Skip to main content

RIB irimo guhigisha uruhindu abatekamutwe bashutse urubyiruko i Burasirazuba



Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko hari bamwe mu bagize uruhare mu kubeshya urubyiruko rwo mu Ntara y’Iburasirazuba, bakarutwara amafaranga barwizeza akazi ko hari abatawe muri yombi mu gihe hagikomeje gushakishwa uwashinze ikigo cyabigizemo uruhare.


Ibi byatangajwe kuri uyu wa Kane tariki 4 Mata 2024, ubwo ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba bwagiranaga ikiganiro n’itangazamakuru, cyagarutse ku ishusho rusange mu kwihutisha iterambere, imibereho myiza y’abaturage, umutekano ndetse n’imyiteguro yo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.


Ku wa Gatatu tariki 3 Mata nibwo urubyiruko rurenga 300 rwahuriye ku kigo cy’urubyiruko cya Rwamagana, abandi bahurira mu cyanya cyahariwe inganda naho abandi bajya Kayonza, aho ikigo Vision Care Ltd cyakoreraga, nyuma yo kubizeza akazi nyamara cyarabatekeraga umutwe.


Abiganjemo urubyiruko bari batekewe umutwe n’iki kigo bari babwiye IGIHE ko bakwaga amafaranga ibihumbi 13 Frw yo kwiyandisha, bakakwa andi 7500 Frw hakaba n’abakwa 8500 Frw nyuma y’aho ngo banatswe andi 4000 Frw yo kuba umunyamuryango kugira ngo bashakirwe akazi.


Umuyobozi wa RIB mu Ntara y’Iburasirazuba, Rutaro Hubert, yasobanuye ko mu igenzura bari gukora basanze iki kigo cya Vision Care Ltd kimaze igihe kuko cyatangiye gukodesha muri Kayonza aho cyakoreraga ibikorwa byacyo muri Gashyantare.


Yavuze ko bakodesheje inzu yakoreragamo abandi bantu ndetse banashyiramo abakozi babiri bakiraga abantu.


Ati “Batangira gukora bavugaga ko bari gushakira akazi urubyiruko rutagafite bahereye ku bantu bafite amashuri atatu yisumbuye kuzamura, ariko n’abarangije kaminuza nabo bajemo. Bagiye babikwirakwiza hirya no hino ku biti ahantu hatandukanye ndetse no ku mapoto ku buryo abantu benshi babisoma bakabimenya.”


Rutaro yavuze ko urubyiruko rwajyagayo kwiyandikisha barwerekaga akazi gahari karimo gutwara imodoka, akazi ko mu rugo, abacungamutungo, n’akandi kenshi. Mu minsi ya mbere hari abana bahawe akazi ariko ngo ntibaramenya ko koko bakabonye.


Yavuze ko abenshi batanze amafaranga ibihumbi 13 Frw yo kwiyandikisha, 7500 y’ubwishingizi, biza gukomera ubwo ngo yabasabaga gutanga andi mafaranga 4000 Frw yo kuba umunyamuryango.


Ati “Yahise ababwira ko aho bahurira harimo Mwulire mu cyanya cy’inganda, Yego Center ndetse na Kayonza aho hari abaje bikoreye matola ngo bagiye mu kazi. Igikiwiriye kubaho rero ni uko urubyiruko rwacu rudakwiriye kuba ruvuga ngo ni ubujiji gusa kuko turabona n’abarangije kaminuza babijyamo, nibamenye ko hari inzira zikoreshwa mu Rwanda mu gutanga akazi kandi buri wese arazizi, abantu nibareke kumva ko babona akazi batashoye imbaraga zabo.”


Rutaro yakomeje agira ati “ Ubu turimo turakora iperereza kuri iki kibazo, hari abamaze gufatwa bakoranaga na nyiri kigo kandi nawe turacyamushakisha, turabizeza ko kubufatanye n’izindi nzego turi bukomeze kumushaka ariko abandi bose bisa naho twamaze kubafata nubwo nabo bavuga ko yabatekeye umutwe.”


Rutaro yakebuye abafite sim card zibabaruyeho badakoresha rimwe na rimwe ugasanga hari abantu bari kuzikoresha nyamara bataziranye, abasaba kuzifungisha hakiri kare kugira ngo zitazakoreshwa mu manyanga bakayitirirwa kuko ngo no kuri uwo muntu watekeye umutwe urubyiruko basanze akoresha nimero ibaruye ku wundi muntu.

Ivomo: IGIHE 

Comments

  1. Ni BIGO byishi byatumaze ho amafaranga urugero icyitwa inumwa yabose cyantwaye 10000 cyimbeshya kushakira akazi ha mwe nundi wiyita jambo beach kuri Facebook nawe nuko

    ReplyDelete

Post a Comment

INKURU ZIKUNZWE

Abantu 11 batawe muri yombi bazira gufata amafunguro mu gisibo cya Ramadhani

  Polisi ya kisilamu muri Nigeria izwi ku izina rya Hisbah, yataye muri yombi Abayisilamu 11 bafashwe bari kurya mu gisibo cya Ramadhan. Aba Hisbah yataye muri yombi nabo muri leta ya Kano yo mu Majyaruguru ya Nigeria, bombi bafashwe barya mu masaha atemewe. Ikinyamakuru African News cyatangaje ko Umuvugizi wa Hisbah, Lawal Fagge, yatangaje ko hafashwe abagabo 10 hafi y’amasoko, ndetse n’umucuruzi w’umugore wafashwe arya ku bicuruzwa bye. Yagize ati: “Twabonye abantu 11 barimo umudamu ugurisha ibinyomoro byagaragaye ko arya ku bicuruzwa bye.” Nyuma yaho abo 11 biyemeje kwirinda ibiribwa cyangwa ibinyobwa byongeye kandi imiryango yabo yasabwe gucunga niba biyiriza ubusa koko. Icyakoze Fagge akomeza avuga ko abatari Abayisilamu batazafungwa mu gihe bazafatwa babagurisha ibiryo mu gisibo. Abayisilamu biyiriza ubusa kuva izuba rirashe kugeza rirenze mu gisibo cya Ramadhan bakaba baragitangiye ku ya 11 Werurwe kugeza ku ya 9 Mata.

Abahanzi Chriss Eazy na Shaffy bari mu byishimo nyuma y'uko indirimo bakoranye iciye agahigo ku rubuga rwa YouTube

Abanyamuziki Shaffy ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse na Chriss Eazy ubarizwa mu Rwanda, bari mu byishimo bikomeye nyuma y’uko indirimbo bakoranye bise ‘Bana’ yujuje Miliyoni 10 ibafasha kujya ku rutonde rw’abahanzi bamaze guca aka gahigo. Ni ibintu bagezeho mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 4 Mata 2024, nyuma y’amezi arindwi ashize iyi ndirimbo bayishyize hanze ku mbuga zitandukanye zicururizwaho umuziki. Yarakunzwe cyane mu buryo bukomeye, iracengera ahanini binyuze ku bantu bayirebaga ku muyoboro wa Youtube wa Shaffy. Iyi ndirimbo yakozwe mu buryo bw’amajwi na Producer Element yagiye hanze ku wa 26 Ukwakira 2023, bivuze ko nta mwaka urashira aba bahanzi bombi bahuje imbaraga. Yanditswe kandi igirwamo uruhare n’abarimo Shaffy, Chriss Eazy, Element, Junior Giti, Dylan Kabaka, ndetse na Christopher Yarakunzwe mu buryo bukomeye, icurangwa cyane mu bitangazamakuru, ibirori nk’ubukwe ifasha benshi kwizihiza, bigeze mu busabane bw’abantu biba ibindi bindi. Ni indirimbo y...

Malaika Uwamahoro agiye kugaragara muri filime ivuga ku bwisanzure bw'abaryamana bahuje ibitsina mu Rwanda

Malaika Uwamahoro ni umwe mu bakinnyi b’inkingi za mwamba bazagaragara muri filime ‘The Heights of Kigali’ ya Yseult Polfliet Mukantabana usanzwe yarubatse izina mu ruganda rw’imideli akaba n’umwanditsi w’ibitabo, ndetse akaba ari n’umwe mu bayobozi bakuru mu Kigo cyitwa POWarts gifite inshingano zo gufasha abagore b’abanyempano bashaka kwiteza imbere mu buhanzi. Ni filime yakozwe na Yseult Polfliet Mukantabana n’umukunzi we babana bahuje igitsina, Anne-Sophie Nanki usanzwe ari umwe mu bayobora ifatwa ry’amashusho ya filime bakomeye mu Bufaransa; aho bakunze kuba bari nubwo banyuzamo bakajya i New York City muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Igaruka ku rukundo rw’abakobwa babiri bitwa Mwiza na Nshuti. Mwiza muri iyi filime aba ari Malaika Uwamahoro wamamaye mu kuvuga imivugo mu Rwanda, mu gihe Rocky Try we akina yitwa Nshuti. Igihe iyi filime izajya hanze ntabwo kiramenyekana. Mu nkuru y’iyi filime aba bakobwa baba bashaka kuguma mu Rwanda nta nzozi zo kujya hanze yarwo yaba mu Burayi ...

Sobanukirwa akamaro ko kurya igisheke n'uko cyagufasha mu gukora imibonano mpuzabitsina

Ibisheke ni ibiribwa bidakunze guhabwa agaciro, nyamara biraryoha kandi byuzuyemo intungamubiri zagenewe gufasha umubiri gukora neza, bikarinda n’indwara zimwe na zimwe. Ibisheke kandi bifasha mu mibonano mpuzabitsina, kurinda kanseri zimwe na zimwe, ndetse no gusohora imyanda mu mubiri. Abahanga basobanukiwe n’imikorere y’igisheke mu mubiri wa muntu, bavuga ko ibisheke bikoreshwa gake ukurikije uko byagakwiye gukoreshwa. Benshi bavuga ko ibisheke bigenewe abakene. Kandi koko usanga bikoreshwa na bamwe bitwa ko bacirirtse, cyangwa ba bandi batuye mu byaro ahahingwa ibisheke, nyamara ntawe bigenewe ni ibya buri wese. Igisheke kibonekamo intungamubiri zitandukanye zirimo isukari, umwunyungugu wa potasiyumu, umwunyungugu wa karisiyumu, umwunyungugu wa manyeziyumu n’umwunyungugu wa zinc. Uretse kuba ibisheke bifite isukari y’umwimerere, binatuma uruhu rusa neza rukanatoha ntirukushuke. Mu gisheke kandi harimo ubutare bwa fer, vitamin B1, B2 n’izindi. Igisheke gikungahaye ku isukari y’umwim...