Umuhanzi Ish Kevin na Producer Olivier mu basangiraga ibyibano n'abasore bashikuzaga abantu amatelefone
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye abasore batandatu bibaga abaturage n’amaduka (Supermarket) bakanashikuza abahisi n’abagenzi telefone mu nzira zitandukanye babaga banyuzemo.
Ahagana Saa Sita z’amanywa yo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 2 Mata 2024, nibwo RIB yeretse itangazamakuru iri tsinda ry’aba basore uko ari batandatu ibashinja ko bibaga abaturage.
RIB yavuze ko aba basore barimo bane bari abakanishi ndetse itsinda ryabo ryibaga imodoka abantu babaga bazisize ku muhanda. Izi modoka bibye ngo bazihinduranyaga plaque kugira ngo badatahurwa.
RIB ivuga ko aba basore banajyaga kuri station za lisansi zitandukanye bagashyirirwamo lisansi bagahita bagenda batishyuye ndetse banajyaga muri supermarket bagatwara inzoga zihenze bagahita bigendera batazishyuye.
Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry, yabwiye itangazamakuru ko yatunguwe n’uburyo yasanze hari abahanzi barimo Ish Kevin basangiraga n’aba bajura inzoga bibye.
Ati “Muri bya bindi babaga bibye bajyaga kuryoshya y’amafaranga bibye bya binyobywa bibye bakagenda bagakora house party bagahura n’abantu batangaje, naje gutangazwa no kuba barasangiraga n’uwitwa Ish Kevin mu nzu y’i Kagarama akabatumira n’uwitwa Logan na Olivier ukora indirimbo.”
Yakomeje avuga ko aba bahanzi bagize amahirwe kuko iyo aba basore baza gufatwa bari kumwe nabo bari gufungwa bitewe n’uko nabo ari abafatanyacyaha kubera ko basangiraga nabo ibijurano.
Uwimana Yvette ukora akazi ko gutanga gutanga lisansi kuri station, yavuze ko aba basore bari bagiye kumwica.
Yagize ati “Nabahaye lisansi y’ibihumbi 45Frw barambwira ngo bishyuye kuri telefone mbabwira ko ntabonye ubwo butumwa kuko bavugaga ko bakoresheje MoMo noneho bahita batwara imodoka n’umuvuduko mwinshi bamfashe amaboko ngenda mvuza induru cyane kuko bari bamaze kundenza ku kazi, imyenda yose y’akazi yancikiyeho kubera ko bankurubanaga muri kaburimbo nanjye ndwana n’uko bandekura.”
Umukobwa witwa wa Kathia Kamali,we yavuze ko aba basore bamushikuje telefone ifite agaciro k’arenga miliyoni 1Frw.
Ati “Nari i Nyarutarama imodoka inyuraho iri kurangisha hotel bambaza niba ntuye muri ako kace bahita bambwira ngo ko muri beza ndabashimira bansaba nimero za telefone mbabwira ko ntajya nziha abantu ntazi.”
Yakomeje avuga ko aba basore umwe yahise amukurura ukuboko undi amushikuza telefone amusinika mu muhanda baragenda, bukeye ahita ajya gutanga ikirego ndetse yishimiye ko batawe muri yombi.
Comments
Post a Comment