Esma Platnumz uvukana na Diamond Platnumz, yatangaje ko hari ubukwe musaza we yari agiye gukora abuhagarika ku munota wa nyuma.
Mu kiganiro uyu mugore yagiranye na Wasafi FM, yavuze ko imiryango yombi yari yamaze kwemeranya ku nkwano bagombaga gukwa umugeni ndetse ko zari zamaze gutangwa.
Esma nubwo atigeze ahishura igihe ubu bukwe bwari kubera, avuga ko Diamond yababwiye ko atagishaka kurongora uyu mukobwa kuko yumvaga yaba ahubutse, ko azafata umwanzuro wo gushaka yabyizeho neza.
Comments
Post a Comment