Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyerekanye abasivile bane, barimo abadepite babiri b’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, gishinja gukorera ubutasi umutwe wa M23 ndetse no gushakira abayoboke n’abandi bantu bo gukorana n’uwo mutwe.
Aberekanywe uyu munsi bari mu bantu benshi cyane batazwi umubare
baherutse gufatwa n’ubugenzacyaha bwa FARDC bakajya gufungirwa i
Kinshasa.
Mu mashusho ya Gen Maj Sylvain Ekenge, umuvugizi w’igisirikare cya
Congo, yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga, ubwo yari imbere y’abanyamakuru
ku ishami ry’iperereza rya gisirikare, yerekanye abagabo bane bambitswe
imyenda y’umuhondo n’umutuku.
Ekenge yavuze ko Hope Sabini Kibuya werekanwe muri abo, usanzwe ari
numudepite ku rwego rw’Intara ya ruguru, ari we ukuriye ibikorwa byo
gushakira abayoboke umutwe wa M23, ndetse ngo akaba ari na we
wabizanyemo abo bareganwa. Yavuze ko undi ari Aliongera Alain nawe wari
umudepite muri iyo ntara.
Ekenge kandi yavuze ko abandi umwe ari umumotari, undi akaba inzobere
mu bijyanye n’ubukerarugendo akaba n’Umujyanama wa guverinoma y’iyo
ntara. Gusa aba bose bafashwe ntabwo bahawe umwanya ngo biregure ku
byaha bashinjwa.
Gen Ekenge wumvikanye yita aba bafashwe ‘abagambanyi bakorana na M23
n’Igisirikare cy’u Rwanda’ yavuze ko abandi bafashwe bazerekanwa igihe
nikigera.
Ku rundi ruhande, M23 ntacyo iratangaza kuri abo bagabo bafashwe, mu
gihe u Rwanda ruhakana gukorana na M23 muri iki gihe intambara hagati ya
Leta ya Congo n’ingabo ziyifasha zindi ndetse na M23 igikomeje muri
teritwari za Rutshuru, Masisi na Nyiragongo ahegera umujyi wa Goma.
Source: BBC
Comments
Post a Comment