Skip to main content

Umuhanzikazi Ariel Wayz yimye Yago amahirwe bibyara urwango

 


Amezi atandatu arashize hasohotse indirimbo yitwa Naremeye, Yago Pon Dat yiyambajemo Bushali. Gusa, si yo yari amahitamo ya mbere kuko yifuzaga ko Ariel Wayz yamuririmbira inyikirizo ariko uyu muhanzikazi ntiyashimye impano y’uriya musore bahoze bameranye neza kubera inyungu buri umwe yakuraga ku wundi.

 Ubundi Yago Pon Dat yahoze ari inshuti n’ibyamamare hafi ya byose byo mu Rwanda bitewe n’urubuga yabahaga igihe cyose babaga bakeneye kwamamaza ibihangano cyangwa se ibikorwa bitandukanye. Buri wese ukurikira imyidagaduro yo mu Rwanda azi neza uruhare rwa Shene ya Youtube y’uyu musore w’i Tabagwe, agace avukamo yanaririmbye muri Suwejo.

Byabaye bibi ubwo yabonaga amafaranga akigira inama yo kwinjira mu buhanzi. Ba bahanzi bahoze ari inshuti z’akadasohoka, mbese bari ba cira aha nikubite byarabayobeye ukuntu yiyambuye umwuga w’ubunyamakuru akinjira ku isoko bahahiraho.

Ariko hari indirimbo y’itsinda ryahoze ryitwa Urban Boys baririmbye ko “Urwanira byinshi ukabura na bike wari ufite, reka iby’ishyari uhinge wenda na we uzeza!”

Iyi ndirimbo rero ku bantu batayibuka yagiye hanze ku itariki 6 Kanama 2015. Kuri ubu ubutumwa buyirimo ni bwo bukwiriye gukoreshwa na buri wese uba mu ruganda rw’imyidaduro hano mu Rwanda kuko umurima ni munini ariko usanga abantu barenga imbibi. Uhinga ishyari ugasurura ishavu!

Tugarutse ku mubano waje kuba mubi hagati ya Yago Pon Dat n’ibyamamare, uyu munsi duhereye kuri Ariel Wayz kuko rimwe Yago yigeze kubivuga mu marenga ntiyerura umuhanzikazi yegereye akamuca amazi.

Hari n’abandi bahoze ari inshuti n’uyu musore wahoze ari umunyamakuru, ariko bakaza gukuramo akarenge kabo bakimara kubona ko abasanze mu kibuga bakiniramo kandi na we bataramuteye ku mwanya yakinagamo neza. Nta hantu na hamwe uzumva uku kutumvikana mu itangazamakuru bivugwa na ba nyirabyo, ariko buri wese abiganirira uwo aba yizeye

Ubwo Yago Pon Dat yatekerezaga gukora indirimbo yitwa Naremeye, umuhanzi yatekereje ni Ariel Wayz, kandi koko uyu mukobwa wize umuziki ni umwe mu bajya mu ndirimbo zikaryoha kuko atanga ibye byose.

Yago rero reka azitwaze wa mubano yahoze afitanye na Ariel Wayz ashake kubihuza n’ubuhanzi kandi ntaho byari bihuriye. Yahamagaye Ariel Wayz amugezaho igitekerezo, undi aracyakira ariko nyine ni kumwe wanga guhakanira umuntu ukamubwira ko nta kibazo kandi umutima wawe uziko bitazakunda. Bimwe Abanyarwanda bita kwanga kwiteranya.

Igihe cyo gukora indirimbo cyarageze Yago Pon Dat ahamagara Ariel Wayz, umukobwa ugezweho amubwira ko afite ibintu byinshi ahugiyemo. Iki gisubizo ku bazi uko indirimbo ikorwa mwahita mutahura igisobanura cyacyo, kuko iyo umuhanzi aburiye mugenzi we umwanya ntabwo indirimbo ishoboka.

Yago Pon Dat yahise araranganya amaso asanga umuntu wamugoboka ari Bushali dore ko na we babanye mu bihe byiza n’ibibi. Nguko uko byagenze ibya Yago Pon Dat na Ariel Wayz batagihuza kandi barahoze ari inshuti z’akadasohoka.

Umunyamakuru ukora mu biganiro by’imyidagaduro kuri imwe muri televiziyo zo mu Rwanda waganiriye na Yago Pon Dat na Ariel Wayz, yabwiye IGIHE ko aba bahanzi bahoze ari inshuti none umubano wabo warakonje.

Ni umunyamakuru wanze ko amazina ye ajya hanze kubera umubano afitanye na bo akaba adashaka kwiteranya.

Yagize ati ”Ariel Wayz jyewe yambwiye ko adashobora guha ’collabo’ na Yago Pon Dat. Kandi na Yago Pon Dat yigeze kumbwira ko yagerageje kwegera Ariel Wayz akamwima umwanya. Ni ibintu byababaje cyane Yago kuko yari azi ko umubano wabo ari nta makemwa. Rero ntabwo uzasanga mu itangazamakuru bivugwa ariko rwose barashwanye. Kandi na bo nta hantu uzumva babivuga.”

Inkuru ya IGIHE.COM

Comments

INKURU ZIKUNZWE

Abantu 11 batawe muri yombi bazira gufata amafunguro mu gisibo cya Ramadhani

  Polisi ya kisilamu muri Nigeria izwi ku izina rya Hisbah, yataye muri yombi Abayisilamu 11 bafashwe bari kurya mu gisibo cya Ramadhan. Aba Hisbah yataye muri yombi nabo muri leta ya Kano yo mu Majyaruguru ya Nigeria, bombi bafashwe barya mu masaha atemewe. Ikinyamakuru African News cyatangaje ko Umuvugizi wa Hisbah, Lawal Fagge, yatangaje ko hafashwe abagabo 10 hafi y’amasoko, ndetse n’umucuruzi w’umugore wafashwe arya ku bicuruzwa bye. Yagize ati: “Twabonye abantu 11 barimo umudamu ugurisha ibinyomoro byagaragaye ko arya ku bicuruzwa bye.” Nyuma yaho abo 11 biyemeje kwirinda ibiribwa cyangwa ibinyobwa byongeye kandi imiryango yabo yasabwe gucunga niba biyiriza ubusa koko. Icyakoze Fagge akomeza avuga ko abatari Abayisilamu batazafungwa mu gihe bazafatwa babagurisha ibiryo mu gisibo. Abayisilamu biyiriza ubusa kuva izuba rirashe kugeza rirenze mu gisibo cya Ramadhan bakaba baragitangiye ku ya 11 Werurwe kugeza ku ya 9 Mata.

Abahanzi Chriss Eazy na Shaffy bari mu byishimo nyuma y'uko indirimo bakoranye iciye agahigo ku rubuga rwa YouTube

Abanyamuziki Shaffy ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse na Chriss Eazy ubarizwa mu Rwanda, bari mu byishimo bikomeye nyuma y’uko indirimbo bakoranye bise ‘Bana’ yujuje Miliyoni 10 ibafasha kujya ku rutonde rw’abahanzi bamaze guca aka gahigo. Ni ibintu bagezeho mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 4 Mata 2024, nyuma y’amezi arindwi ashize iyi ndirimbo bayishyize hanze ku mbuga zitandukanye zicururizwaho umuziki. Yarakunzwe cyane mu buryo bukomeye, iracengera ahanini binyuze ku bantu bayirebaga ku muyoboro wa Youtube wa Shaffy. Iyi ndirimbo yakozwe mu buryo bw’amajwi na Producer Element yagiye hanze ku wa 26 Ukwakira 2023, bivuze ko nta mwaka urashira aba bahanzi bombi bahuje imbaraga. Yanditswe kandi igirwamo uruhare n’abarimo Shaffy, Chriss Eazy, Element, Junior Giti, Dylan Kabaka, ndetse na Christopher Yarakunzwe mu buryo bukomeye, icurangwa cyane mu bitangazamakuru, ibirori nk’ubukwe ifasha benshi kwizihiza, bigeze mu busabane bw’abantu biba ibindi bindi. Ni indirimbo y...

Malaika Uwamahoro agiye kugaragara muri filime ivuga ku bwisanzure bw'abaryamana bahuje ibitsina mu Rwanda

Malaika Uwamahoro ni umwe mu bakinnyi b’inkingi za mwamba bazagaragara muri filime ‘The Heights of Kigali’ ya Yseult Polfliet Mukantabana usanzwe yarubatse izina mu ruganda rw’imideli akaba n’umwanditsi w’ibitabo, ndetse akaba ari n’umwe mu bayobozi bakuru mu Kigo cyitwa POWarts gifite inshingano zo gufasha abagore b’abanyempano bashaka kwiteza imbere mu buhanzi. Ni filime yakozwe na Yseult Polfliet Mukantabana n’umukunzi we babana bahuje igitsina, Anne-Sophie Nanki usanzwe ari umwe mu bayobora ifatwa ry’amashusho ya filime bakomeye mu Bufaransa; aho bakunze kuba bari nubwo banyuzamo bakajya i New York City muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Igaruka ku rukundo rw’abakobwa babiri bitwa Mwiza na Nshuti. Mwiza muri iyi filime aba ari Malaika Uwamahoro wamamaye mu kuvuga imivugo mu Rwanda, mu gihe Rocky Try we akina yitwa Nshuti. Igihe iyi filime izajya hanze ntabwo kiramenyekana. Mu nkuru y’iyi filime aba bakobwa baba bashaka kuguma mu Rwanda nta nzozi zo kujya hanze yarwo yaba mu Burayi ...

Sobanukirwa akamaro ko kurya igisheke n'uko cyagufasha mu gukora imibonano mpuzabitsina

Ibisheke ni ibiribwa bidakunze guhabwa agaciro, nyamara biraryoha kandi byuzuyemo intungamubiri zagenewe gufasha umubiri gukora neza, bikarinda n’indwara zimwe na zimwe. Ibisheke kandi bifasha mu mibonano mpuzabitsina, kurinda kanseri zimwe na zimwe, ndetse no gusohora imyanda mu mubiri. Abahanga basobanukiwe n’imikorere y’igisheke mu mubiri wa muntu, bavuga ko ibisheke bikoreshwa gake ukurikije uko byagakwiye gukoreshwa. Benshi bavuga ko ibisheke bigenewe abakene. Kandi koko usanga bikoreshwa na bamwe bitwa ko bacirirtse, cyangwa ba bandi batuye mu byaro ahahingwa ibisheke, nyamara ntawe bigenewe ni ibya buri wese. Igisheke kibonekamo intungamubiri zitandukanye zirimo isukari, umwunyungugu wa potasiyumu, umwunyungugu wa karisiyumu, umwunyungugu wa manyeziyumu n’umwunyungugu wa zinc. Uretse kuba ibisheke bifite isukari y’umwimerere, binatuma uruhu rusa neza rukanatoha ntirukushuke. Mu gisheke kandi harimo ubutare bwa fer, vitamin B1, B2 n’izindi. Igisheke gikungahaye ku isukari y’umwim...