Skip to main content

Impunzi z’Abanye-Congo zo mu nkambi ya Kigeme nazo zigaragambije

 


Abanye-Congo bahungiye mu Rwanda bamaze igihe kirekire bacumbiwe mu nkambi ya Kigeme mu Karere ka Nyamagabe n’abari mu nkambi ya Mugombwa, bazindukiye mu myigaragambyo yo kwamagana ubwicanyi bukomeje gukorerwa bagenzi babo basigaye mu gihugu.

Ni mu gikorwa kimaze icyumweru cyose kiba mu nkambi zitandukanye kuko cyatangiye Ku wa 4 Werurwe 2024.

Inkambi ya Kigeme na Mugombwa zari zitahiwe mu kugaragaza akarengane gakomeje gukorerwa Abanyamulenge, Abatutsi n’Abahema.

Bakoze urugendo bise urw’amahoro bitwaje ibyapa banaririmba indirimbo ziganjemo amagambo yo kwamagana Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Basaba Leta ya Congo n’amahanga kubafasha gusubira mu gihugu cyabo no guhagarika ubwicanyi bwibasiye bene wabo basigaye mu gihugu.

Bafite ibyapa byamagana ubwicanyi buri gukorerwa Abatutsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Amagambo abiriho ni yo abigaragambya bari gusubiramo basaba ko bene wabo bari kwicwa Leta irebera, bahabwa ubutabera.

Bamwe mu bahunze bagaragaza ko icyo gihe leta ya Congo yari ibamereye nabi, bahunga bakiza amagara yabo.

Abasirikare ba Leta na FDLR ngo nibo babahigaga bashaka kubica bakagaragaza ko kuri ubu biteye agahinda kubona n’Ingabo zo mu bihugu bitandukanye birimo n’u Burundi na SADC bikomeje gutanga ubufasha kuri RDC.

Nubwo izo ngabo zatangaje ko zigiye muri RDC gufasha mu kugarura amahoro nyuma y’uko umutwe wa M23 wubuye imirwano, Abanye-Congo bagaragaza ko ahubwo zajyanywe no gushyigikira Perezida Tshisekedi mu mugambi we wo kurimbura Abatutsi.

Ati “Impamvu twamagana izo ngabo ni uko ziri gufatanya na FARDC nayo ikomeje gukorana n’Umutwe wa FDLR wasize ukoze Jenoside hano mu Rwanda none ushaka kubiba iyo ngengabitekerezo muri Congo, Abatutsi, Abanyamulenge n’Abahema bakicwa.”

Umuyobozi wa Komite nyobozi y’Inkambi ya Kigeme, Munyakarambi Sebutozi Edson, yagaragaje ko baterwa agahinda no kuba RDC yarabacukije igashyira ku ibere FDLR yasize ihekuye u Rwanda.

Ati “Muri 1994, Interahamwe zimaze gukora Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda zigahungira muri Congo, iraducutsa nk’abana bayo yonsa Interahamwe zaturushaga ubwinshi, imbaraga no kuba inkoramaraso nuko zitangira kutumenesha.”

Munyakarambi yavuze ko bafite icyizere ko umunsi umwe bazasubira mu gihugu cyabo.

Ati “Ni yo twamara imyaka magana twizeye ko tuzataha, kuko iri zina ryo kwitwa Umunye-Congo kuri njye riranshimisha. Iyo nza kuba umunyarwanda, nari gutura muri iki gihugu kuko gifite iterambere n’umutekano sinari kuza kwanama kuri uyu musozo. Impamvu mpari ni uko ndi Umunye-Congo.”

Yashimangiye ko ubutaka bakomokaho buzakomeza kubaho kandi ko bufite amazina y’ikinyarwanda bityo ko bishimangira ko ababuvukiyeho ari Abanye-Congo.

Muhamyambuga Innocent, wavukiye mu gace ka Mushaki, yagaragaje ko nk’uko Abayisiraheri bamaze imyaka 400 mu buretwa bikarangira batashye nabo ariko bizagenda nubwo imyaka ibaye myinshi mu buhungiro.

Ati “Abizera Bibiliya bazi ko Abayisilaheri bamaze imyaka irenga 400 mu Misiri kandi nyuma baje gutaha. Natwe tumaze imyaka 12 aha, bagenzi bacu bo mu nkambi ya Kiziba na Nyabiheke bari kumara imyaka hafi 30 ariko hari icyizere ko tuzataha mu gihugu cyacu.”

Yasabye ko Loni itari ikwiye gukomeza kurebera ubwicanyi buganisha kuri Jenoside bukomeje gukorerwa bagenzi babo nk’uko byagenze mu Rwanda mu 1994, ubwo hashyirwaga mu bikorwa Jenoside yakorerwaga Abatutsi.

U Rwanda rucumbikiye impunzi zisaga ibihumbi 100 z’Abanye-Congo ziganjemo izihamaze imyaka isaga 28.

Inkuru ya IGIHE.COM

 

Comments

INKURU ZIKUNZWE

Abantu 11 batawe muri yombi bazira gufata amafunguro mu gisibo cya Ramadhani

  Polisi ya kisilamu muri Nigeria izwi ku izina rya Hisbah, yataye muri yombi Abayisilamu 11 bafashwe bari kurya mu gisibo cya Ramadhan. Aba Hisbah yataye muri yombi nabo muri leta ya Kano yo mu Majyaruguru ya Nigeria, bombi bafashwe barya mu masaha atemewe. Ikinyamakuru African News cyatangaje ko Umuvugizi wa Hisbah, Lawal Fagge, yatangaje ko hafashwe abagabo 10 hafi y’amasoko, ndetse n’umucuruzi w’umugore wafashwe arya ku bicuruzwa bye. Yagize ati: “Twabonye abantu 11 barimo umudamu ugurisha ibinyomoro byagaragaye ko arya ku bicuruzwa bye.” Nyuma yaho abo 11 biyemeje kwirinda ibiribwa cyangwa ibinyobwa byongeye kandi imiryango yabo yasabwe gucunga niba biyiriza ubusa koko. Icyakoze Fagge akomeza avuga ko abatari Abayisilamu batazafungwa mu gihe bazafatwa babagurisha ibiryo mu gisibo. Abayisilamu biyiriza ubusa kuva izuba rirashe kugeza rirenze mu gisibo cya Ramadhan bakaba baragitangiye ku ya 11 Werurwe kugeza ku ya 9 Mata.

Abahanzi Chriss Eazy na Shaffy bari mu byishimo nyuma y'uko indirimo bakoranye iciye agahigo ku rubuga rwa YouTube

Abanyamuziki Shaffy ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse na Chriss Eazy ubarizwa mu Rwanda, bari mu byishimo bikomeye nyuma y’uko indirimbo bakoranye bise ‘Bana’ yujuje Miliyoni 10 ibafasha kujya ku rutonde rw’abahanzi bamaze guca aka gahigo. Ni ibintu bagezeho mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 4 Mata 2024, nyuma y’amezi arindwi ashize iyi ndirimbo bayishyize hanze ku mbuga zitandukanye zicururizwaho umuziki. Yarakunzwe cyane mu buryo bukomeye, iracengera ahanini binyuze ku bantu bayirebaga ku muyoboro wa Youtube wa Shaffy. Iyi ndirimbo yakozwe mu buryo bw’amajwi na Producer Element yagiye hanze ku wa 26 Ukwakira 2023, bivuze ko nta mwaka urashira aba bahanzi bombi bahuje imbaraga. Yanditswe kandi igirwamo uruhare n’abarimo Shaffy, Chriss Eazy, Element, Junior Giti, Dylan Kabaka, ndetse na Christopher Yarakunzwe mu buryo bukomeye, icurangwa cyane mu bitangazamakuru, ibirori nk’ubukwe ifasha benshi kwizihiza, bigeze mu busabane bw’abantu biba ibindi bindi. Ni indirimbo y...

Malaika Uwamahoro agiye kugaragara muri filime ivuga ku bwisanzure bw'abaryamana bahuje ibitsina mu Rwanda

Malaika Uwamahoro ni umwe mu bakinnyi b’inkingi za mwamba bazagaragara muri filime ‘The Heights of Kigali’ ya Yseult Polfliet Mukantabana usanzwe yarubatse izina mu ruganda rw’imideli akaba n’umwanditsi w’ibitabo, ndetse akaba ari n’umwe mu bayobozi bakuru mu Kigo cyitwa POWarts gifite inshingano zo gufasha abagore b’abanyempano bashaka kwiteza imbere mu buhanzi. Ni filime yakozwe na Yseult Polfliet Mukantabana n’umukunzi we babana bahuje igitsina, Anne-Sophie Nanki usanzwe ari umwe mu bayobora ifatwa ry’amashusho ya filime bakomeye mu Bufaransa; aho bakunze kuba bari nubwo banyuzamo bakajya i New York City muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Igaruka ku rukundo rw’abakobwa babiri bitwa Mwiza na Nshuti. Mwiza muri iyi filime aba ari Malaika Uwamahoro wamamaye mu kuvuga imivugo mu Rwanda, mu gihe Rocky Try we akina yitwa Nshuti. Igihe iyi filime izajya hanze ntabwo kiramenyekana. Mu nkuru y’iyi filime aba bakobwa baba bashaka kuguma mu Rwanda nta nzozi zo kujya hanze yarwo yaba mu Burayi ...

Sobanukirwa akamaro ko kurya igisheke n'uko cyagufasha mu gukora imibonano mpuzabitsina

Ibisheke ni ibiribwa bidakunze guhabwa agaciro, nyamara biraryoha kandi byuzuyemo intungamubiri zagenewe gufasha umubiri gukora neza, bikarinda n’indwara zimwe na zimwe. Ibisheke kandi bifasha mu mibonano mpuzabitsina, kurinda kanseri zimwe na zimwe, ndetse no gusohora imyanda mu mubiri. Abahanga basobanukiwe n’imikorere y’igisheke mu mubiri wa muntu, bavuga ko ibisheke bikoreshwa gake ukurikije uko byagakwiye gukoreshwa. Benshi bavuga ko ibisheke bigenewe abakene. Kandi koko usanga bikoreshwa na bamwe bitwa ko bacirirtse, cyangwa ba bandi batuye mu byaro ahahingwa ibisheke, nyamara ntawe bigenewe ni ibya buri wese. Igisheke kibonekamo intungamubiri zitandukanye zirimo isukari, umwunyungugu wa potasiyumu, umwunyungugu wa karisiyumu, umwunyungugu wa manyeziyumu n’umwunyungugu wa zinc. Uretse kuba ibisheke bifite isukari y’umwimerere, binatuma uruhu rusa neza rukanatoha ntirukushuke. Mu gisheke kandi harimo ubutare bwa fer, vitamin B1, B2 n’izindi. Igisheke gikungahaye ku isukari y’umwim...