Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Taarab Music muri Tanzania, Khadija Kopa, akaba na nyina w’umuhanzikazi Zuchu, avuga ko atarabona umugabo uhamanye n’ibyifuzo bye, ndetse atazi impamvu Imana itaramuhitiramo.
Mu kiganiro aherutse kugirana na Wasafi FM, Khadija Kopa yagarutse ku buzima bwe bwihariye no kuba kugeza ubu atarabona undi mugabo asimbuza se wa Zuchu witabye Imana mu myaka 11 ishize, akavuga ko abenshi yirirwa abona ari insoresore ziba zishaka kwishimisha gusa.
Yagize ati “Nirirwa mbabona ariko sinifuza abasore. Imana ntabwo irampa amahirwe yo kubona umugabo nyawe uzi icyo gukora n’icyo ashaka.”
Khadija Kopa yakomeje ashimangira ko akunda kuba yajya mu rukundo n’abagabo bakuze, avuga ko abasore bakiri bato atabiyumvamo, bitewe no kuba rimwe na rimwe usanga bataramenya icyo bashaka.
Comments
Post a Comment