Skip to main content

Dore ibyo usabwa gukora mu gihe utakaje indangamuntu kugira ngo wirinde zimwe mu ngorane ushobora guhura nazo

 


Uwitwa Dushimimana Athanase avuga ko yataye indangamuntu, nyuma yaho na simu kadi(Sim Card) ya telefone ye irashya, none ubu ngo ntabasha kubona ibimutunga nyamara afite amafaranga kuri ’Mobile Money’.

Agira ati “Ndi umukozi, akazi kanjye gashingiye ku guhamagarwa kuri telefone ariko abantu ubu baranshaka bakambura (kuko Sim Card yarahiye). Mfite amafaranga kuri Mobile Money ariko sinshobora kuyakuraho ngo njye guhaha cyangwa ngo nishyure abo mfitiye amadeni, baranyita umuhemu.”

Dushimimana avuga ko yagiye muri MTN gukoresha simu swapu (sim swap) yitwaje icyemezo yahawe n’Ubugenzacyaha, cy’uko yataye indangamuntu, ariko bakanga kumuha serivisi bitewe n’uko kidasimbura indangamuntu.

Avuga ko inzego zikomeje kumuhanahana, aho ava ku biro by’Ikigo gishinzwe Indangamuntu (NIDA) kureba aho bageze bamushakira indi ntabone igisubizo, akajya mu Bugenzacyaha bakamubwira ko nta kindi bamumarira, yajya muri MTN n’aho bakamubwira batyo.

Dushimimana twahuriye ku Kimihurura hafi y’ahakorera Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), ari kumwe n’abandi basore bagera muri batatu bahuje ikibazo, babuze aho berekera.

Ni hehe indangamuntu zatakaye zigomba gushakirwa?

Umuyobozi Mukuru wa NIDA, Josephine Mukesha, avuga ko ubusanzwe umuntu wese utoye indangamuntu agomba kuyigeza ku buyobozi bwa Polisi bumwegereye, nk’uko byanditseho inyuma kuri iyo ndangamuntu.

Hari abantu batoragura indangamuntu bakazijyana ku biro by’umudugudu, muri Gare, kwa muganga, ku biro by’Akagari, ku Murenge n’ahandi, ariko izi nzego na zo zisabwa kuzigeza kuri Polisi nk’uko NIDA ibisaba.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, na we ashimangira ko umuntu wese utoraguye indangamuntu, agomba kuyigeza kuri sitasiyo ya Polisi imwegereye kugira ngo izashyikirizwe NIDA.

Icyakora ntabwo ari ngombwa ko uwifuza indangamuntu wese ajya i Kigali kuri NIDA kuyisaba cyangwa kuyifatayo, kuko byose ngo abikorerwa n’ubuyobozi bw’Umurenge (cyane cyane aho yari yarafatiye iya mbere).

Uwitwa Abdul wafatiye Indangamuntu mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, avuga ko yigeze kuyita akorera mu Karere ka Musanze, asubiye i Huye gusaba indi nk’umuntu wayifatiyeyo, asanga ya yindi ya mbere ari ho yasubijwe.

Wabigenza ute ukeneye serivisi zihuse zisaba kugira indangamuntu?

Uburyo bwa mbere, nk’uko Umuyobozi Mukuru wa NIDA, Josephine Mukesha abisobanura, ni ukwegera Umurenge w’aho utuye cyangwa ukwegereye, ugasobanurira abakozi bawo impamvu utategereza ukwezi kose kugira ngo uhabwe indangamuntu wasabye.

Mukesha agira ati “Uyikeneye mu buryo bwihuse wakwegera umukozi ushinzwe irangamimerere ku Murenge ukamusobanurira, bakatubwira impamvu uyikeneye mbere y’iminsi 30 kuko ari bwo iboneka. Bafite uburyo batubwira, imwe yonyine(indangamuntu) ifite uburyo yoherezwamo.”

Ku muntu ufite amafaranga kuri ’Mobile Money’, akagira ibyago byo kwibwa telefone cyangwa kwangirika kwa simu kadi ye, ashobora kugana inzego z’ibanze guhera ku mutwarasibo kugera ku Murenge.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kibaza mu Murenge wa Kacyiru mu Karere ka Gasabo, Mpariyimana Innocent avuga ko ku Murenge bamuha icyemezo gifite umwirondoro n’ifoto bye (attestation d’identité complète) kikaba gisimbura indangamuntu.

Mpariyimana yaganiriye na Kigali Today agira ati “Ku Murenge bamuha icyemezo, ni cyo yifashisha mu mezi atatu mu gihe agitegereje irangamuntu ye, akijyana aho ari ho hose no kugisabisha ’sim swap’, kuko uba ugaragaza ko irangamuntu yatakaye kandi nimero zayo ziba ziriho.”

Icyakora bisaba ko uwo muntu wataye Indangamuntu abanza kugana Ubugenzacyaha, bukamuha icyemezo cy’uko yayitaye, ndetse no ku Irembo aho agomba kwishyura kugira ngo azahabwe indi.

Ikigo Gishinzwe Indangamuntu kivuga ko nta mubare runaka washyizweho w’indangamuntu buri Munyarwanda atagomba kurenza, mu gihe yaba yaragize ibyago byo gutakaza nyinshi.

Inkuru ya KigaliToday

Comments

INKURU ZIKUNZWE

Abantu 11 batawe muri yombi bazira gufata amafunguro mu gisibo cya Ramadhani

  Polisi ya kisilamu muri Nigeria izwi ku izina rya Hisbah, yataye muri yombi Abayisilamu 11 bafashwe bari kurya mu gisibo cya Ramadhan. Aba Hisbah yataye muri yombi nabo muri leta ya Kano yo mu Majyaruguru ya Nigeria, bombi bafashwe barya mu masaha atemewe. Ikinyamakuru African News cyatangaje ko Umuvugizi wa Hisbah, Lawal Fagge, yatangaje ko hafashwe abagabo 10 hafi y’amasoko, ndetse n’umucuruzi w’umugore wafashwe arya ku bicuruzwa bye. Yagize ati: “Twabonye abantu 11 barimo umudamu ugurisha ibinyomoro byagaragaye ko arya ku bicuruzwa bye.” Nyuma yaho abo 11 biyemeje kwirinda ibiribwa cyangwa ibinyobwa byongeye kandi imiryango yabo yasabwe gucunga niba biyiriza ubusa koko. Icyakoze Fagge akomeza avuga ko abatari Abayisilamu batazafungwa mu gihe bazafatwa babagurisha ibiryo mu gisibo. Abayisilamu biyiriza ubusa kuva izuba rirashe kugeza rirenze mu gisibo cya Ramadhan bakaba baragitangiye ku ya 11 Werurwe kugeza ku ya 9 Mata.

Abahanzi Chriss Eazy na Shaffy bari mu byishimo nyuma y'uko indirimo bakoranye iciye agahigo ku rubuga rwa YouTube

Abanyamuziki Shaffy ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse na Chriss Eazy ubarizwa mu Rwanda, bari mu byishimo bikomeye nyuma y’uko indirimbo bakoranye bise ‘Bana’ yujuje Miliyoni 10 ibafasha kujya ku rutonde rw’abahanzi bamaze guca aka gahigo. Ni ibintu bagezeho mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 4 Mata 2024, nyuma y’amezi arindwi ashize iyi ndirimbo bayishyize hanze ku mbuga zitandukanye zicururizwaho umuziki. Yarakunzwe cyane mu buryo bukomeye, iracengera ahanini binyuze ku bantu bayirebaga ku muyoboro wa Youtube wa Shaffy. Iyi ndirimbo yakozwe mu buryo bw’amajwi na Producer Element yagiye hanze ku wa 26 Ukwakira 2023, bivuze ko nta mwaka urashira aba bahanzi bombi bahuje imbaraga. Yanditswe kandi igirwamo uruhare n’abarimo Shaffy, Chriss Eazy, Element, Junior Giti, Dylan Kabaka, ndetse na Christopher Yarakunzwe mu buryo bukomeye, icurangwa cyane mu bitangazamakuru, ibirori nk’ubukwe ifasha benshi kwizihiza, bigeze mu busabane bw’abantu biba ibindi bindi. Ni indirimbo y...

Malaika Uwamahoro agiye kugaragara muri filime ivuga ku bwisanzure bw'abaryamana bahuje ibitsina mu Rwanda

Malaika Uwamahoro ni umwe mu bakinnyi b’inkingi za mwamba bazagaragara muri filime ‘The Heights of Kigali’ ya Yseult Polfliet Mukantabana usanzwe yarubatse izina mu ruganda rw’imideli akaba n’umwanditsi w’ibitabo, ndetse akaba ari n’umwe mu bayobozi bakuru mu Kigo cyitwa POWarts gifite inshingano zo gufasha abagore b’abanyempano bashaka kwiteza imbere mu buhanzi. Ni filime yakozwe na Yseult Polfliet Mukantabana n’umukunzi we babana bahuje igitsina, Anne-Sophie Nanki usanzwe ari umwe mu bayobora ifatwa ry’amashusho ya filime bakomeye mu Bufaransa; aho bakunze kuba bari nubwo banyuzamo bakajya i New York City muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Igaruka ku rukundo rw’abakobwa babiri bitwa Mwiza na Nshuti. Mwiza muri iyi filime aba ari Malaika Uwamahoro wamamaye mu kuvuga imivugo mu Rwanda, mu gihe Rocky Try we akina yitwa Nshuti. Igihe iyi filime izajya hanze ntabwo kiramenyekana. Mu nkuru y’iyi filime aba bakobwa baba bashaka kuguma mu Rwanda nta nzozi zo kujya hanze yarwo yaba mu Burayi ...

Sobanukirwa akamaro ko kurya igisheke n'uko cyagufasha mu gukora imibonano mpuzabitsina

Ibisheke ni ibiribwa bidakunze guhabwa agaciro, nyamara biraryoha kandi byuzuyemo intungamubiri zagenewe gufasha umubiri gukora neza, bikarinda n’indwara zimwe na zimwe. Ibisheke kandi bifasha mu mibonano mpuzabitsina, kurinda kanseri zimwe na zimwe, ndetse no gusohora imyanda mu mubiri. Abahanga basobanukiwe n’imikorere y’igisheke mu mubiri wa muntu, bavuga ko ibisheke bikoreshwa gake ukurikije uko byagakwiye gukoreshwa. Benshi bavuga ko ibisheke bigenewe abakene. Kandi koko usanga bikoreshwa na bamwe bitwa ko bacirirtse, cyangwa ba bandi batuye mu byaro ahahingwa ibisheke, nyamara ntawe bigenewe ni ibya buri wese. Igisheke kibonekamo intungamubiri zitandukanye zirimo isukari, umwunyungugu wa potasiyumu, umwunyungugu wa karisiyumu, umwunyungugu wa manyeziyumu n’umwunyungugu wa zinc. Uretse kuba ibisheke bifite isukari y’umwimerere, binatuma uruhu rusa neza rukanatoha ntirukushuke. Mu gisheke kandi harimo ubutare bwa fer, vitamin B1, B2 n’izindi. Igisheke gikungahaye ku isukari y’umwim...