Skip to main content

Sosiyete Sivile zikorera mu ntara ya Kivu ya ruguru ntiziyumvisha uko FARDC ikomeje gutakaza ibice byinshi byo muri iyi ntara



Sosiyete Sivile zikorera mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zamaganye ubugwari igisirikare cy’iki gihugu, FARDC, gikomeje kugaragaza mu ntambara gihanganyemo n’umutwe witwaje intwaro wa M23.


Ni nyuma y’aho M23 ifashe agace ka Vitsumbi kegereye ikiyaga cya Edouard, muri teritwari ya Rutshuru hafi ya Uganda, kiyongera ku tundi turimo Nyanzale no mu nkengero zaho.


Mu ibaruwa iyi miryango yandikiye Perezida wa RDC, Félix Tshisekedi, yamumenyesheje ko mu gihe cyose FARDC yambuwe ibice, isobanura ko yakoze ‘Replis stratégique’, ikamburwa ibindi isa n’irebera.


Yagaragaje kandi ko igisirikare cya RDC kidakwiye kwicara, gitegereje ko M23 igaba ibitero kugira ngo kirwane, ahubwo ko na cyo gikwiye kujya gitungurana, kigafata ibice cyambuwe.


Yagize iti “Twanze ishyirwa mu bikorwa ry’uburyo bwa gisirikare bwo gukumira ibitero na za ‘replis stratégiques’ z’urudaca mu gihe M23 iri gufata ibindi bice.”


Yagaragaje ko muri FARDC harimo abagambanyi bashobora kuba baha Perezida Tshisekedi amakuru atari yo y’urugamba, nk’uko byagenze mu gihe umutwe witwaje intwaro wa AFDL wayoborwaga na Laurent Kabila warwanyaga ubutegetsi bwa Mobutu Sese Seko.


Iti “Twibuke ko mu gihe AFDL yafataga ibice, bamwe mu bofisiye b’ingabo za Zaïre boherereje Leta amakuru atari yo, ntiyigera ihagera ngo imenye uko ibintu byifashe, inashake igisubizo. AFDL yaratunguranye i Kinshasa tariki ya 17 Gicurasi 1997.”


Ubu bugambanyi bwashimangiwe na Perezida wa sosiyete sivile muri Rutshuru, Jean Claude Mbabaze, ubwo yasobanuriraga RFI uko FARDC yavuye muri Vitsumbi.


Mbabaze yagize ati “FARDC bavuye mu gace mbere y’uko inyeshyamba zihagera, ntibigeze barwana. Mu gisirikare ntiharimo abakorana na zo n’abagambanyi?”


Iyi miryango yasabye Tshisekedi ko yakohereza Minisitiri w’Ingabo n’Umugaba Mukuru w’Ingabo muri Kivu y’Amajyaruguru kugira ngo bakurikiranire hafi uko FARDC iri kwitwara ku rugamba kugeza igihe izisubiza ibice byose yambuwe na M23.

Inkuri ya IGIHE.COM

Comments

INKURU ZIKUNZWE

Abantu 11 batawe muri yombi bazira gufata amafunguro mu gisibo cya Ramadhani

  Polisi ya kisilamu muri Nigeria izwi ku izina rya Hisbah, yataye muri yombi Abayisilamu 11 bafashwe bari kurya mu gisibo cya Ramadhan. Aba Hisbah yataye muri yombi nabo muri leta ya Kano yo mu Majyaruguru ya Nigeria, bombi bafashwe barya mu masaha atemewe. Ikinyamakuru African News cyatangaje ko Umuvugizi wa Hisbah, Lawal Fagge, yatangaje ko hafashwe abagabo 10 hafi y’amasoko, ndetse n’umucuruzi w’umugore wafashwe arya ku bicuruzwa bye. Yagize ati: “Twabonye abantu 11 barimo umudamu ugurisha ibinyomoro byagaragaye ko arya ku bicuruzwa bye.” Nyuma yaho abo 11 biyemeje kwirinda ibiribwa cyangwa ibinyobwa byongeye kandi imiryango yabo yasabwe gucunga niba biyiriza ubusa koko. Icyakoze Fagge akomeza avuga ko abatari Abayisilamu batazafungwa mu gihe bazafatwa babagurisha ibiryo mu gisibo. Abayisilamu biyiriza ubusa kuva izuba rirashe kugeza rirenze mu gisibo cya Ramadhan bakaba baragitangiye ku ya 11 Werurwe kugeza ku ya 9 Mata.

Abahanzi Chriss Eazy na Shaffy bari mu byishimo nyuma y'uko indirimo bakoranye iciye agahigo ku rubuga rwa YouTube

Abanyamuziki Shaffy ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse na Chriss Eazy ubarizwa mu Rwanda, bari mu byishimo bikomeye nyuma y’uko indirimbo bakoranye bise ‘Bana’ yujuje Miliyoni 10 ibafasha kujya ku rutonde rw’abahanzi bamaze guca aka gahigo. Ni ibintu bagezeho mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 4 Mata 2024, nyuma y’amezi arindwi ashize iyi ndirimbo bayishyize hanze ku mbuga zitandukanye zicururizwaho umuziki. Yarakunzwe cyane mu buryo bukomeye, iracengera ahanini binyuze ku bantu bayirebaga ku muyoboro wa Youtube wa Shaffy. Iyi ndirimbo yakozwe mu buryo bw’amajwi na Producer Element yagiye hanze ku wa 26 Ukwakira 2023, bivuze ko nta mwaka urashira aba bahanzi bombi bahuje imbaraga. Yanditswe kandi igirwamo uruhare n’abarimo Shaffy, Chriss Eazy, Element, Junior Giti, Dylan Kabaka, ndetse na Christopher Yarakunzwe mu buryo bukomeye, icurangwa cyane mu bitangazamakuru, ibirori nk’ubukwe ifasha benshi kwizihiza, bigeze mu busabane bw’abantu biba ibindi bindi. Ni indirimbo y...

Malaika Uwamahoro agiye kugaragara muri filime ivuga ku bwisanzure bw'abaryamana bahuje ibitsina mu Rwanda

Malaika Uwamahoro ni umwe mu bakinnyi b’inkingi za mwamba bazagaragara muri filime ‘The Heights of Kigali’ ya Yseult Polfliet Mukantabana usanzwe yarubatse izina mu ruganda rw’imideli akaba n’umwanditsi w’ibitabo, ndetse akaba ari n’umwe mu bayobozi bakuru mu Kigo cyitwa POWarts gifite inshingano zo gufasha abagore b’abanyempano bashaka kwiteza imbere mu buhanzi. Ni filime yakozwe na Yseult Polfliet Mukantabana n’umukunzi we babana bahuje igitsina, Anne-Sophie Nanki usanzwe ari umwe mu bayobora ifatwa ry’amashusho ya filime bakomeye mu Bufaransa; aho bakunze kuba bari nubwo banyuzamo bakajya i New York City muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Igaruka ku rukundo rw’abakobwa babiri bitwa Mwiza na Nshuti. Mwiza muri iyi filime aba ari Malaika Uwamahoro wamamaye mu kuvuga imivugo mu Rwanda, mu gihe Rocky Try we akina yitwa Nshuti. Igihe iyi filime izajya hanze ntabwo kiramenyekana. Mu nkuru y’iyi filime aba bakobwa baba bashaka kuguma mu Rwanda nta nzozi zo kujya hanze yarwo yaba mu Burayi ...

Sobanukirwa akamaro ko kurya igisheke n'uko cyagufasha mu gukora imibonano mpuzabitsina

Ibisheke ni ibiribwa bidakunze guhabwa agaciro, nyamara biraryoha kandi byuzuyemo intungamubiri zagenewe gufasha umubiri gukora neza, bikarinda n’indwara zimwe na zimwe. Ibisheke kandi bifasha mu mibonano mpuzabitsina, kurinda kanseri zimwe na zimwe, ndetse no gusohora imyanda mu mubiri. Abahanga basobanukiwe n’imikorere y’igisheke mu mubiri wa muntu, bavuga ko ibisheke bikoreshwa gake ukurikije uko byagakwiye gukoreshwa. Benshi bavuga ko ibisheke bigenewe abakene. Kandi koko usanga bikoreshwa na bamwe bitwa ko bacirirtse, cyangwa ba bandi batuye mu byaro ahahingwa ibisheke, nyamara ntawe bigenewe ni ibya buri wese. Igisheke kibonekamo intungamubiri zitandukanye zirimo isukari, umwunyungugu wa potasiyumu, umwunyungugu wa karisiyumu, umwunyungugu wa manyeziyumu n’umwunyungugu wa zinc. Uretse kuba ibisheke bifite isukari y’umwimerere, binatuma uruhu rusa neza rukanatoha ntirukushuke. Mu gisheke kandi harimo ubutare bwa fer, vitamin B1, B2 n’izindi. Igisheke gikungahaye ku isukari y’umwim...