Skip to main content

Bavuye ku izima! Agahinda ni kose ku bakunzi ba Rayon Sports nyuma y'ibyo mukeba araye abakoreye

 

facebook sharing button

Mu mukino w’umunsi wa 24 wa shampiyona, ikipe ya APR FC yatsinze Rayon Sports ibitego 2-0, ishyiramo ikinyuranyo cy’amanota 13 ku rutonde rwa shampiyona.

 Mu gihe habura imikino 6 ngo shampiyona irangire, ikipe ya APR FC yiyongereye amahirwe yo kuyegukana ndetse ishobora no kuyegukana hakiri kare imikino itararangira.

Ikipe ya APR FC ni yo yatangiye isatira, ndetse ku munota wa kabiri gusa Ruboneka Jean Bosco ahindura umupira ku ruhande rw’ibumoso ashaka guhereza Kwitonda, ariko umupira urengera ku rundi ruhande.

Ku munota wa gatatu, ikipe ya APR FC yafunguye amazamu kuri Coup Franc yatewe neza na Ruboneka maze isanga Yunusu Nshimiyimana, awugarura mu rubuga rw’amahina, umunyezamu Khadime Ndiaye ntiyawugeraho, Clement Niyigena awushyira mu izamu.

 Nyuma yo kubona igitego, ikipe ya APR FC yabaye nk’isubira inyuma maze itangira gukina imipira migufi bahererekanya ari na ko bacungana na Rayon Sports wabonaga isatira ishaka kwishyura.

Rayon Sports ntiyacitse intege kuko kugeza ku munota wa 16 yari irimo kotsa igitutu ikipe ya APR FC.

Ku munota wa 39, ikipe ya APR FC yongeye guhusha igitego ku mupira wari uhinduwe na Fitina Omborenga awuboneza neza ku mutwe wa Kwitonda Alain Bacca ariko awutera hejuru y’izamu rya Khadime Ndiaye wa Rayon Sports.

 Ikipe ya Rayon Sports yakomeje kubona imipira y’imiterekano ariko itigeze igira icyo itanga mu izamu rya Pavel Ndzila wa APR FC.

Umusifuzi wa kane yongeyeho iminota ibiri ku minota 45 y’umukino, gusa ntacyo byatanze kuko igice cya mbere cyarangiye APR FC iri imbere n’igitego 1-0.

Igice cya kabiri cyatangiranye inyota ku ikipe ya Rayon Sports ariko abasore b’umutoza Thierry Froger bagasanga bahagaze neza.

Ku munota wa 61 w’umukino, ikipe ya Rayon Sports yongeye kubona ubundi buryo bwiza bwa Coup Franc inyuma gato y’urubuga rw’umunyezamu, maze Bugingo Hakim ayohereza hejuru y’izamu.

Ku munota wa 63 amakipe yombi yakoze impinduka maze Rayon Sports ikuramo Bugingo Hakim yinjiza Ganijuru Elie.

Ikipe ya APR yakoze impinduka ebyiri, bakuramo Sharaf Eldin Shaiboub na Niyomugabo Claude binjiza Niyibizi Ramadhan ndetse na Mugisha Gilbert.

 

Comments

INKURU ZIKUNZWE

Abantu 11 batawe muri yombi bazira gufata amafunguro mu gisibo cya Ramadhani

  Polisi ya kisilamu muri Nigeria izwi ku izina rya Hisbah, yataye muri yombi Abayisilamu 11 bafashwe bari kurya mu gisibo cya Ramadhan. Aba Hisbah yataye muri yombi nabo muri leta ya Kano yo mu Majyaruguru ya Nigeria, bombi bafashwe barya mu masaha atemewe. Ikinyamakuru African News cyatangaje ko Umuvugizi wa Hisbah, Lawal Fagge, yatangaje ko hafashwe abagabo 10 hafi y’amasoko, ndetse n’umucuruzi w’umugore wafashwe arya ku bicuruzwa bye. Yagize ati: “Twabonye abantu 11 barimo umudamu ugurisha ibinyomoro byagaragaye ko arya ku bicuruzwa bye.” Nyuma yaho abo 11 biyemeje kwirinda ibiribwa cyangwa ibinyobwa byongeye kandi imiryango yabo yasabwe gucunga niba biyiriza ubusa koko. Icyakoze Fagge akomeza avuga ko abatari Abayisilamu batazafungwa mu gihe bazafatwa babagurisha ibiryo mu gisibo. Abayisilamu biyiriza ubusa kuva izuba rirashe kugeza rirenze mu gisibo cya Ramadhan bakaba baragitangiye ku ya 11 Werurwe kugeza ku ya 9 Mata.

Abahanzi Chriss Eazy na Shaffy bari mu byishimo nyuma y'uko indirimo bakoranye iciye agahigo ku rubuga rwa YouTube

Abanyamuziki Shaffy ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse na Chriss Eazy ubarizwa mu Rwanda, bari mu byishimo bikomeye nyuma y’uko indirimbo bakoranye bise ‘Bana’ yujuje Miliyoni 10 ibafasha kujya ku rutonde rw’abahanzi bamaze guca aka gahigo. Ni ibintu bagezeho mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 4 Mata 2024, nyuma y’amezi arindwi ashize iyi ndirimbo bayishyize hanze ku mbuga zitandukanye zicururizwaho umuziki. Yarakunzwe cyane mu buryo bukomeye, iracengera ahanini binyuze ku bantu bayirebaga ku muyoboro wa Youtube wa Shaffy. Iyi ndirimbo yakozwe mu buryo bw’amajwi na Producer Element yagiye hanze ku wa 26 Ukwakira 2023, bivuze ko nta mwaka urashira aba bahanzi bombi bahuje imbaraga. Yanditswe kandi igirwamo uruhare n’abarimo Shaffy, Chriss Eazy, Element, Junior Giti, Dylan Kabaka, ndetse na Christopher Yarakunzwe mu buryo bukomeye, icurangwa cyane mu bitangazamakuru, ibirori nk’ubukwe ifasha benshi kwizihiza, bigeze mu busabane bw’abantu biba ibindi bindi. Ni indirimbo y...

Malaika Uwamahoro agiye kugaragara muri filime ivuga ku bwisanzure bw'abaryamana bahuje ibitsina mu Rwanda

Malaika Uwamahoro ni umwe mu bakinnyi b’inkingi za mwamba bazagaragara muri filime ‘The Heights of Kigali’ ya Yseult Polfliet Mukantabana usanzwe yarubatse izina mu ruganda rw’imideli akaba n’umwanditsi w’ibitabo, ndetse akaba ari n’umwe mu bayobozi bakuru mu Kigo cyitwa POWarts gifite inshingano zo gufasha abagore b’abanyempano bashaka kwiteza imbere mu buhanzi. Ni filime yakozwe na Yseult Polfliet Mukantabana n’umukunzi we babana bahuje igitsina, Anne-Sophie Nanki usanzwe ari umwe mu bayobora ifatwa ry’amashusho ya filime bakomeye mu Bufaransa; aho bakunze kuba bari nubwo banyuzamo bakajya i New York City muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Igaruka ku rukundo rw’abakobwa babiri bitwa Mwiza na Nshuti. Mwiza muri iyi filime aba ari Malaika Uwamahoro wamamaye mu kuvuga imivugo mu Rwanda, mu gihe Rocky Try we akina yitwa Nshuti. Igihe iyi filime izajya hanze ntabwo kiramenyekana. Mu nkuru y’iyi filime aba bakobwa baba bashaka kuguma mu Rwanda nta nzozi zo kujya hanze yarwo yaba mu Burayi ...

Sobanukirwa akamaro ko kurya igisheke n'uko cyagufasha mu gukora imibonano mpuzabitsina

Ibisheke ni ibiribwa bidakunze guhabwa agaciro, nyamara biraryoha kandi byuzuyemo intungamubiri zagenewe gufasha umubiri gukora neza, bikarinda n’indwara zimwe na zimwe. Ibisheke kandi bifasha mu mibonano mpuzabitsina, kurinda kanseri zimwe na zimwe, ndetse no gusohora imyanda mu mubiri. Abahanga basobanukiwe n’imikorere y’igisheke mu mubiri wa muntu, bavuga ko ibisheke bikoreshwa gake ukurikije uko byagakwiye gukoreshwa. Benshi bavuga ko ibisheke bigenewe abakene. Kandi koko usanga bikoreshwa na bamwe bitwa ko bacirirtse, cyangwa ba bandi batuye mu byaro ahahingwa ibisheke, nyamara ntawe bigenewe ni ibya buri wese. Igisheke kibonekamo intungamubiri zitandukanye zirimo isukari, umwunyungugu wa potasiyumu, umwunyungugu wa karisiyumu, umwunyungugu wa manyeziyumu n’umwunyungugu wa zinc. Uretse kuba ibisheke bifite isukari y’umwimerere, binatuma uruhu rusa neza rukanatoha ntirukushuke. Mu gisheke kandi harimo ubutare bwa fer, vitamin B1, B2 n’izindi. Igisheke gikungahaye ku isukari y’umwim...