Skip to main content

Runda Vision WFC yabonye umufatanyabikorwa mushya

 

Ku wa Gatandatu tariki 01 Nyakanga 2023, ni bwo habaye umuhango wo gutanga imyenda yatanzwe n’ikipe ya Andersbergs IBK ikina muri shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu bagore mu gihugu cya Suède.

Uyu mufatanyabikorwa wa Runda Vision Women Football Center, yabonetse biciye ku bakinnyi babiri batuye muri iki gihugu, Mukunzi na Mubumbyi Bernabé. Aba bakinnyi bombi bateye intambwe begera iyi kipe bayisaba imikoranire na Runda Vision WFC.


Ikipe ya Andersbergs IBK izajya itanga ibikoresho bitandukanye birimo imyenda, imipira yo gukina n’ibindi bikoresho byigashishwa mu myitozo, gusa ku ikubitiro bohererejwe imyenda.

Ikindi cyiciro cy’ibikoresho, biteganyijwe kizagera mu Rwanda muri Nzeri kizanywe n’ubuyobozi bw’iyi kipe yo muri Suède ndetse ikanasura ibikorwa bya Runda Vision Women Football Center.

Umuyobozi wa Tekiniki akaba n’umutoza muri iyi kipe, Kayitesi Égidie wahoze atoza AS Kigali WFC, yashimiye Mukunzi Yannick na Mubumbyi Bernabé babaye ikiraro cyo kubona uyu mufatanyabikorwa.

Ati “Turashimira bariya bakinnyi kuba baragize ibitekerezo cyiza cyo kudushakira umufatanyabikorwa. Icyiciro cya Mbere ni iki mwabonye. Bazanye imyenda 36 ariko muri Nzeri bazazana indi kuko batwemereye imyenda 150.”

Yakomeje avuga ko icy’ingenzi ari uko bagize umutima wo gutekereza ku mwana w’Umunyarwandakazi ushobora gukina umupira, ariko udafite ibikoresho.

Ati “Turishimira ubumuntu bwa Yannick na Mubumbyi, ndetse n’ikipe ya Andersbergs IBK.”

Uyu mutoza yakomeje avuga ko iyi kipe ikomeje kuzamura urwego rw’aba bana kuko hari n’abo yatanze mu makipe akina mu Cyiciro n’icya Kabiri muri shampiyona y’abagore. Ibi byose biri mu byo bishimira.

Kayitesi yavuze ko mu mwaka w’imikino 2024/2025, Runda Vision Women Football Center izakina muri shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri mu bagore.

Igitekerezo cyo gushinga iyi kipe, cyavuye ku batoza batoreza ku bibuga bitandukanye byo mu Karere ka Kamonyi, bafata icyemezo cyo guhuza imbaraga bagashinga ikipe y’abana b’abakobwa ariko badaheje n’abahungu mu rwego rwo kubafasha gusubira mu ishuri ku bari bararivuyemo.

Comments

INKURU ZIKUNZWE

Umuhanzi Ish Kevin na Producer Olivier mu basangiraga ibyibano n'abasore bashikuzaga abantu amatelefone

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye abasore batandatu bibaga abaturage n’amaduka (Supermarket) bakanashikuza abahisi n’abagenzi telefone mu nzira zitandukanye babaga banyuzemo. Ahagana Saa Sita z’amanywa yo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 2 Mata 2024, nibwo RIB yeretse itangazamakuru iri tsinda ry’aba basore uko ari batandatu ibashinja ko bibaga abaturage. RIB yavuze ko aba basore barimo bane bari abakanishi ndetse itsinda ryabo ryibaga imodoka abantu babaga bazisize ku muhanda. Izi modoka bibye ngo bazihinduranyaga plaque kugira ngo badatahurwa. RIB ivuga ko aba basore banajyaga kuri station za lisansi zitandukanye bagashyirirwamo lisansi bagahita bagenda batishyuye ndetse banajyaga muri supermarket bagatwara inzoga zihenze bagahita bigendera batazishyuye. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry, yabwiye itangazamakuru ko yatunguwe n’uburyo yasanze hari abahanzi barimo Ish Kevin basangiraga n’aba bajura inzoga bibye. Ati “Muri bya bindi babaga bibye bajyaga kuryoshya y’amafaranga bib...

Ibyishimo ni byose ku bakunzi ba APR WFC yihereranye Forever WFC ikayitwara igikombe [AMAFOTO]

APR WFC yegukanye shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu mupira w’amaguru mu bagore, nyuma yo kunyagira Forever WFC ibitego 3-0, mu mukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri iki Cyumweru tariki 24 Werurwe. Ni umukino ikipe y’ingabo yagiye gukina ihabwa amahirwe, aho bitayisabye iminota myinshi ngo igaragaze ko iri buze gushimisha abakunzi bayo bari bagerageje kuza ku bwinshi cyane ko kwinjira kuri uyu mukino bitasabaga byinshi. Ibitego bitatu byose iyi kipe yabonye yabitsindiwe na rutahizamu wayo, Ukwishaka Zawadi, icya mbere ku munota wa 18 ubwo yasubizagamo umupira wari urutswe n’umunyezamu, icya kabiri ku munota wa 25 w’umukino ndetse n’icya gatatu ku munota wa 47 w’umukino. Uyu rutahizamu wuzuzaga ibitego 29 muri shampiyona y’icyiciro cya kabiri yatumye ikipe ya APR FC yegukana igikombe idatakaje umukino n’umwe, aho yanganyije umukino umwe wonyine mu matsinda indi ikayitsinda.

Dore ibyo kurya umugore cyangwa umukobwa wese yarya bikamufasha gukuza amabuno n'amabere

Ubushakashatsi bwagaragaje ko burya amabere y’umuntu uwo ariwe wese aba atangana. Bwagaragaje ko ibere ry’ibumoso ariryo rinini kurenza iry’iburyo. Ndetse ubushakashatsi bwagaragaje indyo zitandukanye ushobora kurya kenshi zikaba zagufasha kongera amabere. Amata  : Amabere yawe yose agizwe n’ibinure kandi kurya ibikomoka ku mata bikungahaye ku binure bishobora kongera ubunini bw’amabere yawe. Ipapayi:  ipapayi nayo yagufasha kuko ikungahaye ku ntunga mubiri zifasha umubiri kurambuka. Imbuto z’ibihaza (Imbuto z’amadegede) :  izi zo uraziswa ukajya uminjira ifu yazo mu biryo buri munsi. Soya :  soya nazo zikungahaye ku ntungamubiri nyinshi zifasha umubiri mu gukuza ibice byawo. Si ibyo gusa kuko zo zigufasha no kwirinda kuba warwara kanseri yo mu mabere.

AS Kigali yujuje umunsi wa kane idakora imyitozo kubera impamvu abakinnyi bavuga ko badashobora kuyihanganira

Ikipe ya AS Kigali igejeje ku munsi wa kane abakinnyi baranze gukora imyitozo mu gihe imikino ya shampiyona yo mu Rwanda irimbanyije. Abakinnyi ba AS Kigali barahiye ko badashobora kwitabira imyitozo mu gihe iyi kipe isanzwe iterwa inkunga n'Umujyi wa Kigali ibafitiye ibirarane by'umushahara itarabaheemba.

Rusizi: Agahinda ni kose kubera urupfu rw'umwana ukiri muto woherejwe n'ababyeyi kuvoma akajya koga mu cyuzi

Umwana  w’umuhungu w’imyaka 8 wigaga  mu wa mbere w’amashuri abanza muri GS Mashesha, Akagari ka Mashesha, Umurenge wa Gitambi, Akarere ka Rusizi, yarohamye mu cyuzi gikoreshwa imyaka arapfa mu gihe yari agiye kucyogamo. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Mashesha Mbabazabahizi Straton, yabwiye Imvaho Nshya ko uyu mwana yagiye koga mu gihe ababyeyi be bari bamutumye kuvoma ku ivomo rusange (canon) ku wa Gatandatu tariki ya 16 Werurwe 2024. Aho kujya ku ivomo, yagiye kuri icyo cyuzi cya metero 2.7 abaturage babonye ku nkunga ya World Vision ngo boroherwe no kuhira imboga n’imbuto bahinga. Ni icyuzi cyayoborewemo amazi yuhira hegitari zigera kuri 7 z’iyi myaka y’abaturage, cyubakiwe neza hashyirwaho senyenge ariko abana bazica kubera ko bajya kuhogera rwihishwa. Gitifu Mbabazabahizi akomeza avuga ko ubwo uwo mwana yinjiriraga aho batoboreye akajya koga, saa tanu n’iminota 10 z’amanywa, bagenzi be bari ku kandi kavomo gato kari hafi aho bamesa imyenda. Abari kuri iryo vom...