Skip to main content

Nyuma yo kuvugwaho ubukene bukabije, ikipe ya AS Kigali yatangiye imyitozo



Nyuma y’iminsi 10 badakora imyitozo, abakinnyi ba AS Kigali bayisubukuye nyuma yo kwizezwa na Perezida w’Icyubahiro, Shema Fabrice umushahara w’ukwezi kumwe muri ane abandi atanu baberewemo n’iyi kipe.


Ku wa Mbere, tariki 25 Werurwe 2024 nibwo iyi kipe y’umujyi yasubukuye imyitozo yitabiriwe n’abakinnyi 22, aho abatabonetse ari Hussein Tshabalala uri mu Ikipe y’Igihugu y’u Burundi, Raphael Osaluwe, Iyabivuze Osée, Benedata Janvier na Guillain.


Ni mu gihe umunyezamu Kimenyi Yves na Itangishaka Blaise bo bakoreye hanze y’ikibuga bari kumwe n’umutoza wongera imbaraga.


Tariki 15 Werurwe 2024 nibwo abakinnyi ba AS Kigali bahagaritse imyitozo kubera ibirarane by’imishahara y’amezi ane n’atanu kuri bamwe baberewemo n’ubuyobozi.


Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Kapiteni Bishira Latif yavuze ko kuba bemeye gusubira mu myitozo hari ibiganiro byiza byabayeho.


Yagize ati “Twagarutse mu myitozo kuko hari ibiganiro byiza byabayeho. Ntabwo byari ibihe byiza ariko tugomba kwihangana tukagera ku ntego zacu zo gusoza mu makipe ane ya mbere.”


Ku ruhande rw’umutoza Guy Bukasa atangaza ko abakinnyi bagarutse bigaragara ko bakoraga imyitozo ku giti cyabo bityo ko ibyo gukoraho atari byinshi cyane.


Ati “Abakinnyi bagarutse bafite imbaraga nubwo atari 100% ariko biragaraga ko bakoraga imyitozo ku giti cyabo. Turi kugerageza gukora ku mayeri y’umukino.”


Uyu mutoza yakomeje avuga ko iki kibazo gikwiye guhagurukirwa n’inzengo zose kuko kimaze kuba karande.


Ati “Ntabwo ari ibibazo biba muri AS Kigali gusa kuko biri n’ahandi henshi. Birasaba ko abahuriye mu ruganda rwa ruhago bakwiye kwicara bagashaka igisubizo kuko ntabwo umuntu umwe yabishobora kuko muri iyi minsi rwabaye uruganda rukomeye cyane.”


Iyi kipe iri kwitegura Sunrise FC bazasura ku Cyumweru, tariki 31 Werurwe, mu mukino w’umunsi wa 25 wa shampiyona.


AS Kigali ni imwe mu makipe yitwaye neza mu mikino yo kwishyura kuko yabashije kuva ku manota 15 ubu ikaba imaze kugira 34, aho iri ku mwanya wa gatandatu, mu gihe hagisigaye imikino itandatu yo gukinwa.

Comments

INKURU ZIKUNZWE

Abantu 11 batawe muri yombi bazira gufata amafunguro mu gisibo cya Ramadhani

  Polisi ya kisilamu muri Nigeria izwi ku izina rya Hisbah, yataye muri yombi Abayisilamu 11 bafashwe bari kurya mu gisibo cya Ramadhan. Aba Hisbah yataye muri yombi nabo muri leta ya Kano yo mu Majyaruguru ya Nigeria, bombi bafashwe barya mu masaha atemewe. Ikinyamakuru African News cyatangaje ko Umuvugizi wa Hisbah, Lawal Fagge, yatangaje ko hafashwe abagabo 10 hafi y’amasoko, ndetse n’umucuruzi w’umugore wafashwe arya ku bicuruzwa bye. Yagize ati: “Twabonye abantu 11 barimo umudamu ugurisha ibinyomoro byagaragaye ko arya ku bicuruzwa bye.” Nyuma yaho abo 11 biyemeje kwirinda ibiribwa cyangwa ibinyobwa byongeye kandi imiryango yabo yasabwe gucunga niba biyiriza ubusa koko. Icyakoze Fagge akomeza avuga ko abatari Abayisilamu batazafungwa mu gihe bazafatwa babagurisha ibiryo mu gisibo. Abayisilamu biyiriza ubusa kuva izuba rirashe kugeza rirenze mu gisibo cya Ramadhan bakaba baragitangiye ku ya 11 Werurwe kugeza ku ya 9 Mata.

Abahanzi Chriss Eazy na Shaffy bari mu byishimo nyuma y'uko indirimo bakoranye iciye agahigo ku rubuga rwa YouTube

Abanyamuziki Shaffy ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse na Chriss Eazy ubarizwa mu Rwanda, bari mu byishimo bikomeye nyuma y’uko indirimbo bakoranye bise ‘Bana’ yujuje Miliyoni 10 ibafasha kujya ku rutonde rw’abahanzi bamaze guca aka gahigo. Ni ibintu bagezeho mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 4 Mata 2024, nyuma y’amezi arindwi ashize iyi ndirimbo bayishyize hanze ku mbuga zitandukanye zicururizwaho umuziki. Yarakunzwe cyane mu buryo bukomeye, iracengera ahanini binyuze ku bantu bayirebaga ku muyoboro wa Youtube wa Shaffy. Iyi ndirimbo yakozwe mu buryo bw’amajwi na Producer Element yagiye hanze ku wa 26 Ukwakira 2023, bivuze ko nta mwaka urashira aba bahanzi bombi bahuje imbaraga. Yanditswe kandi igirwamo uruhare n’abarimo Shaffy, Chriss Eazy, Element, Junior Giti, Dylan Kabaka, ndetse na Christopher Yarakunzwe mu buryo bukomeye, icurangwa cyane mu bitangazamakuru, ibirori nk’ubukwe ifasha benshi kwizihiza, bigeze mu busabane bw’abantu biba ibindi bindi. Ni indirimbo y...

Malaika Uwamahoro agiye kugaragara muri filime ivuga ku bwisanzure bw'abaryamana bahuje ibitsina mu Rwanda

Malaika Uwamahoro ni umwe mu bakinnyi b’inkingi za mwamba bazagaragara muri filime ‘The Heights of Kigali’ ya Yseult Polfliet Mukantabana usanzwe yarubatse izina mu ruganda rw’imideli akaba n’umwanditsi w’ibitabo, ndetse akaba ari n’umwe mu bayobozi bakuru mu Kigo cyitwa POWarts gifite inshingano zo gufasha abagore b’abanyempano bashaka kwiteza imbere mu buhanzi. Ni filime yakozwe na Yseult Polfliet Mukantabana n’umukunzi we babana bahuje igitsina, Anne-Sophie Nanki usanzwe ari umwe mu bayobora ifatwa ry’amashusho ya filime bakomeye mu Bufaransa; aho bakunze kuba bari nubwo banyuzamo bakajya i New York City muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Igaruka ku rukundo rw’abakobwa babiri bitwa Mwiza na Nshuti. Mwiza muri iyi filime aba ari Malaika Uwamahoro wamamaye mu kuvuga imivugo mu Rwanda, mu gihe Rocky Try we akina yitwa Nshuti. Igihe iyi filime izajya hanze ntabwo kiramenyekana. Mu nkuru y’iyi filime aba bakobwa baba bashaka kuguma mu Rwanda nta nzozi zo kujya hanze yarwo yaba mu Burayi ...

Sobanukirwa akamaro ko kurya igisheke n'uko cyagufasha mu gukora imibonano mpuzabitsina

Ibisheke ni ibiribwa bidakunze guhabwa agaciro, nyamara biraryoha kandi byuzuyemo intungamubiri zagenewe gufasha umubiri gukora neza, bikarinda n’indwara zimwe na zimwe. Ibisheke kandi bifasha mu mibonano mpuzabitsina, kurinda kanseri zimwe na zimwe, ndetse no gusohora imyanda mu mubiri. Abahanga basobanukiwe n’imikorere y’igisheke mu mubiri wa muntu, bavuga ko ibisheke bikoreshwa gake ukurikije uko byagakwiye gukoreshwa. Benshi bavuga ko ibisheke bigenewe abakene. Kandi koko usanga bikoreshwa na bamwe bitwa ko bacirirtse, cyangwa ba bandi batuye mu byaro ahahingwa ibisheke, nyamara ntawe bigenewe ni ibya buri wese. Igisheke kibonekamo intungamubiri zitandukanye zirimo isukari, umwunyungugu wa potasiyumu, umwunyungugu wa karisiyumu, umwunyungugu wa manyeziyumu n’umwunyungugu wa zinc. Uretse kuba ibisheke bifite isukari y’umwimerere, binatuma uruhu rusa neza rukanatoha ntirukushuke. Mu gisheke kandi harimo ubutare bwa fer, vitamin B1, B2 n’izindi. Igisheke gikungahaye ku isukari y’umwim...