Skip to main content

Rutsiro: Haravugwa umwuka mubi hagati ya SEDO na gitifu aho umwe ashinja undi kumusambanyiriza umugore

Mu karere ka Rutsiro haravugwa intambara hagati y’abagabo babiri, bose basanzwe ari abakozi b’akarere ku rwego rw’Akagari bapfa kuba umwe avugwaho gusambanya umugore wa mugenzi we.
Uyu mugabo usanzwe ari Gitifu wa kamwe mu tugari tugize umurenge wa Kigeyo arashinjwa na mugenzi usanzwe ari Sedo muri kamwe mu tugari tugize umurenge wa Mushonyi. Ibivugwa ni aba bagabo bombi babashije kuganira na Bwiza.com, ushinjwa gusambanya umugore wa mugenzi we, baduhaye amakuru ko byabaye mu ijoro ryo kuwa gatanu, tariki 08 Werurwe 2024, mu murenge wa Murunda aho basanzwe batuye n’imiryango yabo.
Sedo, uvuga ko yasambanyirijwe umugore, mu kiganiro yahaye Bwiza dukesha iyi nkuru, yavuze ko ubwo yari atashye yakomanze umugore agatinda kumukingurira, akamara akanya atuje akumva munzu havugiramo ijwi ry’umugabo. Ati "Naratashye nkomanze ku idirishya ry’iwanjye umugore atinda kunkingurira, mara akanya gato ntuje numva munzu havugiramo ijwi ry’umugabo, haciyemo akanya Umugore amukingurira idirishya agira ngo nagiye kurugi, mbona Gitifu niwe usohotse mu idirishya turagundagurana ari nako ntabaza andusha imbaraga ariruka."
Akomeza avuga ko ibyamubayeho atari iby’uyu munsi gusa, kuko asanzwe abwirwa ko uyu Gitifu ajya yinyabya ku mugore we akagira uko yigenza, akaba asaba inzego z’ubuyobozi kuba zamurenganura byaba na ngombwa zikamuhanira gusenyera umuyobozi mugenzi we. Gitifu uvugwaho gusambanya umugore wa mugenzi we, yahakanye ibyo avugwaho byose, nk’uko yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa Bwiza, ku rukuta rwe rwa Whatsapp.
Ati "Sinjye gusa avuze ko musambanyiriza umugore, n’ubushize yatabaje ku gasozi ngo umuntu aramucitse nka saa yine z’amanywa, Sinzi niba bahora bamucika, ikindi ni uko atuye ahantu hatuwe mu bucucike, icyo gihe yari kuba yaratabaje bakamfatira mu cyuho, ibi bivuze ko ashaka kumparabika. Umuntu ufite abaturanyi koko yabura umutabara mu bibazo bikoreye nka biriya."
Akomeza avuga ko uyu muyobozi atayobewe aho yarega umuntu afashe asambanira iwe n’uburyo yamufata uretse gusebanya no guharabika. Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro buvuga ko iperereza rigikorwa kuri iki kibazo. Umuyobozi w’akarere ka Rutsiro Kayitesi Dative, mu kiganiro na Bwiza.com yemeje ko aya makuru bayahawe, ariko bagikora iperereza ku kuri kwayo.
Ati "Amakuru twarayamenye, twoherezayo abayobozi, amakuru y’ibanze twahawe ni uko nta muntu bahasanze, ntanigihamya ko biriya bintu byabayeho, kandi umugore akabihakana, turacyakurikirana ngo tumenye ukuri kwabyo." Akomeza avuga ko baramutse basanze amakuru bahawe ari ukuri, byaba ari uguhungabanya umudendezo w’ingo, ndetse uyu gitifu uvugwa yabihanirwa.

Comments

INKURU ZIKUNZWE

Abantu 11 batawe muri yombi bazira gufata amafunguro mu gisibo cya Ramadhani

  Polisi ya kisilamu muri Nigeria izwi ku izina rya Hisbah, yataye muri yombi Abayisilamu 11 bafashwe bari kurya mu gisibo cya Ramadhan. Aba Hisbah yataye muri yombi nabo muri leta ya Kano yo mu Majyaruguru ya Nigeria, bombi bafashwe barya mu masaha atemewe. Ikinyamakuru African News cyatangaje ko Umuvugizi wa Hisbah, Lawal Fagge, yatangaje ko hafashwe abagabo 10 hafi y’amasoko, ndetse n’umucuruzi w’umugore wafashwe arya ku bicuruzwa bye. Yagize ati: “Twabonye abantu 11 barimo umudamu ugurisha ibinyomoro byagaragaye ko arya ku bicuruzwa bye.” Nyuma yaho abo 11 biyemeje kwirinda ibiribwa cyangwa ibinyobwa byongeye kandi imiryango yabo yasabwe gucunga niba biyiriza ubusa koko. Icyakoze Fagge akomeza avuga ko abatari Abayisilamu batazafungwa mu gihe bazafatwa babagurisha ibiryo mu gisibo. Abayisilamu biyiriza ubusa kuva izuba rirashe kugeza rirenze mu gisibo cya Ramadhan bakaba baragitangiye ku ya 11 Werurwe kugeza ku ya 9 Mata.

Abahanzi Chriss Eazy na Shaffy bari mu byishimo nyuma y'uko indirimo bakoranye iciye agahigo ku rubuga rwa YouTube

Abanyamuziki Shaffy ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse na Chriss Eazy ubarizwa mu Rwanda, bari mu byishimo bikomeye nyuma y’uko indirimbo bakoranye bise ‘Bana’ yujuje Miliyoni 10 ibafasha kujya ku rutonde rw’abahanzi bamaze guca aka gahigo. Ni ibintu bagezeho mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 4 Mata 2024, nyuma y’amezi arindwi ashize iyi ndirimbo bayishyize hanze ku mbuga zitandukanye zicururizwaho umuziki. Yarakunzwe cyane mu buryo bukomeye, iracengera ahanini binyuze ku bantu bayirebaga ku muyoboro wa Youtube wa Shaffy. Iyi ndirimbo yakozwe mu buryo bw’amajwi na Producer Element yagiye hanze ku wa 26 Ukwakira 2023, bivuze ko nta mwaka urashira aba bahanzi bombi bahuje imbaraga. Yanditswe kandi igirwamo uruhare n’abarimo Shaffy, Chriss Eazy, Element, Junior Giti, Dylan Kabaka, ndetse na Christopher Yarakunzwe mu buryo bukomeye, icurangwa cyane mu bitangazamakuru, ibirori nk’ubukwe ifasha benshi kwizihiza, bigeze mu busabane bw’abantu biba ibindi bindi. Ni indirimbo y...

Malaika Uwamahoro agiye kugaragara muri filime ivuga ku bwisanzure bw'abaryamana bahuje ibitsina mu Rwanda

Malaika Uwamahoro ni umwe mu bakinnyi b’inkingi za mwamba bazagaragara muri filime ‘The Heights of Kigali’ ya Yseult Polfliet Mukantabana usanzwe yarubatse izina mu ruganda rw’imideli akaba n’umwanditsi w’ibitabo, ndetse akaba ari n’umwe mu bayobozi bakuru mu Kigo cyitwa POWarts gifite inshingano zo gufasha abagore b’abanyempano bashaka kwiteza imbere mu buhanzi. Ni filime yakozwe na Yseult Polfliet Mukantabana n’umukunzi we babana bahuje igitsina, Anne-Sophie Nanki usanzwe ari umwe mu bayobora ifatwa ry’amashusho ya filime bakomeye mu Bufaransa; aho bakunze kuba bari nubwo banyuzamo bakajya i New York City muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Igaruka ku rukundo rw’abakobwa babiri bitwa Mwiza na Nshuti. Mwiza muri iyi filime aba ari Malaika Uwamahoro wamamaye mu kuvuga imivugo mu Rwanda, mu gihe Rocky Try we akina yitwa Nshuti. Igihe iyi filime izajya hanze ntabwo kiramenyekana. Mu nkuru y’iyi filime aba bakobwa baba bashaka kuguma mu Rwanda nta nzozi zo kujya hanze yarwo yaba mu Burayi ...

Sobanukirwa akamaro ko kurya igisheke n'uko cyagufasha mu gukora imibonano mpuzabitsina

Ibisheke ni ibiribwa bidakunze guhabwa agaciro, nyamara biraryoha kandi byuzuyemo intungamubiri zagenewe gufasha umubiri gukora neza, bikarinda n’indwara zimwe na zimwe. Ibisheke kandi bifasha mu mibonano mpuzabitsina, kurinda kanseri zimwe na zimwe, ndetse no gusohora imyanda mu mubiri. Abahanga basobanukiwe n’imikorere y’igisheke mu mubiri wa muntu, bavuga ko ibisheke bikoreshwa gake ukurikije uko byagakwiye gukoreshwa. Benshi bavuga ko ibisheke bigenewe abakene. Kandi koko usanga bikoreshwa na bamwe bitwa ko bacirirtse, cyangwa ba bandi batuye mu byaro ahahingwa ibisheke, nyamara ntawe bigenewe ni ibya buri wese. Igisheke kibonekamo intungamubiri zitandukanye zirimo isukari, umwunyungugu wa potasiyumu, umwunyungugu wa karisiyumu, umwunyungugu wa manyeziyumu n’umwunyungugu wa zinc. Uretse kuba ibisheke bifite isukari y’umwimerere, binatuma uruhu rusa neza rukanatoha ntirukushuke. Mu gisheke kandi harimo ubutare bwa fer, vitamin B1, B2 n’izindi. Igisheke gikungahaye ku isukari y’umwim...