Skip to main content

Ubushakashatsi: Imiti ikoreshwa mu guhindura imisatsi ishobora gutera kanseri y’ubwonko

 


Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cyo muri Kenya gishinzwe ubushakashatsi mu buvuzi (Kenya Medical Research Institute/KEMRI), bwagaragaje ko ikinyabutabire cya formaldehyde kiboneka mu miti ikoreshwa mu kudefiriza, ari uburozi bwatera kanseri y’ubwonko, cyangwa se bukangirika umuntu akajya yibagirwa bikabije.

Muri raporo y’ubwo bushakashatsi, byagaragajwe ko hari ibinyabutabire 11 biteye impungenge (Chemicals of Concern ‘COCs’) byagaragaye mu bwoko umunani bw’imiti ikoreshwa mu guhindura imisatsi, bakunze kwita ‘produits’(Hair Relaxers), ubwoko butandatu muri ubwo umunani, ni ukuvuga (75%) ikorerwa muri Kenya, mu gihe ubundi bwoko bubiri nabwo bwifitemo ibyo binyabutabire ni ukuvuga (25%) bugera aho muri Kenya buturutse muri Uganda no muri Afurika y’Epfo. Itanu gusa muri iyo miti, ni ukuvuga (62.5%), ni yo yanditsweho ko igomba gukoshwa mu buryo bw’umwuga gusa (for professional use only).

Ubwo bushakashatsi bwibanze mu gace ko muri Kenya kazwi nka Embu County, ababukoze ngo batangajwe n’ukuntu imibare y’abarwara yazamutse muri ako gace. Gusa, iyo miti ikoreshwa mu guhindura imisatsi, yakoreweho ubushakashatsi, ngo ikoreshwa no mu tundi duce tw’icyo gihugu by’umwihariko mu Murwa mukuru Nairobi, nk’uko byatangajwe n’Ikinyamakuru The Nation cyandikirwa aho muri Kenya.

Ubwo bushakashatsi bwa KEMRI ngo buhura n’ubundi bwakozwe na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika n’ubwakorewe muri Ghana, bwagaragaje ko gukoresha zimwe muri poroduwi zagenewe kwiyitaho (personal care products ‘PCPs), na poroduwi zikoreshwa mu misatsi harimo nka ‘hair dyes’, bakunze kwita tentire, n’indi miti ikoreshwa mu kudefiriza imisatsi yongera ibyago byo kurwara kanseri y’ibere.

Ubwo bushakashatsi bwakorewe ku bantu b’igitsinagore 366 bafite imyaka hagati ya 15-50, bemeye gusubiza ibibazo byabazwaga, nyuma bemera no kugura ubwo bwoko umunani bw’imiti ikoreshwa mu mutwe, iteye impungenge.

Abakoraga ubwo bushakashatsi bagize bati “Nyuma twatangiye kugereranya urutonde rw’ibigize iyo miti byanditswe ku macupa inyuma n’abayikoze, tugereranya n’urutonde rw’ibinyabutabire bitemewe gukoreshwa mu miti igenewe gukoreshwa mu misatsi no mu kwiyitaho, biza kugaragara ko harimo ibinyabutabire kandi bitagombye kubamo. Intego yacu yari ukureba no gusobanukirwa ibinyabutabire biba mu miti ikoreshwa mu kwiyitaho no kureba ingaruka mbi igira ku buzima bw’umugore w’umwirabura”.

Abakoze ubwo bushakashatsi bavuze ko hakenewe kuvugururwa amabwiriza agenga ibijyanye n’ikorwa n’icuruzwa ry’iyo miti muri Kenya ku buryo bwihutirwa, kandi bijyanye n’uko yongera ibyago byo kurwara Kanseri.

Icya kabiri, bavuze ko hakenewe ko abantu bigishwa no kubwirwa ibinyabutabire biboneka muri iyo miti bagura, n’ingaruka byagira ku buzima bwabo.

Barongera bati “Uko kubimenyekanisha, bizafasha abaguzi kugira amahitamo ashingiye ku makuru y’ukuri mu gihe bagura cyangwa se bakoresha iyo miti”.

 

Comments

INKURU ZIKUNZWE

Abantu 11 batawe muri yombi bazira gufata amafunguro mu gisibo cya Ramadhani

  Polisi ya kisilamu muri Nigeria izwi ku izina rya Hisbah, yataye muri yombi Abayisilamu 11 bafashwe bari kurya mu gisibo cya Ramadhan. Aba Hisbah yataye muri yombi nabo muri leta ya Kano yo mu Majyaruguru ya Nigeria, bombi bafashwe barya mu masaha atemewe. Ikinyamakuru African News cyatangaje ko Umuvugizi wa Hisbah, Lawal Fagge, yatangaje ko hafashwe abagabo 10 hafi y’amasoko, ndetse n’umucuruzi w’umugore wafashwe arya ku bicuruzwa bye. Yagize ati: “Twabonye abantu 11 barimo umudamu ugurisha ibinyomoro byagaragaye ko arya ku bicuruzwa bye.” Nyuma yaho abo 11 biyemeje kwirinda ibiribwa cyangwa ibinyobwa byongeye kandi imiryango yabo yasabwe gucunga niba biyiriza ubusa koko. Icyakoze Fagge akomeza avuga ko abatari Abayisilamu batazafungwa mu gihe bazafatwa babagurisha ibiryo mu gisibo. Abayisilamu biyiriza ubusa kuva izuba rirashe kugeza rirenze mu gisibo cya Ramadhan bakaba baragitangiye ku ya 11 Werurwe kugeza ku ya 9 Mata.

Abahanzi Chriss Eazy na Shaffy bari mu byishimo nyuma y'uko indirimo bakoranye iciye agahigo ku rubuga rwa YouTube

Abanyamuziki Shaffy ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse na Chriss Eazy ubarizwa mu Rwanda, bari mu byishimo bikomeye nyuma y’uko indirimbo bakoranye bise ‘Bana’ yujuje Miliyoni 10 ibafasha kujya ku rutonde rw’abahanzi bamaze guca aka gahigo. Ni ibintu bagezeho mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 4 Mata 2024, nyuma y’amezi arindwi ashize iyi ndirimbo bayishyize hanze ku mbuga zitandukanye zicururizwaho umuziki. Yarakunzwe cyane mu buryo bukomeye, iracengera ahanini binyuze ku bantu bayirebaga ku muyoboro wa Youtube wa Shaffy. Iyi ndirimbo yakozwe mu buryo bw’amajwi na Producer Element yagiye hanze ku wa 26 Ukwakira 2023, bivuze ko nta mwaka urashira aba bahanzi bombi bahuje imbaraga. Yanditswe kandi igirwamo uruhare n’abarimo Shaffy, Chriss Eazy, Element, Junior Giti, Dylan Kabaka, ndetse na Christopher Yarakunzwe mu buryo bukomeye, icurangwa cyane mu bitangazamakuru, ibirori nk’ubukwe ifasha benshi kwizihiza, bigeze mu busabane bw’abantu biba ibindi bindi. Ni indirimbo y...

Malaika Uwamahoro agiye kugaragara muri filime ivuga ku bwisanzure bw'abaryamana bahuje ibitsina mu Rwanda

Malaika Uwamahoro ni umwe mu bakinnyi b’inkingi za mwamba bazagaragara muri filime ‘The Heights of Kigali’ ya Yseult Polfliet Mukantabana usanzwe yarubatse izina mu ruganda rw’imideli akaba n’umwanditsi w’ibitabo, ndetse akaba ari n’umwe mu bayobozi bakuru mu Kigo cyitwa POWarts gifite inshingano zo gufasha abagore b’abanyempano bashaka kwiteza imbere mu buhanzi. Ni filime yakozwe na Yseult Polfliet Mukantabana n’umukunzi we babana bahuje igitsina, Anne-Sophie Nanki usanzwe ari umwe mu bayobora ifatwa ry’amashusho ya filime bakomeye mu Bufaransa; aho bakunze kuba bari nubwo banyuzamo bakajya i New York City muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Igaruka ku rukundo rw’abakobwa babiri bitwa Mwiza na Nshuti. Mwiza muri iyi filime aba ari Malaika Uwamahoro wamamaye mu kuvuga imivugo mu Rwanda, mu gihe Rocky Try we akina yitwa Nshuti. Igihe iyi filime izajya hanze ntabwo kiramenyekana. Mu nkuru y’iyi filime aba bakobwa baba bashaka kuguma mu Rwanda nta nzozi zo kujya hanze yarwo yaba mu Burayi ...

Sobanukirwa akamaro ko kurya igisheke n'uko cyagufasha mu gukora imibonano mpuzabitsina

Ibisheke ni ibiribwa bidakunze guhabwa agaciro, nyamara biraryoha kandi byuzuyemo intungamubiri zagenewe gufasha umubiri gukora neza, bikarinda n’indwara zimwe na zimwe. Ibisheke kandi bifasha mu mibonano mpuzabitsina, kurinda kanseri zimwe na zimwe, ndetse no gusohora imyanda mu mubiri. Abahanga basobanukiwe n’imikorere y’igisheke mu mubiri wa muntu, bavuga ko ibisheke bikoreshwa gake ukurikije uko byagakwiye gukoreshwa. Benshi bavuga ko ibisheke bigenewe abakene. Kandi koko usanga bikoreshwa na bamwe bitwa ko bacirirtse, cyangwa ba bandi batuye mu byaro ahahingwa ibisheke, nyamara ntawe bigenewe ni ibya buri wese. Igisheke kibonekamo intungamubiri zitandukanye zirimo isukari, umwunyungugu wa potasiyumu, umwunyungugu wa karisiyumu, umwunyungugu wa manyeziyumu n’umwunyungugu wa zinc. Uretse kuba ibisheke bifite isukari y’umwimerere, binatuma uruhu rusa neza rukanatoha ntirukushuke. Mu gisheke kandi harimo ubutare bwa fer, vitamin B1, B2 n’izindi. Igisheke gikungahaye ku isukari y’umwim...