Skip to main content

Menya uko wakoresha tangawizi n'indimu ndetse n'ubuki bikakubera umuti n'urukingo rw'indwara nyinshi



 Icyayi cya tangawizi n’indimu kizwiho kongerera umubiri ingufu, kongera ubudahangarwa bw’umubiri ndetse no gufasha mu mikorere inyuranye y’umubiri.

Uruvange rwabyo rero twakwita icyayi cya tangawizi n’indimu rukomatanya ibyiza bya buri kimwe nuko urwo ruvange rukaba ingenzi ku buzima bwacu bwa buri munsi.

Ni gute icyayi cya tangawizi n’indimu gikorwa?

Nyuma yo gucanira amazi akabira, ukataguriramo tangawizi (ikijumba kimwe kirahagije muri 250mL z’amazi ni ukuvuga igikombe), noneho ugakamuriramo igisate cy’indimu ukareka bikivanga mu gihe byibuze cy’iminota 5 ku muriro mucye.

Uramimina ukanywa gusa ushatse wakongeramo ubuki ngo byongere icyanga uretseko no kubinywa byonyine wumva bifite icyanga rwose.

Ushatse wakongeramo ubuki cyangwa ukakinywera aho

Akamaro k’icyayi cya tangawizi n’indimu ku buzima

Isesemi no kugugara mu nda

Muri tangawizi dusangamo zingiber, kikaba ikinyabutabire kizwiho kurwanya no kwirukana bagiteri mbi zifata mu gifu zigatuma igogorwa ritagenda neza. Si ibyo gusa kuko inazwiho kurinda isesemi cyane cyane ku bagore batwite. Indimu yo burya irwanya ikirungurira ikanavura kugugara no gutumba nyuma yo kurya. Uruvange rwabyo rubikorera rimwe byose

Iki cyayi ni cyiza no ku mugore utwite kuko kimufasha;

1. Gutekereza

Iki cyayi byagaragaye ko gifasha abakinywa gutekereza byihuse ndetse no kugira ingufu z’ubwonko no gufata mu mutwe. Ndetse gifasha mu koroshya uturandaryi no kurwanya umunabi bigatera ibitekerezo bizima. Kirwanya kandi indwara yo kwibagirwa ikunze gufata abageze mu zabukuru ndetse kikarinda stress.

2.Uruhu

Kuba indimu na tangawizi bikungahaye ku ma vitamin anyuranye n’izindi ntungamubiri, bigirira akamaro uruhu. Ushobora kunywa uru ruvange cyangwa se ukarwisiga ku ruhu ahantu wumva hari uburyaryate kandi nta cyakurumye.

Uru ruvange rukaba rutuma hakorwa uturemangingofatizo dushyashya ndetse rukanarinda kuba uruhu rwafatwa n’indwara zandura cyane cyane iziterwa na virus na bagiteri zifata ku ruhu.

3. Gutakaza ibiro

Tangawizi izwiho gufasha mu mikorere yihuse y’umubiri bityo kunywa icyayi irimo bikaba bituma wumva uhaze nuko ukaza kurya gacye. Niyo mpamvu mu gihe wifuza gutakaza ibiro, kunywa uru ruvange buri gitondo bituma umubiri utwika calories nyinshi kuko bibarinda kuza kugira ikindi bafata mbere y’ifunguro rya ku manywa.

4. Imisatsi ikomeye

Kuva na kera tangawizi n’indimu byagiye bikoreshwa buri cyose ukwacyo mu gutuma ugira umusatsi ukomeye. Uruvange rwabo rero ruba rukungahaye kuri vitamin A na C, zose zizwiho gutuma imisatsi ikura kandi igakomera ndetse bikanarinda imisatsi gupfukagurika.

Niba wifuza umusatsi mwiza kandi ukomeye, iki cyayi kizagufasha

5. Ubudahangarwa

Tangawizi n’indimu byose bizwiho kuba mu mafunguro akomeye mu kongerera ingufu ubudahangarwa bwacu bityo bikarinda umubiri indwara zinyuranye. Nko mu gihe warwaye inkorora n’ibicurane, kunywa iki cyayi 2 ku munsi birakuvura rwose ukaba muryerye.

6. Diyabete

Mu kuringaniza igipimo cy’isukari yo mu maraso nta kiza ku isonga kurenza tangawizi. Ituma umubiri ukora insulin ihagije bityo igipimo cy’isukari yo mu maraso kikamanuka. Niyo mpamvu mu gihe cyose ufite iyi ndwara cyangwa se ufite ibimenyetso by’uko ushobora kuyirwara, ari byiza kunywa iki cyayi

7. Kugabanya uburibwe

Kuba tangawizi izwiho kurwanya ububabare no kubyimbirwa bituma uru ruvange ruba ingenzi mu kurwanya uburibwe bunyuranye. Waba urwaye umutwe, uribwa iryinyo, uri mu mihango ibabaza, urwaye umugongo, cyangwa se umaze kubagwa, iki cyayi kizagufasha koroherwa n’uburibwe.

8. Kurwanya umunabi

Kuko iki cyayi nubundi gifasha mu mikorere myiza y’ubwonko no gufasha uturandaryi gukora neza, ni cyiza mu kurwanya umunabi waba uwo waramukanye cyangwa uwo watewe na stress z’akazi cyangwa ibindi binyuranye. Kukinywa bizatuma wirirwana akanyamuneza kandi bikurinde umushiha n’ibijyana na wo

Iki cyayi ni cyiza mu kuvura umunabi

Icyitonderwa

Kuri bamwe nyuma yo kunywa iki cyayi bashobora kugira ikirungurira cyangwa kuribwa mu gifu. Ibi biterwa ahanini nuko igifu kitihanganira tangawizi cyangwa se kigira ubwivumbure kuri yo. Mu gihe bikubayeho ni byiza kubihagarika cyangwa se ukajya ukinywa ubundi ukarenzaho bicarbonate.

Source: ubuzimacenter

Comments

INKURU ZIKUNZWE

Abantu 11 batawe muri yombi bazira gufata amafunguro mu gisibo cya Ramadhani

  Polisi ya kisilamu muri Nigeria izwi ku izina rya Hisbah, yataye muri yombi Abayisilamu 11 bafashwe bari kurya mu gisibo cya Ramadhan. Aba Hisbah yataye muri yombi nabo muri leta ya Kano yo mu Majyaruguru ya Nigeria, bombi bafashwe barya mu masaha atemewe. Ikinyamakuru African News cyatangaje ko Umuvugizi wa Hisbah, Lawal Fagge, yatangaje ko hafashwe abagabo 10 hafi y’amasoko, ndetse n’umucuruzi w’umugore wafashwe arya ku bicuruzwa bye. Yagize ati: “Twabonye abantu 11 barimo umudamu ugurisha ibinyomoro byagaragaye ko arya ku bicuruzwa bye.” Nyuma yaho abo 11 biyemeje kwirinda ibiribwa cyangwa ibinyobwa byongeye kandi imiryango yabo yasabwe gucunga niba biyiriza ubusa koko. Icyakoze Fagge akomeza avuga ko abatari Abayisilamu batazafungwa mu gihe bazafatwa babagurisha ibiryo mu gisibo. Abayisilamu biyiriza ubusa kuva izuba rirashe kugeza rirenze mu gisibo cya Ramadhan bakaba baragitangiye ku ya 11 Werurwe kugeza ku ya 9 Mata.

Abahanzi Chriss Eazy na Shaffy bari mu byishimo nyuma y'uko indirimo bakoranye iciye agahigo ku rubuga rwa YouTube

Abanyamuziki Shaffy ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse na Chriss Eazy ubarizwa mu Rwanda, bari mu byishimo bikomeye nyuma y’uko indirimbo bakoranye bise ‘Bana’ yujuje Miliyoni 10 ibafasha kujya ku rutonde rw’abahanzi bamaze guca aka gahigo. Ni ibintu bagezeho mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 4 Mata 2024, nyuma y’amezi arindwi ashize iyi ndirimbo bayishyize hanze ku mbuga zitandukanye zicururizwaho umuziki. Yarakunzwe cyane mu buryo bukomeye, iracengera ahanini binyuze ku bantu bayirebaga ku muyoboro wa Youtube wa Shaffy. Iyi ndirimbo yakozwe mu buryo bw’amajwi na Producer Element yagiye hanze ku wa 26 Ukwakira 2023, bivuze ko nta mwaka urashira aba bahanzi bombi bahuje imbaraga. Yanditswe kandi igirwamo uruhare n’abarimo Shaffy, Chriss Eazy, Element, Junior Giti, Dylan Kabaka, ndetse na Christopher Yarakunzwe mu buryo bukomeye, icurangwa cyane mu bitangazamakuru, ibirori nk’ubukwe ifasha benshi kwizihiza, bigeze mu busabane bw’abantu biba ibindi bindi. Ni indirimbo y...

Malaika Uwamahoro agiye kugaragara muri filime ivuga ku bwisanzure bw'abaryamana bahuje ibitsina mu Rwanda

Malaika Uwamahoro ni umwe mu bakinnyi b’inkingi za mwamba bazagaragara muri filime ‘The Heights of Kigali’ ya Yseult Polfliet Mukantabana usanzwe yarubatse izina mu ruganda rw’imideli akaba n’umwanditsi w’ibitabo, ndetse akaba ari n’umwe mu bayobozi bakuru mu Kigo cyitwa POWarts gifite inshingano zo gufasha abagore b’abanyempano bashaka kwiteza imbere mu buhanzi. Ni filime yakozwe na Yseult Polfliet Mukantabana n’umukunzi we babana bahuje igitsina, Anne-Sophie Nanki usanzwe ari umwe mu bayobora ifatwa ry’amashusho ya filime bakomeye mu Bufaransa; aho bakunze kuba bari nubwo banyuzamo bakajya i New York City muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Igaruka ku rukundo rw’abakobwa babiri bitwa Mwiza na Nshuti. Mwiza muri iyi filime aba ari Malaika Uwamahoro wamamaye mu kuvuga imivugo mu Rwanda, mu gihe Rocky Try we akina yitwa Nshuti. Igihe iyi filime izajya hanze ntabwo kiramenyekana. Mu nkuru y’iyi filime aba bakobwa baba bashaka kuguma mu Rwanda nta nzozi zo kujya hanze yarwo yaba mu Burayi ...

Sobanukirwa akamaro ko kurya igisheke n'uko cyagufasha mu gukora imibonano mpuzabitsina

Ibisheke ni ibiribwa bidakunze guhabwa agaciro, nyamara biraryoha kandi byuzuyemo intungamubiri zagenewe gufasha umubiri gukora neza, bikarinda n’indwara zimwe na zimwe. Ibisheke kandi bifasha mu mibonano mpuzabitsina, kurinda kanseri zimwe na zimwe, ndetse no gusohora imyanda mu mubiri. Abahanga basobanukiwe n’imikorere y’igisheke mu mubiri wa muntu, bavuga ko ibisheke bikoreshwa gake ukurikije uko byagakwiye gukoreshwa. Benshi bavuga ko ibisheke bigenewe abakene. Kandi koko usanga bikoreshwa na bamwe bitwa ko bacirirtse, cyangwa ba bandi batuye mu byaro ahahingwa ibisheke, nyamara ntawe bigenewe ni ibya buri wese. Igisheke kibonekamo intungamubiri zitandukanye zirimo isukari, umwunyungugu wa potasiyumu, umwunyungugu wa karisiyumu, umwunyungugu wa manyeziyumu n’umwunyungugu wa zinc. Uretse kuba ibisheke bifite isukari y’umwimerere, binatuma uruhu rusa neza rukanatoha ntirukushuke. Mu gisheke kandi harimo ubutare bwa fer, vitamin B1, B2 n’izindi. Igisheke gikungahaye ku isukari y’umwim...