Skip to main content

Nyanza: Umunyeshuri wa Kaminuza araregwa gusambanya umwana



Mu Rukiko rw’Ibanze rwa Busasamana mu Karere ka Nyanza, Ubushinjacyaha burashinja umunyeshuri wa Kaminuza ya Hanika Anglican Integrated Polytechnic,  witwa Prince Ntawukenya w’imyaka 24 gusambanya umwana ufite uburwayi bwo mu mutwe.


Ubushinjacyaha bwabwiye urukiko ko uyu musore usanzwe ari umunyeshuri, yahuriye mu nzira n’umwana utaruzuza imyaka y’ubukure aramushuka yitwaje telefone amujyana mu nzu aramusambanya dore ko bahereye saa munani(14h) z’igicamunsi kugera saa moya z’umugoroba(17h).


Ubushinjacyaha bukomeza buvuga ko uwo mwana w’umukobwa hari abamubonye agiye mu bwogero(Douche) maze bamubajije avuga ko uyu munyeshuri wigaga ataha yamusambanyije


Uhagarariye ubushinjacyaha yagize ati”Hari abatangabuhamya banemeza ko uyu mwana yasambanyijwe dore ko banasanganye telefone y’uwo mwana ari Prince uyifite.”


Ubushinjacyaha bukomeza busaba ko uyu musore yakurikiranwa afunzwe kugirango hakomeza kubaho iperereza kuri iki cyaha.


Umucamanza ahaye ijambo uyu musore, ntiyavuze amagambo menshi cyakora yahakanye ko atigeze asambanya uyu mwana ahubwo yarasanzwe aza aho yabaga (Prince) yabaga akanahazana n’abandi bana benshi kandi aho yabaga (Prince) uyu mwana yarahazi.


Umucamanza yahaye ijambo Me Mpayimana Jean Paul wunganira uregwa, asobanurira Urukiko ko ikirego ubwacyo cyatanzwe na nyina w’uriya mwana kandi na nyina ubwe yemera ko umwana we afite uburwayi bwo mu mutwe.


Me Mpayimana yisunze ingingo z’amategeko akavuga ko umuntu ufite uburwayi bwo mutwe adashobora gutanga ubuhamya abibwira undi ngo abihe agaciro kugeza naho ajya no kubiregera Urukiko.


Yasabye Urukiko ko ubuhamya bw’abatangabuhamya bagizwe na nyina w’umwana ari nawe watanze ikirego ndetse n’ubuhamya bwa mukuru w’umwana bwose bwemeza ko uriya mwana ufite uburwayi bwo mutwe yasambanyijwe buteshwa agaciro kuko bunavuguruzanya kandi nabo ubwabo batabonye umwana asambanywa koko.


Ati “Ni gute umuntu asambanywa nta menye niba uwamusambanyije yakoresheje agakingirizo cyangwa atagakoresheje?, Ni gute umuntu bamusambanya ntabone umwenda w’imbere w’uwamusambanyije? Ni gute umuntu asambanywa ntabone igitsina cy’uwamusambanyije? “. Uko niko Me Mpayimana Jean Paul yakomeje abwira urukiko mu rwego rwo kunganira umukiliya we.


Me Mpayimana yavuze ko mu ibazwa ry’umwana yavuze ko yinjiye mu nzu abona ibiringiti n’ibara ryabyo n’amashuka akabibona akaba yaranabivuze


Ati”Nyakubahwa mucamanza umuntu usanzwe uza mu rugo kandi we yarasanzwe anahazana n’abandi kumenya ibara ry’ibiringiti birasanzwe nta gishya kirimo.”


Yakomeje abwira urukiko ko umwana mwibazwa rye yabajijwe niba baramusambanyije bakoresheje agakingirizo maze umwana mugusubiza ati”Ntabyo nzi”.


Umwana kandi ngo yabajijwe niba yarasanzwe akora imibonano mpuzabitsina nawe mug usubiza ati”Bwari ubwa mbere”.


Me Mpayimana akomeza avuga ko umwana yabajijwe ibyo yaba yarabonye maze umwana agasubiza ko ntacyo yabonye kandi atigeze anabona umwenda w’imbere w’ukekwa kumusambanya.


Ati”Nyakubahwa mucamanza umuntu asambanye bwa mbere ari isugi nta maraso ava siko bisanzwe bizwi?”


Me Mpayimana yavuze ko nyina w’umwana ajya gutanga ikirego yavuze ko umwana we afite imyaka 14 naho nyirubwite we yavuze ko afite imyaka 15 y’amavuko naho icyemezo cy’amavuko nacyo kikagaragaza ko afite imyaka 16.


Ati”Imyaka y’uwakorewe icyaha n’ikintu gikomeye cyane kandi nicyo cyangombwa cy’amavuko cyatanzwe na muganga atabyemerewe kuko ubifitiye ububasha ari umwanditsi w’irangamimerere bityo nta gaciro nacyo ubwacyo gifite.”


Avuga kuri raporo ya muganga yavuze ko iyo raporo yagaragaje ko uwo mwana w’umukobwa yari mu mihango yabuze icyo amuvugaho.


Yagize ati“Nabyo ubwabyo bigaragaza ko utanga ubuhamya atari tayari kuko anajya mu mihango namenye ko yanavuhe amaraso bityo umukiliya wanjye atigeze anamusambanya.”


Me Mpayimana yabwiye urukiko ko iyo telefone ubushinjacyaha bwibeshye ahubwo iyo telefone yarifitwe n’uwo bikekwa ko yasambanyijwe yari iy’uriya munyeshuri yayimwibye akaba yaranariho amushaka ngo ayimuhe.


Yasoje asaba urukiko ko umukiriya we akwiye gukurikiranwa adafunzwe, abwira urukiko ko rwamurekura agakomeza gukurikirana amasomo ye dore ko ari nabyo byamuzanye i Nyanza.


UMUSEKE wari ku Rukiko wamenye amakuru ko uyu munyeshuri yigaga mu ishuri rya Hanika Anglican Integrated Polytechnic ryahoze ryitwa COSTE riri mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza akaba afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Busasamana


Nta gihindutse uru rubanza ruzasomwa muri iki cyumweru.


Inkuru ya UMUSEKE.RW

Comments

INKURU ZIKUNZWE

Abantu 11 batawe muri yombi bazira gufata amafunguro mu gisibo cya Ramadhani

  Polisi ya kisilamu muri Nigeria izwi ku izina rya Hisbah, yataye muri yombi Abayisilamu 11 bafashwe bari kurya mu gisibo cya Ramadhan. Aba Hisbah yataye muri yombi nabo muri leta ya Kano yo mu Majyaruguru ya Nigeria, bombi bafashwe barya mu masaha atemewe. Ikinyamakuru African News cyatangaje ko Umuvugizi wa Hisbah, Lawal Fagge, yatangaje ko hafashwe abagabo 10 hafi y’amasoko, ndetse n’umucuruzi w’umugore wafashwe arya ku bicuruzwa bye. Yagize ati: “Twabonye abantu 11 barimo umudamu ugurisha ibinyomoro byagaragaye ko arya ku bicuruzwa bye.” Nyuma yaho abo 11 biyemeje kwirinda ibiribwa cyangwa ibinyobwa byongeye kandi imiryango yabo yasabwe gucunga niba biyiriza ubusa koko. Icyakoze Fagge akomeza avuga ko abatari Abayisilamu batazafungwa mu gihe bazafatwa babagurisha ibiryo mu gisibo. Abayisilamu biyiriza ubusa kuva izuba rirashe kugeza rirenze mu gisibo cya Ramadhan bakaba baragitangiye ku ya 11 Werurwe kugeza ku ya 9 Mata.

Abahanzi Chriss Eazy na Shaffy bari mu byishimo nyuma y'uko indirimo bakoranye iciye agahigo ku rubuga rwa YouTube

Abanyamuziki Shaffy ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse na Chriss Eazy ubarizwa mu Rwanda, bari mu byishimo bikomeye nyuma y’uko indirimbo bakoranye bise ‘Bana’ yujuje Miliyoni 10 ibafasha kujya ku rutonde rw’abahanzi bamaze guca aka gahigo. Ni ibintu bagezeho mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 4 Mata 2024, nyuma y’amezi arindwi ashize iyi ndirimbo bayishyize hanze ku mbuga zitandukanye zicururizwaho umuziki. Yarakunzwe cyane mu buryo bukomeye, iracengera ahanini binyuze ku bantu bayirebaga ku muyoboro wa Youtube wa Shaffy. Iyi ndirimbo yakozwe mu buryo bw’amajwi na Producer Element yagiye hanze ku wa 26 Ukwakira 2023, bivuze ko nta mwaka urashira aba bahanzi bombi bahuje imbaraga. Yanditswe kandi igirwamo uruhare n’abarimo Shaffy, Chriss Eazy, Element, Junior Giti, Dylan Kabaka, ndetse na Christopher Yarakunzwe mu buryo bukomeye, icurangwa cyane mu bitangazamakuru, ibirori nk’ubukwe ifasha benshi kwizihiza, bigeze mu busabane bw’abantu biba ibindi bindi. Ni indirimbo y...

Malaika Uwamahoro agiye kugaragara muri filime ivuga ku bwisanzure bw'abaryamana bahuje ibitsina mu Rwanda

Malaika Uwamahoro ni umwe mu bakinnyi b’inkingi za mwamba bazagaragara muri filime ‘The Heights of Kigali’ ya Yseult Polfliet Mukantabana usanzwe yarubatse izina mu ruganda rw’imideli akaba n’umwanditsi w’ibitabo, ndetse akaba ari n’umwe mu bayobozi bakuru mu Kigo cyitwa POWarts gifite inshingano zo gufasha abagore b’abanyempano bashaka kwiteza imbere mu buhanzi. Ni filime yakozwe na Yseult Polfliet Mukantabana n’umukunzi we babana bahuje igitsina, Anne-Sophie Nanki usanzwe ari umwe mu bayobora ifatwa ry’amashusho ya filime bakomeye mu Bufaransa; aho bakunze kuba bari nubwo banyuzamo bakajya i New York City muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Igaruka ku rukundo rw’abakobwa babiri bitwa Mwiza na Nshuti. Mwiza muri iyi filime aba ari Malaika Uwamahoro wamamaye mu kuvuga imivugo mu Rwanda, mu gihe Rocky Try we akina yitwa Nshuti. Igihe iyi filime izajya hanze ntabwo kiramenyekana. Mu nkuru y’iyi filime aba bakobwa baba bashaka kuguma mu Rwanda nta nzozi zo kujya hanze yarwo yaba mu Burayi ...

Sobanukirwa akamaro ko kurya igisheke n'uko cyagufasha mu gukora imibonano mpuzabitsina

Ibisheke ni ibiribwa bidakunze guhabwa agaciro, nyamara biraryoha kandi byuzuyemo intungamubiri zagenewe gufasha umubiri gukora neza, bikarinda n’indwara zimwe na zimwe. Ibisheke kandi bifasha mu mibonano mpuzabitsina, kurinda kanseri zimwe na zimwe, ndetse no gusohora imyanda mu mubiri. Abahanga basobanukiwe n’imikorere y’igisheke mu mubiri wa muntu, bavuga ko ibisheke bikoreshwa gake ukurikije uko byagakwiye gukoreshwa. Benshi bavuga ko ibisheke bigenewe abakene. Kandi koko usanga bikoreshwa na bamwe bitwa ko bacirirtse, cyangwa ba bandi batuye mu byaro ahahingwa ibisheke, nyamara ntawe bigenewe ni ibya buri wese. Igisheke kibonekamo intungamubiri zitandukanye zirimo isukari, umwunyungugu wa potasiyumu, umwunyungugu wa karisiyumu, umwunyungugu wa manyeziyumu n’umwunyungugu wa zinc. Uretse kuba ibisheke bifite isukari y’umwimerere, binatuma uruhu rusa neza rukanatoha ntirukushuke. Mu gisheke kandi harimo ubutare bwa fer, vitamin B1, B2 n’izindi. Igisheke gikungahaye ku isukari y’umwim...