024 azaba arı kuwa mbere.

Dore ibyo kurya umugore cyangwa umukobwa wese yarya bikamufasha gukuza amabuno n'amabere

Ubushakashatsi bwagaragaje ko burya amabere y’umuntu uwo ariwe wese aba atangana. Bwagaragaje ko ibere ry’ibumoso ariryo rinini kurenza iry’iburyo. Ndetse ubushakashatsi bwagaragaje indyo zitandukanye ushobora kurya kenshi zikaba zagufasha kongera amabere. Amata  : Amabere yawe yose agizwe n’ibinure kandi kurya ibikomoka ku mata bikungahaye ku binure bishobora kongera ubunini bw’amabere yawe. Ipapayi:  ipapayi nayo yagufasha kuko ikungahaye ku ntunga mubiri zifasha umubiri kurambuka. Imbuto z’ibihaza (Imbuto z’amadegede) :  izi zo uraziswa ukajya uminjira ifu yazo mu biryo buri munsi. Soya :  soya nazo zikungahaye ku ntungamubiri nyinshi zifasha umubiri mu gukuza ibice byawo. Si ibyo gusa kuko zo zigufasha no kwirinda kuba warwara kanseri yo mu mabere.