Skip to main content

Bruce Melodie yasobanuye uko Shaggy yamuhinduriye imyumvire mu gihe gito



Bruce Melodie akomeje kurya ku matunda yashibutse ku mubano afitanye na Shaggy bakoranye indirimbo “When She’s Around”, yabereye umugisha uyu muhanzi wakuriye i Kanombe akaba asigaye atembera Amerika ubititsa mu bikorwa bya muzika.


Uyu muhanzi avuga ko gukorana na Shaggy byamubereye umugisha bituma izina, ibitekerezo, n’ibikorwa bye byaguka cyane ku rwego atatekerezaga.


Bruce Melodie abinyujije ku rubuga rwa 1:55 AM mu kiganiro yakoranye n’umushoramari Gael Karomba (Coach Gael) usanzwe amufasha muri muzika ye , yagarutse ku masomo amaze kwigira kuri Shaggy.


Bruce yavuze ko mu biganiro aherutse kugirana na Shaggy, yamusobanuriye impamvu ituma akunda cyane gukorana n’abahanzi bakiri bato aho kujya mu bandi bamaze kwamamara.


Igisubizo yamuhaye cyabaye nk’igikebura Bruce Melodie amenya gushyira ku munzani inyungu iri mu gukorna indirimbo n’abahanzi b’amazina akomeye n’abakiri bato.


Bruce Melodie yabonye ko kumenyekanisha indirimbo ari ikintu cy’ingenzi cyane ndetse abona ko adakwiye kwirirwa yiruka inyuma y’abahanzi bafite amazina akomeye cyangwa bagezweho muri muzika kuko atari bo bonyine bashobora gutuma indirimbo ikundwa cyane.


Ati “Shaggy yarambwiye ati buriya gukorana n’abahanzi bato ni ikintu cy’ingirakamaro cyane kuko bo baba bafite umuhate cyane ku bintu baba bakoze ugereranyije n’abandi baba bafite sosiyete zikomeye zibafasha mu muziki , cyane iyo bigeze ku kintu cyo kumenyekanisha indirimbo kuko ni ikintu gikomeye cyane.”


Yakomeje agira ati “Shaggy ni umuntu ufite imyaka 55 ariko yampaye isomo rikomeye maze kuganira nawe, nk’umuhanzi rero ibintu nigiye kuri Shaggy, ntabwo nkeneye amazina manini cyane ku ndirimbo zanjye, kubera ko ntakeneye kwiruka ku kumenyekanisha iyo ndirimbo njye nyine mu gihe uwo twayikoranye we atabyitayeho.”


Bruce Melodie yavuze ko yagiye akorana n’abahanzi batandukanye bo muri Afurika, ariko bikarangira asa n’ubiruka inyuma kugira ngo bamufashe kumenyekanisha igihangano cyangwa gufata amashusho.


Shaggy yakomeje ababwira ko hari igihe ukorana n’umuhanzi mukuru , ukaba wanamwishyuye ariko ugasanga ibikorwa mwakoze ntabyamamaje bityo umusaruro ukaba muke.


Aha niho yahereye atanga urugero rwa Sean Paul wakoranye indirimbo na Sia akiri muto amuha ibihumbi 200$ ariko ijya gusoka uyu muhanzikazi yarabaye munini ntiyagira umuhate mu kuyimenyekanisha, Sean Paul abyitaho wenyine.


Bruce Melodie avuga ko kujya mu itangazamakuru ryo muri Amerika ari ibintu buri muhanzi wese aba akeneye ndetse birushaho no kumenyekanisha igihugu muri rusange n’umuziki.


Mu mishinga mishya afite ya album ateganya kumurika, Bruce Melodie avuga ko yagize akazi katoroshye ko gutoranya indirimbo 16 zijya kuri album mu zirenga 80 afite.

Inkuru ya IGIHE 

Comments

INKURU ZIKUNZWE

Abantu 11 batawe muri yombi bazira gufata amafunguro mu gisibo cya Ramadhani

  Polisi ya kisilamu muri Nigeria izwi ku izina rya Hisbah, yataye muri yombi Abayisilamu 11 bafashwe bari kurya mu gisibo cya Ramadhan. Aba Hisbah yataye muri yombi nabo muri leta ya Kano yo mu Majyaruguru ya Nigeria, bombi bafashwe barya mu masaha atemewe. Ikinyamakuru African News cyatangaje ko Umuvugizi wa Hisbah, Lawal Fagge, yatangaje ko hafashwe abagabo 10 hafi y’amasoko, ndetse n’umucuruzi w’umugore wafashwe arya ku bicuruzwa bye. Yagize ati: “Twabonye abantu 11 barimo umudamu ugurisha ibinyomoro byagaragaye ko arya ku bicuruzwa bye.” Nyuma yaho abo 11 biyemeje kwirinda ibiribwa cyangwa ibinyobwa byongeye kandi imiryango yabo yasabwe gucunga niba biyiriza ubusa koko. Icyakoze Fagge akomeza avuga ko abatari Abayisilamu batazafungwa mu gihe bazafatwa babagurisha ibiryo mu gisibo. Abayisilamu biyiriza ubusa kuva izuba rirashe kugeza rirenze mu gisibo cya Ramadhan bakaba baragitangiye ku ya 11 Werurwe kugeza ku ya 9 Mata.

Abahanzi Chriss Eazy na Shaffy bari mu byishimo nyuma y'uko indirimo bakoranye iciye agahigo ku rubuga rwa YouTube

Abanyamuziki Shaffy ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse na Chriss Eazy ubarizwa mu Rwanda, bari mu byishimo bikomeye nyuma y’uko indirimbo bakoranye bise ‘Bana’ yujuje Miliyoni 10 ibafasha kujya ku rutonde rw’abahanzi bamaze guca aka gahigo. Ni ibintu bagezeho mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 4 Mata 2024, nyuma y’amezi arindwi ashize iyi ndirimbo bayishyize hanze ku mbuga zitandukanye zicururizwaho umuziki. Yarakunzwe cyane mu buryo bukomeye, iracengera ahanini binyuze ku bantu bayirebaga ku muyoboro wa Youtube wa Shaffy. Iyi ndirimbo yakozwe mu buryo bw’amajwi na Producer Element yagiye hanze ku wa 26 Ukwakira 2023, bivuze ko nta mwaka urashira aba bahanzi bombi bahuje imbaraga. Yanditswe kandi igirwamo uruhare n’abarimo Shaffy, Chriss Eazy, Element, Junior Giti, Dylan Kabaka, ndetse na Christopher Yarakunzwe mu buryo bukomeye, icurangwa cyane mu bitangazamakuru, ibirori nk’ubukwe ifasha benshi kwizihiza, bigeze mu busabane bw’abantu biba ibindi bindi. Ni indirimbo y...

Malaika Uwamahoro agiye kugaragara muri filime ivuga ku bwisanzure bw'abaryamana bahuje ibitsina mu Rwanda

Malaika Uwamahoro ni umwe mu bakinnyi b’inkingi za mwamba bazagaragara muri filime ‘The Heights of Kigali’ ya Yseult Polfliet Mukantabana usanzwe yarubatse izina mu ruganda rw’imideli akaba n’umwanditsi w’ibitabo, ndetse akaba ari n’umwe mu bayobozi bakuru mu Kigo cyitwa POWarts gifite inshingano zo gufasha abagore b’abanyempano bashaka kwiteza imbere mu buhanzi. Ni filime yakozwe na Yseult Polfliet Mukantabana n’umukunzi we babana bahuje igitsina, Anne-Sophie Nanki usanzwe ari umwe mu bayobora ifatwa ry’amashusho ya filime bakomeye mu Bufaransa; aho bakunze kuba bari nubwo banyuzamo bakajya i New York City muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Igaruka ku rukundo rw’abakobwa babiri bitwa Mwiza na Nshuti. Mwiza muri iyi filime aba ari Malaika Uwamahoro wamamaye mu kuvuga imivugo mu Rwanda, mu gihe Rocky Try we akina yitwa Nshuti. Igihe iyi filime izajya hanze ntabwo kiramenyekana. Mu nkuru y’iyi filime aba bakobwa baba bashaka kuguma mu Rwanda nta nzozi zo kujya hanze yarwo yaba mu Burayi ...

Sobanukirwa akamaro ko kurya igisheke n'uko cyagufasha mu gukora imibonano mpuzabitsina

Ibisheke ni ibiribwa bidakunze guhabwa agaciro, nyamara biraryoha kandi byuzuyemo intungamubiri zagenewe gufasha umubiri gukora neza, bikarinda n’indwara zimwe na zimwe. Ibisheke kandi bifasha mu mibonano mpuzabitsina, kurinda kanseri zimwe na zimwe, ndetse no gusohora imyanda mu mubiri. Abahanga basobanukiwe n’imikorere y’igisheke mu mubiri wa muntu, bavuga ko ibisheke bikoreshwa gake ukurikije uko byagakwiye gukoreshwa. Benshi bavuga ko ibisheke bigenewe abakene. Kandi koko usanga bikoreshwa na bamwe bitwa ko bacirirtse, cyangwa ba bandi batuye mu byaro ahahingwa ibisheke, nyamara ntawe bigenewe ni ibya buri wese. Igisheke kibonekamo intungamubiri zitandukanye zirimo isukari, umwunyungugu wa potasiyumu, umwunyungugu wa karisiyumu, umwunyungugu wa manyeziyumu n’umwunyungugu wa zinc. Uretse kuba ibisheke bifite isukari y’umwimerere, binatuma uruhu rusa neza rukanatoha ntirukushuke. Mu gisheke kandi harimo ubutare bwa fer, vitamin B1, B2 n’izindi. Igisheke gikungahaye ku isukari y’umwim...