Skip to main content

Umuturage w'i Nyagatare yaketsweho kwiba inka bageze iwe bahasanga umurima w'urumogi



 Umugabo afungiye kuri Polisi Sitasiyo ya Nyagatare akekwaho kwiba inka akazibagira iwe, ndetse no guhinga urumogi nyuma y’uko iwe hasanzwe ikinono cy’inka n’akarima k’urumogi.


Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana, avuga ko nyuma y’amakuru yatanzwe n’abaturage bagiye mu rugo rw’uwo mugabo ruherereye mu Kagari ka Ryabega Umurenge wa Nyagatare, bahasanga ibinono by’inka zamaze gupfa ndetse n’akarima k’urumogi.


Yagize ati “Yaketsweho kwiba inka akazibagira iwe akagurisha inyama mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bageze iwe bahasanga ibinono byazo ndetse n’akarima k’urumogi gateyemo ibiti 24, avuga ko yajyaga arugaburira ingurube ze akizoroye kuko ntazo bahasanze.”



Avuga ko n’ubwo nta mibare, ariko ubujura bw’amatungo nk’ubu buhari kandi abayiba bajya kuyabagira ahantu hatemewe bakagurisha inyama.



Akangurira abaturage kwirinda gukora ubucuruzi bw’inyama butememewe, ahubwo abifuza kubaga amatungo yabo bakagana amabagiro yemewe aho ari hafi muri buri Murenge, aho kubikorera ku gasozi kuko bitiza umurindi abajura.


Asaba abaturage kwihutira gutanga amakuru ku muntu wese babonanye itungo, kandi adasanzwe yoroye ndetse no ku bantu bagenda bacuruza inyama mu nzira cyangwa ahandi hatabugenewe, kuko bishobora kugira ingaruka ku bazirya kuko ziba zitapimwe.


Ati “Bakwiye kwirinda ba bantu bagenda bazunguza (gucuruza) inyama mu ngo, haba mu modoka, moto cyangwa abandi bantu bagendana indobo zirimo inyama bagenda bacuruza ndetse rimwe na rimwe bakemera n’amadeni, kuko ibi bituma hari abiba amatungo bagacuruza inyama muri ubu buryo kandi ayo matungo rimwe na rimwe aba yipfushije cyangwa arwaye.”


Umwe mu baturage utifuje ko amazina ye atangazwa, ari na we watanze amakuru yatumye uwo mugabo afatwa, avuga ko ubundi ukekwa bari basanzwe bamuziho gucuruza ibyuma byibwe ariko nyuma ngo yadukana n’ingeso yo kwiba inka akazibaga.


Mu nka yibye ngo harimo n’iya mukuru we, ariko umuryango uhitamo kumuhishira kugira ngo adafungwa.



Gusa ngo bakomeje kumukekaho ubujura bw’inka kuko ngo hari n’igihe bajyaga babona imodoka cyangwa moto zikura imifuka y’inyama iwe.


Agira ati “Twatanze amakuru ubuyobozi bujyayo buhasanga ibinono by’inka n’aho yabagiraga, ariko inyama bari bamaze kuzitwara bumushyikiriza Polisi. Bakomeje gushaka ibimenyetso bucya iwe haboneka icyobo kirimo ibisigazwa by’inka nk’eshanu, ibyo mu nda, impu, amahembe no hepfo y’umusarane hari ibindi.”


Ifatwa rye ahanini ryaturutse ku muturage wo mu Kagari ka Ndama, Umurenge wa Karangazi wari umaze iminsi yibwe inka ari na yo bavuga ko ikinono cyayo aricyo basanze iwe. Ikindi ashinjwa kwiha amazi akoresha atagira mubazi.


IVOMO:KIGALI TODAY

Comments

INKURU ZIKUNZWE

Abantu 11 batawe muri yombi bazira gufata amafunguro mu gisibo cya Ramadhani

  Polisi ya kisilamu muri Nigeria izwi ku izina rya Hisbah, yataye muri yombi Abayisilamu 11 bafashwe bari kurya mu gisibo cya Ramadhan. Aba Hisbah yataye muri yombi nabo muri leta ya Kano yo mu Majyaruguru ya Nigeria, bombi bafashwe barya mu masaha atemewe. Ikinyamakuru African News cyatangaje ko Umuvugizi wa Hisbah, Lawal Fagge, yatangaje ko hafashwe abagabo 10 hafi y’amasoko, ndetse n’umucuruzi w’umugore wafashwe arya ku bicuruzwa bye. Yagize ati: “Twabonye abantu 11 barimo umudamu ugurisha ibinyomoro byagaragaye ko arya ku bicuruzwa bye.” Nyuma yaho abo 11 biyemeje kwirinda ibiribwa cyangwa ibinyobwa byongeye kandi imiryango yabo yasabwe gucunga niba biyiriza ubusa koko. Icyakoze Fagge akomeza avuga ko abatari Abayisilamu batazafungwa mu gihe bazafatwa babagurisha ibiryo mu gisibo. Abayisilamu biyiriza ubusa kuva izuba rirashe kugeza rirenze mu gisibo cya Ramadhan bakaba baragitangiye ku ya 11 Werurwe kugeza ku ya 9 Mata.

Abahanzi Chriss Eazy na Shaffy bari mu byishimo nyuma y'uko indirimo bakoranye iciye agahigo ku rubuga rwa YouTube

Abanyamuziki Shaffy ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse na Chriss Eazy ubarizwa mu Rwanda, bari mu byishimo bikomeye nyuma y’uko indirimbo bakoranye bise ‘Bana’ yujuje Miliyoni 10 ibafasha kujya ku rutonde rw’abahanzi bamaze guca aka gahigo. Ni ibintu bagezeho mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 4 Mata 2024, nyuma y’amezi arindwi ashize iyi ndirimbo bayishyize hanze ku mbuga zitandukanye zicururizwaho umuziki. Yarakunzwe cyane mu buryo bukomeye, iracengera ahanini binyuze ku bantu bayirebaga ku muyoboro wa Youtube wa Shaffy. Iyi ndirimbo yakozwe mu buryo bw’amajwi na Producer Element yagiye hanze ku wa 26 Ukwakira 2023, bivuze ko nta mwaka urashira aba bahanzi bombi bahuje imbaraga. Yanditswe kandi igirwamo uruhare n’abarimo Shaffy, Chriss Eazy, Element, Junior Giti, Dylan Kabaka, ndetse na Christopher Yarakunzwe mu buryo bukomeye, icurangwa cyane mu bitangazamakuru, ibirori nk’ubukwe ifasha benshi kwizihiza, bigeze mu busabane bw’abantu biba ibindi bindi. Ni indirimbo y...

Malaika Uwamahoro agiye kugaragara muri filime ivuga ku bwisanzure bw'abaryamana bahuje ibitsina mu Rwanda

Malaika Uwamahoro ni umwe mu bakinnyi b’inkingi za mwamba bazagaragara muri filime ‘The Heights of Kigali’ ya Yseult Polfliet Mukantabana usanzwe yarubatse izina mu ruganda rw’imideli akaba n’umwanditsi w’ibitabo, ndetse akaba ari n’umwe mu bayobozi bakuru mu Kigo cyitwa POWarts gifite inshingano zo gufasha abagore b’abanyempano bashaka kwiteza imbere mu buhanzi. Ni filime yakozwe na Yseult Polfliet Mukantabana n’umukunzi we babana bahuje igitsina, Anne-Sophie Nanki usanzwe ari umwe mu bayobora ifatwa ry’amashusho ya filime bakomeye mu Bufaransa; aho bakunze kuba bari nubwo banyuzamo bakajya i New York City muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Igaruka ku rukundo rw’abakobwa babiri bitwa Mwiza na Nshuti. Mwiza muri iyi filime aba ari Malaika Uwamahoro wamamaye mu kuvuga imivugo mu Rwanda, mu gihe Rocky Try we akina yitwa Nshuti. Igihe iyi filime izajya hanze ntabwo kiramenyekana. Mu nkuru y’iyi filime aba bakobwa baba bashaka kuguma mu Rwanda nta nzozi zo kujya hanze yarwo yaba mu Burayi ...

Sobanukirwa akamaro ko kurya igisheke n'uko cyagufasha mu gukora imibonano mpuzabitsina

Ibisheke ni ibiribwa bidakunze guhabwa agaciro, nyamara biraryoha kandi byuzuyemo intungamubiri zagenewe gufasha umubiri gukora neza, bikarinda n’indwara zimwe na zimwe. Ibisheke kandi bifasha mu mibonano mpuzabitsina, kurinda kanseri zimwe na zimwe, ndetse no gusohora imyanda mu mubiri. Abahanga basobanukiwe n’imikorere y’igisheke mu mubiri wa muntu, bavuga ko ibisheke bikoreshwa gake ukurikije uko byagakwiye gukoreshwa. Benshi bavuga ko ibisheke bigenewe abakene. Kandi koko usanga bikoreshwa na bamwe bitwa ko bacirirtse, cyangwa ba bandi batuye mu byaro ahahingwa ibisheke, nyamara ntawe bigenewe ni ibya buri wese. Igisheke kibonekamo intungamubiri zitandukanye zirimo isukari, umwunyungugu wa potasiyumu, umwunyungugu wa karisiyumu, umwunyungugu wa manyeziyumu n’umwunyungugu wa zinc. Uretse kuba ibisheke bifite isukari y’umwimerere, binatuma uruhu rusa neza rukanatoha ntirukushuke. Mu gisheke kandi harimo ubutare bwa fer, vitamin B1, B2 n’izindi. Igisheke gikungahaye ku isukari y’umwim...