Skip to main content

Nyamasheke: Umwana w'imyaka 9 yasambanyijwe n'umugabo utunze nyina



Mu Karere ka Nyamasheke mu Murenge wa Gihombo, umugabo akurikiranyweho gusambanya umwana w’imyaka icyenda w’umugore we ( yabanye n’uyu mugore asanzwe afite uyu mwana) yangiza imyanya ndangagitsina ye.


Uwo mugabo w’imyaka 32, yatawe muri yombi ku wa 05 Werurwe 2024, araregwa gusambanya uwo mwana wiga mu mwaka wa Gatatu w’amashuri abanza.


Kuri ubu afungiwe kuri Station ya RIB ya Gihombo mu gihe dosiye yohererejwe Ubushinjacyaha tariki ya 11 Werurwe 2024 na bwo buyiregera urukiko tariki ya 18 Werurwe.


Hakizimana n’umugore we bari bamaranye imyaka itatu babana mu buryo butemewe n’amategeko, nta mwana bari babyarana.


Umugore wa Hakizimana yabwiye bagenzi bacu bo mu Imvaho Nshya ko mu mpera za Mutarama intebe yamubwiriye ku kaguru, havukamo igisebe cy’umufunzo, ajyanwa mu bitaro bya Mugonero.


Avuga ko ubwo yari mu bitaro, umugabo wari wasigaranye abana yamusuraga akamubwira ko bameze neza nta kibazo ariko ntabazane ngo bamusure.


Habura iminsi 3 ngo asezererwe mu bitaro, umugabo ngo yahengereye abo bana baryamye, aragenda akangura umukobwa, amubwira ko hari ibyo agiye kumukorera akamuha 100 FRW.


Umwana yabwiye nyina ko uwo bita Se yamusanze aho barara akamuterura akamujyana mu cyumba cye, amukuramo akenda k’imbere aramusambanya.


Birangiye ngo yamusubije imbere y’iziko aho arara.


Mu ijoro ryakurikiyeho yamubwiye ko ya mafaranga 100 atayamuha ahubwo bongera, akazamugurira ikanzu.


Umwana ngo yamubwiye ko yumva ababara cyane, undi amubwira ko noneho atamubabaza, aramusambanya amusubiza aho yamukuye.


Umwana ngo bwakeye amerewe nabi ariko arihangana ajya ku ishuri, atashye nijoro nanone umugabo aragaruka.


Umwana yamubwiye ko ahubwo atakibasha kugenda neza, arimo kugenda atagaranyije amaguru kandi ko afite ubwoba ko bagenzi be ku ishuri babibonye.


Umugabo yamubwiye ko niyanga cyangwa akibeshya akarira nk’uko yarize mu majoro 2 abanza ahita amwica, umwana agira ubwoba araceceka umugabo arongera aramusambanya.


Yagize ati: “Natashye ku wa 20 Gashyantare ntakize neza, umugabo anyakira uko bisanzwe kuko nta n’amakimbirane twagiranaga, umwana ambwira ko yumva umutwe umurya ko ku wa mbere tariki ya 19 yabibwiye mwarimu amuha uruhushya arataha kandi yumva atazasubirayo vuba, kuko yumvaga n’umugongo, amatako n’amaguru bimurya.’’


Avuga ko kuko atatekerezaga ko umugabo we yakora ibyo, atatekereje ku gusambanywa ku mwana we, ahubwo yakomeje kumuha ibinini by’umutwe ntiyita ku kuba atajya kwiga, cyane cyane ko yabonaga nta n’umwarimu uza kumubaza impamvu umwana atakiga.


Avuga ko byamaze ibyumweru birenga 2 umwana ameze atyo, arushaho kwangirika, igitsina kirabyimba gitangira kuzamo amashyira.


Ati “Namujyanye mu nzu mubaza neza ikibazo afite abanza kwanga, bigezehe aho arambwira ngo ‘Niba utabibwira Papa ngo anyice reka mbikubwire.


Yampaye amakuru yose, mubwiye ngo akuremo akenda k’imbere ndebe ambwira ko kuva yasambanywa atagishobora kukambara, ndebye nsanga yarangiritse, bucya njya kubivuga kuri RIB.”


Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gihombo, Niyitegeka Jerôme, avuga ko ubwo umugabo ari mu maboko y’ubutabera bagiye gushaka ubufasha bundi busigaye kugira ngo bafashe uyu muryango kuko usanzwe ubayeho mu buzima butari bwiza.


Umwana wasambanyijwe yasubiye ku ishuri ku wa 18 Werurwe, nyuma y’ukwezi kose atiga.


Icyo amategeko ateganya


Gusambanya umwana ni icyaha giteganywa n’ingingo ya 4 y’itegeko Nº69/2019 ryo ku wa 08/11/2019 rihindura itegeko N068/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.


Iyo umuntu mukuru asambanyije umwana uri munsi y’imyaka cumi n’ine (14) ahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu kidashobora kugabanywa kubera impamvu nyoroshyacyaha.


Urwego rw’Ubugenzacyaha rwibutsa abaturarwanda ko rutazihanganira uwo ari we wese ukora icyaha cyo gusambanya umwana amufatiranye kubera ko amufiteho uburenganzira.


RIB ikangurira abantu gukomeza kwirinda guhohotera abana kuko ari icyaha gihanwa n’amategeko kandi ko ubikoze wese azafatwa agashyikirizwa ubutabera.

Comments

INKURU ZIKUNZWE

Abantu 11 batawe muri yombi bazira gufata amafunguro mu gisibo cya Ramadhani

  Polisi ya kisilamu muri Nigeria izwi ku izina rya Hisbah, yataye muri yombi Abayisilamu 11 bafashwe bari kurya mu gisibo cya Ramadhan. Aba Hisbah yataye muri yombi nabo muri leta ya Kano yo mu Majyaruguru ya Nigeria, bombi bafashwe barya mu masaha atemewe. Ikinyamakuru African News cyatangaje ko Umuvugizi wa Hisbah, Lawal Fagge, yatangaje ko hafashwe abagabo 10 hafi y’amasoko, ndetse n’umucuruzi w’umugore wafashwe arya ku bicuruzwa bye. Yagize ati: “Twabonye abantu 11 barimo umudamu ugurisha ibinyomoro byagaragaye ko arya ku bicuruzwa bye.” Nyuma yaho abo 11 biyemeje kwirinda ibiribwa cyangwa ibinyobwa byongeye kandi imiryango yabo yasabwe gucunga niba biyiriza ubusa koko. Icyakoze Fagge akomeza avuga ko abatari Abayisilamu batazafungwa mu gihe bazafatwa babagurisha ibiryo mu gisibo. Abayisilamu biyiriza ubusa kuva izuba rirashe kugeza rirenze mu gisibo cya Ramadhan bakaba baragitangiye ku ya 11 Werurwe kugeza ku ya 9 Mata.

Abahanzi Chriss Eazy na Shaffy bari mu byishimo nyuma y'uko indirimo bakoranye iciye agahigo ku rubuga rwa YouTube

Abanyamuziki Shaffy ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse na Chriss Eazy ubarizwa mu Rwanda, bari mu byishimo bikomeye nyuma y’uko indirimbo bakoranye bise ‘Bana’ yujuje Miliyoni 10 ibafasha kujya ku rutonde rw’abahanzi bamaze guca aka gahigo. Ni ibintu bagezeho mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 4 Mata 2024, nyuma y’amezi arindwi ashize iyi ndirimbo bayishyize hanze ku mbuga zitandukanye zicururizwaho umuziki. Yarakunzwe cyane mu buryo bukomeye, iracengera ahanini binyuze ku bantu bayirebaga ku muyoboro wa Youtube wa Shaffy. Iyi ndirimbo yakozwe mu buryo bw’amajwi na Producer Element yagiye hanze ku wa 26 Ukwakira 2023, bivuze ko nta mwaka urashira aba bahanzi bombi bahuje imbaraga. Yanditswe kandi igirwamo uruhare n’abarimo Shaffy, Chriss Eazy, Element, Junior Giti, Dylan Kabaka, ndetse na Christopher Yarakunzwe mu buryo bukomeye, icurangwa cyane mu bitangazamakuru, ibirori nk’ubukwe ifasha benshi kwizihiza, bigeze mu busabane bw’abantu biba ibindi bindi. Ni indirimbo y...

Malaika Uwamahoro agiye kugaragara muri filime ivuga ku bwisanzure bw'abaryamana bahuje ibitsina mu Rwanda

Malaika Uwamahoro ni umwe mu bakinnyi b’inkingi za mwamba bazagaragara muri filime ‘The Heights of Kigali’ ya Yseult Polfliet Mukantabana usanzwe yarubatse izina mu ruganda rw’imideli akaba n’umwanditsi w’ibitabo, ndetse akaba ari n’umwe mu bayobozi bakuru mu Kigo cyitwa POWarts gifite inshingano zo gufasha abagore b’abanyempano bashaka kwiteza imbere mu buhanzi. Ni filime yakozwe na Yseult Polfliet Mukantabana n’umukunzi we babana bahuje igitsina, Anne-Sophie Nanki usanzwe ari umwe mu bayobora ifatwa ry’amashusho ya filime bakomeye mu Bufaransa; aho bakunze kuba bari nubwo banyuzamo bakajya i New York City muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Igaruka ku rukundo rw’abakobwa babiri bitwa Mwiza na Nshuti. Mwiza muri iyi filime aba ari Malaika Uwamahoro wamamaye mu kuvuga imivugo mu Rwanda, mu gihe Rocky Try we akina yitwa Nshuti. Igihe iyi filime izajya hanze ntabwo kiramenyekana. Mu nkuru y’iyi filime aba bakobwa baba bashaka kuguma mu Rwanda nta nzozi zo kujya hanze yarwo yaba mu Burayi ...

Sobanukirwa akamaro ko kurya igisheke n'uko cyagufasha mu gukora imibonano mpuzabitsina

Ibisheke ni ibiribwa bidakunze guhabwa agaciro, nyamara biraryoha kandi byuzuyemo intungamubiri zagenewe gufasha umubiri gukora neza, bikarinda n’indwara zimwe na zimwe. Ibisheke kandi bifasha mu mibonano mpuzabitsina, kurinda kanseri zimwe na zimwe, ndetse no gusohora imyanda mu mubiri. Abahanga basobanukiwe n’imikorere y’igisheke mu mubiri wa muntu, bavuga ko ibisheke bikoreshwa gake ukurikije uko byagakwiye gukoreshwa. Benshi bavuga ko ibisheke bigenewe abakene. Kandi koko usanga bikoreshwa na bamwe bitwa ko bacirirtse, cyangwa ba bandi batuye mu byaro ahahingwa ibisheke, nyamara ntawe bigenewe ni ibya buri wese. Igisheke kibonekamo intungamubiri zitandukanye zirimo isukari, umwunyungugu wa potasiyumu, umwunyungugu wa karisiyumu, umwunyungugu wa manyeziyumu n’umwunyungugu wa zinc. Uretse kuba ibisheke bifite isukari y’umwimerere, binatuma uruhu rusa neza rukanatoha ntirukushuke. Mu gisheke kandi harimo ubutare bwa fer, vitamin B1, B2 n’izindi. Igisheke gikungahaye ku isukari y’umwim...